Diyabete ni indwara idakira ikomeje kwiyongera kuko mu myaka 10 ishize mu Rwanda abayirwaye bikubye kabiri. Ni mu gihe nyamara abaganga bagaragaza ko ari indwara ishobora kwirindwa.
N’ubwo kwambara inkweto ari isuku ndetse bikaba birinda n’indwara zimwe na zimwe zishobora guterwa no gukandagira hasi ahantu handuye hari za mikorobe zitagaragara, ariko na none kugenza ibirenge bitambaye inkweto mu rugo cyangwa se ahantu hasukuye, bigakorwa rimwe na rimwe ngo ni byiza nk’uko bisobanurwa na Dr. Meghan (…)
U Rwanda na Komisiyo y’Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi byasinyanye amasezerano agamije guteza imbere uruhererekane nyongeragaciro mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubushakatsi butandukanye, harimo n’ubwakozwe na Kaminuza ya SanFrancisco muri Leta ya Calfornia muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko umuntu usanzwe ufite ibikoresho by’ikoranabuhanga, amara nibura amasaha arindwi ku munsi ari kuri interineti. Iza ndetse zikaba zaba nyinshi kurushaho ku bantu bakora akazi (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko igihe kigeze kugira ngo abatiza umurindi ubuzunguzayi bose batangire gufatirwa ibihano, kuko ari wo muti wonyine usigaye wo kugira ngo icyo kibazo gicike burundu.
Michael Tomlinson, Minisitiri w’Ubwongereza ufite mu nshingano abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko yashimangiye ko indege itwaye abimukira n’abasaba ubuhungiro bavuye mu Bwongereza baza mu Rwanda, izahaguruka mu minsi ya vuba.
Inzobere mu buvuzi bw’amaso ku bitaro bya Kabgayi Dr. Tuyisabe Theophile aratangaza ko abaganga mpuzamahanga mu buvuzi bw’amaso, bagiye kujya basanga abarwayi mu bihugu byabo kugira ngo abajyaga kwivuriza mu bindi bihugu boroherwe n’ingendo, kandi n’ikiguzi cy’ubuvuzi kigabanuke.
Mu gace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2024 gakinwe kuva i Muhanga bajya i Kibeho Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira Israel-Premier Tech ni we wegukanye agace Muhanga-Kibeho
Kigeli V, amazina ye yose ni Ndahindurwa iri rikaba ryari izina ry’Ubututsi, Jean Baptiste izina rya Gikirisitu nk’umugatolika na Kigeli V izina ry’Ubwami.
Abivuriza ku Bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bifuza ko hashyirwaho amacumbi yajya yifashishwa n’abaje kuhivuriza batari mu bitaro, kuko kubona amafaranga y’icumbi hanze yabyo bitorohera abafite ubushobozi bukeya.
Rumwe mu ngingo zifitiye akamaro kanini umubiri wa muntu kandi rukora byinshi ni ibihaha, ari yo mpamvu kubibungabunga no kubirinda ari ingenzi mu buzima bwa buri munsi.
Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (Rwanda Muslim Community) ku bufatanye n’umuryango Charity Work Initiative Rwanda, batangije umushinga w’ivugabutumwa rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho, mu rwego rwo gutanga amakuru n’ubumenyi bwizewe bwerekeye idini ya Islam.
Martin Fayulu wari uhanganye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi mu matora, arasaba ko abarwanyi ba FDLR na ADF bakurwa ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bityo abaturage bakabona amahoro.
Ikipe y’umupira w’amaguru y’Umurenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, yahagaritswe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, kubera gukinisha abakinnyi bakinnye muri Shampiyona y’u Rwanda nyuma ya 2019/2020, binyuranyije n’ibikubiye mu mabwiriza agenga amarushanwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke rusoje amasomo y’ikoranabuhanga y’igihe gito, bahawe impamyabushobozi biyemeza kubakira ku bumenyi bungutse bagateza imbere ikoranabuhanga cyane cyane mu bice by’icyaro, mu rwego rwo kurinda abaturage baho gusiragira bajya kure gushaka serivisi zijyanye naryo.
Isoko ry’inka (igikomera), cyari giteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gashyanatare 2024, cyahagaritswe kubera kwikanga indwara y’uburenge, hafi y’aho cyagombaga kubera.
