Abayobozi bo mu karere ka Kirehe mu ntara y’Iburasirazuba basabwe kwita ku mutekano muri uku kwezi kw’iminsi mikuru, nk’uko babisabwe mu nama y’umutekano yaguye, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 13/12/2013.
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 utaramenyekana umwirondoro yasanzwe mu giti cy’umwembe yimanitse mu kagozi mu mudugudu wa Kinanira, akagari ka Nyamagana, mu murenge wa Remera ho mu karere ka Ngoma.
Umwarimu witwa Nsenguyumva Laurent w’imyaka 57 wari utuye mu kagali ka Kinunga mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma yagonzwe n’imodoka ahita apfa mu ijoro ryo kuwa 12 rishyira 13/12/2013.
Amakuru aturuka muri Kenya aravuga ko leta ya Kabila n’umutwe wa M23 bashyize umukono ku masezerano y’amahoro mu mujyi wa Nairobi muri Kenya ku munsi w’ejo kuwa 12/12/2013.
Umuturage wo mu karere ka Ngoma yatahuye igisasu ku nzira aho bakeka ko cyashyizwe n’umuntu kuko ngo bagisanze ku nzira nyabagendwa kandi abaturage bari basanzwe bahagenda bakavuga ko urwo rukweto bagisanzemo rutahabaga. Ni igisasu cyo mu bwoko bwa grenade Ntakirutimana Colotilde yasanze mu rukweto iruhande rw’inzira ubwo (…)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Karongi iratangaza ko abantu bamaze iminsi biba amabendera y’igihugu mu mirenge itandukanye muri ako karere bamaze iminsi mike bashyikirijwe inzego z’ubutabera.
Abajura bataramenyekana bishe idirishya ry’ibiro by’umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa Congo-Nil mu karere ka Rutsiro mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 10/12/2013 bibamo ibikoresho binyuranye birimo mudasobwa 20 z’abana n’ibindi bintu bitandukanye byose hamwe bifite agaciro kari hagati ya miliyoni eshatu n’enye (…)
Habimana Samuel w’imyaka 17 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 11/12/2013 agwiriwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imbaho mu mudugudu wa Gatoki mu kagali ka Kabuga mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Umurambo w’umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wataruwe mu gice cy’ikiyaga cya Kivu giherereye mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke tariki ya 10/12/2013 nyuma yo kurohama muri iki kiyaga tariki ya 09/12/2013, ubwo yari yajyanye n’abandi bana bato koga.
Umugore witwa Mukasine Sabine w’imyaka 30 utuye i Gasenga mu kagari ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata muri Bugesera wafashwe n’inzego z’umutekano arafungwa nyuma yo gusanganwa udupfunyika tw’urumogi 77 yacururizaga iwe.
Inkongi y’umuriro yibasiye igikoni cya resitora yitwa ‘Umutima Mwiza’ iherereye mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi ariko ku bw’amahirwe ntihagira umuntu uhiramo.
Umugabo ufite imyaka 42 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akurikiranyweho icyaha cyo kwiba amakarita yo guhamagara ya sosiyete y’itumanaho ya Airtel afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 740.
Abaturage bo mu mirenge ya Rwimbogo na Gitoki mu karere ka Gatsibo batangiye kwiruhutsa nyuma y’aho abari ku irondo bataye bataye muri yombi umwe mu bajura bibaga insinga z’amashanyarazi witwa Bangayandusha, ndetse n’abo bafatanyaga bakamenyekana n’ubwo bataratabwa muri yombi.
Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 19 wigaga mu ishuri ry’imyuga, Amizero Training Center ryo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, yabyaye umwana tariki 10/12/2013 amuzingira mu myenda arangije amusiga mu nzu abanyeshuri bararamo [dortoir] ahita ajya kwa muganga.
