Nyagatare: Abahinzi b’umuceri barasabwa kongera umusaruro

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arahamagarira abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cy’ikirimburi mu karere ka Nyagatare kwikubita agashyi mu bikorwa byabo bakongera umusaruro.

Uruzinduko Minisitiri Kalibata yagiriye mu karere ka Nyagatare tariki 17/04/2013, rwahereye ahubatswe urugomero rw’amazi yuhira umuceri, nyuma azenguruka igishanga cyose kigizwe na hegitari zigera ku 1500, nyuma yaho aganira n’abahinzi.

Minisitiri Kalibata n'abandi bayobozi. Inyuma yabo hari igishanga cy'ikirimburi.
Minisitiri Kalibata n’abandi bayobozi. Inyuma yabo hari igishanga cy’ikirimburi.

Mu ijambo rye, Minisitiri yasabye abahinzi b’umuceri ko bagomba kongera imbaraga mu buhinzi bakabyaza igishanga k’ikirimburi umusaruro uhagije. Yasobanuye ko icyo gishanga bagihinze neza buri mwaka hajya hava umusaruro ungana n’amafaranga miliyari eshatu n’igice.

Ati “Mugomba gushyiramo intege rero mukunguka hakiri kare. Iki gishanga gikoreshejwe neza cyakwishyura amafaranga yagishowemo mu gihe cy’umwaka umwe gusa.”

Minisitiri Kalibata aganira n'abahinzi b'umuceri.
Minisitiri Kalibata aganira n’abahinzi b’umuceri.

Minisitiri Kalibata yanasabye abahinzi kudategereza umusaruro w’umuceri gusa, ahubwo bagomba no kungukira mubindi biwukomokaho nk’ibiryo by’amatungo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Atuhe Sabiti Fred yatangaje ko bari gushyira ingufu nyinshi mu gufasha abahinzi kuyoboka igihingwa cy’umuceri.

Uhagarariye koperative y’abahinzi b’umuceri bo mu gishanga k’ikirimburi, Antony Bizimana, yijeje Minisitiri ko bagiye kongera imbaraga bahinga ku buryo bwa kijyambere. Gusa uyu muyobozi yagaragaje zimwe mu mpungenge abahinzi bahura nazo, nk’ikibazo k’inyamaswa zibonera, ndetse n’imashini nke zidahagije.

Umuyoboro w'amazi yuhira umuceri mu gishanga cy'ikirimburi.
Umuyoboro w’amazi yuhira umuceri mu gishanga cy’ikirimburi.

Umushinga wo gutunganya igishanga k’ikirimburi watwaye akayabo ka miliyoni hafi 13 z’amadorari, ariko ngo umusaruro uzavamo ushobora kugera kuri miliyoni 7 z’amadorari buri mwaka; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi.

Dan Ngabonziza

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka