Umuyobozi w’ibitaro bya Mibirizi Dr Akintije Simba Calliope arasaba abaganga bo muri ibi bitaro kuzirikana ububabare bw’abarwayi bashaka icyakorwa cyose kugirango ufite uburwayi akire vuba aho gutekereza ku gihembo bahabwa.
Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba abafite ubwo bumuga batiga mu mashami ya siyansi atari uko batayashobora, ahubwo ngo biterwa n’uko nta bikoresho byabugenewe bihari abo banyeshuri bakoresha igihe biga ayo masomo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko inzego z’umutekano zikeneye ubumenyi bugezweho kugirango zibashe guhangana n’abakora ibikorwa bihungabanya umutekano ku isi.
Litiro 20 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu mukwabu wakorewe mu kagari ka Kibungo mu midugudu ya Ruhengeri, Nyarugenge, Rusekera yo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera mu gitondo cyo kuwa 3/3/2014.
Akarere ka Nyamagabe kagiye kubaka inyubako yo gukoreramo ijyanye n’igihe hagamijwe kunoza imitangire ya serivisi kugira ngo uzishaka ajye azibonera ahantu hamwe, mu gihe mbere kubera inyubako zitandukanye byajyaga bigora ababagana.
Habyarimana Fulgence w’imyaka 32 ucukura amabuye mu kigo cya MUNSAD Minerals Company gicukura amabuye y’agaciro mu birombe bya Ndago ho mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza, tariki 02/03/2014 yaguye ku gisasu ubwo yari ari guhinga ashaka amabuye mu birombe.
Bamwe mu babona imodoka zitembereza ibicuruzwa ku giciro gihendutse ugereranyije n’ahandi zitwa ‘mobile boutique’, bakeka ko ubu bucuruzi ari akajagari ko kwishugurikira kw’abashomeri babuze imirimo, cyangwa baba bagamije guhangika abantu ibicuruzwa bigiye gusazira mu nganda no mu maduka.
Abamugaye bo mu turere 13 tw’igihugu bagiye guhabwa amagare azabafasha kwifasha no gukora ubuzima bwa buri munsi, igikorwa kigiye gukorwa ku bufatanye bw’imiryango ibiri mpuzamahanga Handicap International na World Vision.
Ubu bufatanye mu kurwanya ibyaha, aba bayobozi ba Polisi z’ibihugu by’u Rwanda, Uganda , Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, babyumvikanyeho mu nama bahuriyemo kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Werurwe ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.
Indwara ya virusi y’inzuzi “cucumber mosaic virus” ni imwe mu zibasira imbuto ya maracuja cyangwa se amatunda zikunze guhingwa na benshi, ziribwa zikiri imbuto cyangwa zigakorwamo n’umutobe.
Umugore witwa Uwambajimana Chantal yataye umwana we w’amezi abiri ku mugabo we witwa Baziruwiha Vincent maze arigendera, ibyo bikaba byabereye mu Murenge wa Ngeruka mu kagari ka Gahembe mu mudugudu wa Nyakariba mu karere ka Bugesera.
Mu nteko y’abaturage ihuza ubuyobozi mu nzego zitandukanye n’abaturage b’akarere ka Ruhango yateranye tariki ya 28/02/2014, abayobozi b’imidugugudu igize aka karere biyemeje gukemura ikibazo cy’umutekano mucye batangira amakuru ku gihe.
Abagororwa 50 bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bafunguwe mu gitondo cyo kuwa 02/03/2014 nyuma yo guhabwa imbabazi n’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa mbere bikaba byarasohotse mu igazeti ya Leta tariki 27/02/2014.
Valens Ndayisenga na Girubuntu Jeanne d’Arc nibo begukanye imyanya ya mbere mu bagabo no mu bagore mu isiganwa ry’amagare ryiswe ‘Farms Circuit’ ryabereye mu ntara y’Iburasirazuba ku wa gatandatu tariki ya 1/3/2014.
Mu gihe Abanyarwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside y’akorewe Abatutsi, abarokotse Jenoside mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, barasaba ko hagira igikorwa kugirango Abarundi bagize uruhare runini mu kwica Abatutsi mu gace k’Amayaga bashyikirizwe ubutabera nabo baryozwe ubugome bagaragaje.
