Mu muganda rusange wa Nzeri 2015, abaturage batunganyije ahazubakwa Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye bemeza ko bazatanga ingufu zabo zose kuko ngo barukeneye cyane.
Kagande Sirivani na Mukasikubwabo Immaculée bo mu karere ka Kirehe barwaje umwana imyaka 14 bakaba basaba ubufasha bwo gukomeza kumwitaho.
Umurambo wa Mukabugingo Frida wo mu Murenge wa Kirehe wabonetse mu gishanga cya Nyamugari gihingwamo umuceri nyuma y’iminsi itanu aburiwe irengero.
Mu gihe komite ishinzwe isuku ikomeje gusura ibigo binyuranye by’ubucuruzi byagaragaye ko ibyinshi bikirangwa n’umwanda ukabije bisabwa guhindura imikorere.
Abahinzi batswe ubutaka bwegereye ibishanga ngo habungabungwe ibidukikije, barashima ko bashumbushijwe ubuhinzi bwa Green house butangiza ibidukikije.
Nyuma y’amezi atandatu impunzi z’Abarundi zigeze mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, ziri kubakirwa amazu y’amabati zigomba kwimukiramo zikava mu mashitingi.
Impunzi z’abarundi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama iri mu karere ka Kirehe zirasaba ko zafashwa kugira ngo abacikirije amashuri muri kaminuza bayakomeze.
Abaturiye isoko y’amazi ya Samuko yo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe barinubira ko batakibona amazi meza.
Twahirwa Francois, uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Rukumbeli mu cyahoze ari Komini Sake, aravugwaho kwiyambaza mu bujurire abo ngo yatoje ubwicanyi ngo bamushinjure.
Mu rugabano rw’Akarere ka Ngoma n’aka Kirehe ahitwa Rwagitugusa mu mirenge ya Mutendeli na Gahara,hatoraguwe umurambo w’umukobwa wishwe akaswe ijosi.
Prof Silas Lwakabamba wabayeho Minisitiri w’Ibikorwa Remezo nyuma akaza kuba Minisitiri w’Uburezi agiye kuyobora Ishuri Rikuru rya INATEK.
Abakirisitu b’itorero rya ADEPR mu karere ka Kirehe bakoze urugendo rwo kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ikwirakwizwa ry’agakoko ka SIDA n’icuruzwa ry’abana.
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso gikomeje kwegera abaturage kibakangurira gutanga amaraso, kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 kikaba cyasuye Akarere ka Kirehe.
Umuryango Buffett Foundation wiyemeje gushora milliyoni 500 z’amadorari mu bikorwa bigamije guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Mu nama yahuje Ministeri y’Uburezi, abashinzwe uburezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu turere twa Ngoma na Kirehe, basabwe gusesengura impamvu zitera abana guta ishuri.
Nkurunziza Venuste wo mu murenge wa Kigina arwariye mu Bitaro bya Kirehe nyuma yo gutemagurwa n’umuturanyi we akeka ko amurongorera umugore.
Umugore yatunguranye yinjira mu rusengero ateruye umwana, ubwo pasiteri yiteguraga gusezeranya abageni avuga ko uwo mwana ari uw’umugeni w’umusore babyaranye.
Abakirisitu ba Paruwasi ya Musaza barishimira amateka bakoze yo kubakira abapadiri babo igorofa, rikaba ari na ryo rya kabiri mu Karere ka Kirehe kose.
Tariki 27/9/2015, Diyosezi Gatorika ya Kibungo yibarutse Paruwasi ya Musaza, abakirisitu bakavuga ko baruhutse ingendo ndende bakoraga bajya gusengera ahandi.
Abaturage bo mu Kagari ka Rwayikona mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bagiye kwiyuzuriza umuhanda n’ikiraro bizabafasha kugirana imigenderanire n’utundi tugari.
Umugabo Uwitonze Faustin wo mu murenge wa Gahara, akarere ka Kirehe, ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugore we.
Ingabire Angelique wo mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe, yabyaye umwana w’umuhungu murukerera rwo kuwa 18/9/2015 amuta mu musarani bamukuramo agihumeka.
Nyirahabimana Clotilde, mu murenge wa Gatore ari mu rukiko rwisumbuye rwa Ngoma nyuma yo kuroha umwana we mu ruzi rw’akagera.
Abanyamabanga nshingwabikorwa umunani mu karere ka Kirehe bahinduriwe imirenge hagamijwe kunoza gahunda y’imihigo ya 2015/2016 aho akarere kitegura guhiga utundi.
Bamwe mu bana bakomeje gutakaza ubwenge bikavugwa ko biterwa n’imbuto z’icyatsi bise ibisazi by’imbwa baba bariye nyuma bagata umutwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe buratangaza ko abayobozi bo muri aka karere bakwiye gufasha abaturage guharanira kugera ku iterambere.
Dr Nishishikare Fabrice wakoraga mu bitaro bya Kirehe yaguye mu bitaro by’umwami Faycal kuwa 09/9/2015 nyuma yo kuva mu nama y’akazi arangije izamu.
Mu ijoro rishyira tariki 06/9/2015 AIP Jules Gatare wari ushinzwe urwego rw’iperereza ku mupaka wa Rusomo bamusanze yapfuye.
Abaturage b’akarere ka Kirehe barataka ikibazo cy’izamuka ritunguranye ry’igiciro cy’ibirayi ko bavuga ko ribatera igihombo mu bucuruzi no mu mirire.
Abatuye umurenge wa Kigarama, akarere ka Kirehe, baratangaza ko ubujura bw’amatungo bwatumaga bararana na yo bwagabanutse bitewe n’uko polisi yabegereye.