Mbilima: Aho Umwami Mibambwe III Sentabyo yabaye i Mbilima na Matovu bifuza ko amateka yaho atasibangana burundu

Aho umwami Mibambwe wa III Sentabyo yabaye i Mbilima na Matovu hagati yo mwaka wa 1741 na 1746, haracyagaragara bimwe mubiti yaba ibyari ku marembo n’ibindi byari uruzitiro.

Bamwe mu basaza bahaturiye basaba ko kuba hano hantu haba nyaburanga ku buryo amateka ahasigaye yasigasirwa, kugira ngo ntazasibangane burundu, kuko hari amateka menshi akomeye yagiye aranga uburyo abami bari babayeho mu bihe byabo.

Mutazihana Leodomir yerekana bimwe mubiti bisigaye aho umwami Mibambwe yabaga.
Mutazihana Leodomir yerekana bimwe mubiti bisigaye aho umwami Mibambwe yabaga.

Raphael Mugaragu wo mukagari ka Mbilima mu Murenge wa Coko avuga ko I Mbilima na Matovu amateka yaho yagiye ayabwirwa n’abasekuru be kandi bakaba baramubwiye ko hatuye Umwami Mibambwe III Sentabyo akaba yarahaciraga n’imanza.

Mugaragu akomeza avuga ko uretse kuba umwami yarakiraga imanza hari naho yakiriraga abashitsi nahandi yakiriraga ibibazo by’abaturage hitwaga “ ku ntebe y’ingoma.”

Mugaragu yongeraho ko umwami yabanaga neza n’abaturage kuko n’inka ze zirirwaga zitambagira hirya mu baturage gusa. Ariko ngo abatuye muri kano gace bavuga ko bababazwa n’uko amateka yahano i Mbilima na Matovu agenda asibangana kubera ubuyobozi bwambere bwabigizemo uburangare.

Umusaza Mutazihana Leodomir yerekana aho umwani yaciraga imanza.
Umusaza Mutazihana Leodomir yerekana aho umwani yaciraga imanza.

Mugaragu akomeza avuga ko haramutse hongeye hakabungabungwa ibisigaye, dore ko hari ibigihari birimo ibiti byari ku marembo byazafasha abana babyiruka kuzamenya amateka yagiye aranga igihugu cyabo cyane cyane kungoma za abami.

Leodomir Mutazihana nawe n’umusaza utuye mu Kagari ka Mbilima mu Murenge wa Coko, avuga ko bafite impungenge zuko amateka y’ingoro ya Mibambwe III Sentabyo agiye kuzimangana neza kandi abana bato nabo hari byinshi bakigiye kurayo mateka.

Mutazihana avuga ko mbere amateka bo bayibwiraga nabasekuru kuko haricyo bari bazi kuraya mateka gusa ariko ngo impungenge bakaziterwa nuko abenshi muribano basaza bazi ayamateka bamaze gutabaruka kuburyo abasigaye ibyo bazi bidahagije.

Gusa ariko Mutazihana akomeza avuga ko kubaturage baturiye Mbilima na Matovu bahafata nkahantu hari amateka yabanyarwanda kuburyo bageraza no gusobanurira abana babo ibyo bahazi.

Mbilima na Matovu iherereye mu kagari ka Mbilima mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke inyuma gato y’umusozi wa Buzinganjwiri.

Abdul Tarib

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Nibyo ibitekerezo by’abaturage bigomba kubahizwa

nizeyimana oswald yanditse ku itariki ya: 6-04-2015  →  Musubize

Mbirima na matovu kera hitwaga comine ya Musasa ariko bugufi ya Rushashi , ubu ni mu karere ka Gakenke niba ntishuka kuko simpamya ko Rulindo ihagera , uwavuze amateka yavuze atari aya ngombwa kuko hariya niho hakorewe amahano yo kumenaigisabo  n` inzoka ikizingiyeho

REKA DUKOSORE UWO MUSAZA UVUGA NGO INKA ZUMWAMI  ZIRIRWAGA RIRISHA  ``Mugaragu yongeraho ko umwami yabanaga neza n’abaturage kuko n’inka ze zirirwaga zitambagira hirya mu baturage gusa. sinzi  icyo  uyu  musaza  yashakaga kuvuga ariko  agomba   kumenya ko  inka  zose  zari  iz umwami ndetse n` ubutaka ..ntibyashobokaga rero gukoma inka kandi ziri kubutaka bwa nyirazo .

ukuri yanditse ku itariki ya: 30-06-2014  →  Musubize

None se ko muba mutatubwiye neza aho ariho. nu mu yihe District

Jean Luc yanditse ku itariki ya: 27-06-2014  →  Musubize

mujye mudusurira abahanzi mugo zabo maze mutujyezeho amashusho cg amafoto murakoze

innocent yanditse ku itariki ya: 11-06-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka