Minisitiri w’uburezi, Dr. Vincent Biruta, atangaza ko Urumuri Rutazima rw’icyizere ari urumuri rumurikira Abanyarwanda mu rugendo rwo kwiyubaka, bimika Ubunyarwanda kandi bubaka u Rwanda rwiza bazasigira abazabakomokaho.
Umwana w’imyaka 7 witwa Nizeyimana Fils wo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi ahita apfa ubwo abo bari kumwe barimo bamuhererekanya nuko arabacika agwa mu mazi ahita atwarwa arapfa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yabeshye mu nama mpuzabikorwa y’akarere yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2014 maze bibyutsa andi makosa yakoze, akaba agiye kuzafatirwa umwanzuro hakurikijwe uko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikurikirana.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gishinzwe guteza imbere ishoramari mpuzamahanga aricyo ‘Overseas Private Investment Corporation (OPIC), Madam Elizabeth L. Littlefield, aratangaza ko icyo kigo kigiye gukorana n’abashoramari ndetse n’abikorera mu gushora imari mu Rwanda.
Mu mudugudu wa Nyamiyaga wo mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza, tariki 26/02/2014, hatoraguwe umurambo w’umusore wari mu kigero cy’imyaka 16 witwa Claude waragiraga inka.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagomba gutuzwa mu karere ka Nyamagabe bagicumbikiwe by’agateganyo mu murenge wa Gatare, barasaba ko imyiteguro yo kujyanwa gutuzwa hirya no hino mu mirenge yakwihutishwa bakagerayo vuba kugira ngo batangire urugamba rw’iterambere nk’abandi Banyarwanda.
Ntanga Emmanuel w’imyaka 62 y’amavuko yahitanwe n’impanuka y’imodoka itwara abagenzi tagisi minibus yabereye mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Nyamata Ville mu mudugudu wa Nyabivumu mu karere ka Bugesera.
Aborozi bo mu karere ka Kirehe bitwaye neza bahembwe n’umuryango utegamiye kuri Leta ushinzwe guteza imbere abaturage mu bikorwa bijyanye n’ubworozi bw’amatungo, kurwanya imirire mibi no kurengera ibidukikije (HPI) ufatannije n’umushinga uteza ubuhinzi n’ubworozi mu karere ka Kirehe (KWAMP) ku bufatanye n’akarere ka Kirehe.
Abaturage b’i Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana baravuga ko koperative yabo yo kubitsa no kugurizanya (SACCO Fumbwe) ishobora kugwa mu gihombo bitewe n’uko Perezida wa SACCO akingira ikibaba umucungamari wayo w’umukobwa.
Mu gitaramo kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda cyahuje abantu babarizwa mu matorero n’amadini anyuranye akorera mu mujyi wa Butare tariki 26/2/2014, Minisitiri w’umutekano Musa Fazili Harerimana yasobanuye ko iyo gahunda ari ingabo y’umutamenwa y’u Rwanda.
Abatuye umujyi wa Kigali bagiye gutangira gukangurirwa kugira umuco wo kwigira biciye mu bayobozi b’ibanze, mu rwego rwo kubasha kwiteza imbere no guteza imbere imiryango yabo n’igihugu muri rusange.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro ikigo cyita ku bahuye n’ihohotera rishingiye ku gitsina (Isange One Stop Center) cyubatse ku bitaro bikuru bya Nyagatare, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame yibukije ko gutabariza uwahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari inshingano za buri muturarwanda.
Kuri uyu wa kane tariki ya 27/3/2014, ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu bagore yerekeje i Nairobi muri Kenya, aho igiye gukina n’ikipe ya ho umukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Inama y’umutekano yo mu karere ka Rusizi yafashe icyemezo ko bitarenze tariki 15/03/2014, ku bigo by’amashuri n’ahandi hantu hahurira abantu benshi hazaba hageze imirindankuba mu rwego rwo kugabanya ipfu n’inkomere bya hato nahato biterwa n’izo nkuba.
