Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Donald Koran, ngo afite ikizere ko impunzi z’abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi ko zizahindura ubuzima nyuma yo kujya gutuzwa muri Amerika.
Umugabo witwa Bizimana w’imyaka 28 yafashwe yibye inkoko 2 n’isafuriya 4 mu mu murenge wa Kamembe ahita yirega ibindi byaha ngo agirirwe imbabazi kuko ngo yari yabitewe n’inzara y’iminsi ine yari amaze atarya.
Imodoka zitwaye imfashanyo n’ibicuruzwa bigenewe abaturage ziherekejwe n’ingabo z’u Rwanda zivuye ku mupaka wa Cameroun zashyitse amahoro mu murwa mukuru wa Centrafrique, Bangui, mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 4 Werurwe 2014.
Pasiteri Celestin Mutabaruka ukurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 akaba aba mu gihugu cy’Ubwongereza ashobora koherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari barashishikariza sosiyete icukura amabuye y’agaciro mu karere ka Rutsiro yitwa NRD (Natural Resources Development) gukoresha uburyo bugezweho hagamijwe kongera umusaruro ndetse no kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Impuguke mpuzamahanga mu by’amategeko, Wolfgang Schomburg, yigishije abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga n’abandi banyamategeko, ko batagomba gufata nk’ihame imanza zaciwe n’Urukiko mpuzamahanga rwashyirweho u Rwanda, cyangwa iz’abandi bacamanza b’ibyamamare ku isi.
Urwego rw’umuvunyi rufatanije na Polisi y’igihugu kuwa 4 Werurwe 2014bataye muri yombi Habyalimana Emmanuel,umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyabihu, akekwaho icyaha cyo kwigwizaho umutungo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa gatatu tariki 05/03/2014 yakiriye anagirana ibiganiro n’umuyobozi w’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abakuru ba Polisi k’isi (IACP), bwana Yousry Zakhary.
Abasenateri bo mu Rwanda barasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gushyiraho ikigega kizagenerwa Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakananenga amwe mu makosa yagiye agaragara mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR).
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Nyagatare tariki 04/03/2014, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Agnes Kalibata, yifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nyamirembe mu murenge wa Gatunda, mu gikorwa cy’umuganda wo kurwanya kirabiranya.
Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri hatangijwe itorero mu mashuri abanza n’ayisumbuye, ryanatangijwe muri kaminuza no mu mashuri makuru. Iki gikorwa cyabereye kuri sitade ya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, ku itariki ya 4/3/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, arihanangiriza bamwe mu banyamabanga Nshingwbaikorwa b’utugali two muri aka karere bijandika mu byaha bya ruswa n’ibindi bifitanye isano nayo ngo kuko kuri we ikosa araryihanganira ariko akaba ntaho yahera yihanganira uwo icyaha cyagaragayeho.
Umusore witwa Giraso Jean Claude w’imyaka 22 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amafaranga ibihumbi 82 by’amakorano.
Umuyobozi w’ishamyi ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire n’iterambere ry’abaturage (UNFPRA ) mu Rwanda, Josef Maerien, yasuye akarere ka Rusizi ashima intambwe yatewe mu bikorwa byo kugabanya ipfu z’abana ndetse anashima ubwitabire bw’ababyeyi babyarira kwa muganga.
Abayobozi ba Polisi z’ibihugu bya Afurika baravuga ko bunguranye uburyo bwo gucunga neza umutekano mu nama bagiriraga i Kigali, ndetse ko bagiye kongera imikoranire no kwigana ibyo abandi bakora, birimo gukorana n’abaturage (Community Policing) bigiye ku Rwanda.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arashishikariza abayobozi bo muri iyo ntara gukoresha uburyo bwa “e-Document” bufasha abantu kohererezanya ndetse bakanabika inyandiko mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga kandi ikazanatuma amafaranga baguraga impapuro bayazigama agakora ibindi.
Abanyeshuri 25 bari bageze mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkombo mu karere ka Rusizi basubijwe mu mwaka wa gatanu n’uwa kane kubera ubumenyi buke.
