Umushoferi witwa Ntakirukimana Jean w’imyaka 31 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa atwaye imodoka ikapiye ibiti by’imishikiri (kabaruka) abijyanye kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Umugabo n’umugore Francois Bedishye uri mu kigero cy’imyaka 75 n’umugore we Dancila Mujawamariya uri mu cyigero cy’imyaka 65 basezeraniye imbere y’Imana mu itorere ry’aba methodiste Paruwasi ya Kicukiro, basaba abakiri bato babana batarasezeranye kubikora kuko baba babana nko mu buraya.
Itsinda ry’abaganga bo ku bitaro bya Murunda biherereye mu karere ka Rutsiro ryatangiye gupima indwara ya Ebola ku Banyekongo baza muri ako karere kurema isoko rya Nkora mu murenge wa Kigeyo mu rwego rwo kwirinda ko Ebola yagaragaye muri Kongo yagera mu Rwanda.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi ngo basanga imyumvire ya bamwe mu bagore ikomeje kuba inzitizi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore bagenzi babo kuko ngo iyo umugabo yibaniye neza n’umufasha we ngo hari bamwe mu bagore batangira kugenda bavuga ko ari inganzwa cyangwa (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri Sendika y’Abubatsi, Ababaji n’Abanyabukorikori (STECOMA) bo mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatandatu tariki 30/08/2014 bahuriye mu gikorwa cyo kuvugurura inzu y’umusaza utishoboye kandi umugaye, Rubanguka Aloys, utuye mu mudugudu wa Kirehe mu kagari ka Nyagasenyi ho mu murenge wa Kigabiro (…)
Umugabo witwa Rutikanga Soter utuye mu murenge wa Minini mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 29 Kanama yaryamye ari muzima avuga bucya mu gitondo atavuga.
Ikibazo cy’abana bata amashuri bagashwiragira hirya no hino mu mijyi yo mu karere ka Rusizi bakomeje kugwira ni ikibazo cyagaragajwe kuri uyu wa 29/08/2014, mu nama y’umutekano y’akarere ka Rusizi aho mu mirenge hafi ya yose y’aka karere haboneka abana abataye amashuri bakajya kwirirwa bazerera.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda, barashima Leta y’Ubumwe yakuyeho ivangura, bakaba batagihezwa mu bikorwa bitandukanye. Ibyo ngo bibaha icyizere cy’uko batazakomeza kwitwa abashigajwe inyuma n’amateka.
Bamwe mu baturage bahinga ibijumba by’umuhondo bikize kuri vitamin A bo mu karere ka Rulindo bavuga ko ibi bijumba bikunzwe cyane ku isoko, gusa ngo bafite imbogamizi zo kubona ibishanga byo kubihingamo ngo babashe kubikwirakwiza henshi hashoboka.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo, bavuga ko ikibazo cy’ubukene buri muri uyu murenge no kuba inkwano ihanitse, ari bimwe mu bituma kwishyingira bakunda kwita “guterura” ari yo nzira yoroshye yo gushaka umugore cyangwa umugabo.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 44 witwa Bihoyiki Emmanuel utuye mu Murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge, aravugwaho kwambura imitungo abana barindwi ba Nyirataba Jeannette wari umugore we mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisitiri w’ingabo mu Rwanda, General James Kabarebe, arasaba abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kugira ubuyobozi bwiza bubitaho n’igihugu gitekanye bityo bagaharanira gukora bagiteza imbere bakazakiraga abazabakomokaho kimeze neza.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, aributsa Abanyarwanda ko bakwiye kwishimira ko ibyo bari kugeraho babikesha umutekano bafite na politiki yubaka, akabasaba gukomeza gukorana imbaraga no kubungabunga ibyagezweho.
Umurunge wa Nduba waje ku mwanya wa mbere mu karere ka Gasabo mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2013/2014, mu gikorwa cy’igenzura cyateguwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne, aratangaza ko adashyigikiye na gato bamwe mu bakozi b’akarere ayoboye batinda cyangwa bakanga gutanga nkana amakuru basabwa n’ababifitiye uburenganzira. Yanasabye ko uwaba agifite imyitwarire nkiyo yisubiraho hakiri kare, kuko hari itegeko rirebana no kubona amakuru.
Abakora ubucuruzi bw’amahoteri mu karere ka Rusizi baragaragaza impungenge z’abana b’abakobwa baza kuryamana n’abantu bakuru mu mahoteri, ibintu bikunze kugaragara cyane mu gihe cy’ibiruhuko aho usanga abagabo bakuru basohokana abo bana mu buryo bwo kubashukisha ibintu kugira ngo babasambanye.
Umugabo witwa Karemera Théobard w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Karenge mu kagari ka Muhororo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bamusanze imbere y’inzu ye yapfuye mu gitondo cyo ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014.
Ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014 mu masaha ya saa kumi n’ebyiri, nibwo hamenyekanye inkuru mbi y’urupfu rw’umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shara mu murenge wa Kagano, Niyitegeka Twahirwa Marie Rose, akaba yaguye mu mpanuka yabereye mu ishyamba rya Nyungwe nyuma y’uko imodoka yari ibatwaye yarenze umuhanda (…)
Abatuye mu murenge wa Mata mu kagari ka Gorwe barashimira ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru bwabegereje ivuriro kuko ngo ryabagabanyirije urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza.
Umugore w’imyaka 44 y’amavuko uvuga ko atuye mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, yariwe amafaranga ibihumbi mirongo ine na Magana atanu y’u Rwanda n’abantu biyita abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda nyamara bagambiriye kumurya utwe.
Imibare y’agateganyo yavuye mu ibarura ry’amajwi yo mu matora ku mwanya wa Senateri uhagarariye intara y’iburasirazuba irerekana ko Kazarwa Gérturde ari we wahize abandi ku majwi asaga gato 80%, atsinze bagenzi be bahatanaga ari bo Muhimpundu Claudette wagize amajwi asaga gato 10% ndetse na Bagwaneza Théopiste wagize amajwi (…)
Ubwo Abaturarwanda bazaba bakora Umuganda w’ukwezi kwa Kanama iwabo mu Rwanda, mu bihugu bya Senegal, Mali na Guinea Conakry nabo bazatangiza gahunda yo kujya bakora Umuganda mu mpera za buri kwezi nko mu Rwanda, igikorwa cyizanagumana inyito Nyarwanda kikitwa Umuganda Africa.
Kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014, Umushinga Plan international Rwanda washyikirije akarere ka Bugesera ishuri wubakiye abatuye ako karere rifite agaciro ka miliyoni 362 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu gukumira inda zitateguwe, no kurwanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, kuri buri kigo nderabuzima cyose giherereye mu karere ka Gicumbi uhasanga icyumba cy’urubyiruko kiba kirimo umukozi ushinzwe kwigisha urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyorokere.
Umugande Osbert Nuwahereza w’imyaka 24 y’amavuko na mugenzi we Joseph Balikuddembe w’imyaka 44 y’amavuko bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho baha umupolisi ruswa y’ibihumbi 90 kugira ngo areke kubakoraho iperereza.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo, Uwihanganye Jean Baptiste, umunyamabanga ncungamutungo Ndereyimana Modeste n’umukozi ushinzwe ubworozi muri wo murenge witwa Bizimungu Valens, bose bakekwa ho kunyereza umutungo wa Leta.
Umunyonzi witwa Nizeyimana Jean Claude w’imyaka 19 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 29/8/2014, ubwo yagongaga imodoka ya Fuso nyuma yo kubura uko ayikatira kubera umuvuduko mwinshi yari afite.
Umugabo witwa Nzimurinda Felecien n’umugore we Cyabuga Josephine bari batuye mu mudugudu wa Mugurano mu kagari ka Ngange mu murenge wa Byumba ho mu karere ka Gicumbi babonetse barapfiriye mu nzu.
Isoma ry’urubanza rwa Lt. Joel Mutabazi ryari ritegerejwe na benshi ryasubitswe, kubera bimwe mu bimenyetso bijyanye n’uru rubanza bigikeneye icukumburwa ryimbitse, nk’uko byatangajwe na Maj. Bernard Hategeka, Perezida w’uru rukiko rukuru rwa Gisirikare i Kanombe.
Umugore w’imyaka 47 witwa Usabyimbabazi Pélagie yabuze ubuzima akubiswe n’inkuba ubwo yajyaga gucyura amatungo kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014 mu masaha ya saa moya z’umugoroba.
Kuri uyu wa gatanu tariki 29/8/2014, abasirikare bahereutse gutabwa muri yombi bakekwaho gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu, bagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa gisirikare rw’i Nyamirambo.
Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi b’Inzego z’Ibanze mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi barahamya ko nyuma y’amezi atatu umuryango RWAMREC, urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ukanakangurira abagabo kugira uruhare mu buzima bw’umwana n’umubyeyi, umaze ukorana na bo ihohoterwa ryakorerwaga muri uwo murenge (…)
Sibomana Emmanuel ukina mu ikinamico Urunana yitwa Patrick Musonera akaba abihuza no gukora kuri Radio 10 na TV 10 aho akora nka Cameraman (gafotozi) na Editor (atunganya) w’amakuru, arasaba abakurikirana inkinamico kujya bamenya gutandukanya ibyo bumvamo bakina n’uko babayeho mu buzima busanzwe.
Havugarurema Asman w’imyaka 39 ukomoka mu karere ka Ngoma, avuga ko yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge afite imyaka 14 kugera mu gihe cy’imyaka 15 ubwo byari bimaze kumugiraho ingaruka zikomeye, nyuma yo kujyanwa i Wawa ubu akaba yarabiretse akihangira umurimo.