Uretse ikipe ya Chelsea yabashije kunganyiriza mu gihugu cya Turukiya na Galatasaray 1-1, andi makipe yose y’Ubwongereza yatsinzwe n’ayo byahuye muri 1/8 cy’irangiza mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Mu bahanzi 15 batoranyijwe kuzahatanira kwinjira mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 4 harimo Knowless, Paccy wamenyekanye ku ndirimbo “Fata Fata” na Teta Diane wamenyekanye cyane mu ndirimbo ye “Canga ikarita”.
Umugabo witwa Niyigaba Rodrigue w’imyaka 25 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera azira gufatanwa ibiti 10 yari yarahinze mu kibanza cy’inzu ye.
Abagabo babiri barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo kugwirwa n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ubwo bayacukuraga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Nemba mu mudugudu wa Muyoboro mu karere ka Bugesera.
Ntabanganyimana Yohani w’imyaka 61 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibaruwa yandikiye FDLR ikubiyemo intashyo, izina rishya yifuza ko FDLR yakwitwa, ndetse ayemerera n’ubufasha burimo kuyishakira abayoboke.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi barishimira ko ubwato bahawe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubu bukora neza nyuma yo gushyirwaho moteri ijyanye na bwo nk’uko byari mu masezerano y’uwabwubatse.
Mu bitaro bya Kabgayi biri mu karere ka Muhanga hari abarwayi bavuga bari guhura n’imbogamizi zo kubona imibereho kuko bamaze igihe kinini barwariye muri ibi bitaro kandi imiryango yabo yarabataye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, muri iki cyumweru zatangije igikorwa cy’umuganda aho zasukuye uduce dutandukanye tw’aho zikorera muri icyo gihugu.
Umukino wo kwishyura uzahuza ikipe ya Kenya y’abagore n’iy’u Rwanda uzabera kuri Kenyatta Stadium iherereye mu gace kitwa Machakos muri Kenya ku cyumweru tariki ya 1/3/2014.
Abasore batatu bose bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko bakomoka mu mirenge ya Gihango na Ruhango yo mu karere ka Rutsiro bari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano no gukorana na FDLR.
Muri gahunda y’ibiganiro byakozwe hagati y’ubuyobozi bwite bw’akarere ka Nyanza n’ubuyobozi bw’urwego rw’abikorera muri aka karere ngo hagaragajwe ko mu cyerekezo 2020 u Rwanda rwihaye abikorera aribo bazaba bayoboye igihugu.
Ikondera Company Ltd yatsindiye isoko ryo gukora isuku mu mujyi wa Kigali yaguze imodoka ebyiri izajya yifashisha mu gukubura imihanda no kuyikoropa ari nako igenda iyora iyo myanda ku buryo bworoshye byose bikozwe n’izo modoka.
Ibitaro bya Gisirikare biri i Kanombe, ku bufatanye n’abavuzi b’abakorerabushake bo muri Amerika bitwa “Face the Future Foundation”, bakomeje igikorwa ngarukamwaka cyo gusana abafite indwara zikomeye z’ibice byo ku mutwe n’ijosi.
Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) n’abafatanyabikorwa bayo bari kwiga uburyo bunoze bwo gukurikirana no gukemura ibibazo bijyanye n’abantu binjira mu Rwanda cyangwa basohoka mu kivunge kandi batunguranye.
Minisitiri w’imari w’Igihugu cya Suwede, Anders Borf, aratangaza ko igihugu cye kigiye kongera kurekura amafaranga y’inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda umwaka ushize.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yageze i Kinshasa ku gicamunsi cya taliki 25/2/2014 mu nama y’umuryango w’isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika yo hagati n’iburasirazuba (COMESA).
Umugore umwe yapfuye naho abandi bantu 5 bakomerekera mu mpanuka y’imodoka yabereye mu ishyamba rya Nyungwe, ubwo Toyota Coaster ya Agence “Impala Express” yavaga Rusizi yerekeza i Kigali, yarengaga umuhanda mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki 26/02/2014.
Abakinnyi 23 bahamagawe n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Nshimiyimana Eric, kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/2/2014 batangiye umwiherero wo gutegura umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda n’u Burundi tariki 5/3/2014 i Bujumbura.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yabwiye abayobozi b’inzego zinyuranye zo mu ntara ayobora ko ari inshingano zabo guharanira ko abo bayobora bagira ubuzima buzira SIDA.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje ukwezi kwahariwe imiyoborere ari na ko hakorwa ibikorwa bitandukanye birimo no gukemura ibibazo by’abaturage, ubu hari no kugenzurwa uburyo imitangire ya service imeze mu bigo bya Leta ndetse n’abikorera.
