Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 23/01/2014 yasenye igikuta cy’isoko rya Ruhuha kingana na metero 20, umuvu w’amazi wavuye muri iryo soko ukaba wahise ujya mu nzu y’umuturage witwa Nyiribakwe Silas w’imyaka 81 y’amavuko maze utwara ibyari mu nzu byose.
Umwana w’umwaka umwe n’igice witwaga Ishimwe mwene Ndayambaje Emmanuel na Nyirahabimana Evelyne wo mu mudugudu w’Isoko mu kagari ka Juru mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatwawe n’isuri arapfa.
Ahagana ku isaha ya saa cyenda z’ijoro mu gitondo cy’itariki ya 24/1/2014, ikamyo y’ibeni yagonze inzu ahitwa i Tumba hafi y’aho itagisi zitwa abajya Tumba zikatira, maze inkuta z’inzu zigwira umwana w’umusore wari uyiryamyemo arapfa.
Mu gitabo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yanditse cyiswe ‘Rwanda: Building a model nation state’ yagaragajemo ko iyo u Rwanda rutagira ‘abanyapolitiki bashingira ku mazuru y’abantu’ guhera mu mwaka wa 1959 kugeza 1994, ngo ruba rwarafashe inzira nyayo y’iterambere itaruganisha kuri Jenoside n’ingaruka zayo zashegeshe (…)
Abaturage bo mu mirenge ya Gashonga, Nzahaha na Rwimbogo mu karere ka Rusizi barishimira ko bagejejweho amazi meza bakaba batazongera kuvoma ibishanga n’imigezi bavomagamo amazi y’ibirohwa ndetse kenshi bakahandurira indwara zikomoka ku mwanda no gukoresha amazi mabi.
Ubuyobozi bw’ingabo z’igihugu buratangaza ko butewe ishema n’uburyo umutekano w’u Rwanda uhagaze muri iki gihe, bikiyongeraho ko n’izi ngabo ziri hirya no hino ku isi mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro no kuyageza ku bandi mu rwego mpuzamahanga.
Uwahoze ari umutoza wa Rayon Sport, umufaransa Didier Gomes da Rosa, ku wa kane tariki ya 23/1/2014 nibwo yasesekaye mu mugi wa Garoua muri Cameroun aho agiye gutoza ikipe ya Coton Sport Garoua ikipe ifite igikombe cya shampiyona ya Cameroun.
Imfungwa yo mu gihugu cya Tanzaniya mu ntara ya Mwanza mu karere ka Nyamagana yitotobetse umwanda uzwi nk’amazirantoki umubiri wose agamije gucika umunyururu ngo kuko yumvaga nta muntu uri butinyuke kumufata ariko umugambi we ntiwamuhira.
Umunyarwanda witwa Mugimba Jean Baptiste wabaga mu gihugu cy’u Buholandi yatawe muri yombi tariki 23/01/2014 ngo azisobanure ku ruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho yabaga mu mujyi wa Kigali ahitwa mu Nyakabanda.
Abasirikari bo mu ishuri rikuru rya gisirikari rya Nyakinama ngo bagiye kongera imbaraga mu kubungabunga amahoro n’umutekano kuko ari byo biri gutuma Abanyarwanda bagera ku iterambere mu nzego zose, ndetse n’abatuye ibindi bihugu bakaba bakeneye umutekano nk’uw’u Rwanda ngo bagire intambwe batera.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri minisiteri y’uburezi, aravuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire bakamenya ko ubumenyingiro butagenewe abantu batabashije kwiga amashuri ngo babone impamyabushobozi, kuko n’abazifite babukeneye.
Kuri uyu wa kane tariki ya 23 Mutarama, intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye mu ishami rishinzwe uburenganzira bw’ibanze bwa muntu mu birebana no kwishyira ukizana, Bwana Maina Kiai, n’itsinda ayoboye basuye Polisi y’u Rwanda.
Impugucye z’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) bashoboye kumvikana kuri gahunda izakoreshwa muri uyu muryango kuva 2014 kugera 2020, nyuma y’umwaka warushize bataryumvikanaho.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaje ko kuba mu mahanga ntaho bihuriye no kuba mu gihugu cyawe kuko iyo babaga ngo ni mu mashyamba byumvikana ko badafite ubwisanzure.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kane tariki ya 23/01/2014 yafashe umwanzuro wo gufunga utubari dukorerwamo kandi ba nyiratwo badutuyemo. Ibi ngo bigamije kubungabunga umutekano ndetse no kubahiriza amasaha yashyizweho yo gufunga no gufungura utubari tw’inzoga.
