Umuhanzi Muneza Christophe uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Christopher ubarizwa muri label ya Kina Music azamurika alubumu ye ya mbere yise “Habona” ku wa gatandatu tariki ya 15.2.2014 muri Kigali Serena Hotel.
Itorero Indatwa n’abarerwa ba Kagina, ho mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, ribyina imbyino gakondo, rifite umwihariko wo gucuranga Ikondera, maze bakarushaho gususurutsa abo bataramiye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Cyarusera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Ntaganira Nathan n’umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere muri ako kagari (IDP), Imaniriho Anathalie, bakurikiranyweho gukoresha amashyamba ya Leta yo muri ako kagari mu nyungu zabo bwite.
Ntirenya Faustin na Uwizeye Theoneste bo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, barwariye ku kigo Nderabuzima cya Nyagihanga nyuma yo gutwikwa na lisansi bari bamaze kwiba.
Urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidari n’impeta by’ishimwe (CHENO), ruratangaza ko umunsi w’intwari w’uyu mwaka uzizihizwa tariki 1/2/2014 uzahuzwa na gahunda ya "Ndi Umunyarwanda," mu rwego rwo gukomeza kwimakaza Ubunyarwanda mu bantu.
Nyuma yuko muri Centrafrique batoye Perezida mushya, Catherine Panza, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri icyo gihugu zahawe akazi ko mumurinda. Dore amwe mu mafoto yerekana uko byifashe.
Mu masaha ya saa 11h kuri uyu wa 21/01/2014 abakozi buwitwa Hakizimana babonye imibiri y’abantu aho barimo bacukura umusingi w’inzu igiye kubakwa batabaza inzego z’umutekano.
Urubyiruko 28 ruvuye mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu bihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) kuri uyu wa 21/01/2014 rwatangiye kwigishwa ubumenyi bwatuma rutangira kwitabira umurimo no kwikorera aho kwishobora mu bikorwa bihungabanya umutekano nk’itambara zayogoye akarere.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, aravuga ko abagizi ba nabi bamaze iminsi bateza umutekano mucye mu karere ka Musanze baba bihisha mu bisambu, amazu atuzuye n’ahantu hari urumuri rucye, bityo hakaba hafashwe ingamba zikaze ngo ibi bitazongera.
Gukoresha indangamuntu nk’urwandiko rw’inzira mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Kenya ngo byorohereje abaturage b’ibyo bihugu biri mu muryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), ku buryo abagenzi ngo bamaze kwiyongera kurusha uko byari bisanzwe, nk’uko byemezwa n’abakora mu by’ingendo.
Ibitaro bya Diyoseze ya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga birasabwa gutanga indishyi zihwanye na miliyoni 65 z’amafaranga y’u Rwanda ku murwayi witwa Umukundwa Jeanne d’Arc ngo kuko umuti yatewe wamusigiye ubumuga buhoraho bitewe n’uburangare abaganga bagize.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziherutse koherezwa mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Republika ya Centrafrique, zahise zitoranywamo izigomba gucunga umutekano wa Perezida mushya w’icyo gihugu.
Leta y’u Rwanda igiye kongera ikiguzi cy’amafaranga yishyurwa n’umuturage ugiye gutanga ikirego, amafaranga agiye kwikuba inshuro zigera kuri 12 zose. Iri teka rya minisitiri rikazatangira gukurikizwa igihe rizaba ryatangajwe mu Igazeti ya Leta.
Nyuma y’aho abayobozi ba karere ka Rusizi bungirije, ushinzwe ubukungu n’ushinzwe imibereho myiza y’abaturage beguye ku mirimo ya Leta bari bashinzwe, tariki 20/01/2013, abakandida batandukanye bitabiriye kwiyamamariza kuzahatanira iyo myanya.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Mudakemwa Pascal azira kwica umugore we Mukamutsinzi Valentine w’imyaka 35.
Imiryango 12 yo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera ituye mu nkengero z’igishanga cy’Akagera yasabwe kuhimuka byihuse, kuko nibaramuka batimutse umwuzure ushobora kubatwara.
Abaturage bubatse imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera ndetse n’abandi baturage batanze ibikoresho kuri Entreprise EMMR barayishyuza miliyoni zikabakaba 40 z’amafaranga y’u Rwanda baheraniwemo na rwiyemezamirimo ndetse n’akarere.