Akoresheje imashini zigera ku 9 zabugenewe yatumije mu Bushinwa, Uwizeyimana Jean Bosco ukorera mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, yiyemeje gukora kirida bihaganyuza mu menyo n’imishito botsaho burusheti (cure-dent et broches) mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Umugabo witwa Habyarimana Sipiriyani w’imyaka 52 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza yatwitswe n’umugore we amumennyeho amazi ashyushye mu ijosi no mu gituza cye hahinduka ubushye.
Guverinoma ya Uganda yahambirije umugabo w’umwongereza witwa Bernard Randall, nyuma yo kubona ibimenyetso bigaragaza ko akora imibonano n’abagao bagenzi be. Umugande witwa Albert Cheptoyek wari umugore-gabo wa Bernard, we ngo azajyanwa imbere y’ubucamanza.
Umugabo witwa Nduhirabandi w’imyaka 28 ukomoka mu murenge wa Rushaki wo mu karere ka Gicumbi yaguye mu cyobo cyiri mu iteme ryaridutse ahita apfa tariki 04/03/2014.
Bamwe mu bagize akanama nyobozi ka Kaminuza yigenga ULK ishami rya Gisenyi taliki ya 4/3/2014 bahamagawe n’urukiko kwisobanura ku birego baregwa birimo inyandiko mpimbano hamwe no kwiha ububasha bw’imirimo cyangwa kwiyitirira umwanya wemewe n’ubutegetsi.
Mu karere ka Bugesera mu murenge wa Kamabuye hakozwe umukwabo maze hafatwa inzererezi 36, Abarundi 28 batagira ibibaranga hafatwa litiro 70 z’inzoga itemewe y’ibikwangari ndetse na litiro imwe ya kanyanga.
Niyikora Jean Baptiste w’imyaka 27, ukomoka mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma, yasanzwe mu mugozi yiyahuriye iwe munzu nyuma yo gukimbirana n’umugore we ahita afata icyemezo cyo kwiyahura.
Mu bagororwa 8 bafungiye muri Gereza ya Nyakiriba iri mu karere ka Rubavu bari basabiwe imbabazi, umwe ni we wafunguwe nyuma yo gusanga ariwe wujuje ibyangombwa nkuko byemejwe n’inama y’abaminisitiri yabaye mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa mu muryango uhuza Polisi y’ibihugu by’i Burayi, (Europol), Michel Quill, yemereye abayobozi ba Polisi bo mu bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara gukomeza ubufasha uwo muryango usanzwe uha Polisi zo mu bihugu bya Afurika.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana mu bihe bitandukanye yakiriye bamwe mu bayobozi bagera ku 10 baje bahagarariye Polisi z’ibihugu byabo, kugirango baganire ku bibazo birebana n’umutekano.
Allain Nkusi w’imyaka 27 y’amavuko wakoraga akazi ko kurinda ikigo cy’imari CPF Ineza giherereye mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga, basanze mu gitondo yapfuye mu gihe bamusize mu kazi nta kibazo yari afite.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu turere two mu ntara y’Iburasirazuba bavuga ko imikino ari kimwe mu bituma ufite ubumuga yiyumvamo icyizere igihe awukina ndetse bikaba akarusho igihe habayeho amarushanwa ku rwego rw’igihugu.
Umupasiteri wo mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya mu itorero Lord’s Propeller Redemption Church yashyizeho itegeko ko abagore n’abakobwa bose bagomba kuza gusenga batambaye amakariso n’amasutiya ngo ni bwo basenga Imana ikabumva.
Abanyamahanga batuye mu karere ka Bugesera kuva kuwa 3/3/2014 barimo gufotorwa ari nako hafatwa ibimenyetso bidasibika biba ku ntoki z’ibikumwe biranga buri muntu ngo bahabwe ibyangombwa bibaranga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, yibukije abayobozi mu karere ka Kirehe ko Umudugudu ari rwo rwego rw’ibanze mu iterambere ry’igihugu bityo bakaba basabwa gukora akazi kabo neza banatanga serivise nziza.
Mukantagara Marcelline w’imyaka 49 akaba atuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu abasha konsa umwana yatoraguye taliki ya 19/6/2013 nyuma yo gutabwa n’uwamwibarutse.