Nteziyaremye Jean Damascène wicishije mukase isuka amushinja y’uko ngo yaba amurogera abana urukiko rwisumbuye rwa Huye rwamuhanishije imyaka 25 y’igifungo mu rubanza rwasomewe aho cyaha cyakorewe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Abantu bataramenyekana bibye ibendera ry’igihugu ku biro ry’Akagali ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 22/01/2014.
Umuturage witwa Nsabimana Jean Baptiste, utuye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, yambuwe inka yagabiwe muri gahunda ya “Gira Inka” ihabwa undi utishoboye kubera ko ngo atakurikije amasezerano ajyanye n’inka zitangwa muri iyo gahunda.
Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka abakozi bose hamwe bagera ku 10 bakoreraga amakompanyi atwara abagenzi ya Intenational, African Tours, La Colombe na RFTC, bahagaritswe ku kuzi.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 igizwe n’abakinnyi 24, ku cyumweru tariki ya 26/1/2014, izatangira umwiherero ugamije kwitegura imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal muri 2015.
Mukabemeye Patricia w’imyaka 45 ufite umugabo n’umwana umwe utuye mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma, kuwa 21 Mutarama 2014 yafatanwe utubure 48 tw’urumogi arucururiza iwe mu rugo.
Hagumimana Jean Damascene w’imyaka 48 utuye mu Kagali ka Rugimbu, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke avuga ko afite agahinda ko yakubise umugore ageza n’ubwo akuramo inda.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Dailymail cyandikirwa mu Bwongereza aravuga ko Manchester United na Chelsea zamaze kumvikana ku kugura umunya-Espagne Juan Mata, akaba agomba gukora ibizamini by’ubuzima (Medical test) kuri uyu wa kane tariki ya 23/1/2014, mbere yo gusinya amasezerano y’igihe kirekire mu ikipe ya Manchester (…)
Kayitesi Immaculée w’imyaka 51 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko kugira ngo yige ari muri iyo myaka ikuze byatewe n’amateka mabi y’ivangura yakorewe mbere y’1994 akamuvutsa uburenganzira bwo kwiga akiri muto.
Nyuma yo gutahuka avuye mu buhungiro, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasaranganyije abaturage ubutaka bw’ababyeyi be buherereye mu karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Kenya basuye intara y’Uburasirazuba tariki 22/01/2014 ngo batunguwe n’ukuntu ubuyobozi bw’u Rwanda bushishikajwe no guteza imbere imibereho y’abaturage bo hasi.
Umuyobozi wungirije w’Inteko Ishinga amategeko muri Koreya y’Epfo, Park Byeong Suk, yijeje abaturage bo mu mudugudu wa Mushimba ko nibakomeza gukorera hamwe bazatera imbere, kuko inzira barimo ari nk’iyo igihugu cyabo cyanyuzemo mu myaka 40 ishize.
Itsinda ry’abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (aba-ofisiye) 11 biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama baravuga ko basanze abaturage b’akarere ka Musanze barihagije mu biribwa biturutse kuri gahunda yo guhuza ubutaka.
Abanyeshuli b’ishuli rikuru rya gisirikare rya Nyakinama bagiriye urugendo shuri mu karere ka Gatsibo basobanurirwa uko abaturage begerejwe ubuyobozi n’isano bifitanye no gutera imbere kw’amajyambere.
Abadepite b’Abanyakoreya y’Epfo bari mu Rwanda batangaje ko barajwe ishinga no guteza imbere imyuga n’ubushakashatsi mu burezi bwo mu Rwanda, nyuma yo gusanga igihugu cyabo gihuje n’u Rwanda ubushake bwo kwiyubaka nyuma y’intambara.
Nyuma y’amahugurwa yakorewe inzego z’ubuyobozi zikorera mu tugari tugize imirenge yo mu karere ka Gicumbi abaturage benshi bamaze gusobanukirwa ko batagomba kugura serivise iyo ari yose bahabwa n’umuyobozi.
Isosiyete yatsindiye kubaka ishuri ryigisha iby’amahoteli n’icyumba cyo kwimenyereza imyuga mu Ishuri Rikuru ryigishya Ubumenyi Ngiro mu karere ka Karongi (IPRC West) iratanga icyizere ko iyo mirimo izarangira mu mezi umunani uhereye muri Mutarama 2014.
Intumwa idasanzwe y’umuryango w’abibumbye (UN) ishinzwe gutanga raporo ku burenganzira bwo gushinga amashyirahamwe aharanira amahoro, Maina Kiai, ngo yagaragaje ko iterambere u Rwanda rwagezeho rijyana no guha uburenganzira abaturage, nk’uko Inteko yabitangaje.
