Uhagarariye ubuvuzi bw’amatungo mu karere ka Gicumbi, Gashirabake Isidore, avuga ko ibagiro rishya rizahahwa vuba ku buryo bitazarenza ukwezi kwa 5.

Abaturage bishimiye iri bagiro kuko bizabarinda abantu benshi bakunze kubaga amatungo atapimwe na bamuganga b’amatungo ahantu hatazwi; nk’uko Kagaruka Ladislas abivuga.
Abacuruzi b’inyama mu karere ka Gicumbi nabo batangaza ko kubona ibagiro rihagije ari ikintu kiza cyane kuko wasangaga batinzwa no kubanza kubaga inka imwe bagategereza ko izindi zibagwa kugirango amabagiro yose abone inyama zo gucuruza.

Kamuhanda Thomas avuga ko akenshi umuntu yajyanaga itungo kuripimisha kugirango ribagwe hakabanza kurindira irindi ngo ribanze rikorerwe ibisabwa bikabatinza cyane ku buryo bumvaga bibabangamiye.
Bishimiye ko iryo bagiro rije ari igisubizo rikazunganirwa n’izindi Raboratwari zizajya zivura amatungo zo mu karere ka Gicumbi.

Ernestine Musanabera
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|