Bimwe mu binyamakuru bikorera hanze y’igihugu byari bimaze iminsi bitangaza ko mu karere ka Muhanga hari inzara imereye nabi abaturage nyamara umuyobozi wako we arabihakanira kure.
Nyuma yuko abaturage bo mu murenge wa Bweyeye basaranganyijwe igishanga cya Matyazo, bamwe banze gutangira guhinga kubera bagenzi babo bari basanzwe bafitemo imirima babateraga ubwoba bababwira ko nibatinyuka guhinga ahahoze imirima yabo bazabaroga.
Iyo waganiraga n’abaturage bo mu mirenge ya Matimba na Musheri ho mu karere ka Nyagatare, benshi wasangaga binubira uburyo Leta yabategetse guhinga ibigori mu kibaya cya Rwentanga ariko ubu barishimira ko babihinze.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Mu gihe hashize iminsi mike amakoperative y’abahinzi b’ingano mu karere ka Nyamagabe asinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, abahinzi bavuga ko ntakabuza bazabasha kubona umusaruro mwinshi w’ingano cyane ko bafite icyizere cyo kubona isoko.
Ikibazo cy’imigabane ishyirwa mu mushinga wa CEPGL wita ku bushakashatsi mu buhinzi (IRAZ) cyongeye kugaragazwa mu nama yahuje abayobozi muri minisiteri z’ubuhinzi z’ibihugu bigize CEPGL (Rwanda, Burundi na Congo) tariki 25/04/2013.
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi, ibinyujije mu mushinga Livestock Infrastructure Support Programme (LISP) yatangiye kubaka imiyoboro y’Amazi azakwirakwizwa mu nzuri mu karere ka Nyagatare.
Kwishyura ifumbire mvaruganda itangwa n ikigo gishinzwe kohereza ibintu mu mahanga (NAEB) bikomeje kuba ikibazo cy’ingutu. Mu Karere ka Gakenke habarurwa umwenda wa miliyoni hafi 87 z’ifumbire yatanzwe mu mwaka 2011, amakoperative ya kawa agomba kwishyuza abahinzi.
Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.
Abakorera bushake b’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) barongerera ubumenyi abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Kizanye cyo mu murenge wa Ruhuha mukarere ka Bugesera uburyo bwo guhinga ahantu hato kandi bakabona umusaruro mwinshi.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Umushinga w’Icyayi wa Gatare (Gatare Tea Project) mu karere ka Nyamasheke iratangaza ko harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo ibikenewe biboneke, bityo imirimo ijyanye no kubaka uruganda yihutishwe ndetse n’ubuso buhinzeho icyayi bwiyongere.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arahamagarira abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cy’ikirimburi mu karere ka Nyagatare kwikubita agashyi mu bikorwa byabo bakongera umusaruro.
Akarere ka Gicumbi kujuje inzu y’ibagiro ndetse ikazajya ivurirwamo amatungo yose. Iyi nzu yubatswe nyuma yuko iyari isanzweho yanenzwe kuba nto, kugira umwanda ndetse no kutuzuza ibyangombwa bisabwa ibagiro ry’amatungo.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Agnes Kalibata avuga ko ubutaka buto Abanyarwanda bafite batabubyaza umusaruro nk’uko bikwiye. Arasaba abahinzi bo mu Karere ka Gakenke kubyaza umusaruro ubutaka bwabo bavugurura urutoki kugira ngo babashe gukora ku ifaranga.
Umukozi ushinzwe umusaruro mu mushinga w’ubuhinzi n’ubworozi ufasha abaturage kurwanya ubukene binyujijwe mu makoperative wo muri APROJUMAP, avuga ko ibiti bibiri bya avoka byitaweho neza, mu gihe cy’umwaka bishobora kuvamo amafaranga agura inka.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abahinzi bo mu karere ka Burera gutunganya ubuhinzi bwabo, bahuza ubutaka kandi bibanda mu guhinga ibihingwa byatoranyijwe, badahinga ibyo kubatunga gusa ahubwo bahinga ibibaha amafaranga.