Dusabimana Berchmans uri mu kigero cy’imyaka 62 na Sibomana Celestin uri mu kigero cy’imyaka 48 bafungiye kuri polisi mu murenge wa Rwinkwavu. Abo bagabo bombi bafashwe na polisi tariki 09/12/2013 bateka Kanyanga mu mudugudu wa Twiyunge mu kagari ka Mukoyoyo, mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera, inzego z’umutekano n’abaturage bo muri ako karere baturiye ikirunga cya Muhabura, bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bya kanyanga, urumogi, ndetse n’izindi nzoga zitemewe mu Rwanda, ziza mu mashashi, mu rwego rwo gukangururia abo baturage kubireka burundu kuko bibangiriza ubuzima bikanamunga (…)
Gukaza marondo ngo gutanga amakuru ku kintu cyose abaturage babonaga kidasanzwe iwabo biri mu byo abaturage bo mu kagali ka Mahango mu murenge wa Kibungo muri Ngoma bavuga ko byatumye bahangana n’amabandi bari yabugarije.
Umuyobozi w’ingabo za Monusco Gen Dos Santos Cruz yatangaje ko MONUSCO yatangiye ibikorwa byo kurwanya FDLR mu bice bimwe iherereyemo muri Kivu y’amajyaruguru nyuma yo gusabwa gushyira intwaro hasi abagize uyu mutwe bakinangira.
Abanyamadini atandukanye akorera mu Rwanda barasabwa kugira uruhare rufatika mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo rikibasira abana n’abagore, kuko imibare iheruka igaragaza ko impfu zituruka kuri ryo yongeye kuzamuka muri uyu mwaka.
Kamanzi Damien wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza ku izina rya “Murundi” kubera ibikorwa by’urugomo ndetse akaba akekwaho kuba inyuma yo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu n’ubujura bukoresheje ingufu yatawe muri yombi polisi y’igihugu tariki ya 9/12/2013 ahagana saa tanu z’amanywa.
Inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage babashije kugaruza moto y’umugenzuzi w’imari w’akarere ka Rutsiro yari yibwe mu ijoro rishyira tariki 06/12/2013 ndetse n’uwayibye witwa Munyeshyaka Claude w’imyaka 19 y’amavuko atabwa muri yombi.
Inka eshatu zororerwaga hamwe n’izindi mu rwuri rw’uwitwa Sayinzoga Jean mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro zakubiswe n’inkuba tariki 07/12/2013 zihita zipfa.
Ku cyumweru tariki 08/12/2013 saa10h35 isoko rya Gisenyi ryafashwe n’inkongi y’umuriro bitewe n’insinga z’amashanyarazi zahiye hangirika imyenda ariko abaturage batabarira hafi hataragira byinshi byangirika.
Mu kagari ka Kibirizi umurenge wa Rubengera, inkuba yakubise inzu abantu bareberagamo umupira, abarenga icumi bagwa igihumura hangirika n’ibikoresho bitandukanye.
Turatsinze Gad wo mu mudugudu wa Cyeru mu kagari ka Kayonza mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza yasanze igisazu mu murima yahingaga ku gicamunsi cya tariki 06/12/2013, ku bw’amahirwe nticyamuturikana.
Nshumbusho Francois na Nyirarukundo Agnes bo mu kagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo kava tariki 07/12/2013 bakekwaho gukora no gukoresha inzoga ya Kanyanga.
Iriniga Jean Marie Vianney wari umukuru w’umudugudu wa Kigarama mu kagari ka Nkira mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro, yimanitse mu mugozi ahita ashiramo umwuka tariki kuri uyu wa Gtanu 6/12/2013 nyuma y’uko ngo yari amaze iminsi avuga ko atazageza ku bunani akiriho.
Umugabo witwa Karekezi Jean bakunda kwita Rutwe utuye mu kagari ka Kibenga mu mudugudu wa Kindonke mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, yaraye araririwe n’irondo kuko yashakaga kwica umugore we.
Minani Cleophace utuye mu kagari ka Nyamata mu mudugudu wa Rwakibirizi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 1273 yacururizaga iwe mu rugo.
Byiringiro Jean d’Amour w’imyaka 20 waje aturutse mu Karere ka Rubavu yinjiye muri bimwe mu biro byo ku kicaro cy’akarere ka Ngororero saa sita z’amanywa tariki 5/12/2013 aterura mudasobwa (lap top) eshatu azipakira mu gikapu yari ahetse.