Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver, aratangaza ko ibikorwa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) imaze gukora mu Rwanda atari iby’amagambo ahubwo byigaragaza.
Umukobwa utuye mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yabyariye iwabo umwana w’umuhungu tariki 13/05/2014, ariko ntibyamubuza gushyingirwa ku munsi ukurikiyeho nk’uko byari bimaze iminsi biri muri gahunda.
Umuhanda Hanika- Kivugiza ufite ibirometero bisaga 18 ugiye kumara hafi imyaka ibiri uri gukorwa kugeza ubu ukaba ugishidikanywaho niba wararangiye cyangwa se niba hari ibishobora gukomeza gukorwaho.
Mu gihe Lata y’u Rwanda ishyize imbere ko umusore n’inkumi bagiye kurushinga bagomba kubanza gusezerana imbere y’amategeko, mu kagali ka Kamashangi, umurenge wa Kamembe, akaba ari na ko kagali kari mu mujyi rwagati wa Rusizi, harabarurwa ingo zigera ku 167 zibana zidaseseranye byemewe n’amategeko.
Angola nk’igihugu kiyoboye inama y’akarere k’ibiyaga bigali (ICGLR) cyanatagiye no kubaka ubucuti bwihariye n’u Rwanda, gishyigikiye ko ibihugu bigize uyu muryango byiyemeza gutahiriza umugozi umwe mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba muri aka karere irimo FDLR.
Umusore witwa Rurangirwa Byiringiro Joel wari watorotse nyuma yo gutera undi icyuma akamuvanamo amara yatawe muri yombi ashyikirizwa polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza mu ijoro rishyira kuri uyu wa kane tariki 14/05/2014.
Mu mwaka ushize wa 2013, abana b’abakobwa bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi bari mu ikigero cy’imyaka 16 na 19 bagera kuri 426 barimo abanyeshuri 34 n’abandi batiga babyaye batarakwiza imyaka yemewe yo kuba bashinga ingo zabo aba bana bagiye baterwa inda n’abagabo babashukisha ibintu.
Nizeyimana Fabrice ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana witwa Uwineza Hasina w’imyaka 15, mu ijoro rya tariki y 30/04/2014, kuri uyu wa Kane, tariki ya 15/05/2014 yaburanishirijwe mu ruhame aho yakoreye icyaha mu mudugudu wa Cyimbazi, akagari ka Ntunga, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana.
Abaturage batuye akarere ka Ngoma bari ku kigereranyo cya 97% bemeza ko bishimira uruhare rwabo bagira mu itegurwa ry’imihigo; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) mu mwaka wa 3013.
Mu gihe habura iminsi ine gusa ngo u Rwanda rwakire inama ngarukamwaka ya banki Nyafurika y’Iterambere (African Development Bank Annual Meeting) imyiteguro igeze kure mu mpande zose harimo no gutegura imodoka zizatwara abazitabira iyi nama.
Kuri uyu wa gatatu tariki 14/5/2014, akarere ka Rulindo kasuwe n’abahagarariye abanyamuryango ba RPF bo mu mirenge igize akarere ka Gatsibo, aho basobanuriwe banerekwa ibikorwa by’iterambere aka karere kamaze kugeraho gafatanije n’abaturage.
Ikipe y’Isonga FC yari imaze umwaka umwe mu cyiciro cya kabiri yahise yongera ijya mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezerera SEC Academy iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino ibiri, nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye Kicukiro ku wa gatatu tariki 14/5/2014.
Abafana benshi bari bitabiriye igitaramo cya Primus Guma Guma Super Star cyabereye mu karere ka Ruhango tariki 10/05/2014, batunguwe cyane no kubona umuhanzi Eric Senderi Hit International agera ku rubyiniro akiyambura ubusa.
Mu rwego rwo guhashya burundu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kuri uyu wa 14 Gicurasi 2014 urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri bihereye mu Murenge wa Karambo mu karere ka Gakenke rwifatanyije n’abaturage bo muri uyu Murenge mu gikorwa cyo gutwika bimwe mu biyobyabwenge byagiye bifatirwa mu duce dutandukanye tugize akarere ka (…)
Ku nshuro ya mbere ku rwego rw’akarere ka Rubavu, hateguwe gahunda yo gushyingura mu cyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bajugunywe mu cyobo kizwi nka komine rouge giherereye mu karere ka Rubavu intara y’Uburengerazuba.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rwamagana yateranye tariki 14/05/2014, yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize aka karere kuba maso bagafatanya n’abaturage mu kubungabunga umutekano kugira ngo hatagira umubisha ubaca mu rihumye akawuhungabanya.
Nyiransengimana Beata ufite imyaka 19 na Nyirandagijimana Jaqueline ufite imyaka 44 bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amahimbano asaga ibihumbi mirongocyenda by’ amafaranga y’u Rwanda (90,000frw).
