Kirehe: Ibigo bya Leta birashimwa uko bikoresha Ikoranabuhanga, ariko ngo haracyari ikibazo ku baturage

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert arashima uburyo Akarere ka Kirehe kateye imbere mu ikoranabuhanga ryihuse mu bigo bitandukanye bya Leta, ariko anenga uburyo ritaragezwa ku rubyiruko no mu baturage bikaba byadindiza iterambere.

Hari kuwa 29 Gicurasi 2015 ubwo yasuraga Akarere ka Kirehe nk’igicumbi cy’umuyoboro wa interineti yihuta mu Rwanda hose (fiber optic), akasura bimwe mu bigo by’urubyiruko agasanga nta interineti bigira kandi byegereye umurongo wayo.

Yashimye uburyo mu bigo byinshi bya Leta ikoranabuhanga rikataje, ariko anenga kuba ritagezwa ku baturage mu buryo bwihuse.
Yashimye uburyo mu bigo byinshi bya Leta ikoranabuhanga rikataje, ariko anenga kuba ritagezwa ku baturage mu buryo bwihuse.

Minisitiri Nsengimana yagize ati “Ni byiza ku karere, ku bitaro n’ibindi bigo binyuranye bya Leta ikoranabuhanga rirakataje, ariko ntibikwiye kuba abo mu nzego zo hasi mu cyaro banyonga amagare bakora ibirometero ntabara ngo bazanye raporo ku karere, murebe uwo mwanya bitwara n’imvune bagira”.

Yongeye ati “Kirehe ni isoko ya interineti yihuta mu Rwanda niho umurongo wayo uhingukira uva muri Tanzaniya, kuki abaturage baba mu bwigunge? Nibo ngombwa cyane kandi inyota barayigaragaza. Umuriro waba ikibazo kuko utaragera hose ariko aho wageze hihutishwe ikoranabuhanga”.

Minisitiri Nsengimana yasuye umupaka wa Rusumo aho umurongo mugari wa interineti yihuta winjirira mu Rwanda ashima ibigo bishinzwe abinjira n’abasohoka, n’abashinzwe imisoro ku mipaka uburyo bakataje mu ikoranabuhanga bakoresheje interineti.

Minisitiri Nsengimana yashimye uburyo ikoranabuhanga rikoreshwa mu kigo gishinzwe abinjira n'abasohoka n'ikigo gishinzwe imisoro n'amahoro.
Minisitiri Nsengimana yashimye uburyo ikoranabuhanga rikoreshwa mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka n’ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro.

Ati “Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka ndetse n’abashinzwe imisoro ku mupaka barashimishije uburyo bateye imbere mu ikoranabuhanga mu kazi kabo, ibyo gukosora ni bike cyane urwego bagezeho ni rwiza”.

Muzungu Gerald, umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, yavuze ko biri muri gahunda y’akarere kugeza interineti hirya no hino ariko ngo habanje gutekerezwa ku kugeza umuriro ku baturage.

Abaturage bakoresha umuoaka wa Rusumo bashima uburyo Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka gutanga serivisi nziza kubera ikoranabuhanga.

Yasuye bimwe mu bigo byigishirizwamo urubyiurko ikoranabuhanga, abinenga kutagira interineti kandi byegereye umuyoboro wayo.
Yasuye bimwe mu bigo byigishirizwamo urubyiurko ikoranabuhanga, abinenga kutagira interineti kandi byegereye umuyoboro wayo.

Habimana Alphonse, ari ku biro by’abinjira n’abasohoka, yagize ati “Ubu ngiye muri Tanzaniya gucuruza amagi nindangiza ndahita nkata ngaruke mu Rwanda, ibi biro ni ibyo gushimirwa nk’ubu mpamaze umunota umwe utuzuye bakora neza cyane”.

Karisa Moses, umwe mu bayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa Rusumo, avuga ko umuyoboro wa interineti watumye serivisi zigenda neza n’ababagana bakishimira serivise bahabwa.

Akomeza avuga ko hari ingamba zo kongera ubushobozi nko kugura za Camera nini zo kwifashisha mu ikoranabuhanga, scanners zigenewe abasohoka n’abinjira mu gufasha abagenzi kudatinda basakwa.

Minisitiri Nsengimana asura umupaka wa Rusumo areba ahanyuzwa umuyoboro wa Interineti (Fiber optic).
Minisitiri Nsengimana asura umupaka wa Rusumo areba ahanyuzwa umuyoboro wa Interineti (Fiber optic).
Aha niho hubakiye umurongo mugari wa Interineti inyaruka (fiber Optic) ikwirakwizwa hirya no hino mu gihugu.
Aha niho hubakiye umurongo mugari wa Interineti inyaruka (fiber Optic) ikwirakwizwa hirya no hino mu gihugu.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Min byiza ikoranabuhanga ni kimwe Mu Bigaragara nk’iterambere.

Alias yanditse ku itariki ya: 2-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka