Nyanza: Umwana w’imyaka 17 yagwiriwe n’imodoka ahita apfa

Habimana Samuel w’imyaka 17 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 11/12/2013 agwiriwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imbaho mu mudugudu wa Gatoki mu kagali ka Kabuga mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Kabuga Bizumuremyi Geredi aho iyo mpanuka yabereye yabwiye Kigali Today ko iyo modoka ya Fuso yari yambaye purake RAC 423 C yuriwe n’uwo mwana irimo igenda n’uko kubera ubunyereri ikagwira urubavu yarimo igahita imuhitana.

Asobanura icyakurikiyeho nyuma y’iyo mpanuka yatangaje ko umushoferi w’iyo modoka yahise atoroka n’uko abatabaye bakaza bajyana umurambo w’uwo mwana ku kigo nderabuzima cya Mweya aho wavanywe mu gitondo tariki 12/12/2013 ukajyanwa gupimwa mu bitaro bya Nyanza.

Umunyamabanga Nsingwabikorwa w’akagari ka Kabuga yagize ati: “Imodoka twayirajeho irindo ariko kugeza n’ubu ntiturabasha kumenya imyirondoro y’umushoferi wari uyitwaye kuko akimara gukora impanuka yahise aburirwa irengero.” Uyu muyobozi yashimangiye ko impanuka yatewe ahanini n’umuhanda mubi wari wanyereye.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

pole sana. nyakwigendera Imana imwakire mubayo.kdi twifatanije n`abasigaye

GASORE Jean Pierre yanditse ku itariki ya: 13-12-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka