Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe basanga intumwa za Rubanda zikwiriye igihembo nyuma yo kumva ubusabe bwabo bakaba bafite icyizere cyo kugumana Perezida Paul Kagame.
Bamwe mu barundi bahungira mu Rwanda bemeza ko mu gihugu cyabo abicanyi bakomeje kwibasira abaturage babashinja gukorana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.
Abadepite baravuga ko nk’intumwa za rubanda, bashyize mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage; bakabasaba kwitabira amatora ya referandumu tariki 18 Ukuboza 2015.
Mu biganiro intumwa za rubanda zigirana n’abaturage ku matora ya referendum yo ku wa 18 Ukuboza 2015 bazitangarije ko biteguye gutora yego nk’inzira zerekeza ku cyifuzo cyabo cyo kuyoborwa na Perezida Kagame.
Abaturage bo mu turere twa Kirehe na Ngoma bibumbiye mu makoperative ahinga kawa barashima umuryango wa INADES-Formation Rwanda ku byo ibafasha mu buhinzi n’ubworozi.
Twibanire Joyeuse umugore w’imyaka 21 wo mu Mudugudu wa Nyakatsi, Akagari Gahama, mu Murenge wa Kirehe yashatse gukiza umwana agogwa n’imodoka ahasiga ubuzima.
Dr Ngamije Patient wari Umuyobozi w’Ibitaro bya Ngarama yimuriwe mu Bitaro bya Kirehe naho Dr Uwiringiyemungu Jean Nepomuscène wayoboraga Ibitaro bya Kirehe yimurirwa mu bitaro bya Ngarama i Gatsibo.
Binyuze mu matsinda y’ibimina, imidugudu n’ibigo nderabuzima byabaye indashyikirwa mu gutanga mituweri byashimiwe mu nkera y’imihigo n’ubuyobozi bw’akarere ku bufatanye na Partners in Health.
Kagande Sirivani na Mukasikubwabo Immaculée bo mu Murenge wa Mpanga barashima byimazeyo abagiraneza babafashije nyuma y’imyaka 14 barwaje umwana.
Urubyiruko 30 bitegura kuba DASSO batangiye amahugurwa i Gishari, bafite gahunda yo gufasha bagenzi babo basanzwe mu mwuga kubungabunga umutekano.
Intara ya Rhénanie Palatina irashima imibanire myiza ifitanye n’akarere ka Kirehe iyo ntara ikizeza akarere kuyishakira ikipe yagirana umubano n’ikipe ya Kirehe.
Mu Nteko Rusange y’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2015, abanyamuryango bagaye abangiza isura y’umuryango bakora ibinyuranye n’amahame yawo.
Mu murenge wa Mpanga imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 26/11/2015 yangije imyaka y’abaturage ku buso buri hafi ya Hegitare.
Umuryango w’ivugabutumwa Restore Rwanda Ministry ufatanyije na Samaritan’s Purse, bahaye Akarere ka Kirehe inkunga ya miliyoni 15Frw zigenewe abatishoboye 5.000.
Imiryango 80 ikennye cyane mu karere ka Ngoma yikuye mu bukene, nyuma yo guhabwa igishoro cy’ibihumbi 75 Frw yo gukora imishinga y’iterambere.
Nangwahafi Consolée wo mu kagari ka Muhamba umurenge wa Gahara ababazwa n’ubumuga bw’umwana amaranye imyaka 10 bukaba bwarananiye n’abavuzi.
Minisitiri Rugwabiza Valentine arasaba abarangiza amashuri mu Rwanda gutinyuka bakambuka imipaka bashaka akazi mu muryango EAC.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi bakorera mu muhanda Dar es-Salaam-Kigali kugabanya umuvuduko wo nyirabayazana w’impanuka zikomeje gutwara abantu.
Mu gusoza icyumweru cyo kumenyekanisha amahirwe yo kuba muri EAC, abaturiye umupaka wa Rusumo basabwe kuwugirira isuku batera ibiti banabungabunga ibikorwa remezo.
Minisiteri y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba yijeje abaturiye umupaka wa Rusumo kuzabakorera ubuvugizi, kugira ngo bakurirweho imisoro ku biribwa bagura muri Tanzania.
Tuyisenge Odette umukobwa w’imyaka 21 nyuma yo kubyara mbere y’iminsi itatu ngo ibizamini bya Leta bitangire ashimishijwe no kwemererwa gukora ibizamini ifite uruhinja.
Mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, mu karere ka Kirehe ho mu murenge wa Mushikiri abaturage bishimiye aho bageze mu bumwe n’ubwiyunge.
Abaturage bo mu Murenge wa Mahama muri Kirehe batoraguye uruhinja mu murima ruvirirana amaraso mu mazuru, ariko rupfira kwa muganga.
Mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, mu Karere ka Kirehe wabereye mu Murenge wa Mushikiri ku wa 09 Ugushyingo 2015 abaturage bishimiye aho bageze mu bumwe n’ubwiyunge.
Habumugisha Jean Claude w’imyaka 20 wo mu kagari ka Rubaya Umurenge wa Mpanga nyuma yo gutwarwa n’umuturanyi amushinja ubujura umurambo we wabonetse mu ruzi rw’Akagera
Ngoyabahizi Viateur umuforomo mu kigo nderabuzima cya Nyarubuye nyuma yo kugwa mu muhanda mu ijoro rishyira 06/11/2015 agapfira mu bitaro bya Kirehe bakeka ko yishwe na Kanyanga abandi amarozi.
Nyarubuye nka rumwe mu nzibutso 5 zikomeye mu gihugu tariki 20/10/2015 CNLG yahatangije igikorwa cyo kubaka urwibutso ruzakira imibiri ibihumbi 80.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bemeza ko baciye ukubiri na malariya yari yarababayeho icyorezo kuva aho gahunda y’inzitiramibu yatangiye.
Abaturage batuye mu Mudugudu witwa “Nyakatsi” mu Kagari ka Gahama mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirege ngo bababajwe n’iryo zina kuko ribatera ipfunwe ndetse rinabakereza mu guhabwa serivisi.
Kuri uyu wa 01 Ugushyingo 2015 mu cyobo kimenwamo imyanda mu Bitaro bya Kirehe hatahuwe mudasobwa ikoreshwa muri serivise ishinzwe ububiko bw’ibitaro.