Abagize koperative ikorera mu ivuriro rya Kinyarwanda ryashinzwe mu mwaka wa 1981, baravuga ko imikorere yabo itakibateza imbere bitewe nuko hadutse abantu bacuruza imiti ya gakondo mu isoko rya Mutendeli baturanye mu karere ka Ngoma.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yahagurutse i Kigali yerekeza i Bujumbura mu Burundi aho igiye gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’icyo gihugu ‘Intamba ku rugamba’, umukino uzabera kuri Stade Prince Louis Rwagasore kuwa gatatu tariki ya 5/3/2014.
Nyuma y’imyaka itari mikeya akarere ka Nyaruguru gakorera mu nyubako ntoya yahoze ari iy’icyahoze ari komini Ndago, ubu akarere kamaze kwiyubakira inyubako igezweho mu rwego rwo gukorera mu bwisanzure n’ahantu heza.
Itorero ry’ivugabutumwa rya Westphalia ryo mu gihugu cy’u Budage rikaba rifitanye umubano n’amatorero y’abaporotestanti yo mu Rwanda, ryemereye Ministiri w’intebe w’u Rwanda kuzakomeza gukora mu buryo bwunga abaturage.
Igihugu kirangwa n’isuku, gifite amategeko akomeye ahana icyaha cya ruswa, gifite ibyiza nyaburanga byinshi, ndetse kimaze kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni bimwe mu bintu by’ingenzi Umufaransa Luc COTERELLE yabonye mu Rwanda mu rugendo akomeje kugirira mu bihugu bitandukanye bya Afurika akoresheje moto.
Umukozi ushinzwe gucunga umutungo ku ishuri ryisumbuye rya Munini mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero hamwe n’umufundi wubakaga kuri iryo shuri bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Ngororero aho bakurikiranywe ho kunyereza amarangi yagombaga gusigwa ku mashuri yubakwa kuri icyo kigo.
Umuyobozi w’ibitaro bya Mibirizi Dr Akintije Simba Calliope arasaba abaganga bo muri ibi bitaro kuzirikana ububabare bw’abarwayi bashaka icyakorwa cyose kugirango ufite uburwayi akire vuba aho gutekereza ku gihembo bahabwa.
Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba abafite ubwo bumuga batiga mu mashami ya siyansi atari uko batayashobora, ahubwo ngo biterwa n’uko nta bikoresho byabugenewe bihari abo banyeshuri bakoresha igihe biga ayo masomo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko inzego z’umutekano zikeneye ubumenyi bugezweho kugirango zibashe guhangana n’abakora ibikorwa bihungabanya umutekano ku isi.
Litiro 20 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu mukwabu wakorewe mu kagari ka Kibungo mu midugudu ya Ruhengeri, Nyarugenge, Rusekera yo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera mu gitondo cyo kuwa 3/3/2014.
Akarere ka Nyamagabe kagiye kubaka inyubako yo gukoreramo ijyanye n’igihe hagamijwe kunoza imitangire ya serivisi kugira ngo uzishaka ajye azibonera ahantu hamwe, mu gihe mbere kubera inyubako zitandukanye byajyaga bigora ababagana.
Habyarimana Fulgence w’imyaka 32 ucukura amabuye mu kigo cya MUNSAD Minerals Company gicukura amabuye y’agaciro mu birombe bya Ndago ho mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza, tariki 02/03/2014 yaguye ku gisasu ubwo yari ari guhinga ashaka amabuye mu birombe.
Bamwe mu babona imodoka zitembereza ibicuruzwa ku giciro gihendutse ugereranyije n’ahandi zitwa ‘mobile boutique’, bakeka ko ubu bucuruzi ari akajagari ko kwishugurikira kw’abashomeri babuze imirimo, cyangwa baba bagamije guhangika abantu ibicuruzwa bigiye gusazira mu nganda no mu maduka.
Abamugaye bo mu turere 13 tw’igihugu bagiye guhabwa amagare azabafasha kwifasha no gukora ubuzima bwa buri munsi, igikorwa kigiye gukorwa ku bufatanye bw’imiryango ibiri mpuzamahanga Handicap International na World Vision.
Ubu bufatanye mu kurwanya ibyaha, aba bayobozi ba Polisi z’ibihugu by’u Rwanda, Uganda , Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, babyumvikanyeho mu nama bahuriyemo kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Werurwe ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.