Abaturage bo mu gasantere ka Duwani mu kagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi ho mu karere ka Gisagara bavuga kutagira umuriro w’amashanyarazi bidindiza iterambere ryabo, kandi bakaba bafite ikibazo cy’uko badahabwa umuriro nyamara bamaze imyaka ine bishyuye amafaranga bawubagezeho.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru, yakomeje mu marushanwa yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo gusezerera Kenya mu buryo bugoranye mu mukino wo kwishyura wabereye i Machakosa muri Kenya ku cyumweru tariki ya 2/3/2014.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abayobozi ba Polisi z’ibihugu byo ku isi, Yousry (Yost) Zakhary, yasuye Polisi y’u Rwanda ku cyumweru tariki 02/03/2014 ashima ibyo imaze kugeraho birimo kubungabunga umutekano, kongerera ubumenyi abakozi bayo ndetse n’ubufatanye n’imiryango inyuranye ihuje Polisi z’ibindi bihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba umujyi w’aka karere ugaragaramo abarwayi bo mu mutwe benshi, byaba biterwa n’uko baba bahakunda kurusha ahandi ugereranije n’agace aka karere gaherereyemo.
Umuyobozi wungirirje mu nteko nyarwanda y’ururimi, Dr Kayishema Jean Marie Vianney, arihanangiriza ibigo by’amashuri usanga babuza abanyeshuri kuvuga Ikinyarwanda igihe bari ku ishuri ngo babashe kumenya izindi ndimi z’amahanga.
Mu mudugudu wa Nyarucyamo mu kagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye wo mu mujyi wa Muhanga, habereye impanuka ebyiri zikurikiranye zikomeretsa bikomeye abari mu modoka zitandukanye.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga bakomeje gusaba ubuyobozi bw’akarere ko bwajya bubafasha bakamenyeshwa igihe umuriro w’amashanyarazi ugendera kugirango babyitegure ariko ubuyobozi ngo ntibushobora kubivuga ku bw’umutekano wabo.
Ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), yatsinze ikipe ya Al Ahly Shendi yo muri Sudan igitego 1-0 mu mukino ubanza wabareye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki ya 1/3/2014.
Ubwo Abanyagakenke bakiraga urumuri rutazima rw’icyizere tariki 01/03/2014, bijejwe ko ubuyobozi bubi bwakanguriye abenegihugu gukora Jenside butazongera kubaho mu Rwanda.
Abayobozi mu karere ka Nyarugenge barasabwa kumvisha no gufasha ubuyobozi bw’inzego bakuriye kugira igaciro imbere y’abaturage, kugirango babagirire icyizere kugeza no ku rwego rw’umudugudu.
Umuryango nyafurika w’abayobozi b’abanyeshuri muri za kaminuza (Africa Youth Leadership Forum/AYLF) ryitabiriye amasengesho n’inyigisho byabereye i Kigali ku wa gatandatu tariki 01/3/2014; ryigishijwe ko umuntu utagira indangagaciro nzima ahinduka ikibazo ku bantu, yaba ari umuyobozi ho ngo ibintu bikarushaho kuzamba.
Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame arasaba abagore kuba umusemburo w’iterambere, bakorera hamwe, barushaho gukora imishinga minini, bagamije kwihangira imirimo no gutanga akazi ku bandi.
Abafatanyabikorwa batandukanye bafite inshingano zo gukurikirana imihanda izagera ku rugomero rwa Rusizi III ruzatanga amashanyarazi rutangire kubakwa, batangaza ko iki gikorwa kiri kugenda neza.
Ruhango Rice Mill, uruganda rutunganya umusaruro w’umuceri ruri mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Nyamagana, rwahagaritswe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kubera ko rutagira ibikoresho bidahagije.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Rutare wo mu karere ka Gicumbi rwashishikarijwe kwirinda gutwara inda zitateganyije binyujijwe mu kwigishwa kubuzima bw’imyororokere yabo n’Umuryango Imbuto Foundation.
Aborozi bigabiza ishyamba ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rya Karama mu karere ka Bugesera, basabwe kuvana ibikumba yabo muri iryo shyamba bitarenze ukwezi kwa kabiri.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza bavuga ko bifuza Radiyo ya Kigali Today Ltd yazarushaho kwegera abaturage mu byaro, aho gukorera mu mujyi wa Kigali gusa nk’uko bagiye babibona kuri zimwe muri radiyo zikorera mu Rwanda.