Umuvugizi w’ishami rya Police y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police) Chief Inspector of Police (CIP) Ndushabandi JMV aratangaza ko guhana abanyamakosa atari ubugome kuko ari cyo amategeko abereyeho.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) ifatanyije n’akarere ka Burera ndetse n’aborozi b’inka zitanga umukamo igiye kubaka uruganda rutunganya ibikomoka ku mata mu rwego rwo guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu karere ka Burera.
Ubwato bwari butwaye abantu 4 bwahuye n’umuyaga mwinshi mu kivu kuri uyu wa kabiri tariki 21/01/2014, bituma bukora impanuka babiri (Nyirajyambere Anasitasie na Mariya Eugenie) baburirwa irengero.
Umugabo witwa Ruhama Juvenal wo mu karere ka Gicumbi yikoreye imashini ya siporo ihagaze akayabo ka miliyoni 35 maze anegukana umwanya wa mbere mu banyabukorikori bo mu karere ka Gicumbi.
Abantu batatu bapfiriye mu mpanuka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonganye na Toyota Dyna ifite ikirango RAB 969 Q ku mugoroba wa tariki 21/01/2013. Iyo mpanuka yabereye ahitwa i Rusera ho mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza.
Bamwe mu bafungiye muri gereza ya Ririma mu karere ka Bugesera barasaba ko bahuzwa n’imiryango y’abo biciye muri Jenoside bakabasaba imbabazi. Iki cyifuzo bagishyikirije intumwa za rubanda zabaganirije kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuri uyu wa 22/01/2014.
Mu rwego rwo guhuza amasomo yabo n’ibikorwa mu turere, abasirikare bakuru baturuka mu bihugu bitanu byo muri Afurika y’Uburasirazuba (EAC) biga mu ishuri rya gisirikare rya Nyakinama bakoze urugendo-shuri mu turere twa Ngororero na Nyanza bahabwa ibiganiro bitandukanye bakanasura ibikorerwa mu cyaro.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu butangaza ko bukomeje guhagarika abagore bava mu karere ka Ngororero bajya muri Congo badafite ibyangombwa byo kwambuka umupaka bagaca inzira zitemewe.
Umugabo witwa Ngamije Felicien w’imyaka 26 y’amavuko wo mu murenge wa Rilima mu kagari ka Kabeza mu mudugudu wa Karambo mu karere ka Bugesera, ari mu maboko ya polisi nyuma yo guteshwa umugore we ubwo yashakaga kumwica.
Abagize koperative “HANGUMURIMO” yo mu murenge wa Kazo, akarere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyuko bafashe inguzanyo ngo bubake uruganda rutunganya ibigori, maze nyuma yo kururangiza bakabuzwa gutangira gukora kubera ikibazo cy’umuturage uturiye uru ruganda wavuze ko imashini zimusakuriza.
Ubwo komiseri wungirije ushinzwe urwego rw’infungwa n’abagororwa, Mary Gahonzire, yasuraga abagororwa ba gereza nkuru ya Rusizi kuwa 21/01/2014, yabasabye aba bagororwa kudacika ibihano bahawe.
Uruganda rwa Maiserie Mukamira rutunganya bigori rukabikuramo akawunga n’amavuta nyuma yo kumara igihe rufunze kubera guhomba ubu rweguriwe ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amajyambere (RDB).
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko abacuruzi bahawe ifumbire bakayicuruza, ariko bakanga kugarura amafaranga yavuyemo nyuma yo kubinginga igihe kirekire, ikibazo cyabo kigiye kumenyeshwa inzego zitandukanye cyane cyane iz’umutekano kugira ngo zibahamagaze bishyure ku ngufu.
Hatangizwa icyumweru cy’imiyoborere myiza mu Karere ka Gisagara, ubuyobozi bwiyemeje gukomeza gukemura ibibazo by’abaturage hanafashwa Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, abataramenya aho bakomoka basezeranywa ko bazakomeza kubashakishiriza.
Urubanza rw’umwana w’imyaka 14 w’umwirabura wakatiwe urwo gupfa mu myaka hafi 70 ishize, rugiye kugarurwa mu rukiko, aho abamuburanira bemeza ko imikirize y’uru rubanza yagendeye gusa ku ivanguraruhu ryari ryarashinze imizi muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika muri biriya bihe.
Umugore witwa Uwamahoro Beatrice w’imyaka 35 yahitanywe n’umugabo we witwa Habimana Emmanuel, mu gihe ubwo uyu mugabo yaherukaga gufungwa azira amakimbirane yatezaga mu rugo rwe, uyu mugore ariwe waje gusaba y’uko yafungurwa akamufasha kurera abana babyaranye.