Abakora ubucuruzi bubasaba gupfunyikira abakiriya barinubira ubuke bwa ambaraje za kaki zisanzwe zemewe gupfunyikwamo, butuma bakoresha ibipfunyika bitujuje ubuziranenge.
Umujyi wa Kigali watangiye ubukangurambaga bukangurira abaturage gushyira amatara ku bipangu byabo biri ku mihanda igendwa cyane kugira ngo ubwiza bw’indabo n’ibiti bihakikije bikomeze no kugaragara na ninjoro atari ku manywa gusa.
Antoine Mugesera, umusaza w’imyaka 77 y’amavuko wahoze uri umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yibuka ko yatunze konti ya banki bwa mbere mu 1970 muri Banki yitwaga Caisse d’Epargne kugira ngo abone aho azajya acisha umushahara we.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari mu ruzindiko rw’iminsi ibiri i Abuja muri Nigeria aho aza gutanga ikiganiro mu nama yo kurwanya ruswa iribufungurwe kuri uyu wa 11 Kamena 2019 na Perezida w’icyo gihugu, Muhammadu Buhari.
Umuryango uharanira amahoro witwa Alert international uravuga ko ugiye gushora Miliyoni zirenga eshanu z’Amadorali ya Amerika mu gufasha abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu karere k’ibiyaga bigari binyuze mu mushinga witwa Mupaka Shamba letu mu gihe cy’imyaka ine.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko amakamyo aremereye yemerewe guca mu buryo bw’agateganyo ku mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya igaragaza ko hakiri imbogamizi ijyanye n’imyumvire ya bamwe mu banyarwanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’ubukungu budahererekanya amafaranga mu ntoki (Cashless Economy).
Mu Karere ka Nyaruguru, imiryango hafi ibihumbi 25 ituye mu mirenge umunani kuri 14 igize aka karere yahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba.
Ikigo cyubaka ‘inzu ziciriritse’ mu Rugarama (Nyamirambo) kirararikira abahembwa umushahara ubarirwa hagati y’ibihumbi 200-900 ku kwezi, kwifatira inzu zo kubamo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase arizeza ko imigenderanire no guhahirana kw’abaturage hagati y’u Rwanda, Congo-Kinshasa n’u Burundi irimo kunozwa.
Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira avuga ko ubufatanye bwa Minisiteri ayobora hamwe n’Ikigo Jali Holdings buzavugurura imibereho y’Abashoferi.
Ifaranga ry’u Rwanda kuri ubu rimaze imyaka 55 ribayeho, nyuma yo gusimbura irya Kongo mbiligi mu mwaka w’1964, ryagiye rigira impinduka mu bihe bitandukanye, bamwe bakabibona nk’ikibazo impugukuke zikaga ko ari ikimenyetso cy’iterambere.
Abafatanya bikorwa b’Akarere ka Ngororero barasaba ko iminsi y’imurikabikorwa yakongerwa kugira ngo abaturage babone umwanya uhagije wo kugura no guhabwa amakuru.
Uruganda rumwe rukumbi rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rugiye kubona umukeba mu gihe rwari rumaze imyaka irenga 30 rwihariye isoko ryo gukorera sima ku butaka bw’u Rwanda.
Mu myaka 10 yakurikiye ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uwabaga ufite imodoka yagize ikibazo ashaka gukoresha, aho wagana hose mu magaraji yo mu Rwanda by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, wakirwaga n’Ikigande cyangwa Igiswahili kuko mu Rwanda hari abakanishi benshi b’abanyamahanga ndetse ugasanga ari na bo (…)
Impuguke mu bijyanye n’imisatsi irahamya ko injwiri nazo zabasha gutunganywa zikavamo imisatsi myiza y’amameshi (meches), aho kugira ngo u Rwanda ruhore ruhendwa no gutumiza imisatsi hanze.
Abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru baremeye bagenzi babo 19, tariki 26 Gicurasi 2019.
Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Huye ubu ruri ku rugerero ruciye ingando mu Murenge wa Gishamvu, ruzuzuza amazu 36.
Mu gihe amazi ari kimwe mu by’ibanze umuntu akenera kugira ngo abeho ndetse akaba ari no mu burenganzira bw’ibanze bwa muntu, hamwe na hamwe mu Mujyi wa Kigali usanga kujya kuhatura ugomba kubanza kwitegura ko ushobora kujya uyabona gake gashoboka. Ibi bikajyana no kwitegura kongera amazi ku kiguzi cy’ubukode kuko ibura (…)
Ku muhanda Nyabugogo-Giticyinyoni, uhasanga amajerekani atondetse kuri kaburimbo abakarani - ngufu bacuruza amazi, abandi basunika ibigorofani binini by’ibyuma byuzuye amajerekani y’amazi bagenda bayagurisha abatuye muri ako gace.
Newcities, Umuryango udaharanira inyungu mu gihugu cya Canada uteza imbere imiturire y’imijyi yimakaza imibereho y’abayituye, wahaye Umujyi wa Kigali igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’ubuzima rusange.
Umuryango FPR INKOTANYI mu ntara y’Uburengerazuba wateye inkunga abagore 517 batishoboye muri gahunda yiswe ‘One hundred women’ mu rwego rwo kubafasha gukora ubucuruzi buciriritse. Ni igikorwa cyabereye mu karere ka Karongi kikaba cyitabiriwe n’uturere twose tugize iyi ntara.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’amakopetive y’abamotari mu Karere ka Rubavu UCOTAMRU ntibwumva kimwe ibwirizwa bashyiriweho ry’ aho abamotari bagomba kunyweshaho esanse.
Ingo zisaga 400 zo mu Kagari ka Ishywa mu Murenge wa Nkombo zegerejwe amazi meza nyuma y’igihe kirekire bavoma ikiyaga cya Kivu.
Mu ruzinduko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yari arimo kugirira mu Ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba, ku wa Gatanu 10 Gicurasi 2019, yari mu Karere ka Rubavu, ahari hateraniye abaturage b’ako karere ndetse n’aka Rutsiro.
Ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) kirasaba abambukana ibintu kuri gasutamo, kwiyandikisha muri gahunda ituma badahagarikwa mu nzira.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatangaje ko Hoteli Kivu Marina Bay yo mu Karere ka Rusizi izatahwa muri Kamena uyu mwaka wa 2019.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente aravuga ko ukurikije amazi akenewe mu mujyi wa Kigali n’ahari kugeza ubu, abatuye muri uyu mujyi bose bakabaye bagerwaho n’amazi meza, ariko ko hakiri imbogamizi z’imiyoboro y’amazi ishaje.
Banki Nkuru y’u Rwanda BNR iravuga ko muri uyu mwaka wa 2019 ifaranga ry’u Rwanda rizata agaciro ku ijanisha rya 5%, ugereranyije na 4% ryariho muri 2018.
Col. Twahirwa Dodo arasaba akarere ka Nyagatare kwemera kagasubizwa umugabane kari gafite kuri gare ya Nyagatare, maze ikegurirwa RFTC ari ryo huriri rya za koperative zitwara abantu n’ibintu.