Umurama w’abana b’amafi wateye mu biyaga by’akarere ka Bugesera urimo gutanga umusaruro kuko watumye uwabonekaga warazamutse cyane. Mu mwaka ushize wa 2012 hasaruwe toni 126.4 kandi hari ikizere ko uyu musaruro uziyongera kubera ingamba zafashwe.
Ku bufatanye na Koreya y’Epfo, mu karere ka Nyamagabe hari gutunganywa ibyuzi bizororerwamo amafi bikazegurirwa abaturage mu rwego rwo kubafasha gutera imbere no kuzamura imibereho yabo.
Igihembwe cy’ihinga cya 2013 B cyatangirijwe ku gihingwa cy’ingano mu karere ka Nyabihu kubera ko muri aka karere hera ingano kandi zigatanga umusaruro ushimishije cyane; nk’uko byasobanuwe n’ umuyobozi wungirije ushinzwe ubuhinzi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB).
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana bakoresha umuhanda wa Gasiza-Busasamana, bavuga ko kutagira umuhanda mwiza biri mu bisubiza inyuma umusaruro w’ubuhinzi babona kuko kubona ababagurira bitaborohera niyo baje babahenda.
Umutwe w’Inkeragutabara muri Minisiteri y’ingabo z’igihugu kuwa 20/03/2013 wamurikiye ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) urwuri rwa hegitari 100 watunganyije rukazajya rwororerwamo inka za gakondo.
Nyuma yo gukomorerwa ubucuruzi bw’inka, ikigo nyarwanda gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abatuye akarere ka Nyagatare gukomeza ingamba zari ziriho zo gukumira indwara y’uburenge.
Abahinze inanasi mu materasi barasaba uburengazira bwo kuzirandura, kuko zajemo uburwayi zikaba zidatanga umusaruro, bigatera abaturage gusonza. ariko ubuyobozi bw’umurenge ntiburabibemerera kuko bwemeza ko iyo ndwara ishobora kuvurwa.
Ministri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Karibata, arasaba inzego zose zifite ubuhinzi mu nshingano n’abandi bafite aho bahuriye nabwo kubushyiramo imbaraga nyinshi kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda budahungabana cyane cyane ko ari ho bishingiye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye kwihutisha igikorwa cyo kurwanya isuri, nyuma y’uko ako karere kari mu turere twagawe na minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi, inama yagiranye na bamwe mu baminisitiri bagize guverinoma, ba guverineri b’intara, abayobozi b’uturere n’abayobozi b’ibigo (…)
Akarere ka Gatsibo kafashe icyemezo cyo kugurisha inka 56 ziturutse mu miryango 36 kugira ngo abaturage babone ikibatunga ndetse banabone ubushobozi bwo gusubiza abana mu mashuri.
Abahinzi b’urutoki mu karere ka Rutsiro barasaba ubuyobozi ko bwabafasha kubona imibyare mishya y’insina kuko urutoki bari basanzwe bafite rwaciwe n’indwara ya Kirabiranya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bwamaze gutegeka abagatuye kubyaza umusaruro amasambu bafite yari yarabaye ibisambu cyangwa bakayakodesha kubakeneye kuyahinga, kugira ngo umusaruro wera mu karere wiyongere.
Abatuye akarere ka Gisagara baremeranya n’ubuyobozi bwako ko ubuhinzi n’ubworozi nk’imirimo byonyine bitazateza akarere kabo imbere, ahubwo ko kuzana indi mishinga n’imirimo mishya aribyo bizabazanira iterambere.
Abajyanama b’ubuhinzi bo mu karere ka Bugesera, barasabwa gufasha abahinzi muri gahunda z’iyamamazabuhinzi kugirango umusaruro ubashe kuboneka ari mwinshi.