Abahinzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bemerewe ishwagara na Perezida wa Repubulika Perezida Kagame, ngo bayifashihse mu buhinzi, ariko bakinubira ko bakyihawe rimwe gusa, nyamara bari bayikeneye kenshi kugira ngo umusaruro ube mwiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Inama Njyanama y’aka karere yo guca amande abazerereza inka ku gasozi.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Rutsiro buratangaza ko bugiye kubakira amacumbi abasoromyi b’icyayi kugira ngo babashe koroherezwa urugendo, bityo n’umusaruro urusheho kwiyongera.
Ubuyobozi bwa Koperative icuruza inkoko mu Karere ka Rubavu yitwa TUBE UMWE bunenga ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu kubahombya no kubashyiraho amananiza babajyana aho batabona abaguzi.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Edouard Ngirente, yibaza icyo impuzamakoperative zimariye abaturage kitari ukubatwara amafaranga, bigatuma igiciro cy’umuceri wo mu Rwanda cyiyongera.
Abasoromyi b’icyayi bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko umurimo bakora wabagejeje kuri byinshi, bityo bakabona ko na wo ari umurimo nk’iyindi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, buvuga ko hari abahinzi batumvaga akamaro ko gukoresha ifumbire mu buhinzi bwabo, ariko nyuma yo kubona ko bagenzi babo bakangukiye kuyikoresha babona umusaruro mwiza, abakoresha ifumbumbire batangiye kwiyongera.
Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, arasaba ko buri rugo rw’Umunyarwanda rutera nibura ibiti bitatu by’imbuto, mu rwego rwo guharanira imibereho myiza.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Rwerere mu Karere ka Burera, buraburira abahinzi bagikoresha imbuto y’ibirayi ituburwa n’ababikora mu buryo butemewe, kuko bigira ingaruka ku musaruro n’ubutaka bahingaho.
Mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze abacunda bagemura umukamo w’amata ku ikusanyirizo ry’amata rya Kinigi (CCM Kinigi), baratangaza ko bahitamo kuyagurisha ku masoko atemewe, kubera ko iri karagiro ritabishyura neza ayo baba bahagemuye, nyamara na bo biba byabasabye kurangura uwo mukamo mu borozi.
Abahinzi bo mu Karere ka Gisagara bishingiye ibihingwa byabo bikicwa n’umwuzure, kuri uyu wa 16 Mutarama 2020 bashyikirijwe ubwishyu bw’ibyangirijwe.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko abahinzi bafatiye ubwishingizi imyaka yabo ikaza guhura n’ibiza ikangirika bagahomba, bagiye kwishyurwa n’ikigo cy’ubwishingizi cya Radiant cyayishingiye bityo babashe gukomeza imishinga yabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) kiratangaza ko cyeguriye Uruganda rutunganya amata rwa Burera (Burera Diary) Kompanyi yitwa African Solutions Private Ltd (Afrisol).
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) imenyesha abahinzi-borozi, ndetse n’abashakashatsi ko hari isomero ry’ibitabo byabagenewe kugira ngo birinde guhomba umusaruro n’amafaranga bashora mu bikorwa byabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba inzego z’ubuyobozi kudaharira abashinzwe ubuhinzi (Abagoronome) bonyine umurimo wo guteza imbere ubuhinzi.
Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze kubona ubukungu bwihishe mu gihingwa cya karoti, bituma bitabira kugihinga, bakaba bemeza ko umusaruro babona ari mwinshi ku buryo utunze igihugu.
Abakozi bafite mu nshingano ubuhinzi n’ubworozi mu karere ka Gakenke, kuva ku rwego rw’akarere kugeza mu nzego z’ibanze n’abahagarariye amakoperative y’ubuhinzi n’ubworozi muri ako karere, biyemeje kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’abatuye ako karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian arasaba aborozi gufatira inka zabo ubwishingizi kugira ngo ipfuye nyirayo ayishyurwe.
Inzego za Leta hamwe n’abafatanyabikorwa, bagaragaza imishinga n’ibyemezo bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi byagezweho muri 2019, bishobora kuba amahirwe ku bahinzi-borozi n’abandi bashoramari mu mwaka mushya wa 2020.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB), sitasiyo ya Musanze, burakangurira abahinzi kujya bapimisha ubutaka mbere yo kubuhinga, kuko ari bwo buryo bwonyine butuma bamenya intungabihingwa ziri mu butaka, ubwoko n’ingano y’ifumbire ibihingwa bikeneye kugira ngo bikure neza, binatange umusaruro mwinshi.
Mu kurushaho guteza imbere ubuhinzi bw’ibirayi hagamijwe kongera umusaruro, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), gikomeje gushakira abahinzi uburyo bakongera umusaruro w’ibirayi, aho ubu hari kugeragezwa imbuto nshya z’amoko atandatu y’ibirayi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yategetse Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800, Eugene Mukeshimana na bagenzi be bakorera ubuhinzi bw’urusenda mu Karere ka Bugesera, kubera igihombo batewe no kubura uko bakonjesha umusaruro, ukagera ku isoko wangiritse.
Abahinzi bo mu Rwanda bagaragaza ko kubona imbuto n’izindi nyongeramusaruro bikirimo imbogamizi kuko batazibona ku gihe ndetse hakaba n’ubwo izo bahawe zidatanga umusaruro nk’uko babyifuza.
Icyicaro gikuru cy’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), cyasubiye mu Karere ka Huye, Umurenge wa Rusatira aho cyahoze gikorera, nk’uko byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa mbere tariki ya 29 Nyakanga 2019.
Umushinga w’Abanyamerika witwa ‘USAID Hinga Weze’ urizeza abahinzi bato barenga 300,000 inkunga y’amadolari ya Amerika ari hagati ya miliyoni 10 na 11 (ahwanye n’amanyarwanda miliyari 10) muri 2020.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana, avuga ko atabona umumaro w’imiryango 60 itagaragaza impinduka mu mibereho y’abatuye mu mirenge 17 ya Nyamagabe iyo miryango ikoreramo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irakangurira Abahinzi n’Aborozi kwitabira gahunda yo gutanga ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kwirinda ibihombo bituruka ku iyangirika ryabyo.
Abahinzi b’icyayi mu turere twa Rutsiro na Rubavu bavuga ko babajwe n’uburyo igiciro bahabwa ku cyayi cyagabanutse, bagashinja abari abayobozi kubigiramo uruhare.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irasaba urubyiruko ruri mu bworozi kongeramo imbaraga hagamijwe kuzamura umusaruro wabwo kuko imibare ku rwego rw’igihugu igaragaza ko umusaruro ukiri hasi bityo n’Abanyarwanda ntibabone ibyo barya bihagije.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musabyimana Jean Claude, avuga ko izamuka ry’igiciro cy’ibishyimbo ku masoko ryatewe n’imihindagurikire y’ikirere mu karere u Rwanda ruherereyemo, bituma yaba kubyinjiza mu gihugu cyangwa kubyohereza hanze bihenze.