Abaturage baturiye igishanga cya Rugezi, kiri mu karere ka Burera ndetse na Gicumbi, barashishikarizwa kukibungabunga uko bikwiye kuko gifitiye akamaro gakomeye u Rwanda n’isi muri rusange.
Muri gahunda yabo yo gusura ibigo by’amashuri y’isumbuye y’icyitegererezo mu Rwanda,komisiyo y’abadepite mu nteko ishingamategeko ifite uburezi munsingano yasuye ikigo cya Lyce de Zaza maze yishimira uburyo gicunzwe.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko hari imishinga bakora yamara kwemerwa amabanki akayihera abandi bantu. Barabivuga nyuma y’ubukangurambaga ku kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga ihabwa inguzanyo ku ngwate y’ikigega BDF (Business Development Fund).
Bamwe mu banyamakuru bakunze gukorana n’urwego rw’akarere ka Muhanga bahashaka amakuru, bavuga ko bagorwa cyangwa bakimwa amakuru na bamwe mu bayobozi n’abakozi muri aka karere, ariko umuyobozi w’aka karere, Yvonne Mutakwasuku, yemeza ko uzabifatirwamo azakuriranwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje abaturage bo muri Rulindo ubufasha bwo guteza imbere byihuse umusaruro uva muri ako karere, harimo uw’ibihingwa by’ikawa, marakuja, ingano, ibiva ku bworozi ndetse no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Umuryango Imbuto Foundation wakoze igikorwa cyo gukangurira abatuye umurenge wa Kanyinya muu karere ka Nyarugenge, umujyi wa Kigali, ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere no kwipimsha ku bushake, kuri uyu wa Gatanu tariki 28/2/2014.
Radio y’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd yumvikana ku murongo wa 96.7 FM, kuri uyu wa 01/03/2014, iratangira kubagezaho amakuru acukumbuye, ibiganiro byubaka bigaragaza imiberereho y’abaturage mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) na Banki nkuru y’igihugu (BNR), baratanngaza ko umubare w’abamaze kuguriza Leta amafaranga mu buryo bwo guhabwa impapuro z’agaciro (Treasury Bond) igeze ku kigereranyo gishimishije.
Ubwo umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yasuraga akarere ka Nyamagabe tariki ya 19/02/2013, yasezeranije abaturage bako ubufasha mu nzira igana ku iterambere ryabo n’akarere kabo, ariko abasaba gushyiraho akabo ngo kuko inkunga iza yunganira abagize icyo bakora.
Ikibazo cy’abahigi bo muri Congo bamaze iminsi bafatirwa mu karere ka Rusizi bavuga ko baje guhiga cyagarutsweho n’inzego z’umutekano zikorera muri aka karere aho abantu bibaza inyamaswa baba baje guhiga kandi basize amashyamba akomeye iwabo.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Professeur Shyaka Anastase aratangaza ko imikoranire myiza iri hagati y’akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako (JADF) igaragaza imiyoborere myiza.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Ingabo Nyafurika muri Centrafrique (RCA) tariki 27/02/2014, zakoranye inama n’abaturage bo mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui ari na ko zikora amarondo ahitwa Miskine, mu rwego rwo kurushaho kubacungira umutekano nabo babigizemo uruhare.
Ingabo z’u Rwanda zashoje igikorwa cyo gusimburanya abasirikare 850 bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) muri Sudani y’Epfo. Icyiciro cya nyuma cy’izo ngabo ziyobowe na Col David Bukenya Ngarambe bageze ku kibuga mpuzamahanga i Kigali tariki 27/02/2014 ku gicamunsi.
Nzakamwita Celestin w’imyaka 44 y’amavuko yarohamye mu ruzi rw’akagera maze arapfa. Ibi byabereye mu mudugudu wa Rubumba, mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera tariki 28/02/2014.
Nsanzabugabo Sylivere w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kagoma I mu kagari ka Kibingo, mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yasanzwe iwe mu rugo yitabye Imana kuri uyu wa 28 Gashyantare 2014.
Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 n’ikigo IPAR bugaragaza ko igihugu cy’u Rwanda gihomba akayabo ka miliyoni 40 z’amadolari bitewe n’uko abatanga serivisi banyuranye badatanga serivisi nziza ku babagana.
Ubuyobozi burashimira abafatanyabikorwa b’akarere ka Muhanga uburyo bamaze kuzamura aka karere ugereranije n’aho kari kari mu myaka ishize.