Ingemwe zigera ku 14400 zahawe abahinzi 14 bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu kugira ngo zizabafashe kwiteza imbere.
Mu gishanga cya Rurambi gihuriweho n’imirenge ya Juru na Mwogo mu karere ka Bugesera ndetse na Masaka mu karere ka Kicukiro hamaze gutunganywa hegitari 350 zizahingwaho umuceri.
Nyuma yo kuvugurura ubuhinzi bwabo babifashijwemo n’ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB), abahinzi bo muri koperative IMBARUTSO bo mu murenge wa Karembo barishimira ibishyimbo bya mushingiriro (MAC 44) kuko umusaruro wikubye hafi kane.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko hari gahunda yo kubaka uruganda rutunganya icyayi mu murenge wa Rugabano, umwe mu mirenge imaze gutera imbere mu buhinzi bw’icyayi.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abahinzi ba kawa mu karere ka Kayonza, Gakoze James, avuga ko ubuyobozi bw’ako karere bwambuye bamwe mu bahinzi ba kawa ubutaka bari barahawe kugira ngo babuhingeho kawa.
Abahinzi b’imyumbati bo mu Karere ka Gicumbi barakangurirwa kurwanya indwara y’ibibembe ifata imyumbati mu bihe by’imvura igatuma amababi yituna. Bagasabwa gufata ingamba zikomeye zo kuyirwaya, kuko nta musaruro basarura batagize icyo bakora.
Kuva tariki 12/11/2012 mu mirenge ya Kabarore na Rwimbogo yo mu karere ka Gatsibo haravugwa indwara y’uburenge yibasira inka.
Mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara hagaragaye ubwoko bw’imyumbati irumbuka cyane ku buryo igiti kimwe cyeraho imyumbati ipima ibiro 80.
Abaturage bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko imvura imaze iminsi igwa iramutse idatanze agahenge yazatuma abaturage basonza kuko iri kubangiriza imyaka.
Aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bari guhura n’igihombo kubera ko bashyiriweho akato kubera indwara y’uburenge yagaragaye muri uwo murenge. Aborozi bafite inka zikamwa bavuga ko batemerewe kugurisha amata ahantu na hamwe.
Inama Njyanama y’akarere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, yemeje ko abantu bose bororera inka mu mujyi wa Musanze bimurira amatungo yabo mu bice by’icyaro mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Nyuma yo kwiga ubuhinzi bigishijwe n’igihingwa ubwacyo bamwe mu baturage bo mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare bita ibihingwa mwarimu. Ubuhinzi bwigishijwe aba baturage bwakorewe mu ishuri ry’abahinzi mu murima (IAMU).
Kuva aho bakanguriwe kureka guhinga urutoki rwa gakondo bagatangira guhinga mu buryo bwa kijyambere, abahinzi baravuga ko biteguye kubona umusaruro mwinshi ngo kuko batangiye kubona ko hari itandukaniro.
Abakora umwuga wo gucuruza inyama bo mu mujyi wa Nyagatare barasaba ko bakwemererwa kubaga inka zabo bemeza ko akato kazisanze mu ibagiro, ariko abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo batangaza ko iki cyifuzo cyabo kitakwemerwa mu gihe batagaragaza ibyangombwa by’izo nka n’igihe zagereye mu ibagiro.
Abahinzi n’aborozi bitabiriye imurikagurisha n’imurikabikorwa mu karere ka Rusizi baratangaza ko ryababereye umuyoboro wo kunoza neza ibyo bakora binyuze mu biganiro bibahuza n’ibigo by’imari, amabanki n’imiryango ikorana n’abahinzi mu Rwanda.
Minisitiri w’Ubuhunzi n’Ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yaburiye abantu bahawe ubutaka kugira ngo babwororereho ariko ntibabukoreshe icyo babuherewe. Yabibwiye aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza mu nama bagiranye tariki kuri uyu wa Gatandatu 30/11/2012.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arasaba aborozi bo mu duce twagaragayemo indwara y’uburenge kubahiriza akato kashyiriweho inka zamaze kwandura, kugira ngo zibanze zivurwe zitanduza izikiri nzima.
Inama yahuje abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo iyobowe na Guverineri wayo Munyentwari Alphonse yafashe ingamba zo kurwanya kirabiranya y’urutoki abahinzi bashishikarizwa kuyikumira itarakwirakwira hose.
Abaturage bo mu kagari ka Remera, mu murenge wa Gasaka ho mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko ibikorwa bafashijwemo n’umushinga World Vision byo guhinga inyanya mu nzu zabugenewe zitwa “green Houses” bizabafasha kuzamuka mu bukungu ndetse no kunoza imirire mu ngo zabo.
Umugabo witwa Uwifashije Hiramu afungiye kuri sisasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, kuva tariki 26/11/2012 akekwaho kwigira veterineri maze akabyaza inka bikayiviramo gupfa ndetse n’iyo yahakaga.
Akarere ka Nyamasheke karishimira ko abaturage bagatuye bakangukiye gukoresha neza ifumbire kandi imvura ikaba yaragwiriye igihe mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2013 bikazatuma umusaruro w’ubuhinzi wiyongera, nk’uko babiteganya.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko bakwiye gusobanurirwa neza uko bagomba guhinga amasaka kuko hari aho batemererwa kuyahinga kandi barabwiwe ko nta gihingwa na kimwe cyaciwe mu Rwanda.
Ubwo hasozwaga ukwezi k’umuryango tariki 08/11/2012, ikigo cy’ igihugu cy’ubuhinzi (RAB) cyatanze imbuto y’imboga ku miryango 1000 yo mu murenge wa Rurenge mu karere ka NGoma.
Ikibagarira ni indwara iterwa n’uburondwe ikunda kwibasira inka za kijyambere cyane cyane inyana. Uretse ko uburyo bwo kuyivura bunahenze cyane, buragoye kuko n’iyo itungo rirusimbutse risigarana ubumuga.
Abahinzi b’imyumbati bo mu karere ka Bugesera barasaba kugezwaho ifumbire nshya y’amazi yitwa D.I Grow kuko ari ifumbire y’umwimerere kurusha andi mafumbire asanzwe akoreshwa.
Akarere ka Ruhango kari mu turere tukiri inyuma mu gukoresha ifumbire bigatuma umusaruro utiyongera nk’uko bikwiye.Aka karere kari gakwiye gukoresha toni 300 z’ifumbire buri gihembwe, ariko gakoresha toni 55 gusa.
Minsitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, yashyize ahagaragara amabwiriza mashya agaragaza imirongo ngenderwaho mu gutunganya umuceri ndetse no kuwucuruza mu rwego rwo kugenzura neza ibijyanye n’ikwirakwira ry’umuceri haba uturuka hanze ndetse n’ukorerwa mu Rwanda.
Abaturiye ikiyaga cya Burera bavuga ko icyo kiyaga gifite ubujyakuzimu burebure ku buryo iyo bagiye kuroba amafi arimo yigira hasi ntiyogere hejuru bigatuma batayaroba, bagira n’ayo baroba akaza ari mato kandi ari na make.
Gukorera muri koperative bituma abahinzi bahuza imbaraga, bakanagirana inama zo kongera umusaruro, bagahangana n’ihindagurika ry’ibiciro, bityo bakabasha kugaburira abatuye isi.
Abaturage barakangurirwa guhuza ubutaka no kwibumbira mu makoperative kuko aribwo gahunda zibafasha kwiteza imbere, gusa benshi baracyari ba nyamwigendaho kubera gutinya ko ubutaka bwabo bushobora kwibwa.