Muri iyi minsi mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero haravugwa imiryango imaze igihe iharaye gushyingira rwihishwa abakobwa babo mu gihugu gituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakaba basabwa kubyitondera.
Hakizimana Jean Bosco ushinzwe uburezi mu Karere ka Gakenke atangaza ko abarezi bazagaragaho ko bagize uruhare mu buriganya bwo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta bazabibazwa.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatandatu mu ishami ry’amashanyarazi ku Ishuri Ryisumbuye rya APRODESOC-Nemba mu Karere ka Gakenke, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 25/02/2014 bigaragambije kubera kutiga neza bahanishwa icyumweru bari iwabo maze bajya ku karere kwibariza ikibazo cyabo.
Mukampabuka Liberatha w’imyaka 66 n’umwisengeza we witwa Tuyishime w’imyaka 13 batuye mu Kagali ka Kirebe mu Murenge wa Karambo ho mu Karere ka Gakenke batewe n’abantu bataramenyekana babahonda ibyuma mu mutwe babasiga ari intere.
Abagabo babiri, umwe w’imyaka 36 n’undi w’imyaka 34 hamwe n’umukobwa w’imyaka 27 bafatiwe mu kagari ka Mbyo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera barimo kugurisha imodoka yinjurano.
Umusore witwa Nzitakuze Ildephonse wo mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi ikorera muri uyu murenge azira gukubita nyina ikibando mu mutwe akamukomeretsa bikabije.
Mukarumongi Frida utuye mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza arahumuriza Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya, abizeza ko bazabaho neza kuko inzira banyuzemo na we yayinyuzemo ariko ubu akaba afite imibereho myiza nyuma yo kugera mu Rwanda.
Mariya Uwimana wo muri koperative “Beninganzo” y’abasigajwe inyuma n’amateka, ikorera mu kagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga, aratangaza ko amaze kuzenguruka ibihugu byose byo mu karere k’Afurika y’iburasirazuba abikesha ububumbyi gusa.
Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, na ba bamwe mu basirikare bakuru b’ingabo z’u Rwanda tariki 25/02/2014 basuye uruganda rwa Nyanza Dairy Plant rutunganya ibikomoka ku mata mu rwego rwo kureba imikorere yarwo ndetse n’aho imirimo yo kurwagura igeze ishyirwa mu bikorwa.
Umuyarwanda Jean Nepomusecene Sibomana yatorewe kuyobora ihuriro ry’urubyiruko rwo mu muryango wa Afurika y’Iburasurazuba (East African Youth Forum) rigizwe n’ibihugu icyenda.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’umushinga wa HELPAGE wari umaze imyaka 10 ukorera mu karere ka Rusizi no kurebera hamwe uko ibyagezweho bibungwabungwa, umuyobozi w’akarere ka Rusizi yasabye abayobozi b’imirenge gukangurira abagenerwabikorwa gufata neza ibikorwa uyu mushinga wabagejejeho.
Bamwe mu bacuruza ibyo mu bukorikori n’ubugeni, baratangaza ko bahura n’ikibazo cy’uko Abanyarwanda babereka ko bakunze ibikorwa byabo ariko bakarenga bakagura ibinyamahanga kandi kenshi biba bitaruta ibyabo.
Nyuma y’iminsi ine Nkurikiyumukiza Innocent wigaga kuri E.S. Kagogo mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, arohamye mu kiyaga cya Burera akaburirwa irengero, umurambo we wabonetse mu gitondo cyo ku itariki ya 25/02/2014.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), bagiranye ibiganiro byari bigamije kubasobanurira gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" no kubasobanurira amateka nyakuri y’u Rwanda.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ifite purake RAC 650 L, yakoze impanuka irenga umuhanda igwa igaramye gusa ku bw’amahirwe nta muntu wahaguye kuko hakomeretsemo abantu 2 mu bantu 17 bari bayirimo.