Norce Gatarayiha ufite kompanyi ihinga ikanatunganya Macadamia, aragira inama abahinzi bagenzi be bahinga iki gihingwa kudacikanwa n’iki gihe cy’ihinga kuko ariho bakura umusaruro mwinshi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu gihe cya vuba amakoro atazaba akoreshwa mu bwubatsi gusa, ngo ahubwo azabyazwamo ifumbire abantu bazajya bifashisha bafumbira imyaka yabo.
Umushinga wagenewe guteza imbere icyaro (RSSP) watewe inkunga y’amadorali y’Amerika miliyoni 80 ndetse wongererwa n’igihe cyo gukomeza gukorera mu Rwanda kugeza mu 2017.
Akarere Kayonza kahize guhinga soya ku buso bwa hegitari 3200, kugira ngo uruganda rwa Mount Meru Soyco ruzajya rutunganya soya rukayibyaza amavuta rutazagira ikibazo cyo kubura iyo gukoresha.
Ikibazo cy’imbuto ngo gishobora kuzagora abahinzi b’ibirayi muri iki gihembwe cy’ihinga A, bitewe n’uko ababihinga bataracengerwa n’isimburanyibihingwa rigomba kugenderwaho kugira ngo umusaruro w’ibirayi uboneke umeze neza kandi uhagije.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu karere ka Nyamasheke bagiye guhabwa amahugurwa ku buryo bwo kunoza ubuhinzi bw’urutoki, maze bavayo bagahinduka abafashamyumvire bakanafasha abahinzi bandi kuvugurura urutoki binyuze mu mashuri yo mu mirima.
Ubwo hatangizwaga igihembwe cy’ubuhinzi cya 2013 A mu karere ka Nyabihu, tariki 11/09/2012, abaturage bashishikarijwe guhingira igihe, gukoresha ifumbire n’inyongeramusaruro ndetse no kwita ku butaka bahingaho.
Ikibazo cy’imashini zihinga cyari cyarabaye imbogamizi ku bahinzi b’akarere ka Gatsibo ubu kirimo gukemuka. Mbere aka karere kari gafite imashini ntoya eshatu none ubu kabonye imashini nini 18.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) buratangaza ko kubera gahunda yo gukumira indwara zishobora gufata amatungo, guhera tariki 09/09/20110, buzatangiza gahunda yo kurwanya isazi ya Tsetse n’indwara ya Tripanosomiase ikwirakwiza n’iyo sazi mu duce twegereye Pariki y’Akagera.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata yatsindiye igihembo cy’umuryango Yara International ASA cy’umwaka wa 2012 kubera politiki n’udushya yahanze mu buhinzi bituma u Rwanda ruzamura umusaruro uva ku buhinzi.
Guverinoma y’u Rwanda yateganyije miliyari 12 zo gushora mu buhinzi bukoresha imashini. Ibi bizagira uruhare mu kongera umusaruro uva ku buhinzi no guteza imbere icyaro; nk’uko Dr. Agnes Kalibata, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi yabitangarije The EastAfrican.
Mu karere ka Gicumbi hatangjwe ubuhinzi bwa Pome mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’aka karere, gasanzwe kari ku isonga mu turere dufite buhinzi n’ubworozi bwateye imbere mu Rwanda.
Abahinzi b’Ikawa mu Rwanda barakangurirwa kongera ubwiza bw’ubuso buhyinzeho Kawa, nk’uko babisabwe mu muhango wo gusoza amarushanwa y’uburyohe bwa kawa, azwi nka “Cup of Excellence”, wabereye mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu turere tumwe na tumwe tw’Intara y’Uburengerazuba abahinzi batitabiriye cyane gahunda yo gukoresha ifumbire mvaruganda, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi (RAB) cyiyemeje gutangira gahunda y’amahugurwa y’abahinzi n’abakangurambaga ku ikoreshwa ry’ifumbire.
