Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, arasaba abaturage b’Akarere ka Nyagatare n’abatuye intara muri rusange kwirinda kunyura mu nzira zitemewe no gutwara magendu kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.
Mu myaka itatu cyangwa ine ishize, u Rwanda rwagiye rugaragaza imishinga minini, umwaka ku wundi.Imwe muri yo yagiye igaragara mu gihe cyo gushyirwa mu bikorwa, ndetse ikagaragaza igihe kirekire izarangirira.
Sosiyete ya StarTimes icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyanye na byo, irashishikariza abantu kwitabira Poromosiyo ya StarTimes iriho yitwa Dabagira n’Ibyiza bya StarTimes.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa gatandatu tariki ya 04 Mutarama 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse ku buryo bukurikira:
Abagore 300 bo mu Mirenge ya Muko, Muhoza na Cyuve yo mu Karere ka Musanze, bagiye kwigishwa gusoma no kwandika binyuze mu matsinda 17 y’abakora imyuga y’ububoshyi n’ubudozi, ubuhinzi n’ubucuruzi.
Ubuyobozi bwa Koperative CVM y’abatwara abagenzi ku magare (Abanyonzi) mu Karere ka Musanze, buravuga ko bugiye kuvugurura imikorere, umutungo w’iyi Koperative ukazajya ukoreshwa mu nyungu z’abanyamuryango.
Mukankusi Jannet wo mu Kagari ka Musheri, Umurenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare, asanga Perezida wa Repubulika Paul Kagame avukana na Yesu kuko atarobanura ku butoni.
Kuri uyu wa 27 ukuboza 2019, ni bwo Abanyarwanda 15 bakora mu kigo cyitwa RICEM bari bamaze amezi abiri mu gihugu cy’Ubuhinde bahugurirwa gufungura ishami ryihariye mu kigo cyabo rizafasha mu guhugura ba rwiyemezamirimo, basoje amahugurwa bagahabwa impamyabushobozi.
Imiryango 53 mu miryango 116 yibumbiye mu itsinda ‛Twitezimbere-Gitwe’, yo mu Mudugudu wa Gitwe, mu Kagari ka Runoga Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, irishimira iterambere yagezeho, nyuma yo kuva mu nzu zisakaje amategura ijya mu nzu z’amabati ku nkunga y’umushinga Spark MicroGrants.
Inama ya 17 y’Umushyikirano yagaragaje ko ubukungu bwagiye buzamuka ku rugero rwa 8% mu myaka 18 ishize, buramutse buzamutse ku rugero rwa 10% ubushomeri bwacika mu Rwanda.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa kane tariki 19 Ukuboza 2019, abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bagaragaje ko bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Ikigega cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi no Guhanga Udushya kimaze gutanga asaga miliyoni 550 z’amafaranga y’u Rwanda mu mishinga yo guteza imbere urubyiruko, n’urundi rugasabwa gutinyuka kuko amahirwe ahari.
Amina Drocelle utuye mu Mudugudu wa Nyamahuru mu Kagari ka Sure, mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, avuga ko mu mwaka wa 2015 yari atunzwe no guca inshuro, ibyo ahashye ntibibashe gutunga urugo.
Mu gihe urubyiruko rushishikarizwa kwihangira imirimo bityo rugatanga akazi aho gutegereza kugahabwa, hari abavuga ko batabigeraho kubera gutinya guhomba ntaho baragera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, asaba urubyiruko kwigira ku Banyarwandakazi, Kwizera na Kagirimpundu baheruka guhabwa ibihembo by’umuherwe w’Umushinwa Jack Ma.
Ikigo cy’imari Zigama CSS cyatangaje ko mu igenamigambi ry’umwaka utaha kizashyira imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga rizatuma umunyamuryango abona serivisi zose atagombye kujya kuri Banki, ahubwo akazibona kuri telefoni ye cyangwa mudasobwa.
Kompanyi yitwa NOTS Solar Lamps Ltd, ku itariki ya 02 Nyakanga 2019 yagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza ku ikubitiro amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku miryango ibihumbi ijana (100,000) ituye mu bice by’icyaro.
Abikorera bo mu ntara y’Amajyaruguru barasabwa kunoza ubuziranenge no kongerera agaciro ibyo bakora, kugira ngo ubwo ishoramari ry’isoko rusange rya Afurika rizaba ritangiye gushyirwa mu bikorwa, rizasange bihagazeho kandi biteguye kugaragaza uburyo u Rwanda rumaze kugera ku rwego rwo kongera ingano y’ibikorerwa imbere mu (…)
Muri gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango, urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2019 rwamurikiye umuryango utishoboye inzu n’ibikoresho binyuranye.
Abafite inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Huye zari zarafunzwe, nyuma y’imyaka ibarirwa muri itandatu bakemererwa kuzivugurura, barishimira ko ubu bazifitiye abakiriya, ariko abacuruzi bo bararira ayo kwarika kuko ngo nta baguzi.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’ikigo ‘Inkomoko’ gitanga amahugurwa n’ubujyanama ku micungire y’imishinga, basoje irushanwa rya BK-Urumuri ryahatanagamo ba rwiyemezamirimo bato bashaka inguzanyo itagira inyungu yo kwagura imishinga yabo.
Rwiyemezamirimo Niyidukunda Mugeni Euphrosine, washinze uruganda rukora amavuta muri avoka arasaba inkunga kugira ngo abashe gukora amavuta menshi yagera ku Banyarwanda b’ibyiciro byose.
Ikigo Star Times cya mbere muri Afurika mu gucuruza amashusho afite ikoranabuhanga rigezweho (digital), kiri guha abakiriya bashya n’abasanzwe impano z’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2019 n’itangira uwa 2020, binyuze muri poromosiyo nshya ya ‘Dabagira n’ibyiza bya StarTimes’.
Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD), iratangaza ko igiye gutanga inguzanyo ku bifuza kugura inzu ziciriritse ku rwunguko rutoya ugereranyije n’inyungu yari isanzwe yakwa n’amabanki.
Nyuma y’imyaka itatu ingo zibarirwa mu bihumbi bibiri zo mu Karere ka Gisagara zifashwa kwikura mu bukene bukabije n’umuryango Concern, zirishimira intambwe zateye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama y’ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku isi n’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika, izwi nka Compact with Africa (CwA), ko igihe kigeze ngo bashore imari mu Rwanda no muri Afurika, kuko ubu uyu mugabane uberanye n’ishoramari ry’amahanga.
Burya ngo, “utazi iyo ava, ntamenya iyo ajya”. Iyo ukebutse gato ukareba mu myaka 12 ishize, uko tumwe mu duce tw’umujyi wa Kigali twasaga, bikwereka imbaraga zakoreshejwe kugira ngo umujyi wa Kigali ugere ku iterambere rishimishije ugaragaza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire y’amakoperative, Rwanda Cooperative Agency (RCA), kiravuga ko politiki nshya igenga amakoperative, yitezweho kwimakaza ishoramari, ikoranabuhanga n’imikorere bigamije kwagura ibikorwa no kongera umubare w’abazigana.
Jacqueline Mugirwa wo mu kagari ka Bitare mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, yavuye ku manota 40% agira 70% abikesha amashanyarazi bahawe na Polisi y’u Rwanda.
Banki ya Kigali (BK) igiye gusaranganya ba rwiyemezamirimo bato miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda, zizishyurwa nta nyungu muri gahunda y’irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’.