Itorero rya ADEPR yatangaje ko ribabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umwe mu bari abayoboke b’iri torero witabye Imana ari mu masengesho y’iminsi itatu yiyiriza ubusa akayagwamo.
Nyuma y’igihe kirekire bari bamaze binubira ibiciro bya kawa biri hasi, bamwe ndetse bagacika intege zo kuyikorera, muri iyi minsi abahinzi ba kawa bo mu karere ka Rutsiro bavuga ko bashimishijwe n’uko igiciro cyayo cyazamutse, ibyo bikaba byarabongereye ingufu zo kuyitaho.
Rayon Sport yakomeje kwicara ku mwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’u Rwanda nyuma yo gutsinda bigoranye Marine FC ibitego 3-2 mu mukino w’umunsi wa 23 wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu ku wa gatandatu tariki 5/4/2014.
Xiang Junfeng, ukomoka mu gace ka Jimo mu gihugu cy’Ubushinwa ngo amaze imyaka icumi yambara ikanzu ye y’abageni buri munsi kubera ko ngo afata umunsi yambikanyeho impeta n’umukunzi we nk’umunsi imurutira indi mu buzima.
Urubyiruko ruri mu rugaga rw’urubyiruko rwa FPR Inkotanyi ruhagarariye urundi mu Ntara y’Ubungerazuba kuva kuri uyu wa 5 Mata 2014 rwahuriye mu Karere ka Karongi aho rurimo kuganirizwa mu gihe cy’iminsi ibiri ku ngingo zinyuranye zikangurira urubyiruko kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu no kukibungabungira (…)
Ururbyiruko rw’abasore n’inkumi bibumbiye mu ihuriro ryiswe The Bright Way rifite icyicaro mu karere ka Nyanza ryahurije hamwe urubyiruko rusanga 300 rirwibutsa ko rutirinze icyorezo cya SIDA cyahitana benshi muri rwo.
Umuhanzi Diplomate wamamaye mu Rwanda mu minsi yashize yasuye urubyiruko rwa Nyamasheke tariki 02 Mata 2014, arubwira ko azutse kandi ko azanye ingufu zikomeye zizatuma arenga urwego yari agezeho agakuba kabiri.
Mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye tariki 04/04/2014, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yisobanuye ku bihano asabirwa n’umuvunyi aho yagaragaje ko amakosa aregwa atariwe wayakoze ahubwo yakozwe n’abakozi ayobora.
Nyirabagenzi Elevaniya, umukecuru utuye mu mudugudu w’Akinyenyeri mu kagari ka Cyinzovu mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza ari mu bantu bakuze cyane mu Rwanda, kuko ngo yavutse umunsi umwe mbere y’uko intambara yitiriwe Rucunshu itangira.
Mu rwego rwo kuvugurura inyubako zo mu kigo cyigisha ubumenyingiro IPRC-South, hakozwe inyigo y’inyubako nshya zizaba zikirimo. Igishushanyombonera cyashyizwe ahagaragara ku itariki ya 4/4/2014, nigishyirwa mu bikorwa uko cyakabaye bizatwara amafaranga asaga miliyari zisaga 100.
Abakora igendo z’indege mu karere ka Rusizi biganjemo abacuruzi barishimira ko RwandAir yabagejejeho indenge nshya. Batangaza ko kubona iyo ndege bisubije ibibazo bahugaraga nabo, aho baburaga uko batwaba ibyo baranguye i Kigali kandi basabwa kwihuta.
Ikipe y’akarere ka Nyagatare yatangiye imikino ya gicuti, mu rwego rwo kwitegura kwinjira mu kiciro cya kabiri mu kwezi kwa cyenda. Iyi kipe yiswe Nyagatare FC yakinnye umukino wa gicuti na Kiyovu Sport.
Abaturage bemeza ko insakazamashusho zashyizwe hirya no hino mu mirenge zibafasha kutarambirwa igihe bategereje guhabwa serivisi, no kumenya amakuru abera mu gihugu no kwigira ku bandi bantu biteje imbere.
Abanyeshuri biga mu kigo cya Saint Paul international School bageneye inkunga igizwe n’ibiribwa n’imyenda abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bari mu karere ka Ngoma mu murenge wa Zaza.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yafashe ingamba zizatuma akarere ka Rubavu gashobora kubaka urwibutso rwa Komini Rouge, no gushyingura mu cyubahiro imibiri yatawe mu byobo bihari nyuma y’imyaka 20 bitarabasha gukorwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, aratangaza ko kuba umubare w’abaturage bafite ubwisunane mu buvuzi bwa mitiweli ukiri hasi biterwa no kuba abayobozi bo muri iyi ntara basa nk’abakora ibyo badasobanukiwe.