Nyuma y’aho intoki zigera kuri 20% y’iziri mu karere ka Nyabihu zigaragaye ko zirwaye kirabiranya, hafashwe ingamba zo kurwanya iyi ndwara ku buryo icika burundu; nk’uko ushinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyabihu, Nyirimanzi Jean Pierre, abivuga.
Abarya umuceri mukeya kandi bawuhinga ni abibumbiye muri Koperative y’Abahinzi b’Igishanga cya Rwasave (COAIRWA), nk’uko babigaragarije umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugène, wari wabagendereye kuri uyu wa Gatanu tariki 24/08/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwashyizeho komisiyo yo kugenzura no guca akarengane kagaragaye mu isaranganywa ry’imirima mu Gishanga cya Bugarama.
Mu kagari ka Ruragwe umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi hari abahinzi bahinga ibishyimbo bita ‘mugabo kirigita umugore!’.
Gahunda yo guhuza ubutaka ikomeje kwitabirwa, hakorwa amaterasi ndinganire ahingwamo ibihingwa byatoranijwe nk’ingano, ibigori, ibirayi n’ibishyimbo. Gahunda yashyizweho na Leta mu rwego rwo kungera umusaruro no kwihaza mu biribwa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibijyanwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB) kiratangaza ko gifite gahunda yo kongera umusaruro wa kawa n’amafaranga ayivamo, kibinyujije mu gukomeza guhugura abahinzi bayo.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Urubyiruko rikora ku Buhinzi (AJEMAC) mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi, bwatangiye guteza imbere ubuhinzi bw’urutoki binyuze muri gahunda bise macro propagation.
Abahinzi b’ingano bo mu mirenge ya Mukura mu karere ka Rutsiro, na Rugabano mu karere ka Karongi barateganya gusarura toni 276 z’ingano. Ikilo kimwe cy’ingano bakazakigurisha amafaranga 480.
Abahinzi bibumbiye mu mpuzamakoperative y’abahinzi borozi IMPUYABO, baratangaza ko umusaruro w’ibigori w’igihembwe cy’ihinga cya 2012B, wabaye muke bitewe n’ikibazo cy’imvura yatinze kugwa, n’aho igwiriye igacika vuba.
Mu myaka 5 umushinga wo guhinga icyayi ukorana n’imirenge 7 y’akarere ka Karongi umaze ukorana n’abahinzi b’icyayi, umaze kubagezaho ibikorwa byinshi byo kwiteza imbere, ku buryo bemeza ko umushinga nurangira bazakomeza gutera imbere nta nkomyi.
Uwambajimana Felicien wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge, yagitse imizinga y’inzuki mu biti by’amashyamba ya Leta no mu by’abaturanyi. Mu gihe cy’umwaka akuramo ibiro birenga 300 by’ubuki.
Kuva aho mu karere ka Ruhango hatangiriye kuvugwa indwara y’inka yitwa Ubutaka tariki 23/07/2012, inka zigera ku munani zimaze gupfa.
Igikorwa cyo guhuza ubutaka buhingwaho kandi burwanyije isuri kimaze kugera kuri 87%, ugereranyije n’ibisabwa muri Gahunda za Leta zo kwikura mu bukene (IDPRS), nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi.
Hamaze igihe kitari gito abahinzi bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka rusizi binubira igiciro bahabwa n’inganda zitunganya umuceri ku musaruro beza. Bakavuga ko inganda zibungukamo.
Mu gasantere ka Mugu hafatiwe imifuka 13 y’ifumbire mva ruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda mu rwego rw’inyongeramusaruro yari igiye kugurishwa muri Uganda, mu mukwabo wabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 27/07/2012.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba ubufatanye hagati y’abaturage, abacuruzi n’ubuyobozi kugira ngo hakumirwe indwara y’uburenge yibasiye tumwe duce tw’igihugu cy’Ubugande duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare.