Ku mugoroba wa tariki ya 20 Gicurasi 2014 mu masaha ya saa kumi n’imwe, mu mudugudu wa Gasharu, mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano habeye impanuka, ikomeretsa abantu batatu n’umunyonzi wari utwaye igare ahetse ibitoki n’imbabura.
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yavuze ko mu mpamvu zayiteye gutumira abayobozi n’impuguke mpuzamahanga mu nama ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, harimo kuyibwira uburyo bazakemura ikibazo cy’imvururu n’amakimbirane muri byinshi mu bihugu bya Afurika.
Benshi mu mfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyanza barakize baniyemeza kureka imigambi mibi bari bafitiye abantu bari hanze ya gereza, nyuma y’amasengesho bagejejweho na Padiri Ubald Rugirangoga umaze kumenyekana cyane mu Rwanda kubera impano avuga ko afite yahawe n’Imana yo gusengera abantu.
Kuwa gatandatu tariki ya 17 Gicurasi 2014 Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko basuye urwibutso rwa Nyarubuye ruherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iiburasirazuba banatanga ubufasha ku mfubyi zibumbiye muri Koperative COCOUNYA (Coopérative de Couture de Nyarubuye) mu Murenge wa (…)
Intumwa yihariye ya UN ishinzwe ku buryo bwihariye ibibazo by’ingufu zakoreshwamo amashanyarazi, Dr Kandeh Yumukella, yabwiye perezida w’u Rwanda ko Umuryango w’Abibumbye wifuza ko u Rwanda rwawufasha mu kumurikira ibindi bihugu uko izo ngufu zitezwa imbere kandi zikagirira abaturage akamaro.
Felix Osike, umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru The New Vision cyo mugihugu cya Uganda, ngo asanga ukuntu Perezida Kagame yicisha bugufi mu kazi ke aribyo bigejeje u Rwanda ku iterambere ryihuse.
Abakozi batatu b’Ishuri Rikuru ry’Amahoro ryo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo (SADC Regional Peacekeeping Training Centre) basuye Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze kugira ngo bamenye uko bakora babigireho.
Mu nama mpuzamahanga ya Banki nyafurika (BAD) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga, biyemeje gufasha abafata ibyemezo gushingira iterambere rya Afurika ku mikoreshereze inoze y’umutungo kamere w’uyu mugabane.
Kuri station ya Polisi ya Kamembe mu Karere ka Rusizi hafungiye abagabo 6 bakurikiranyweho ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo hamwe na moto ya Paruwasi gatulika ya Nkanka yakundaga gutwarwa na Padiri mukuru w’iyo Paruwasi ari na we abaturage bayitirira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara muri bamwe mu bana bo muri ako karere kidaterwa n’ubukene ngo ahubwo biterwa n’imyumvire ikiri hasi ya bamwe mu bajyeyi batita ku bana babo.
Abaturage bakoreye uruganda rwa Nyabihu Tea Factory baratakamba basaba ko bakwishyurwa bitewe n’uko imirimo bagombaga gukorera uruganda bayirangije kandi igihe cyo kwishyurwa kikaba cyararenze.
Bagaragaza Venuste w’imyaka 23 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 19/05/2014 nyuma yo gushyamirana nabo barimo gusangira bakamukubita inkoni mu musaya, ibyo bikaba byabereye mu mudugudu wa Gitego mu Kagari ka Kabeza mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera.
Urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu mirenge 18 igize akarere ka Rusizi, rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, rwafashe ingamba zo gukora cyane rwibumbira hamwe ndetse rukigisha na rugenzi rwarwo rundi kwihangira imirimo no gukunda igihugu.
Samuel Ntakirutimana w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 19/05/2014 nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amakorano ibihumbi 100 agizwe n’inote za 5000.
Mu masaha ya mugitondo kuri uyu wa Kabiri tariki 20/05/2014 mu Isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo inzego zishinzwe umutekano zitaye muri yombi umusore ufite gerenade imwe mu gikapu agiye kuyigurisha.
Umutaliyanikazi Giovanna Libur Moro yishimiye ko taliki 19/05/2014 yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda nyuma yo kubusaba kuko yifuza kubusangira n’umuryango we uba mu Rwanda.