Uwahoze ari rutahizamu wa Rayon Sport Sina Gerome, wari umaze iminsi akina muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, yagarutse mu Rwanda akaba yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Police FC.
Abaturage bo m murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, batangaza ko bahangayikishijwe n’umusore witwa Rukundo Emmanuel utega abantu nijoro, batakwirukanka ngo bakize amagara yabo, akaba yabagirira nabi.
Bimwe mu byakozwe mu gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Karongi harimo guha ijambo abaturage abafite ibibazo bitagomba imanza birakemurwa, abandi bagirwa inama yo kujya birinda imanza za hato na hato kuko zitera ubukene mu ngo.
Ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Gakenke tariki 20/01/2014, abaturage bashimangiye ko kuva aho Jenoside ihagarikiwe bafite ubuyobozi bwiza bwumva ibibazo by’abaturage bukabikemura ku gihe.
Mu gihe abakunzi b’ikipe ya FC Barcelone bari bamaze iminsi basaba ko iyo kipe yakubaka stade nshya izajya yakira abantu benshi, ubuyobozi bw’iyo kipe bwanze icyo cyifuzo, ahubwo bwemeza ko bagiye kuvugurura Stade ya New Camp yari isanzwe yakira abantu ibuhumbi 95, ikazajya yakira abantu ibihumbi 105.
Umusore w’imyaka 19 witwa Abarame Jean wari utuye mu Kagali ka Byibuhiro mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke yitabye Imana tariki 20/01/2014 aguye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali [ CHUK] nyuma yo guterwa icyuma azize ko yanze gusomywa ku nzoga umwana w’imyaka 14.
Mike Karangwa umwe mu bagize Ikirezi Group ari nabo bategura amarushanwa azwi nka “Salax Awards” atangaza ko kuba umuhanzi w’icyamamare Stromae yarashyizwe mu bahanzi bahatanira ibihembo bya Salax Awards ari nta mbogamizi zirimo.
Abakuru b’imidugudu 533 igize akarere ka Ruhango bahawe telefoni zigendanwa zizajya zibafasha mu kazi kabo ka buri munsi. Abakuru b’imidugudu biyemeje ko noneho bagiye kujya batangira amakuru ku gihe.
Koperative ya Coopte Mulindi ihinga icyayi ivuga ko ikoranabuhanga rya interinete ryatumye babona inkunga ya miliyoni 133 yo guhinga icyayi.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 40 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Indwara ya Mozayike y’imiteja “Beans mosaic virus” iterwa na Virusi “CMV” igabanya cyane umusaruro w’imiteja.
Umusore witwa Rwagasore Godfrey w’imyaka 24 y’amavuko yafatiwe mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera arimo kwakira amafaranga y’abaturage ababwira ko azabazanira amapoto y’amashanyarazi.
Padiri Ubald Rugirangoga uzwi cyane mu Rwanda ndetse no hanze yarwo mu gusengera abarwayi bagakira, ku wa 19/01/2014 yasengeye abarwayi batandukanye bahuriye muri Paruwasi ya Kirehe.
Umugore witwa Mukandutiye Beatrice utuye mu murenge wa Musenyi mu kagari ka Gicaca mu mudugudu wa Cyanika mu karere ka Bugesera inzu ye yahiye irakongoka bitewe nuko yatekeraga munzu ku mashyiga atagezweho.
Ukwezi kw’imiyoborere myiza kwatangijwe ku mugaragaro mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20/01/2014 ngo kuzibanda ku gukemura ibibazo by’abaturage ku bufatanye bw’abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse n’abaturage.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aributsa abaturage bo muri ako karere ko kwigira atari ukuba nyabwigendaho ngo ahubwo kwigira ni ukugira abandi ubundi bagasangira ibyo bafite bakanafashanya mu buryo butandukanye.
Hatangimana Evariste wo mu kagari ka Gihinga mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza avuga ko kumva amabwire ya nyina byatumye amara igihe kigera ku myaka itanu atumvikana n’umugore we.
Ku cyumweru tariki 19/1/2014, umunya Eritrea Natnael Berhane niwe wagukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Gabon rizwi nka ‘La Tropicale Amissa Bongo’, naho ikipe y’u Rwanda yegukana umwanya wa gatatu mu makipe yo muri Afurika.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendant Francis Gahima aratangaza ko bamwe mu bajura bibye ibikoresho muri Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke bamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibikoresho hafi ya byose bikaba byaramaze gufatwa.