Ku Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, rutahizamu w’Umunyarwanda wakiniraga ikipe ya APR FC, Nshuti Innocent, yasezewe n’abakinnyi n’abakozi b’iyi kipe, mu gihe yitegura kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
U Rwanda rwatangaje ko ruhangayikishyijwe bikomeye n’imyitwarire ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kwirengagiza amasezerano ya Luanda na Nairobi, ndetse n’imyitwarire ya ntibindeba ikomeje kugaragazwa n’umuryango mpuzamahanga ku bikorwa by’ubushotoranyi bya RDC n’ubufatanye hagati y’iki (…)
Ikipe ya Bugesera FC yanganyirije kuri stade ya Bugesera 0-0 na APR FC, mu mukino w’umunsi wa 21 wahabereye kuri iki Cyumweru, biyongerera ikizere cyo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, na ho APR FC ikomeza kuba iya mbere.
Banki ya Kigali yashyize igorora abakiriya bayo bakunda umukino wa Golf mu Rwanda, itangiza BK Golf Tournament. Ku wa 17 Gashyantare 2024 nibwo kuri Kigali Golf Club i Nyarutarama habereye irushanwa rya BK Golf Tournament ryahurije hamwe abakina uyu mukino bagera ku 160 bakinnye bahatana mu myobo 18 igize iki kibuga.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa "Tour du Rwanda 2024" hasiganwa amakipe, ikipe ya Soudal-QuickStep ni yo yegukanye umwanya wa mbere
Mu mezi atatu ashize, abantu 70 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi y’u Rwanda byo kurwanya ubujura bw’amatungo, byakorewe mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Imiryango 20 itishoboye igizwe by’umwihariko n’abagore b’abapfakazi yo mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, yishimiye kuba yafashijwe gutura neza binyuze mu kubasanira inzu zabo zendaga kubagwaho.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera na rimwe rushidikanya, cyangwa ngo rusabe imbabazi uwo ari wese zo kurinda umutekano w’abaturage barwo, ndetse rutazigera rubisabira uruhushya rwo kubikora.
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yatangaje ko yagiranye ibiganiro byiza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, byibanze ku kurushaho guteza imbere ubufatanye bw’Ibihugu byombi mu nyungu z’ababituye.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda TVET Board - RTB) ku bufatanye na Sendika y’abafundi, ababaji n’abanyabukorikori (STECOMA), batanze impamyabushobozi ku bantu 2,500 bakora mu bwubatsi batarabyigiye mu mashuri asanzwe, ahubwo barabyigiye ku murimo.
Janja TSS, ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kiliziya Gatolika rifatanya na Leta mu buryo bw’amasezerano, rirashimimwa n’abo ryahaye ubumenyi mu gihe ryizihiza isabukuri y’imyaka 20 rimaze rishinzwe.
Umujyanama Mukuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Dr. Alexandre Rutikanga, avuga ko Igihugu kiri hafi kwihaza ku musaruro w’ibigori, kuko iki gihembwe cy’ihinga 2024 A, hitezwe umusaruro wa Toni 600,000 mu gihe Igihugu gikenera uri hagati ya Toni 650,000 na 850,000 ku mwaka.
Iserukiramuco Kigali Triennial ryanyuze abagenda n’abatuye mu Biryogo, i Nyamirambo, aho ryabereye muri Car FreeZone hazwi nko ku Marangi, bakaba basusurukijwe n’abahanzi batandukanye.
Abahinzi bo mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kwitabira uburyo bugamije kubafasha kuzamura umusaruro, bakabasha kwihaza mu biribwa no gusagurira isoko bakiteza imbere.
Ibihugu by’u Rwanda n’u Budage birimo gushakisha ubwato bwaroshywe mu Kiyaga cya Kivu, mu Ntambara ya Mbere y’Isi.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Etoile de l’Est igitego 1-0 bigoranye, Mukura VS na Gasogi United na zo zibona intsinzi mu gihe Musanze yanganyije mu mikino y’umunsi wa 21 wa shampiyona, yakinwe ku wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko kugira ngo Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ubashe kurushaho gutera imbere no kugera ku rwego wifuzwaho, hakenewe ubushake bwa politiki mu gushyira mu bikorwa zimwe muri gahunda ziba zemeranyijweho.
Umukobwa w’umunyeshuri w’imyaka 18 wigaga mu kigo cy’imyuga cya MTC Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye, yabyariye mu bwiherero bwa gare ya Muhanga, ahita ajyanwa ku bitaro bya Kabgayi we n’umwana.
