Imiryango 105 yo mu Mudugudu wa Gakoro, Akagari ka Birira Umurenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, iremeza ko yavuye mu bukene bukabije, ubu ikaba imaze kwiteza imbere binyuze mu mishinga inyuranye ifashwamo n’umushinga Spark MicroGrants.
Ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka urugomero rw’amashanyarazi ruzuzura rutwaye miliyoni 700 z’Amadolari ya Amerika.
Abaturage b’Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mpanga biyuzurije urugomero rw’amashanyarazi ruzatanga KW 13 ingo 400 zikazungukira kuri iki gikorwa remezo.
Iyo kandagirukarabe ikozwe mu buryo bwa kijyambere ariko ukabona yarakozwe hagendewe ku zo tumenyereye, ikaba ifite ahajya amazi meza, ahamanukira ayakoreshejwe n’ahajya isabune y’amazi.
Munyeragwe Epimaque w’imyaka 56, nubwo atuye mu cyaro cya Kiyogoma ku birometero birindwi uvuye mu mujyi wa Nyamata w’akarere ka Bugesera, avuga ko isi yose n’u Rwanda by’umwihariko ngo abimenyera mu nzu iwe.
Nyuma yo kubona ko byajyaga bigorana mu kwishyura ngo abantu binjire, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) mu imurikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 22, rwashyizeho uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe telefoni (Mobile Money).
Kuva gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP) yatangira muri 2008, amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 290 niyo amaze gukoreshwa muri gahunda zayo uko ari eshatu.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) ku bufatanye na sosiyete ya Bboxx, yatangije uburyo bushya bwo kugura gaze yo gutekesha bitewe n’amafaranga umuntu afite, ahereye kuri 500Frw.
Abacururiza ku gasantere k’Agahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, barinubira ko abatunganyije umuhanda Huye-Kitabi bawusatirije amaduka bakaba nta parikingi y’imodoka bakihafite.
‘Mu isarura ry’ibihingwa byo mu gihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2019 ntabwo umusaruro wabonetse neza kubera imvura yaguye nabi igatuma imyaka irumba.’
I Bitare mu Murenge wa Ngera, polisi y’igihugu yahaye ingo 143 amashanyarazi y’imirasire y’izuba ubwo yatangizaga ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, tariki 15 Nyakanga 2019.
Kwishyura ifumbire n’izindi nyongeramusaruro hifashishijwe ikoranabuhanga ry’Ikofi Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, ngo bizakemura ikibazo cy’abanyerezaga izo nyongeramusaruro ntizigere ku bo zagenewe.
Nyuma yo kubona ko mu Karere ka Gisagara hari urubyiruko rwinshi rudafite imirimo, ubuyobozi bw’aka karere bwiyemeje kubatera inkunga mu kwihangira imirimo, buremera abafite imishinga myiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’iterambere ry’urubyiruko mu Murenge wa Kabagari.
Abahoze babunza ibicuruzwa (abazunguzayi) baravuga ko igihe bahawe cyo gucururiza mu isoko batishyura ubukode n’imisoro, ngo kibashiranye bakiri abo gusubira ku mihanda.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko ibibazo bya Politiki biri mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kitagabanyije imisoro yinjira mu gihugu kuko ubucuruzi butigeze buhagarara.
Akarere ka Kicukiro kamuritse inzu kubatse mu mirenge inyuranye zifite agaciro k’asaga miliyoni 800Frw, zahawe abatishoboye barimo abatari bafite aho baba ndetse n’ababaga mu manegeka.
Hagati ya tariki 26 na 30 Kamena 2019, mu turere twose tw’igihugu uko ari 30 harimo hemezwa ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 2019-2020. Uko ingengo y’imari itorwa kandi ikemezwa n’inama njyanama y’akarere, ni na ko igabanywa mu bice, hagendewe ku bikorwa byateganyijwe gukorwa mu karere runaka.
Clementine Yumvuyisaba avuga ko gukorera abandi no guhora asaba umufasha we amafaranga yo gukoresha mu rugo buri munsi, ari byo byamufashije kugira igitekerezo cyo kwishyira hamwe na bagenzi be ngo bikorere.
Kuva mu myaka ibiri ishize, serivisi za Mobile Money z’ikigo cy’itumanaho MTN zatangiye kwamamaza uburyo abakiriya bacyo bashobora kwiguriza amafaranga guhera ku gihumbi (1,000frw) kugera ku bihumbi magana atatu (300,000frw).
Uwamahoro Alphonsine wo mu kagari ka Shonga umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare, avuga ko inka yahawe muri gahunda ya Girinka amaze kuyibyazamo ubutaka akabika ibihumbi 50 buri kwezi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko mu myaka 25 ishize hakozwe urugendo rwageze ku bikorwa by’indashyikirwa, kandi ko ibyagezweho ntacyabihungabanya.
Kigali Today yaganiriye na bamwe mu Banyarwanda bashobora kugereranya uko ibiciro by’ifunguro no gucumbika byifashe ku mugenzi wifuza gutemberera mu mijyi itandukanye yo mu Rwanda.
Umujyi wa Kigali wateganyije mu ngengo y’imari yawo ya 2019-2020, asaga miliyari 29Frw azakoreshwa mu gukora imihanda ya kaburimbo itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yasuye isoko ry’ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza Goma na Gisenyi ntiyanyurwa n’imikorere yaryo.
Abanyamahirwe batandatu bamaze gutombora miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Ikof’ Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo bahuraga na byo mu kazi kabo.
Ikigo giteza imbere Isoko ry’Imari n’Imigabane (Capital Market Authority, CMA) kiravuga ko abarema iri soko atari abaherwe gusa, kuko n’uwazigamye amafaranga 500 buri munsi, asoza umwaka yinjije arenga ibihumbi 180.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peteroli na gaz (RMB) kiratangaza ko uyu mwaka wa 2019 uzarangira kimenye niba peteroli iri mu Rwanda ihagije ku buryo ishobora gutangira gucukurwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yashyize ahagaragara ingamba zafashwe zigamije kunoza ibyerekeranye n’imikino y’amahirwe, ari na yo ibamo ibyitwa ibiryabarezi byakunze kwinubirwa n’abantu batandukanye, bagaragaza ko nta nyungu babibonamo ahubwo ko bigamije kubakenesha.
Mu ngengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2019/2020 irenga miliyari 2, 876.9, Leta iteganya kugura amateme(ibiraro) yimukanwa afite agaciro ka miliyari enye na miliyoni 300 mu mafaranga y’u Rwanda (4,300,000,000frw).