Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kayitesi, asanga ikigega cyo kuzigama no kugurizanya cy’abanyamakuru kizabafasha kubaka umuco w’ubutore n’ubunyangamugayo kuko kizatuma barushaho kugirirana icyizere no kwiteza imbere mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Ikigo gitsura Ubuziranenge (RSB) kivuga ko ibicuruzwa bifite ubuziranenge ari bike mu gihugu kubera ko abikorera benshi batabanza kubimenyekanisha cyangwa kubisabira ibyemezo.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ibikorwa remezo, Ing Jean de Dieu Uwihanganye, amaze gutangiza imirimo yo gushyira kaburimbo mu muhanda Huye-Kibeho-Munini.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MIININFRA) hamwe n’Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG), byijeje Abanyakigali ko umuriro w’amashanyarazi utazongera kubura bya hato na hato.
Kuva mu myaka yo hambere impu z’inyamaswa zifashishwaga n’abakurambere bacu, bagakuramo imyambaro, ingobyi zo guhekamo abana n’ibindi. Igitangaje, ni uko hari aho uruhu rw’inka ari ifunguro rikunzwe cyane.
Abarwaye indwara y’amaguru yitwa ‘imidido’ n’abafite ubumuga buyikomokaho bo mu turere twa Musanze na Burera, basanga bidakwiye ko umuntu uyirwaye asabiriza cyangwa ngo aheranwe n’ubukene.
Bamwe mu batuye mu Kagali ka Cyahafi mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, barasaba ko umukino w’amahirwe uzwi ku izina ry’ ikiryabarezi (Slot Machine) wafungwa nyuma yo kubona ko imiryango yabo igiye kuzicwa n’ubukene.
Ndacyayisenga Jean Marie Vianney arasaba Kampani ya STECOL ikora umuhanda Nyagatare - Rukomo gukemura ikibazo cy’amazi amwangiriza imyaka akanjira no mu nzu ze.
Mu cyumweru cyahariwe amafaranga ku isi (Global Money Week), haratangwa ubutumwa butandukanye bugamije gukangurira abantu by’umwihariko urubyiruko kumenya imikoreshereze y’amafaranga n’uburyo yabafasha gutegura ahazaza habo heza.
Sena y’u Rwanda yanenze imwe mu mikorere y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Rwanda Revenue Authority (RAA) cyane cyane mu bijyanye no kwishyuza imisoro.
Mu ruzinduko rw’akazi Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yakoreraga mu Karere ka Nyamagabe kuri uyu wa mbere tariki 25 Werurwe 2019, yasabye abaturage b’aka karere kuzamura urwego rw’imirire bagira umuco wo kunywa amata bagabanya kunywa inzoga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubuyapani wungirije, Kenji Yamada, yiyemeje kongera umubare w’Abayapani bashora imari yabo mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa sosiyete isakaza amashusho n’amajwi Startimes, buravuga ko bufite gahunda yo gushora imari mu byo televiziyo zo mu Rwanda zerekana kuko byagaragaye ko televiziyo nyinshi kuri dekoderi n’ibyo zerekana biba ari iby’ahandi.
Nyuma yo gutsindwa mu rubanza bari barezemo Akarere ka Gasabo, abaturage bo mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro, bandikiye Umujyi wa Kigali bawutakambira basaba guhabwa amafaranga nk’ingurane yo kwimurwa aho guhabwa inzu, none Umujyi wa Kigali wabasabye kugeza ku Karere ka Gasabo ibyangombwa bigaragaza ko bari (…)
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ishami ry’amazi isuku n’isukura, iravuga ko bitarenze muri 2024 buri munyarwanda azaba agerwaho n’amazi meza.
Mu gihe abaturage bakomeje gukangurirwa gukoresha ibikorerwa mu Rwanda muri gahunda ya Made in Rwanda ,bamwe mu bagore bo mu karere ka Rusizi bakora imirimo y’ubukorikori mu rwego rwo kwiteza imbere binyuze muri iyi gahunda baravuga ko bakomeje guhangayikira ibikoresho by’ingenzi bibafasha muri ibyo bikorwa.
Ubwo abagize Inama y’igihugu y’ Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu (PL) bahuraga ku cyumweru tariki 24 Werurwe 2019, baganiriye ku ngingo zitandukanye harimo n’iyo kwizigamira.
Muzungu Gerald umuyobozi w’akarere ka Kirehe avuga ko abatuye aka karere bemerewe na Njyanama kubakisha inkarakara kugirango byagure umujyi wa Nyakarambi, umujyi w’akarere ka Kirehe.
Nyuma y’imyaka isaga itatu cyuzuye, ikiraro gishya gihuza umupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku mupaka wa Rusizi ya mbere cyatangiye gukoreshwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2019.
Ikigo giteza imbere ubucuruzi muri Afurika y’Uburasirazuba (Trade mark East Africa TMEA) cyashyikirije akarere ka Rubavu isoko rya miliyoni eshatu z’amadorari rizorohereza ubuhahirane bwambukiranya imipaka hagati y’ u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruvuga ko kwigisha umugore ari ugutanga ubumenyi ku gihugu cyose. Byavugiwe mu muhango wo gusoza amahugurwa yahawe abagore 100 yo kubongera ubumenyi mu kwakira abantu mu mahoteli n’ubukerarugendo.
Christelle Kwizera washinze umushinga wo gukwirakwiza amazi mu gihugu ″Water Access Rwanda″, avuga ko Imbuto Foundation yamuremyemo icyizere agera ku bikorwa by’indashikirwa aho ubu akoresha abagera kuri 50 akaninjiza arenga miliyoni 280 ku mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko kuba hari imiryango myinshi ikigaragaramo abantu badakora ariyo ntandaro y’imirire mibi ikigaragara muri ako karere.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku buryo mu mwaka wa 2018 bwiyongereyeho 8.6%.
Umwana w’umunyamerika w’imyaka 10 witwa Ava Holtzman, yahaye inkunga umuryango ‘Ubumwe Community Center’ wita ku bana bo mu miryango ikennye n’abafite ubumuga ngo ibafashe mu mibereho yabo.
Sosiyete SANLAM yo muri Afurika y’Epfo yaguze imigabane 100% y’ibigo bikomeye by’ubwishingizi bisanzwe bikorera mu Rwanda bya SORAS na SAHAM, ikizeza Abanyarwanda serivisi nziza.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Zigama CSS, Dr James Ndahiro, yatangaje ko nyuma yo gushyira imbaraga mu gutanga Serivise bifashishije ikoranabuhanga, badateganya kongera amashami y’iyi banki mu gihugu.
Mu rwego rwo gufasha abantu kubasha gushora amafaranga yabo ku isoko ry’imari n’imigabane, Banki ya Kigali yashyize ku mugaragaro ishami ryayo rishya ryo gufasha abantu gushora imari yabo kugirango bibabyarire umusaruro, BK Capital.
Uwizeyimana Joseline w’i Kiyonza mu Karere ka Nyaruguru avuga ko yize gukora inkweto abantu bamubwira ko ari iby’abagabo none bimuha amafaranga yikenuza.
Ubushakashatsi burerekana ko igihe amasezerano y’isoko rusange mu bihugu bya Afurika (AfCFTA) azaba atangiye gushyirwa mu bikorwa, kandi ibibazo bya politiki biri mu karere bigakemuka, azatuma u Rwanda rwongera ibyo rwohereza mu mahanga ku kigero cya 22%, bikava kuri 63% bikagera kuri 85%.