Nkuko bigaragazwa raporo yakozwe n’ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri za Leta, ibihugu 12 bya mbere bigaragaza ko bifite ababituye bafata indyo yuzuye kandi ihagije biherereye ku mu gabane w’Uburayi.
Bagaragaza Jean Damascene wari utuye mu mudugudu wa Bugaraga, akagari ka Buriba, umurenge wa Rukira ,Akarere ka Ngoma, umurambo we watoraguwe mu kiyaga cya Rwabizigira tariki 17/01/2014 yatawemo nyuma yo kwicwa.
Nyuma yo gusobanukirwa na Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” isaba Abanyarwanda bose kwiyumvamo isano y’Ubunyarwanda, abarimu bo mu karere ka Nyamasheke guhera ku bigisha muri kaminuza kumanura, biyemeje gushyiraho Ihuriro (Forum) ribahuza bose kugira ngo bafatanyirize hamwe guteza imbere gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” bayigeza ku (…)
Mu myaka ine ishize ruhurura itubakiye iri iruhande rw’ikigo nderabuzima cya Bwishyura mu karere ka Karongi yari ntoya umuntu ashobora no kuyisumbuka ; ariko uko imvura iguye ubutaka bugenda butwarwa n’amazi imaze kuba icyobo kirekire.
Abamotari bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bagiye kurushaho kurwanya amakosa aranga bamwe na bamwe mu muhanda kandi bakarushaho kubungabunga umutekano kugira ngo akazi kabo gakorwe neza, bityo na bo biteze imbere.
Mu mikino y’umunsi wa 14 wa shampiyoan y’umupira w’amaguru mu Rwanda yabaye kuri icyi cyumweru tariki ya 19/1/2014, Kiyovu Sport yanyagiye Musanze FC ibitego 6-0 ku Mumena, naho Rayon Sport ikura amanota atatu imbere ya Gicumbi FC ariko bogoranye.
Abatuye akarere ka Ruhango by’umwihariko abatuye umurenge wa Kinazi, tariki ya 19/01/2014 nibwo bakiriye urumuri rutazima, bakaba barwakiriye ruturutse mu karere ka Karongi aho rwari rumaze iminsi 3, rukazahava rwerekeza mu karere ka Nyanza.
Inama y’igihugu y’abagore ivuga ko hari abagore batarasobanukirwa icyo uburinganire ari cyo bakabukoresha mu buryo bwo guhimana cyangwa guhora, nyamara bari bakwiye kubufata nk’umwanya wo kugira uburenganzira bungana n’ubw’abagabo no gushyira hamwe.
Umushumba w’itorero Restoration Church, Apotre Joshuwa Masasu, asanga nta Jenoside yari kuba mu Rwanda iyo haza kuba hari abakirisito b’ukuri nk’uko babyitiraga.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke baturuka mu byiciro bitandukanye by’uyu muryango, kuri iki Cyumweru tariki ya 19/01/2014 bahuriye mu nama banemeranya ku igenamigambi ry’umwaka wa 2014.
Ubuvugizi bw’ingabo za Leta ya Congo buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo guhashya inyeshyamba zirwanya Leta ya Uganda ariko zikaba zikorera muri Kivu y’Amajyaruguru.
Dusabimana Emmanuel utuye mu mudugudu wa Kimpongo mu kagari ka Muyira, umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, afite ikibazo cy’umugore bashakanye byemewe n’amategeko, ariko uwo mugore akaba amaze amezi atandatu yarasize umugabo we mu rugo akajya kwibera mu wundi murenge.
Ba rwiyemezamirimo bo mu ntara y’uburengerazuba bashima ikigo cya Leta gishinzwe gutunganya amasoko ya Leta kuba gikurikirana ibibazo byabo ndetse hakavugururwa amategeko yo gutanga amasoko ku buryo muri iyi ntara bemeza ko 80% by’amasoko atangwa bica mu mucyo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba urubyiruko rwo mu karere ayobora kwirinda ubusambanyi kuko ariyo nzira ya hafi ishobora gutuma bandura agakoko gatera SIDA.