Itorero rya ADPR ryateye intambwe mu gucyemura bimwe mu bibazo bimaze iminsi birirangwamo, ryiyunga Hon. Edouard Bamporiki, umwe mu bayoboke bari bamaze igihe kinini batarebana neza, biyemeza gukorera hamwe mu guteza iri torero imbere.
Minisitri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, atangaza ko kuva mu ntangiriro za 2015 gahunda yo guteza imbere ba rwiyemezamirimo bakiri bato izwi nka “Hanga umurimo” izegurirwa uturere tukaba ari two tuzajya tuyitegura.
Intara y’Uburengerazuba yafashe igihingwa cya kawa, kimwe mu bihingwa bifatiye runini ubukungu bw’igihugu, ikigenera icyumweru cyihariye cyo kuyitaho.
Icyambu cya Dar Salam muri Tanzania, kigiye gushyirwaho indi gasutamo ihuriweho n’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y;Iburasirazuba (EAC), nyuma yo kubona ko iyo ku cyambu cya Mombasa muri Kenya yashobotse.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), Issa Hayatou, azagera mu Rwanda ku cyumweru tariki 6/4/2014, eje kwifatanye n’Abanyarwanda muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe mu bayirokotse bo mu murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi barashimira Umunyekongo witwa Cyiza Patrick wakoreraga muri uyu murenge icyo gihe, kubera umutima wa kimuntu yabagaragarije abahisha kugeza abacikishije akabajyana i Burundi.
Urubyiruko rukora ibijyanye n’ikoranabuhanga rwibumbiye mu muryango Young ICT Enterpreneurs rwatangije igikorwa kizamara iminsi 100, kigamije gukusanya inkunga yo gufata mu mugongo incike zasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu rwego rwo gukusanya amakuru no gukemura ibibazo by’abaturage ku buryo bwihuse, akarere ka Gisagara kashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwitwa e-kayi, bugakoreshwa hatangwa amakuru kuva mu nzego zo hasi kugera ku karere ndetse n’umuturage akabasha kureba imyanzuro ku kibazo cye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko umutekano wifashe neza muri ako karere ariko bugasaba abaturage kutirara ahubwo bagafata iya mbere mu kuwubungabunga kuko iyo bawufite barushaho kwiteza imbere.
Polisi ikorera mu murenge wa Gatunda akarere ka Nyagatare yabashije guta muri yombi Bizimungu Felicien bahimba Bazakira wari wakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu.
Nyuma yo gusezererwa mu mikino mpuzamahanga itsinzwe na Difaa El Jadida yo muri Maroc muri 1/8 cy’irangiza, AS Kigali yagarutse mu Rwanda, ndetse kuri uyu wa kane tariki ya 3/4/2014, ikaba yakinnye umukino w’ikirarane na Gicumbi FC iyitsinda ibitego 2-1.
Mu ishuri rikuru rya Indangaburezi College of Education “ICE” riherereye mu karere ka Ruhango hatangijwe umuryango wa AERG, mu rwego rwo gukomeza kwita kubana bagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994.
Abahanzi biyise ibyamamare bya Nyamasheke (Nyamasheke all stars) bakoze indirimbo bashyize hamwe bayita “indongozi”. Aba bahanzi bavuga ko nta bundi buryo bafite bwo gushima ibyiza akarere kabo kamaze kugeraho atari ukubiririmba no babiratira abahandi batabizi.
Bamwe mu bafite insyo zisya imyaka muri centre ya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinjanya kubangamirana mu bucuruzi, aho bamwe bavuga ko mugenzi wabo yanze ko bimukira ahandi kugira ngo agumane isoko wenyine.
Abaturage mu murenge wa Bushekeri bamaze iminsi bahangayikishijwe n’ahantu hacukurwa amabuye Abashinwa bifashisha mu gukora umuhanda uva i Rusizi ugana i Karongi kuko bibasenyera amazu bikabateza n’izindi mpanuka.
Mu gihe abaturage bakoze imirimo yo kubaka laboratoire ebyiri zo kwigishirizamo amasomo ngiro ku ishuli ryisumbuye rya SOPEM Rukomo bavuga ko bambuwe amafaranga bakoreye, ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutezimbere uburezi (REB) buvuga ko bitarenze impera z’uku kwezi iki kibazo kizaba cyavugutiwe umuti.
Gereza ya Nyanza izwi ku izina rya Mpanga ikaba iherereye mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abanyamerika biganjemo Abayahudi barokotse Jenoside mu gihe Ubudage n’uburayi byari byigaruriwe na Adolphe Hitler.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye mu kigo cy’amashuri cya E.S.Gahunga giherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, mu ijoro rishyira tariki ya 03/04/2013 yafashwe n’abanyerondo amaze gukuramo inda y’amezi atanu maze bamushyikiriza Polisi y’u Rwanda ikorera muri uwo murenge.
Dunia Anathalie ufite ubumuga bwo kutabona ukomoka mu Murenge wa Remera ho mu Karere ka Musanze amaze imyaka ibiri acuruza imboga, inyanya n’ibijyanye na boutique, ibi bimubeshejeho kandi hari intambwe igaragara amaze gutera mu mibereho ye.
Kuri uyu wa kane tariki 3 Mata 2014, mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gashali habaye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarekane 296 zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Abanyapolitiki baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nabo bazibukwa ukwabo kuko bazize kudashyigikira ibyakorwaga na politiki y’icyo gihe, nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali.
Mu rugendo rw’iminsi umunani abasirikare bakuru 21 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bagirarira mu Rwanda, batangaza ko kuza kwigira mu Rwanda basanga hari byinshi bakunguka mu kwicyemurira ibibazo kurusha uko bajya hanze y’Afurika.
Ubwo Nyiributungane Papa Fransisiko yakiraga abepisikopi bo mu Rwanda bari mu rugendo i Vaticani kuri uyu wa kane tariki ya 03/04/2014, yabasabye gushyira imbere ubutumwa bukangurira Abakirisitu bo mu Rwanda ubwiyunge no koroherana. Papa Faransisiko yagize ati: “Ubwiyunge no komora ibikomere ni ikintu Kiliziya Gatolika yo mu (…)
Kuri uyu wa Kane taliki 03/04/2014, Banki y’Isi yashyikirije u Rwanda inkunga ingana na miliyoni mirongo itandatu z’amadorari ya Amerika (US $60M), hafi miliyari 42 z’amafaranga y’u Rwanda, azafasha mukubaka imihanda no kuvugurura ubuhinzi mu turere 4 tw’igihugu.
Kuri uyu wa kuri uyu wa 03 mata 2014 mu murenge wa Gakenke, inzu y’igikoni y’uwitwa Hakizimana utashatse kumenyekana amazina yombi kibasiwe n’inkongi y’umuriro bivugwa ko wabaye mwinshi mu gikoni mu gihe nta muntu wari uhari maze bikagera ku ntsinga z’amashanyarazi.
Abayobozi b’amatorero ya gikirisitu mu Rwanda bemeranyijwe ko kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi bizarangwa n’ibikorwa byihariye by’abakirisitu, harimo urugendo rwo kwibuka ruzava ahuntu hafite amateka yihariye, inama n’ibiganiro ndetse n’amasengesho, byose byahariwe gushima Imana.
Ishyaka Green Party ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ryamaze kwemererwa kwinjira mu ihuriro ry’imitwe ya politiki ikorera mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 3/4/2014, nyuma yo kubisaba n’ubwo ryari ryabanje kunenga imikorere y’iri huriro.
Abacuruza ibiribwa bitandukanye mu murenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi barasaba ubuyobozi bw’akarere ko bwabarenganura kuko birukanwe aho bari basanzwe bakorera mu buryo bubatunguye kandi isoko rusange bakoreragamo mbere riracyari kubakwa.
Ubwo hakinwaga imikino ibanza ya ¼ cy’irangiza muri UEFA Champion’s League, tariki 01-02/04/2014, Barcelone ntiyabashije kuhatsindira iwayo Atletico Madrid binganya igitego 1-1, na Manchester United inganya na Bayern Munich igitego 1-1.
Habimana Theoneste w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro avuga ko mbere yemeraga Faustin Twagiramungu ndetse akajya agendana ifoto ye, ariko muri iyi minsi akaba amufata nk’ikigarasha kimwe n’abandi bose barwanya Leta y’u Rwanda nyuma yo kumenya amakuru ko Twagiramungu yatangaje ko yifatanyije na FDLR ku mugaragaro.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangiza itorero muri Kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi taliki 02/04/2014 yatangaje ko ULK ishimirwa kuba intangarugero mu gutangiza Kaminuza yigenga mu Rwanda bijyanye n’indangagaciro z’Ubunyarwanda.
Ibiyobyabwenge hamwe n’ibiti by’imishikiri byafashwe guhera mu mwaka ushize byangiririjwe mu ruhame rwigangjemo urubyiruko rw’abanyonzi n’abamotari mu rwego rwo kubakangurira kubirwanya no kubyirinda no kuba bavuga aho babibona.
Umusore w’imyaka 21 witwa Bazibaza yatawe muri yombi na polisi ku gicamunsi cyo kuwa kane tariki ya 02 Mata 2014, akekwaho gusambanya ku ngufu no kwambura umugore w’imyaka 43 mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 01 Mata 2014.