Ndagijimana Callixte utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko imvura ivanze n’umuyaga yahuhuye inzu ye kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 igasenyuka yose kubera uburangare bw’abayobozi b’akarere ka Nyamasheke bari baramwemereye ubufasha kugira ngo asane inzu ye yari yarangijwe (…)
Abanyamuryango bibumbiye muri Koperative y’ubucuruzi ya Kabarore “Kabarore United Trade and Cooperative (KUTC)” ikorera mu Murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo, barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubarenganura nyuma y’igihombo kinini bamaze kugira mu bucuruzi bwabo.
Mu gihe ikoranabuhanga rishingiye kuri terefoni zigendanwa rikomeje gukwirakwira ku isi, abantu benshi ngo bakunze kuryama bafite terefoni zabo hafi kandi zaka kubera gahunda zitandukanye baba bashaka ko zibafasha mo, nko kwitaba, kubibutsa n’ibindi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye ambasaderi Khaled Adbel-Salam wari uhagarariye igihugu cya Misiri mu Rwanda; baganira ku mibanire n’imikoranire y’ibihugu byombi nyuma y’aho Misiri ibonye Perezida mushya, Abdel Fattah el-Sisi mu mwaka ushize wa 2013.
Umushoferi witwa Mushimba Jean Bosco w’imyaka 40 y’amavuko na Kigingi we witwa Habiyaremye Emmanuel w’imyaka 22 y’amavuko bakomerekeye bikomeye mu mpanuka y’imodoka yagonze umukingo, ku buryo kubakuramo babanje gutemagura igice cy’imbere cy’imodoka.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irishimira ko impapuro mvunjwafaranga (bonds) z’u Rwanda ku nshuro ya kabiri zagize ubwitabire bwazamutse ku rugero rwa 232%, rukaba ari rwo rwa mbere runini mu kwitabirwa Guverinoma iyo ariyo yose yaba yaragize, nk’uko iyi minisiteri ibitangaza.
Itsinda ry’abantu batandatu baturutse mu bihugu bya Uganda na Mozambique bakorana n’umushinga BTC (Belgian Technical Cooperation) utera inkunga bimwe mu bikorwa bijyanye n’ubuzima mu Karere ka Gakenke by’umwihariko ku bitaro bya Nemba, bishimiye uburyo izo nkunga zikoreshwa banishimira imwe mu mikorere y’ibitaro hamwe (…)
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutsiro aho umwe ashinja mugenzi we kwica umuntu akamusaba kumufasha bakamujugunya mu mugezi, ariko ushinjwa ntabyemera.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na ministiri wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Buyapani, Hirotaka Ishihara bemeranyijwe ko Leta z’ibihugu byombi zigiye gukorana n’abikorera bo mu Rwanda hongerwa umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi ku izina ry’abamotari bakorera mu karere ka Kirehe bavuga ko batishimiye uburyo babayeho kuko bahura n’imbogamizi nyinshi zibazitira mu mwuga wabo.
Ibibazo bivugwa mu ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi bo mu Karere ka Rusizi (UKOPEKORU) ngo ntibishingiye ku inyerezwa ry’umutungo wayo ahubwo ngo bishingiye ku miyoborere; nk’uko byashyizwe ahagaragara na raporo yakozwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’amakoperative (RCA).
Kuva tariki 05/09/2014, imwe mu myanya y’ubuyobozi mu tugari n’imirenge byo mu karere ka Nyanza iraba ikorerwamo n’abantu bashya kubera guhinduranya abayobozi kwabayeho.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi ari ku mugabane w’Uburayi mu gihugu cya Turukiya aho yitabiriye imihango yo kurahira kwa Perezida Tayyip Erdogan iza gutangira isaa saba ku isaha y’i Kigali.
Mukamukomezi Agnes na Karangwa Jean batuye mu mudugudu wa Byahi mu kagari ka Shara mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barasaba ubufasha bwo kuvuza umwana wabo w’amezi umunani ufite ikibazo kuko aho gukura nk’abandi bana agenda abyimba umutwe.
Polisi y’igihugu mu karere ka Nyaruguru irasaba urubyiruko gutanga amakuru ku igurishwa ry’abana b’abakobwa, ndetse no ku mpanuka zo mu muhanda, hagamijwe kubikumira bitaraba.
Hashize imyaka itatu mu karere ka Ngororero bubaka uruganda rugenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati. N’ubwo bigaragara ko inyubako zarangiye ndetse n’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda zikaba zihari, imirimo yo gutunganya imyumbati yo ntiratangira mu gihe umushinga wateganyaga ko uruganda rwari gutangirana n’umwaka wa (…)