Rusizi: Ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho asaga miliyari eshatu

Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi yateranye tariki ya 15 Gashyantare 2019 yemeje ingengo y’imari ivuguruye maze yongeramo amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari eshatu.

Abagize Inama Njyanama bemeje ingengo y'imari ivuguruye
Abagize Inama Njyanama bemeje ingengo y’imari ivuguruye

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko Amafaranga menshi yatumye iyi ngengo y’imari izamuka yaturutse ku kubasha kwinjiza neza imisoro n’amahoro nk’uko kari kabihize. Ni byo bisobanurwa n’Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu Karere ka Rusizi, Kankindi Leoncie.

Yagize ati “Amafaranga yiyongereye hari azaturuka mu misoro n’amahoro. Ayo akarere gasanzwe gakura mu misoro n’amahoro byagiye bigaragara ko aziyongera ukurikije uko umujyi ugenda waguka. Igishoboka cyose cyatekerejweho kandi ntekereza ko n’ubundi bizakomeza kwiyongera nkurikije uko umujyi ugenda ukura.”

Perezida wa Njyanama yashyize umukono ku nyandiko yemeza ingengo y'imari y'akarere ivuguruye imbere y'umunyamategeko w'akarere
Perezida wa Njyanama yashyize umukono ku nyandiko yemeza ingengo y’imari y’akarere ivuguruye imbere y’umunyamategeko w’akarere

Mu gihe uyu muyobozi yishimira ko umuhigo wo gukusanya imisoro n’amahoro bakomeje kuwesa neza, Perezida w’inama Njyanama y’aka karere, Mvuyikongo Jean Claude, asaba ubuyobozi bwako kwiga izindi nzira zo kubonamo amafaranga bakazabasha kuzamura iyi ngengo y’imari.

Ati “Ntabwo tureba imisoro gusa tureba n’ibindi bikorwa akarere kakuramo amafaranga yakunganira ingengo y’imari. Hanatangiwe kuganirwa ku ngengo y’imari ya 2019 -2020, aho ni ho hazagaragarira ibindi bikorwa byunganira imisoro ikomoka mu karere.

Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi yemeje ingengo y’imari yako ivuguruye, iva kuri 17, 941, 832, 099 igera kuri 21, 614, 779, 559 bivuze ko hiyongereyeho 3, 672, 947, 460. Imishahara y’abarimu yiyongereyeho 10%, n’izamurwa mu ntera ntambike ku bakozi b’akarere ni bimwe mu bizatwara amafaranga menshi kuri aya yiyongereyeho.

Abayobozi b'inama njyanama y'Akarere ka Rusizi bayoboye inama jyanama yo kwemeza ingengo y'imari ivuguruye
Abayobozi b’inama njyanama y’Akarere ka Rusizi bayoboye inama jyanama yo kwemeza ingengo y’imari ivuguruye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka