Umunyarwenya Arthur Nkusi wamamaye nka Rutura, yavuze ko vuba aha we n’umugore we Fiona Muthoni Naringwa, bitegura kwakira imfura yabo, ndetse ko ubwo yabimenyaga ko umugore we atwite yamushimiye.
Perezida wa Sena, Dr.Kalinda Francois Xavier yagaragaje uburyo ururimi rw’igifaransa ari ururimi rwakwifashishwa n’abatuye Isi bakagera ku bikorwa by’iterambere igihe barwifashishije bahanga udushya.
Abagore 300 bakora ubucuruzi buciriritse n’ibindi bikorwa bibateza imbere, bashyikirijwe igishoro cya Miliyoni 50 n’ibihumbi 700Frw azabafasha mu mirimo bakora.
Ushobora kuba warigeze kugendagenda ku gasozi maze ukabona ku byatsi utuntu tumeze nk’ifuro abantu bakunze kwita amacandwe y’inzoka, ariko ngo baba bazibeshyera nk’uko impuguke mu bijyanye n’ibinyabuzima zibisobanura.
Kuri uyu wa Gatanu, ahitwa mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, hateganyijwe umuhuro wa bamwe mu banyamuryango ba Kiyovu Sports, bakaza kuganira ku ngingo zitandukanye z’ubuzima bw’ikipe yabo iri mu bihe bitari byiza.
Hirya no hino haracyagaragara abana ku mihanda babiterwa n’impamvu zitandukanye ziganjemo ibibazo biterwa n’imiryango. Ni ikibazo gihangayikishije kuko abo bana usanga babaho mu buzima bubi, bigatuma na bo bishora mu bikorwa bibi birimo ubujura, urugomo no kunywa ibiyobyabwenge.
Umuhanzi Valens Hakizimana, uzwi cyane nka Rayva Havale uri mu bakizamuka muri muzika Nyarwanda, yashyize hanze alubumu ye ya mbere yise ‘Love and Life’, yahuriyeho n’abahanzi bakomeye mu Rwanda, ashimangira ko igomba kumubera inzira yo kwaguka mu bikorwa bye bya muzika.
Minisiteri y’Ubutabazi yatangaje ko ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 17 cy’impunzi 91 zivuye muri Libya, aho zari zimaze igihe zibayeho nabi zishaka kujya gushakira imibereho ku mugabane w’u Burayi.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, avuga ko ubuhanga yakuranye mu ishuri bwamugize uwo ari we uyu munsi, kubera ko yakuze akunda kwiga, kandi akanuzuza amasomo ye.
Ubushakashatsi bwakoze n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), mu mwaka wa 2023 kuri serivisi y’isuku, bugaragaza ko Akarere ka Nyagatare kazamutseho amanota 13.6%, kava ku manota 68.6% kagera kuri 82.2% n’umwanya wa gatandatu mu Gihugu cyose.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro babiherewe ibyangombwa, kutagura amabuye acukurwa n’abiyita abahebyi babikora mu buryo butemewe n’amategeko, akabibutsa ko batayaguze ubwo bucukuzi butemewe bwahagarara.
Inzu igenewe kubagiramo abarwaye indwara zitandukanye yuzuye mu Bitaro bikuru bya Ruhengeri, yatashywe ku mugaragaro tariki 21 Werurwe 2024, abarwayi n’abarwaza biruhutsa impungenge baterwaga no kwakirirwa ahantu hato kandi hatajyanye n’igihe.
Umunyarwanda Eric Nshimiye ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wari umaze igihe kinini yihisha Ubutabera, yatawe muri yombi na Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze igihe kinini muri icyo gihugu.
Muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, muri Leta ya Ohio, umugore yaciriwe urubanza, ahabwa igihano cyo gufungwa burundu, nyuma yo gusiga umwana we w’umukobwa w’amezi 16 mu nzu wenyine, maze agapfa, mu gihe we yari yigiriye mu biruhuko by’iminsi 10 i Porto Rico.
Mu 2015 nibwo Yahya Jammeh wayoboraga Gambia yasinye iteka rya Perezida ribuza ibyo gukata abakobwa n’abagore ibice by’imyanya ndangagitsina, ibizwi nka ‘excision’ mu rurimi rw’Igifaransa, yemeza ko uwo muco udateganywa n’idini ya Islam, kuko hafi abaturage bose muri Gambia ari Abayisilamu.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Niyigena Patrick, umukozi ushinzwe guhanga udushya mu bucuruzi no guteza imbere impano muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi.
Mu rwego rwo gushyigikira Ikigega cyo kwivuza, Social Health Insurance Fund (SHIF), Abanyakenya basabwa gutanga nibura 2.75% ku mushahara. Perezida William Ruto yavuze ko abafite akazi banga kwiyandikisha ngo bajye batanga umusanzu muri icyo kigega batazajya mu ijuru.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yakoze imyitozo ya nyuma kuri uyu wa Kane, mbere y’umukino wa gicuti uzayahuza na Botswana kuri uyu wa Gatanu muri Madagascar
Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’Igihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo za Uganda (UPDF), umuhungu we General Muhoozi Kainerugaba amugira Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda.
Mu madini n’amatorero atandukanye bavuga ko ihame ry’ubunganire n’ubwuzuzanye ryatangiye kubahirizwa uretse ko bikorwa mu buryo butandukanye bishingiye ku myemerere.
Mu gihe abenshi mu baturage, by’umwihariko abahoze mu mirimo yo kubaka isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze bari barashyizwe mu rujijo kubera ihagarikwa ritunguranye ry’imirimo yo kubaka iryo soko, imirimo yo kuryubaka yasubukuwe mu ntangiro za 2024, intego ikaba ari uko iryo soko ryaba ryuzuye muri Kamena 2024.
Ku wa 20 Werurwe 2024, hatanzwe ibihembo by’ukwezi kwa Gashyantare 2024 ku bakinnyi bitwaye neza muri shampiyona umutoza wa APR FC Thiery Froger, Shaiboub Eldin, Nzeyirwanda Djihad na Ani Elijah barabyegukana.
Mu bice bitandukanye hakunze kumvikana inkongi z’umuriro zatewe n’impamvu zitandukanye, ari na ko abari hafi bihutira gushaka uko bazimya bagakiza ibitarangirika. Bikunze kugaragara ko hari abaturage batazi uburyo bwo kwirinda no gutabaza inzego zibishinzwe, igihe habaye inkongi y’umuriro.
Umuryango w’Abibumbye wambitse imidali y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 425, bagizwe n’abagera kuri 240 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), n’abandi 185 bakorera muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA).
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Amerika, Ariana Grande Butera uzwi ku izina rya Ariana Grande mu muziki, yamaze guhabwa gatanya n’umugabo we Dalton Gomez nyuma y’imyaka itatu bari bamaze babana.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangije ku mugaragaro i Kigali, icyicaro cy’Ikigega Nyafurika gishinzwe iterambere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga (FEDA), gishamikiye kuri Banki Nyafurika ishinzwe guteza imbere ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga, Afreximbank.
Perezida Vo Van Thuong wa Vietnam yeguye ku mirimo ye nyuma y’umwaka umwe agiye ku buyobozi, ishyaka rya ‘The Vietnamese Communist Party’, rikaba ryemeye ubwegure bwe nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Abakora n’abandi bafite aho bahuriye n’ubucuruzi bw’impu mu Rwanda, barataka igihombo batewe n’igabanuka ry’ibiciro byazo, ku buryo hari abo byaviriyemo kureka ubwo bucuruzi, bakaba basigaye bazirya.
Andre Romelle Young, umuraperi w’icyamamare, umuhanga mu gutunganya umuziki (producer) akaba n’umushabitsi, yahawe inyenyeri mu rwego rw’icyubahiro muri Hollywood Walk Of Fame.
Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere, BRD, yagiranye na Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) amasezerano y’ubufatanye mu kubaka amacumbi y’abanyeshuri arengera Ibidukikije (eco-friendly hostels).
Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yagaragaje ko inkunga ihabwa abarokotse Jenoside batishoboye ikiri nto, ugereranyije n’imibereho y’abagize umuryango.
Minisitiri w’Intebe wa Ireland, Leo Varadkar, yatangaje ko yeguye ku nshingano ze za Minisitiri w’Intebe, ndetse n’izo kuyobora Ishyaka Fine Gael.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko hari ibice by’ubuso bw’Izuba birimo kohereza ku Isi imirasire ikaze kurusha ibindi, akaba ari yo mpamvu y’ubushyuhe bukabije burimo kumvikana muri iyi minsi.
