Ibi abajyanama babisabwe n’ushinzwe ubuhinzi mu karere Nkinzingabo Jean de Dieu kuko asanga igihe abahinzi babonye ubujyanama ubuhinzi bwabo bwatanga umusaruro.
Nkinzingabo ati “abajyanama b’ubuhinzi bagomba gusobanurira abahinzi akamaro ko gusarura neza, kumisha neza no guhunika ndetse bakabereka ibikenewe byose kugira ngo isarura n’ihunika rigende neza”.
Avuga ko abaturage bagomba gushaka uburyo bakubaka ubwanikiro binyuze mu muganda ahahujwe ubutaka aho butari bakihutira gusaba sheeting zikenewe ku gihe kugirango babashe gufata neza umusaruro wabo.
Yabisobanuye muri aya magambo: “ ndasaba abajyanama ko bagomba kwibanda ku buso bugomba guhingwa n’ibihingwa byatoranyijwe, ibyo bikiyongeraho bagomba kugira inama abahinzi babereka ibikenewe byose cyane cyane imbuto n’ifumbire”.
Aha kandi aributsa abashinzwe iterambere ry’utugari gufasha abajyanama b’ubuhinzi kugera ku nshingano zabo no guhuza ibikorwa byabo.
Egide Kayiranga
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|