Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buhangayikishijwe n’abana b’abakobwa b’abanyeshuri batwara inda zitateguwe ngo kuburyo bahagurukiye icyo kibazo kugira ngo gicike burundu muri ako karere.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kwegera abaturage ku buryo bugaragara mu rwego rwo gusiba icyuho kiri hagati yabo n’abaturage umwanzi w’igihugu ashobora kunyuramo.
Umurambo w’umugore witwa Nyiransanzineza Captolline w’imyaka 61 watoraguwe mu mugende w’amazi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18/02/2014 mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke .
Abarundi 6 bafashwe binjira mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bakoresha inzira zitemewe gukoreshwa, abo Barundi bo bavuga ko iyo nzira ariyo ibabera hafi.
Abagore bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi bwa kawa aterwa inkunga n’umuryango Women for Women International utegamiye kuri Leta barizezwa isoko mpuzamahanga rizatuma bagurisha umusaruro wa bo ku giciro cyiza bitandukanye n’uburyo byakoraga.
Abakunzi b’umupira w’amaguru mu mujyi wa Rwamagana bari kuvugishwa menshi n’umukino wa shampiyona amakipe abiri rukumbi aba muri uwo mujyi afitanye ku gicamunsi cyo kuwa 19/02/2014 ku kibuga bita icya polisi mu mujyi wa Rwamagana.
Mu mikino y’amajonjora ya nyuma yo gushaka itike y’igikombe cy’isi yabereye muri Cameroun, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball yabuze iyo tike, ariko yitwaye neza itsinda amakipe atatu muri ane yari kumwe nayo mu itsinda.
Imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League) igeze muri 1/8 cy’irangiza, aho ku mugoroba wo kuwa 18 Gashyantare 2014 hakinwe imikino ibiri muri iri rushanwa.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR), itangaza ko Abanyarwanda batahutse nyuma yo kwirukanwa na Leta ya Tanzaniya badakwiye gufatwa nk’impunzi, kuko impunzi ari abanyamahanga bahungiye mu Rwanda.
Ikibazo cy’umukecuru Uzanyimberuka Mwamina wasabaga gusubizwa umwuzukuru we yareraga avuga ko yambuwe kiri mu byaganiriweho mu kiganiro ku miyoborere myiza cyahawe abaturage bo mu kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama mu Bugesera tariki 18/02/2014.
Havugimana w’imyaka 19 y’amavuko yapfuye arohamye mu kizenga cy’amazi y’urugomero rw’umuceri rwo mu gishanga cya Gatare kiri mu kagari ka Rango mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Impunzi z’Abanyecongo 350 ziturutse mu nkambi ya Nkamira zimaze kugezwa mu nkambi ya Mugombwa ho mu karere ka Gisagara aho zigomba gutuzwa, ubuyobozi bw’akarere bukaba buzizeza ko igihe cyose hazakenerwa ubufasha bw’akarere, kazabafasha.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu karere ka Bugesera, tariki 18/2/2014, rwahamije Kanakuze Fidele icyaha cy’ubwicamubyeyi mu rubanza rwasomewe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Rebero mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera.
Mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki ya 18/02/2012 mu mudugudu wa Nyarucyamu ya 2 mu kagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye, umugabo Evariste Nkurunziza yatemaguwe n’abajura bamusiga ari intere.
Ubwo zari mu bikorwa byo kubungabunga umutekano, Ingabo za RDF ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika, zataruye umwana w’imyaka 5 wari waraburiwe irengero zimuhuza n’ababyeyi be.
Niyibizi Augustin w’imyaka 52 wo mu kagari ka Bunge mu murenge wa Rusenge wo mu karere ka Nyaruguru, kuri uyu wa 18/02/2014 yagejejwe imbere y’urukiko kurikiranyweho kwica umugore wa mukuru we witwa Mukamanzi Claudine.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwamenyesheje abaturage b’ahitwa mu Biryogo (mu murenge wa Gabiro wo muri Nyarugenge), ko nta gahunda ihari yo kwimura abaturage ku ngufu izongera kubaho. Abafite amazu ashaje bamenyeshejwe ko bafite uburenganzira bwo gusana, ariko babanje kubisabira ibyangombwa.