Perezida Paul Kagame, yakiriye Tang Wenhong, Minisitiri w’Ubucuruzi wungirije w’u Bushinwa, hamwe n’intumwa ayoboye, aho ari mu Rwanda mu nama ya 9 ya komite ihuriweho n’u Rwanda n’u Bushinwa ku bukungu, tekiniki, n’ubucuruzi (JETTCO).
Muri Taiwan, Urwego rushinzwe kugenza ibyaha (Taiwan’s Criminal Investigation Bureau), rwashinje umunyeshuri wa Kaminuza wiswe Chang, kuba yaragambanye n’inshuti ye biganye mu mashuri yisumbuye wiswe Liao, bagacura umugambi uteye ubwoba bashaka kubona mu buryo bw’uburiganya amafaranga atangwa n’ibigo by’ubwishingizi.
Mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda, ikipe ya Patriots BBC yatsinze irusha cyane APR BBC amanota 73-59, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Ikigo gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyatashye umuyoboro w’amazi muremure wa mbere mu Rwanda, ureshya n’ibilometero birenga icyenda, ukagira umurambararo wa milimetero 900, ukaba waruzuye utwaye Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 23.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) hamwe n’Abafatanyabikorwa bayo, batangiye gahunda yo kongera ababyaza mu Rwanda, aho ku ikubitiro abagera kuri 500 batangiye kwigira ubuntu muri Kaminuza zitandukanye mu Gihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasoje umwiherero w’iminsi ibiri w’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, wagarutse ku ntambwe zifatika mu kubaka imikoranire itanga ibisubizo Guverinoma yifuza.
Ni kenshi muri muzika humvikana ihangana ry’abahanzi, bakora injyana zirimo Hip-Hop, Afrobeats n’izindi. Impamvu ni uko buri muhanzi ukora injyana runaka aba yumva arusha bagenzi be.
Ku wa Kabiri tariki 19 Werurwe 2024, kuri Stade Umuganda, habereye ibiganiro hagati y’abayobora n’abahoze bayobora Etincelles FC n’abakinnyi, barebera hamwe uko ikipe itazamanuka, baboneraho gushyiraho Umunyamabanga Mukuru mushya wayiririmbiye indirimbo.
Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru, gukoresha ibikangisho no gutangaza amakuru y’ibihuha, kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024 Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yakiriye Madamu Clare Akamanzi, Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa ndetse Amadou Gallo Fall, Perezida wa Basketball Africa League (BAL).
Mukeshimana Angélique utuye mu Mudugudu wa Cyaratsi uherereye mu Kagari ka Mukuge, Umurenge wa Ngera, Akarere ka Nyaruguru, avuga ko yize moto afite imyaka 37, bamuseka, none ubu akaba ayifashisha cyane cyane mu buhinzi.
Polisi ya Brazil yatangaje ko uwahoze ari Perezida w’iki gihugu Jair Bolsonaro, akurikiranyweho uburiganya n’inyandiko mpimbano zigaragaza ko yakingiwe icyorezo cya COVID-19.
U Rwanda na Kenya byiyemeje kurushaho gushimangira umubano n’ubufatanye mu kunoza serivisi z’ubwikorezi binyuze mu muhora wo hagati ndetse n’uw’amajyaruguru bihuriyeho mu guteza imbere ubucuruzi no koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, harakinwa umunsi wa 18 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda aho APR BBC yakira Patriots BBC, amakipe akurikirana ndetse anganya n’amanota acakirana saa moya z’umugoroba (19:00) muri LDK.
Saa moya n’iminota 30, ikamyo yerekezaga i Kigali yagonganye n’indi ya FUSO yerekezaga i Musanze, zifunga umuhanda Kigali-Musanze mu gihe cy’isaha, icyakora ubu ukaba ufunguye igihande kimwe nyuma y’ubutabazi.
Abagore 50 bo mu Karere ka Musanze bihurije mu Ishyirahamwe ‘Iterambere ry’Umugore’, batangiriye ku guhanahana amafaranga y’igishoro bayishatsemo bo ubwabo, bagana ubucuruzi biteza imbere none bageze ku gikorwa cy’ubumuntu cya buri cyumweru, cyo kugemurira abarwariye mu bitaro ndetse bakaba banasura abantu bo mu Igororero.
Abatuye mu Karere ka Gisagara bishimira umuhanda ugana iwabo washyizwemo kaburimbo, ariko muri bo hari abinubira kuba bagisiragira bashaka amafaranga yo gusana inzu zabo zangiritse.