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 14/05/2014, ikipe y’u Rwanda Amavubi yarekeje muri Tuniziya, aho igiye gukinirayo na Libya umukino uzaba ku cyumweru tariki 18/5/2014 mu rwego rw’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Uwamahoro Sarah washakanye na Hitimana Dieudonne wari umurwanyi wa FDLR mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa Gatatu tariki 14/05/2014 yakiriwe mu Karere ka Musanze, avuga ko babanje kuba i Nyabyondo mu Karere ka Masisi umugabo aza kumwimurira mu Mujyi wa Goma kuko hari hafi y’aho FDLR yakoreraga ibikorwa byayo.
Buri Munyarwanda wese ukunda kandi wifuza amahoro arasabwa kugira uruhare muri “Peace Marathon” izaba kuri iki cyumweru tariiki 18/5/2014, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Imikino ngororangingo mu Rwanda.
Abaturage bo mu mirenge ya Mutuntu, Gashali na Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko bimwe mu bibazo bituma batabona umusaruro uhagije ari ibijyanye n’imbuto n’ifumbire bibageraho bitinze no kuba ngo imbuto bahabwa itajyanye n’ubutaka bwabo.
Urubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi, Cprl Joseph Nshimyimana witwa Camarade na Innocent Kalisa alias Demobe, rwakomeje kuri uyu wa gatatu tariki 14/5/2014; aho abo bagabo bose batashoboye kuvuguruza ibimenyetso biri mu nyandikomvugo zifitwe n’ubushinjacyaha, ndetse ibyo kumva urubanza bikaba bisozwa banga kuburana.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere myiza (RGB) kuri uyu wa kabiri tariki 13 Gicurasi 2014, cyagaragarije Akarere ka Gatsibo uko abaturage bavuze aka karere mu mitangire ya service mu mwaka wa 2013, muri gahunda yiswe Citizen Report Card 2013.
Abanyeshuri biga ku bigo bya ESSA Ruhengeri na St Vincent Muhoza byo mu Mujyi wa Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 14/05/2014 bakoze urugendo rwerekeza ku Rwibutso rwa Muhoza aho bunaniye inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu karere ka Gatsibo mu mirenge ya Kiziguro na Rugarama barasaba ubuyobozi kubafasha kurenganurwa kubera ibyuma byo gusya ibigori bahawe n’umushinga Plan bagasanga byose byarapfuye.
Muri uku kwezi kwahariwe urubyiruko, abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari kumwe n’abarezi babo bibutse abana bazize Jenoside mu Karere ka Ngororero. Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa 14 Gicurasi 2014, ababyeyi bongeye gusabwa guha uburere buboneye abana babo bazira kubashyiramo uburozi bw’ingengabitekerezo ya (…)
Ubugenzuzi bwakozwe n’inzego zinyuranye zirimo ubugenzuzi bw’umurimo mu karere, ubugenzuzi bw’ubucukuzi muri minisiteri y’umutungo kamere n’inzego z’umutekano zagaragaje ko mu masosiyete acukura amabuye y’agaciro mu Karere ka Ngororero hakomeje kugaragara abakoresha batubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bufatanyije n’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza cy’akarere barateganya gukurikirana mu rukiko abayobozi n’abandi bantu bose bavugwaho kwakira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza yatanzwe n’abaturage ibarirwa mu mafaranga miliyoni 16 n’ibihumbi 500, ariko ntibayageze aho yagombaga kujya ahubwo (…)
Abakuru b’imidugudu bose bo mu Karere ka Huye uko ari 508, ku itariki ya 12/5/2014 bahawe telefone zo kwifashisha mu kazi kabo ka buri munsi. Ibi ngo bizatuma imigendekere y’akazi kabo irushaho kuba myiza kuko hari igihe ababakuriye babakeneraga ntibabashe kubabonera igihe.
Mu karere ka Rusizi niho hatangirijwe igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’uturere tw’intara y’uburengerazuba mu rwego rwo kubahiriza amasezerano bagiranye na Police y’igihugu hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu muri rusanga n’abagituye.
Umuryango w’uwitwa Mutambuka Yussuf w’imyaka 87 y’amavuko utuye mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza wibasiwe n’inkongi y’umuriro asigara iheruheru nyuma yo guhisha inzu ye n’ibikoresho yari atunze.
Mu minsi mike u Rwanda ruzaba rwafunguye ambassade yarwo mu gihugu cya Angola, ibi bikaba bizateza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi.
Bamwe mu barwayi n’abarwaza bagana ikigo nderabuzima cya Kibingo giherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro baturutse mu bice bya kure babangamirwa n’uko aho kwa muganga nta ho bafite ho gutegurira amafunguro.
Nyuma yo gutungurwa n’ubwitabire bw’Abanyaruhango, bamwe mu bahanzi barahamya ko bagiye kumanura umuziki wabo bakegerana cyane n’abaturage badategereje Primus Guma Guma Super Star.
