Inama Njyanama y’akarere ka Kirehe yateranye tariki 30/12/2014 yibanze ku mikorere mibi y’itangwa rya service ikomeje kugaragara mu bitaro bya Kirehe hafatwa ingamba zo kureba impamvu zibyo bibazo bitarenze ibyumweru bibiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Kigina n’uwa Nyamugali mu Karere ka Kirehe bahangayikishijwe n’imbwa batazi aho iturutse yinjiye muri iyo mirenge ku mugoroba wo kuwa 27/12/2014 ari nako igenda iruma uwo isanze, abagera kuri 11 bakaba bamaze kugera mu bitaro bya Kirehe.
Abarwayi bagana ikigo nderabuzima cya Kirehe bakomeje kwinubira kuvurwa batinze bamwe bikabaviramo kurara batavuwe.
Abasore babiri bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro 42 by’urumogi ubwo bashakaga kurucikana barugemuye i Kigali mu gitondo cyo kuwa 27/12/2014.
Kamuhanda Emmanuel utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko nyuma y’imyaka 10 amenye ko afite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yiyakiriye, ubu akaba amaze kwiteza imbere muri byinshi.
Rwamurangwa Stephen ni we muyobozi mushya w’akarere ka Gasabo mu gihe Muzungu Gerard ari we watorewe kuyobora akarere ka Kirehe mu matora yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 23/12/2014.
Nyuma y’amezi atatu barangije inyubako nshya z’ibitaro by’akarere ka Kirehe abaturage bagera ku 150 bazindukiye ku biro by’akarere kuri uyu wa 22/12/2014 bishyuza amafaranga yabo birangira batashye amaramasa.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe batewe ubwoba na malariya ikomeje gufata indi ntera muri aya mezi atatu ashize.
Abasore batatu n’umusaza umwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi kuwa gatandatu tariki 13/12/2014, bose bakaba basaba imbabazi bemeza ko batazabisubira.
Abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye babona nta mpungenge bafite yo guhura n’ikibazo cy’ubushomeri kuko ngo bizeye ubumenyi bakuye mu masomo cyane cyane ajyanye no kwihangira imirimo.
Umukobwa witwa Muhoza Clarisse wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe yafatiwe mu Murenge wa Nyarubuye aho yari acumbitse yihisha inzego zishinzwe umutekano, nyuma yo gutwika mugenzi we Tuyishimire Gaudence bakoranaga mu kabare “Self service” mu isantere ya Kirehe agahita atoroka.
Mu gihe umubare w’ubwiyongere bw’abarwara marariya mu karere ka Kirehe ukomeje gufata indi ntera, abakinnyi b’Urunana bakomeje gusura imwe mu mirenge igize ako karere batanga ubutumwa bujyanye no kwirinda iyo ndwara mu makinamico.
Umuganga ukora mu kigo nderabuzima cya Kigarama mu murenge wa Kigarama afungiye kuri Polisi sitasiyo ya Kirehe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17 ubwo yari arwaje murumuna we.
Umukobwa w’imyaka 17 akomeje guteza urujijo nyuma yo gusanga umwana we mu musarani yapfuye mu gitondo cyo kuwa mbere tariki 01/12/2014 rimwe akiyemerera icyaha cyo kumwica ubundi akabihakana.
Nkwakuzi Ignas, umuhinzi mworozi utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko yinjiza miliyoni zirenga eshanu mu mwaka yahembye abakozi yitaye no k’umuryango we azikuye mu rutoki rwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe barishimira uburyo ubuhinzi butangiye kugenda neza babikesha umushinga wo kuhira imyaka baterwa mo inkunga na minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), nyuma y’igihe kinini abaturage bahura n’ikibazo cy’izuba rikaba nyirabayazana w’inzara yakunze kubibasira.
Abagore babiri Joselyne Mukandayizera na Claudine Ingabire bafungiye kuri sitasiyo ya Police i Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi bakaba bemera icyaha bavuga ko babyinjijwemo n’abasanzwe bacuruza ibyo biyobyabwenge.
Kubera kutabona umusaruro wa Soya uhagije, ubuyobozi bw’uruganda rwa SOYCO buravuga ko umusaruro ugezwa ku ruganda uturutse i Kirehe ukiri muke, ibyo bigatuma uruganda bagenewe mu kubafasha mu buhinzi rudakora neza uko bikwiye.
Imiryango itatu y’Abanyarwanda birukanwe mu gihigu cya Tanzaniya batuzwa mu murenge wa Musaza akarere ka Kirehe, bakomeje kwishimira uko bakiriwe n’uburyo babayeho mu Rwanda.
Umushinga wa Irrigation and Mechanization ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, ukomeje kwegera abaturage mu kubakangurira gahunda yo kwitabira gukoresha imashini zihinga, muri gahunda ya leta yo gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi.
Mu muhango wo kugabana ubwasisi bwa miliyoni 80 hagati y’abanyamuryango bagize koperative COCAMU y’ubuhinzi bwa kawa mu murenge wa Musaza, Perezida Kagame yaboherereje intumwa ko abemereye imodoka ya FUSO izabafasha kugeza umusaruro ku ruganda.
Minisitiri Tugireyezu Vénantie ukorera mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari mu birori bya koperative COCAMU y’i Kirehe byo kwishimira inyungu ya miliyoni zisaga 80 yungutse muri uyu mwaka wa 2014, abanyamuryango bakaba baza no kugabana iyo nyungu ku gicamunsi.
Umukobwa witwa Gaudence Tuyishimire arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kumenwaho amazi ashyushye na mugenzi we witwa Muhoza Clarisse basanzwe bakorana muri “Self service Restaurant” ikorera i Kirehe kuri uyu wa gatatu tariki 19/11/2014.
Umusaza w’imyaka 72 witwa Protais Nyamaswa utuye mu karere ka Kirehe arashimira Imana ko ngo yamuhaye umugore bakabyarana nyuma yo gutandukana n’abagore batanu bose bamuziza ko atabyara.
Umusaza Cyakoki Bernard wo mu kagari ka Bwiyorere mu murenge wa Mpanga akarere ka Kirehe nyuma yo kwiyahura kuri uyu wa kane tariki 13/11/2014 abaturage bakomeje guterwa urujijo n’impamvu yamuteye kwiyahura.
Mu ruzinduko Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagiriye mu Karere ka Kirehe kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kwiteza imbere bagera kuri byinshi, abasezeranya ko ibyo bubatse nta muntu abanyarwanda bakwemerera ko abisenya.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu karere ka Kirehe kuri uyu wa 14/11/2014, yasabye abaturage b’ako karere n’Abanyarwanda bose guhaguruka bagakoresha ubushobozi bwabo bakigobotora inkunga z’abagiraneza.
Mujawamariya Florentine na Akimanizanye Angélique nyuma yo kuva mu ishyamba rya Karehe muri Sud Kivu barishimira ko bageze mu Rwanda, gusa bakagira imbogamizi zo kumenya aho bari batuye kuko batacyibuka neza n’amazina y’ababyeyi babo.
Ntezimana Clément utuye mu Kagari ka Kazizi mu Murenge wa Nyamugali mu Karere ka Kirehe afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kirehe, nyuma yo gufatwa n’urwego rushinzwe kunganira ubuyobozi bw’akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ari iwe mu rugo atetse kanyanga.
Tihabyona Jean de Dieu, umuyobozi w’akarere ka Kirehe w’agateganyo yavuze ko umwanya yahawe wo kuyobora akarere ka Kirehe by’agateganyo ari inshingano zikomeye ariko ngo afite ubushobozi bwo kuzazuzuza neza.