Itsinda ry’abantu 67, harimo abakinnyi 41 n’abayobozi, berekeje i Gaborone mu murwa mukuru wa Botswana kuri uyu wa kabiri tariki 20/5/2014 mu mikino nyafurika ihuza urubyiruko, ikaba inagamije gushaka itike yo kuzakina imikino Olympique y’Urubyiruko izabera mu Bushiwa muri Kanama uyu mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko umwaka utaha wa 2015, igihe cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kizasanga hari urwibutso ababuriye ababo mu Kivu na bo bashobora kubibukiraho.
Abapolisi babiri bari mu bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira kwaka ruswa umushoferi wari utwaye imodoka.
Nyuma yo gusezererwa kwa David Moyes muri Manchester United, byavugwaga ko umuholandi Louis Van Gaal ashobora kuzamusimbura, none inkuru yabaye impamo kuri uyu wa mbere ubwo uwo mugabo utoza ubu ikipe y’igihugu y’Ubuholandi yasinyaga amasezerano y’imyaka utatu yo gutoza Manchester United, akanahita ahabwa miliyoni 200 (…)
Rokodifensi (Local Defense Force) Hagenima Ildegard wari ushinzwe gucunga umutekano mu murenge wa Byumba mu kagari ka Nyamabuye mu mudugudu wa Nyiragasuruba mu karere ka Gicumbi yaturikanywe n’igisasu cyo mubwoko bwa gerenade ahita apfa.
Abapolisi Namuroreye Clement na Ndonsumugenzi Gabriel, baregwa kurasa abasirikari babiri Ndayisaba Francois na Misago Innocent, bombi bakomoka mu murenge wa Musambira, basabiwe igifungo cya burundu.
Umwana w’umuhugu w’imyaka 14 wo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi yurire igiti yitura hasi abanje umutwe hasi maze ahita ashiramo umwuka ku mugoroba wa tariki 18/05/2014.
Ubwo umupira wari uwa gicuti wahuzaga akagari ka Mpumbu na Ngoma kuri iki cyumweru tariki ya 18 Gicurasi 2014 mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke wari ugeze hagati, abakinnyi b’akagari ka Mpunga ntibishimire imisifurire, maze badukira umusifuzi barahondagura, kuri ubu akaba ari ku kigo nderabuzima cya Kinini aho (…)
Umuturage wo mu kagari ka Gifumba mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga atuye mu nzu irimo amashanyarazi ariko idafite inzugi n’amadirishya avuga ko yahisemo amashanyarazi kurusha gukinga inzu.
Urubyiruko rwarokotse Jenoside rwarangije amashuri rukomoka mu turere twa Rusizi na Nyamsheke bibumbiye mu muryango GEAERG INTWARI rwafashije umwe mubakecuru bagizwe incike na Jenoside wo mu umurenge wa Gihundwe mu akarere ka Rusizi.
Ubuyobozi bushinzwe inyamaswa muri Pariki y’ibirunga mu Rwanda bwasubije igihugu cya Kongo ingagi yari imaze imyaka irenga 3 mu Rwanda nyuma yo gufatanwa ba rushimusi bashaka kuyigurisha aho yakuwe muri Kivu y’amajyepfo.
Mu nama mpuzamahanga yateguwe na Banki nyafurika itsura amajyambere(AfDB) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke mu by’ubukungu zavuze ko ibyashingirwaho mu guteza imbere ibihugu, harimo kuzamuka k’ubukungu, imiyoborere n’imibereho myiza by’abaturage; u Rwanda ngo rurabifite.
Imibare igaragazwa na Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), irerekana ko ubukungu bwa Afurika buhagaze kuri tiliyari imwe n’igice z’Amadorali y’Amerika (US $1.5 Trillion), ngo ariko hakaba hari ikizere cy’uko bwazamuka mu myaka iri imbere.
Umurenge wa Giheke mu Karere ka Rusizi ugiye kurangiza umwaka w’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza 2013-2014 uri ku mwanya wa nyuma na 53 % by’ubwitabire ku baturage muri urwo rwego, mu gihe mu yindi mirenge y’Akarere ka Rusizi iryo janisha riri ku rwego rushimishije.
Imirenge SACCO yo mu karere ka Rutsiro iranengwa kuba mu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2013/2014 yarafatiriye imisanzu y’abanyamuryango b’ubwisungane mu kwivuza ingana na miliyoni 171 n’ibihumbi 579 ntiyarekure ngo ajye gukora ibyo yatangiwe bijyanye no kwishyura ubuvuzi bwakorewe abo banyamuryango, ahubwo (…)
Ikipe ya Sunrise FC yo mu ntara y’Iburasirazuba, yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 18/5/2014.
Umugore uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 25 na 30 yasanzwe mu muhanda yapfuye muri iki gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Gicurasi 2014 bigaragara ko yagonzwe ariko kugeza ubu ikinyabiziga cyaba cyamugonze ntikiramenyekana.
Ubwo tariki 18/05/2014 hibukwaga Abatutsi basaga ibihumbi 18 baguye mu Murenge wa Mubuga ho mu Karere ka Karongi mu gihe cya Jenoside, hatanzwe ubutumwa bw’umwana wari ufite ukwezi kumwe mu nda ya nyina mu gihe cya Jenoside maze bukora ku mitima ya benshi bitabiriye uwo muhango.
Ubwo Paruwasi nshya ya Butete, muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatahwaga ku mugaragaro tariki 17/05/2014, abakristu basabwe guharanira kubungabunga umutekano w’igihugu kandi bakora cyane kugira ngo bihaze mu biribwa banirinda ibihuha bityo bakomeze gutera intambwe bajya imbere.
Imibiri isaga 5000 y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bakajugunywa mu cyobo kiswe Komini Rouge mu karere ka Rubavu,yatangiye gusukurwa ngo izashyingurwe mu cyubahiro taliki 19/6/2014.
StarTimes Group yahaye Perezida Paul Kagame igihembo ku bw’uruhare rukomeye agira guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga. Iki gihembo cyakiriwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana mu izina rya Perezida wa Repubulika.
Mu mikino yo gusiganwa ku maguru “Marathon mpuzamahanga yitiriwe Amahoro ya Kigali yabaye ku cyumweru tariki 18/5/2014, Abanyakenya nibo begukanye imidari myinshi, nyuma yo kuza ku isonga muri byiciro bitandukanye by’iryo siganwa ngarukamwaka.
Urubyiruko ruri muri FPR rwo mu karere ka Rwamagana n’urw’ahandi mu gihugu rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere kandi rukarangwa no kutihanganira ubukene ahubwo rugafata umwanzuro wo gukora no kwizera ko ibisubizo biri mu maboko yabo.
Ayinkamiye Sesiliya wari utuye mu kagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 17/05/2014 akubiswe n’inkuba.
Banki Nyafurika y’iterambere (BAD) irashima uburyo u Rwanda rukoresha inkunga ku batishoboye; kuko bigaragara ko gutanga inka mu baturage byatumye bagira ubuzima bwiza, babona amafaranga ndetse biha n’akazi urubyiruko ruyajyana ku ikusanyirizo.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yanganyije na Libya ubusa ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika wabereye muri Tuniziya kuri icyi cyumweru tariki 18/5/2014.
Komisiyo ishinzwe ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije mu nteko ishinga amategeko taliki ya 16/5/2014 yasanze mu karere ka Rubavu hakiboneka ibibazo mu buhinzi bigira ingaruka mu kongera umusaruro hashingiwe mu gutanga inyongera musaruro n’imbuto ku bahinzi.
Abaturage bo mu murenge y’ibyaro yo mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwa EWSA ko bwabafasha bakajya bakwishyurira inyemezabuguzi zabo z’amazi hafi batabanje kuza kwishyurira ku biro bikuru bya EWSA i Nyamata.
Ubwo ku itariki 16/5/2014, abakozi bo mu bitaro bya kaminuza by’i Butare (CHUB) bibukaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, baremeye abantu batatu bahaburiye ababo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko abayobozi bari barambuye ibigo by’amari iciriritse ubu batangiye kwishyura nyuma yo guhagurukirwa n’akarere bakandikirwa.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP, Damas Gatare tariki 17/05/2014, yatangaje ko abantu basaga 35 bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranweho kugambanira igihugu bakorana n’abanzi b’igihugu.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu gihugu cya Sudan muri Kaminuza Mpuzamahanga Nyafurika, IUA, ku wa 16 Gicurasi 2014 bamurikiye bagenzi babo amateka y’u Rwanda n’umuco nyarwanda banabasobanurira by’umwihariko amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ndetse n’aho igihugu kigeze cyiyubaka nyuma y’imyaka 20 gihuye (…)
Ubwo hibukwaga Abatutsi bazize Jenoside, bo mu cyahoze ari Komini Taba, ubu akaba ari mu Murenge wa Rukoma, umwe mu mirenge y’akarere ka Kamonyi; umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Uwera Marie Alice yatangarije abari aho ko igihe kigeze ngo Abanyarwanda bumve ko ari abavandimwe kandi ko (…)