Umucamanza wo muri Australie yasabye ko Chamindu Amarsinghe, umunyeshuri ukomoka muri Nouvelle Zélande, kitwarira amadorari yo muri iki gihugu 81.597 (angana n’ibihumbi 55 by’amayero) yatoraguye mu musarane wa shene (chaîne) ya televiziyo Channel 9 y’i Melbourne, mu myaka itatu ishize.
Umuhanzi Turatsinze Nkiko Prosper wamenyekanye cyane nka Mico Prosper nyuma akaza guhindura izina aho asigaye yitwa Mico The Best ni umwe mu bahanzi bazwi cyane mu njyana ya Afrobeat.
Mu nama y’umutekano yahuje abakuru b’imidugudu, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’ab’imirenge igize akarere ka Huye n’ubuyobozi bw’akarere tariki 12/5/2014, Brig. Gen. Georges Rwigamba uyobora Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, yababwiye ko umutekano atari inzu ngo iruzura bayitahe.
Mu rwego rwo kugirango abanyarwanda barusheho kumenya umuryango binjiyemo w’Africa y’iburasirazuba banamenye ibyiza byo kuba bari muri uno muryango, guhera tariki 12-13/05/2014 ihuriro ry’imiryango ya sosiyete sivire mu muryango w’ibihugu by’Africa y’iburasirazuba ryateguye amahugurwa ku bahagarariye amakoperative hamwe (…)
Mu nama y’umutekano yahuje abayobozi bo mu Karere ka Huye, guhera ku rwego rw’umudugudu kuzamura, ku itariki 12/5/2014, uhagarariye polisi y’igihugu mu Ntara y’amajyepfo (RPC) yavuze ko akarere kazahiga utundi mu kugira uruhare rugaragara mu kurwanya ibyaha kazahembwa imodoka.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Burera, Mujawayezu Leonie, arasaba abagore bo muri ako karere guca ukubiri n’ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko giteza umutekano muke, kigasenya umuryango.
Abantu 8 bari abakozi mu bitaro bya Muhororo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bakaba bashyinguye mu rwibutso rwa Kibirira ruri mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero, bongeye kunamirwa ku nshuro ya 3, kuri uyu wa 13 Gicurasi 2014.
Kwita ku musaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi bigiye kunonzwa no guhurizwa hamwe mu nzego nyinshi kugeza ugeze ku isoko, nk’uko byaganiriweho mu nama yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 13/5/2014.
Itsinda ry’abantu biyita “Abarembetsi” bajya kuzana Kanyanga mu gihugu cya Uganda ngo mu mwaka wa 2015 nta n’umwe uzaba ukibarizwa muri ibi bikorwa bihunganya umuteka kuko inzego z’umutekano zahagurukiye kubarwanya.
Mu rubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi na bagenzi be 14 rwasubukuwe kuri uyu wa kabiri tariki 13/5/2014, Lt Mutabazi yavuze ko ibyaha aregwa byo kurwanya Leta y’u Rwanda nta shingiro bifite kuko ngo atigeze akoreshwa inyandikomvugo; naho umwe mu baregwa gufatanya nawe, Cprl Nshimyimana Joseph witwa Camarade, akaba yanze (…)
Mu gihe mu mujyi w’akarere ka Rwamagana hakomeje kugaragara abantu basabiriza ku muhanda, ubuyobozi bw’aka karere buratangaza ko butazabareka ngo bagume muri iyi ngeso isebya abayikora igasebya n’akarere, ahubwo ko hagomba gukorwa ibishoboka kugira ngo uku gusabiriza guhagarare.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo rurahamagarirwa gukoresha ikoranabuhanga cyane cyane telephone mu bikorwa byo kwiteza imbere aho kuyikoresha mu kwidagadura gusa cyaangwa ibitabafitiye umumaro nko kuyitukaniraho n’ibindi.
Abaturage bakoresha umupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Nyagatare bavuga ko guhuza imipaka bizagura ubuhahiranire ndetse bikanashimangira ubuvandimwe hagati y’Abanyarwanda n’abanyamahanga bagana u Rwanda.
Mu gihe abinjiza bimwe mu biribwa bifunze mu mashashi usanga bavuga ko batari basobanukiwe ko amashashi amwe n’amwe abujijwe kwinjizwa mu gihugu, abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) baba ku mipaka bo bavuga ko akenshi abarenga kuri aya mabwiriza ari ababa bayazi atari ukudasobanukirwa.
Valence Harerimana w’imyaka 56 wari utuye mu Murenge wa Karambo mu karere ka Gakenke yabonetse mugitondo cyo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2014 yitabye Imana, ubwo umuryango we warimo umushakisha nyuma yo kumutegereza bakamubura.
Umuryango w’ubukungu uhuje ibihugu bituriye Ibiyaga Bigari (CEPGL) wamaganiye kure icyemezo cyafashwe n’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) cyo kwaka Abanyarwanda amafaranga ya Viza, bakavuga ko iki cyemezo kitubahiriza amahame y’uyu muryango.