Mu cyumweru gishize, resitora imwe yo mu gihugu cya Nigeriya mu Ntara ya Anambra yafunzwe n’inzego zishinzwe umutekano nyuma yo gutahura ko amafunguro baha abakiriya babagana aba ari ho imyama z’abantu.
Nsanzamahirwe Thadee w’imyaka 34 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe cya Gasegereti na Koruta ahita yitaba Imana, icyo kirombe kiri mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Gitaraga mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije uburyo bwo gutombola ku banyamahirwe bagira umuco wo kwaka Facture bakabona ibihembo kugeza ubu bigizwe n’amafaranga ibihumbi ijana kuri buri Facture yatomboye. Mu gihe kiri imbere ibi bihembo bikazaniyongeramo ama telefone, television ndetse icya rurangiza kikazaba imodoka.
Abayoboke b’idini y’Abakirisitu muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika batangiye kujya bajya mu masengesho n’ibiterane byabo bambaye ubusa, bakaba babisabwe n’umupasitoro ukuriye iryo dini ryabo ryitwa White Tail Chapel mu mujyi wa Southampton.
Abashinzwe imibereho myiza mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi barahabwa ubumenyi mu byerekeranye n’isuku kuko hari abibasirwa n’indwara zikomoka ku isuku nkeya.
Nyuma y’igihe kinini havugwa ko abatuye i Sovu mu murenge wa Huye, akarere ka Huye, bazimurwa kugira ngo haboneke ahazubakwa inganda, miriyoni zisaga magana atanu zo kubishyura zarabonetse.
Ngo hari ibintu by’ingenzi abasore bakunze kugendaraho bakaba bakwemeza ko umukobwa akiri isugi niyo baba batarakorana imibonano mpuzabitsina, ariko ibyo bimenyetso hari igihe bibeshya ba nyiri ukubigenderaho.
Onesphore Rwabukombe w’imyaka 57 wayoboraga Komini ya Muvumba mu cyahoze ari Perefegitura ya Byumba mu gihe cya Jenoside yakatiwe n’Urukiko rwa Frankfurt mu Budage igihano cy’imyaka 14 y’igifungo.
Urwego rw’Umuvunyi ruremeza ko ruhangayikishijwe na ruswa ishingiye ku gitsina, kuko icyo cyaha bitoroshye kugitahura kubera abagikorerwa batabitangaza kandi gikomeje kugaragara mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi.
Nyuma y’uko bamwe mu bahoze ari abarwanyi mu mutwe wa FDLR batahukiye mu ntangiriro za Gashyantare uyu mwaka, baganiriye n’ikinyamakuru Kigali Today ndetse bashyira mu majwi imwe mu miryango mpuzamahanga bayirega kuba ifasha inyeshyamba za FDLR mu buryo bunyuranye.
Nabagize Damascène w’imyaka 28 y’amavuko yatewe icyuma mu ijosi agwa mu nzira bari kumujyana kwa muganga, ubwicanyi bwabereye mu murenge wa Cyanika mu kagari ka Nyanza umudugudu wa Buhiga muri santere ya Mugombwa mu ijoro rishyira tariki 18/02/2014.
Amafaranga yari agenewe kuvugurura sitade Huye si ko yabonetse yose, ku buryo imirimo y’icyiciro cya mbere iri gukorwa izasiga ikibuga cyo gukiniraho n’aho kwicara bareba umupira gusa.
Umugabo witwa Nkundimana Emmanuel w’imyaka 27 y’amavuko yishe umugore wa mukuru we Mukaminani Clothilde w’imyaka 31 y’amavuko amukubise ikibando mu mutwe agapfa ataragezwa kwa muganga.
Umugabo witwa Rwamakuba wari utuye mu Mudugudu wa Rucumbo, Akagali ka Nyabicwamba mu Murenge wa Gatsibo ho mu Karere ka Gatsibo, yitabye Imana, umugore we n’abana babiri bahita bajyanwa mu bitaro bikaba bikekwa ko bariye uburozi.
Umuhanzi Senderi International Hit ngo azagaburira abantu mu gitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere yise “Nsomyaho” izaba iriho indirimbo 10, iki gitaramo kizaba ku itariki ya 22.2.2014 mu karere ka Ngoma.
