Ministiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yategetse abayobozi b’intara n’uturere kutemera ko hari ubutaka bupfa ubusa, kandi bwagombye guhingwa kugira ngo abaturarwanda bihaze mu biribwa, banasagurire ibihugu byo mu karere bivugwamo ubukene bw’ibiribwa.
Ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) kiraha abahinzi b’umuceri bo mukarere ka Bugesera imbuto nshya y’umuceri yihanganira ubukonje ndetse igatanga umusaruro wikubye inshuro eshatu kuwo babonaga ndetse ukanabigisha uburyo bushya bwo guwuhinga.
Umutwe w’Inkeragutabara, usanzwe umunyerewe mu bikorwa byo kurinda umutekano n’ibindi bigamije iterambere rusange, umaze guhugurirwa gutera amatungo intanga, kugirango ufashe Leta kuziba icyuho cy’abakozi badahagije, nk’uko bitangazwa n’ikigo RAB gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Umushinga w’Ikigega cy’u Buyapani gishinzwe imibanire (JICA), wahaye abahinzi b’umuceri ubumenyi bwo kuwuhinga, kuwurobanura no kuwuhumbika neza bakawutera kandi ukera ari mwinshi kuruta uko babonaga.
Intumwa za Banki y’isi zasuye ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Gatsibo bishyirwa mu bikorwa n’umushinga RSSP ukorera muri minisiteri y’Ubuhinzi n’uborozi uterwa inkunga na banki y’isi.
Minsitiri w’Ubuhinzi, Agnes Kalibata, uri mu ruzinduko mu Buhinde, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi na Minisitiri w’Umutungo kamere w’amazi, Hon. Harish Rawat. Ayo masezerano azibanda ku guhererekanya ubumenyi mu kuhira imyaka n’amahugurwa.
Bamwe mu bahinzi b’ingano mu karere ka Rulindo baratangaza ko imbuto y’ingano ivanze bahawe ishobora kubicira umusaruro bari biteguye kuko ngo ikura isumbana bigaragaza ko atari ubwoko bumwe.
Akarere ka Gicumbi kishimiye ko kabonye ivuriro ry’amatungo ry’icyitegererezo kandi ubu bakaba batazongera kuvura indwara batazi kuko mbere bavuranaga urujijo.
Mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera harimo kubakwa ubuhunikiro bw’imyaka bufite ubushobozi bwo kwakira toni esheshatu z’umusaruro uzaba watunganijwe mu nganda mbere yo kuba wajyanwa ku masoko ku gurishwa kandi ntibashe kwangirika.
Mu gihe gahunda ya Leta y’u Rwanda ishishikariza abantu guhanga indi mirimo itari iy’ubuhinzi, abana bose bakajya mu ishuri, abantu bagatura mu midugudu bityo hakaboneka ubutaka bugaragara bwo guhinga, Abanyarwanda bakwiye gutangira guhinga bifahishije imashini.
Abahinzi b’urutoki mu karere ka Bugesera baravuga ko inyigisho bahawe zo kuvugurura urutoki zatumye barimo kubona umusaruro, bakaba baratangiye kubona umusaruro.
Gusukura ibikoresho byakoreshejwe mu rutoki mbere na nyuma yo kubikoresha hifashishijwe umuti wica udukoko wa Jick cyangwa kubinyuza ku muriro, nizo nama zihabwa abahinzi b’urutoki bo mu kagali ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira ry’indwara ya kirabiranya.
Akarere ka Ruhango n’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE Busogo) bagiye kugirana ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi hagamijwe guteza imbere umuturage w’icyaro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kigiye gutegura amahugurwa ku bahinzi bo mu karere ka Nyabihu ku bijyanye no gukora ifumbire y’imborera nyuma yaho bigaragariye ko hamwe na hamwe igikoreshwa ku rwego rwo hasi kandi ari ingenzi mu buhinzi.
Abaturage batuye mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara, barasaba gufashwa kubona imbuto z’insina za kijyambere kuko kuri bo basanga igiciro cy’insina kiri hejuru bikabagora kuzibona.
Bamwe mu bayobozi bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko gahunda yo kugurana ubutaka mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda yo gutura ku midugudu hari benshi mu baturage ibangamiye.
Ingemwe zigera ku 14400 zahawe abahinzi 14 bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu kugira ngo zizabafashe kwiteza imbere.
Mu gishanga cya Rurambi gihuriweho n’imirenge ya Juru na Mwogo mu karere ka Bugesera ndetse na Masaka mu karere ka Kicukiro hamaze gutunganywa hegitari 350 zizahingwaho umuceri.
Nyuma yo kuvugurura ubuhinzi bwabo babifashijwemo n’ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB), abahinzi bo muri koperative IMBARUTSO bo mu murenge wa Karembo barishimira ibishyimbo bya mushingiriro (MAC 44) kuko umusaruro wikubye hafi kane.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko hari gahunda yo kubaka uruganda rutunganya icyayi mu murenge wa Rugabano, umwe mu mirenge imaze gutera imbere mu buhinzi bw’icyayi.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abahinzi ba kawa mu karere ka Kayonza, Gakoze James, avuga ko ubuyobozi bw’ako karere bwambuye bamwe mu bahinzi ba kawa ubutaka bari barahawe kugira ngo babuhingeho kawa.
Abahinzi b’imyumbati bo mu Karere ka Gicumbi barakangurirwa kurwanya indwara y’ibibembe ifata imyumbati mu bihe by’imvura igatuma amababi yituna. Bagasabwa gufata ingamba zikomeye zo kuyirwaya, kuko nta musaruro basarura batagize icyo bakora.
Kuva tariki 12/11/2012 mu mirenge ya Kabarore na Rwimbogo yo mu karere ka Gatsibo haravugwa indwara y’uburenge yibasira inka.
Mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara hagaragaye ubwoko bw’imyumbati irumbuka cyane ku buryo igiti kimwe cyeraho imyumbati ipima ibiro 80.
Abaturage bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko imvura imaze iminsi igwa iramutse idatanze agahenge yazatuma abaturage basonza kuko iri kubangiriza imyaka.
Aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bari guhura n’igihombo kubera ko bashyiriweho akato kubera indwara y’uburenge yagaragaye muri uwo murenge. Aborozi bafite inka zikamwa bavuga ko batemerewe kugurisha amata ahantu na hamwe.
Inama Njyanama y’akarere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, yemeje ko abantu bose bororera inka mu mujyi wa Musanze bimurira amatungo yabo mu bice by’icyaro mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Nyuma yo kwiga ubuhinzi bigishijwe n’igihingwa ubwacyo bamwe mu baturage bo mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare bita ibihingwa mwarimu. Ubuhinzi bwigishijwe aba baturage bwakorewe mu ishuri ry’abahinzi mu murima (IAMU).
Kuva aho bakanguriwe kureka guhinga urutoki rwa gakondo bagatangira guhinga mu buryo bwa kijyambere, abahinzi baravuga ko biteguye kubona umusaruro mwinshi ngo kuko batangiye kubona ko hari itandukaniro.