Ku wa Gatanu tariki 16 Gashyantare 2024, ibendera ry’u Rwanda ryarazamuwe mu Kigo cya Asecna gishinzwe ingendo zo mu kirere, Centre Régional pour la Navigation Aérienne (CRNA), giherereye muri Repubulika ya Congo, mu mujyi wa Brazzaville.
Bamwe mu bagore batwite, abafite abana bari munsi y’amezi atanu hamwe n’abana bafite hagati y’amezi 6 na 23, bagaragaza ibimenyetso biganisha ku kugarizwa n’imirire mibi bo mu Karere ka Musanze, barimo guhabwa ifu ya Shisha Kibondo.
Abazamu babiri barindaga ishuri rya GS Uwinkomo riherereye mu Murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe, ubu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho bakurikiranyweho iyibwa rya mudasobwa enye, muri iryo shuri.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Gashyantare 2024, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye iserukiramuco ryiswe Kigali Triennial, ryatangijwe n’ikinamico yitwa ‘Gamblers’ yanditswe n’Umunyarwanda Rugamba Dorcy uyobora Rwanda Arts Initiative, ni umukino wakinnyemo Ntarindwa Diogene uzwi nka Atome, Aimé Christian Eboua, (…)
Ku nshuro ya 16 mu Rwanda hagiye gukinwa isiganwa, Tour du Rwanda, ni isiganwa rigiye gukinwa n’ibihangange aho umunani bakinnye isiganwa rikomeye rya Tour de France
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Rtd Ruhunga Jeannot, avuga ko umushinga w’ibikomo by’ikoranabuhanga byambikwa abagororwa bikabafasha gufungirwa hanze ya gereza, utarashoboka bitewe n’uko ngo uhenze.
Umubyeyi wo muri Uganda witwa Mariam Nabatanzi Babirye, uzwi cyane ku izina rya ‘Mama Uganda’, avuga ko avunwa cyane no kubona ibitunga abana be 44 kuko umugabo we yabamutanye guhera mu 2015.
Bamwe mu batuye Akarere ka Musanze barinubira servisi z’imitangire y’indangamuntu, aho ngo gutinda kuzihabwa bibabera imbogamizi ku mibereho yabo, bikababuza uburenganzira bugenewe umuturage.
Agahenera ni indwara ifata ku gitsike cy’ijisho kikabyimba, byatewe no kuziba k’utwenge dusohokeramo igice kimwe gikora amarira ugasanga kirimo amavuta, ukarwaye kamuteye ububabare no gutuma atareba neza.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje amazina y’Abanyarwanda batanu baba mu mahanga(Diaspora), batomboye itike yo kuza mu ndege mu Rwanda no gusubira mu bihugu babamo, nyuma yo kuzigama amafaranga nibura Miliyoni ebyiri kuri konti zabo muri iyo banki.
Abacururiza mu isoko ryo mu nkambi ya Kigeme ubu amarira ni yose, kuko ryaraye rihiye rigakongoka ntihagire icyo bakiza.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama igamije kugaragaza intandaro y’ibibazo by’umutekano muke, bikomeje kwiyongera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), birimo n’imiyoborere mibi n’ivangura rishingiye ku moko.
Perezida Paul Kagame, aherekejwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Dubai, Lt General Abdullah Khalifa Al Marri, yasuye icyicaro gikuru cy’iyi Polisi, agaragarizwa ikoranabuhanga rigezweho ndetse n’udushya bikoreshwa mu gucunga umutekano.
Iteka rya perezida n° 075/01 ryo ku wa 04/12/2023 rishyiraho amahoro yakwa kuri serivisi no ku byemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage. Ni itegeko rigaragaza kandi urutonde n’ibipimo ntarengwa by’ayo mahoro kuri Parikingi rusange yo ku muhanda, ku minara, ibyapa byamamaza, ubwato n’imodoka (…)
Umuryango Imbuto Foundation umenyerewe cyane mu bikorwa bifasha Abanyarwanda bo mu byiciro bitandukanye mu iterambere, ariko by’umwihariko urubyiruko, wakiriye Miliyoni zirenga 45.5 z’Amafaranga y’u Rwanda azafasha abanyeshuri 128 kwiga neza.