Umuhanzi Dominic Nic Ashimwe uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana arishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana kandi akanemeza ko ari iby’agaciro gakomeye.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/02/2014 mu karere ka Nyanza hagejejwe imurika ryimukanwa (Expo mobile) ryateguwe na AEGIS Trust ku bufatanye n’ibindi bigo bigamije kubaka amahoro nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Mu irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Butare, Padiri Kayumba Emmanuel, ryabaye ku mu mpera z’icyumweru gishize, Amakipe ya Kigali Basketball Club ( KVC) mu bagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu bagore nizo zegukanye ibikombe.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrique, kuri iki cyumweru zahungishishije impunzi z’Abayisilamu bahungira muri Cameroun mu gihe bari bagabweho igitero n’abo mu mutwe witwara gisirikare wa Anti-Balaka.
Inzego zitandukanye zirimo intumwa za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Umuvunyi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, tariki 17/02/2014 zaganiriye n’abaturage b’umurenge wa Nyabitekeri zinabakemurira ibibazo kugira ngo bigabanye imanza n’amakimbirane.
Ikipe ya AS Kigali yakomeje mu irushanwa ry’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), nyuma yo kunganya na Academie Tchite igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Bujumbura mu Burundi ku cyumweru tariki ya 16/2/2014.
Nyuma yaho mu karere ka Kirehe habonekeye umuriro w’amashanyarazi kuri ubu aka karere kamaze no kubaka Gare aho ubu imodoka zatangiye no gukoreramo mu gihe abaturage bari bamaze igihe nta Gare bagira.
Umusore w’imyaka 21 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 mu murenge wa Mutete, akagari ka Gaseke.
Abagabo 6 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba yo mu karere ka Gicumbi nyuma yo kwica umujura warurimo atobora iduka ry’ibicuruzwa mu murenge wa Mutete.
Polisi y’u Rwanda ikomeje gusaba abacuruzi kwitonda bakajya bagenzura amafaranga bishyurwa cyane cyane mu masaha y’umugoroba, kuko aribwo abatekamutwe babonamo icyuho cyo gutanga amafaranga y’amakorano.
Ubwo umuyobozi w’ Umuryango mpuzamahanga urwanya akarengane na ruswa (Transparency International), Huguette Labelle, yasuraga Polisi y’ u Rwanda kuri uyu wa 17/02/2014, yashimwe ingamba Polisi y’ u Rwanda yashyizeho mu rwego rwo kurwanya no gukumira ruswa.
Urubyiruko rukora ibijyanye no kwerekana imideri mu itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (Youth Challenge Entertainment Group) ryo mu karere ka Kayonza ruvuga ko iterambere rya rwo rikibangamiwe n’imyumvire y’ababyeyi n’abandi baturage muri rusange ikiri hasi ku bijyanye no kwerekana imideri.
Ministeri y’imari (MINECOFIN) na Banki y’igihugu (BNR), batangaje gahunda yo kwagura isoko ry’imari n’imigabane; aho abafite amafaranga bazajya bayaguriza Leta ikabaha icyemezo (impapuro z’agaciro) cy’uko izajya ibungukira buri mwaka; nyuma y’imyaka itatu ikabasubiza ya mafaranga bayigurije ari kumwe n’inyungu.
Abarimu bo ku ishuri Ste Mary’s High School Kiruhura bavuga ko batishimira guhatirwa kujya muri Koperative Umwarimu Sacco, ahubwo ko bakwiye kurekerwa uburenganzira bwo guhitamo kujya muri iyi koperative bitewe n’ibyiza bayibonamo.
Nyirimbuga Emmanuel, umwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 arasaba urubyiruko kutazumvira uwo ariwe wese washaka kurushora mu bwicanyi bushingiye ku moko, ahubwo rukimika urukundo rugafatanya kubaka u Rwanda.
Icyumweru kijyanye no kwizihiza ivuka rya Baden Power washinze umuryango w’aba Scout, Abaskuti bo mu Karere ka Rusizi bagitangirije muri Zone ya Mibilizi nk’agace karimo Abaskuti mu byiciro byose.
Abasirikare barindwi bageze mu Rwanda tariki 17/02/2014 bavuye mu mutwe wa FDLR batangaza ko nyuma yo gusobanukirwa neza ko umutwe wa FDLR ntacyo uteze kubagezaho bahisemo kugaruka mu gihugu cyabo.