Urubyiruko rugize urugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, rwahagurukiye gukemura ibibazo bimwe na bimwe byugarije urubyiruko, muri gahunda yiswe ‘Orora, rema intumbero’.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu avuga ko isuku mbere yo gukama, irinda indwara nyinshi zirimo n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije isi muri rusange, n’u Rwanda by’umwihariko.
Abahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare bavuga ko igiciro bahabwa ku kilo kidahuye n’imvune n’igishoro bashyiramo kugira ngo were neza. Umuceri nubwo ari ikiribwa gikundwa na benshi ariko abawuhinga ngo urabavuna cyane kandi bagahabwa amafaranga make ugereranyije n’igishoro.
Yankurije Drocella wo mu Kagari ka Mbare, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, amaze imyaka 10 atubura imigozi y’ibijumba nyuma yo kubihugurirwa, none yiteje imbere bikaba binamutungiye umuryango.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangije umushinga wo kuhira imyaka ku buso bwagutse (Nasho Irrigation Project) uherereye mu Karere ka Kirehe, ukaba waratewe inkunga n’umuherwe Howard G. Buffett.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2020 yatashye umushinga wo kuhira imyaka (Nasho Irrigation Project) uherereye mu Karere ka Kirehe. Uyu mushinga ukaba waratewe inkunga na Howard G. Buffett.
Ba rwiyemezamirimo bo mu turere 14 bateguye ingemwe z’ibiti by’imbuto ziribwa, mu isoko bahawe na kompanyi ya CCID amasezerano akarinda arangira batishyuwe n’igiceri, baravuga ko biteguye kurega iyo kompanyi kuko yabateje igihombo gikomeye.
Ba Agronome bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, bakomeje gutungwa agatoki na Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI), ibashinja gutererana abaturage no kubima amakuru ajyanye n’ubuhinzi, ibyo bikaba bikomeje guhombya abahinzi.
Ikigo cy’igihugu cy’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), cyamuritse ububiko bw’imboga n’imbuto bunabikonjesha mbere y’uko byoherezwa mu mahanga (Pack House), bukaba bwaratwaye asaga miliyoni 980 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mukasekuru Mathilda, umukozi wa Minisitere y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ushinzwe ubworozi bw’amafi yatangarije Kigali Today ko guhagarika iyinjizwa mu Rwanda ry’abana b’amafi y’ubwoko bwa Tilapia nta ngaruka bizagira kuko hari amaturagiro y’aya mafi mu Rwanda ahagije.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iramenyesha abantu bose by’umwihariko aborozi b’amafi n’abarobyi ko hari icyorezo cy’indwara y’amafi cyitwa “Tilapia Lake Virus Disease” cyagaragaye mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.
Bitewe nuko imiturire igenda itwara ubutaka bwari busanzwe buhingwaho, Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) igira abantu inama yo gutekereza ubundi buryo babona ibiribwa, aho abatuye mu mijyi bagirwa inama yo guhinga mu bikono batereka mu nzu (vases), hanze no hejuru yazo.
Hari abaturage bamwe bavuga ko intama n’ubworozi bwazo muri rusange biriho bikendera bitewe n’uko inyungu bazibonagamo ziva mu bundi bworozi, abandi bakavuga ko nta nyungu bagikuramo.
Aborozi b’inka n’abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, baravuga ko baciye ukubiri no kugemura amata mu gasozi no kuyacuruza mu buryo butemewe.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Mukunguri kiri hagati y’Akarere ka Kamonyi n’aka Ruhango, bibumbiye muri koperative COPRORIZ, barataka igihombo baterwa n’iteme ryacitse, bigatuma abo ku ruhande rwa Ruhango bibagora kugeza umusaruro kuri koperative.
Ubwishingizi bw’amatungo mu karere ka Rubavu bwatangiriye mu Murenge wa Mudende, inka 23 zambikwa iherena ry’ikoranabuhanga rizafasha kuzikurikirana aho ziri mu kuzirinda ibyazihungabanya, mu gihe mu Murenge wa Rubavu hatangijwe ubwishyingizi ku bihingwa.
Imvura imaze iminsi igwa imaze guteza umwuzure muri hegitari 73 z’umuceri uri mu murima na hegitari 40 z’ibigori.Guhera mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka ni bwo imvura nyinshi yatangiye kugwa mu gihugu cyose no mu Karere ka Nyagatare.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bemerewe ishwagara na Perezida wa Repubulika Perezida Kagame, ngo bayifashihse mu buhinzi, ariko bakinubira ko bakyihawe rimwe gusa, nyamara bari bayikeneye kenshi kugira ngo umusaruro ube mwiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Inama Njyanama y’aka karere yo guca amande abazerereza inka ku gasozi.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Rutsiro buratangaza ko bugiye kubakira amacumbi abasoromyi b’icyayi kugira ngo babashe koroherezwa urugendo, bityo n’umusaruro urusheho kwiyongera.
Ubuyobozi bwa Koperative icuruza inkoko mu Karere ka Rubavu yitwa TUBE UMWE bunenga ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu kubahombya no kubashyiraho amananiza babajyana aho batabona abaguzi.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Edouard Ngirente, yibaza icyo impuzamakoperative zimariye abaturage kitari ukubatwara amafaranga, bigatuma igiciro cy’umuceri wo mu Rwanda cyiyongera.
Abasoromyi b’icyayi bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko umurimo bakora wabagejeje kuri byinshi, bityo bakabona ko na wo ari umurimo nk’iyindi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, buvuga ko hari abahinzi batumvaga akamaro ko gukoresha ifumbire mu buhinzi bwabo, ariko nyuma yo kubona ko bagenzi babo bakangukiye kuyikoresha babona umusaruro mwiza, abakoresha ifumbumbire batangiye kwiyongera.
Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, arasaba ko buri rugo rw’Umunyarwanda rutera nibura ibiti bitatu by’imbuto, mu rwego rwo guharanira imibereho myiza.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Rwerere mu Karere ka Burera, buraburira abahinzi bagikoresha imbuto y’ibirayi ituburwa n’ababikora mu buryo butemewe, kuko bigira ingaruka ku musaruro n’ubutaka bahingaho.
Mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze abacunda bagemura umukamo w’amata ku ikusanyirizo ry’amata rya Kinigi (CCM Kinigi), baratangaza ko bahitamo kuyagurisha ku masoko atemewe, kubera ko iri karagiro ritabishyura neza ayo baba bahagemuye, nyamara na bo biba byabasabye kurangura uwo mukamo mu borozi.
Abahinzi bo mu Karere ka Gisagara bishingiye ibihingwa byabo bikicwa n’umwuzure, kuri uyu wa 16 Mutarama 2020 bashyikirijwe ubwishyu bw’ibyangirijwe.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko abahinzi bafatiye ubwishingizi imyaka yabo ikaza guhura n’ibiza ikangirika bagahomba, bagiye kwishyurwa n’ikigo cy’ubwishingizi cya Radiant cyayishingiye bityo babashe gukomeza imishinga yabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) kiratangaza ko cyeguriye Uruganda rutunganya amata rwa Burera (Burera Diary) Kompanyi yitwa African Solutions Private Ltd (Afrisol).