Ivatiri yaturukaga i Kigali yerekeza mu majyepfo yarenze umuhanda igwa mu gishanga cya Nyabarongo. Nyuma y’igihe gito izindi modoka ebyiri zayirangariye zihita zigongana na zo zigwamo, impanuka yabereye ku muhada urenze ikiraro cya Nyabarongo, ahagana mu maha y’issaa tanu z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu tariki 12/4/2014.
Abagabo batanu bakomoka mu murenge wa Mataba mu karere ka Gakenke bose bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke, bacekwaho kuba harimo abafatanwe mudasobwa zagenewe abanyeshuri bo muri Groupe Scolaire ya Nyundo muri gahunda ya "One laptop per child."
Ngo Kuba u Rwanda rufite aho rumaze kwigeza nyuma y’imyaka 20 ishize Jenoside ibaye, ahanini ni ukubera imiyoborere myiza irimo kwegereza abaturage ubuyobozi, akaba ari nayo mpamvu ibihugu byinshi bya Africa bifashe iya mbere bikza kwigira ku Rwanda iyo politike.
Kabagari Anastase, umwe mu baturage bagize ubutwari bwo kurokora Abatutsi igihe bicwaga bakanatotezwa mu gihe cya Jenoside mu karere ka Rubavu, yashimwe mu ruhame anagabirwa inka na bamwe mu bo yarokoye akabambutsa umupaka abahungishiriza muri Congo.
Abagabo batatu harimo umusaza witwa Mahirane Laurent uri mukigero cy’imyaka 63 y’amavuko, Sindikubwabo Asumani w’imyaka 24 na Habamungu w’imyaka 27, bari kuri station ya Polisi ya Kibungo kubera kujugunya mu musarane ibitambaro biriho ubutumwa bujyanye no kwibuka Jenoside kunshuro ya 20.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rurizeza ubuyobozi n’Abanyarwanda ko nta Jenoside izongera kubaho mu Rwanda, kuko rufite ubuyobozi bwiza buhora burbigisha gukunda igihugu kandi rukaba runafite imbara n’ubushake bwo guharanira icyiza gusa.
Nyuma y’imyaka 20 Jenoside irangiye abarokotse jenoside n’abayikoze batangaza ko ubumwe n’ubwiyunge byabagejeje ku iterambere, kuko batambutse ibyabatanyaga bakareba ibibahuza ubu bakaba bagabirana.
Ntaganda Elia w’imyaka 29 n’umugore n’abana batatu utuye mu murenge wa Rurenge akagali ka Rujambara akarere ka Ngoma, ari mu maboko ya police ya Remera Post station nyuma yo kugwa gitumo n’abaturage arya imbwa avuga ko ariye agashyikirizwa polisi.
Niyonsenga Jea d’Amour, Perezida wa IBUKA mu karere ka Ngororero avuga ko ubuyobozi bw’akarere bwihutira gukemura ibibazo by’abarokotse, aho ashyira ahagaragara ibitarava mu nzira, Harimo icy’ amazu 300 agomba gusanwa imanza z’imitungo zitari zarangizwa, inzibutso zikeneye gusanwa n’imibiri igishyinguye mu ngo.
Imbaga y’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda muri Sudani bakoze umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenocide yakorewe Abatutsi bacana urumuri rw’icyizere. Igikorwa cyabereye muri Kaminuza Mpuzamahanga Nyafurika (International University of Africa-IUA), kuri uyu wa kane 10/4/2014.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira abagize uruhare mu kurokora bamwe mu Batutsi bari ku rutonde rwo kwicwa mbere y’abandi, mu cyahoze ari komini Gishoma kuri ubu ibarizwa mu karere ka Rusizi.
Abaturage bo mu murenge wa Gikomero akarere ka Gasabo batangaza ko bafite icyizere cy’uko u Rwanda ruzagira igihe rukabaho nta makimbirane, bitewe n’uko abarokotse n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bongeye kujya basabana.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, asanga intambwe u Rwanda rumaze gutera mubukungu iri kukigereranyo gishimishije, aho ngo hafi buri muturarwanda wese abasha kwihaza mu biribwa.
Nsanzimana Sylvestre, umuganga ukuriye ishami ry’ubuzima bwo mu mutwe mu Bitaro bya Kibuye, avuga ko kuvura abana bavutse nyuma ya Jenoside bahura n’ikibazo cy’ihungabana ngo bigora kurusha uko wavura umuntu wahungabanye kubera kwibuka inzira y’umusaraba yanyuzemo mu gihe cya Jenoside.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko kuba hari imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zitararangizwa ahanini bituruka ku kuba hari abangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafite ubushobozi bwo kwishyura.
Urukiko rw’ahitwa Blois mu Bufaransa ruherutse kwemeza ko umugore wari waratandukanye n’umugabo we bakiriho, bakaza gushyingurwa mu mva imwe, batandukanywa bisabwe n’umugore we wa kabiri.
Senateri Tito Rutaremara yifatanije n’abaturage ndetse n’abanyeshuli bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ndetse n’abo mu ishuli rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare mu ijoro ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo mu mugi wa Butare ryitwa Pillars Youth Association ryateguye imurikamateka risobanura Jenoside n’ingaruka zayo rikaba ririmo kubera mu cyumba cy’inzu mberabyombi y’Akarere ka Huye tariki ya 10-13/4/2014.
Mu karere ka Nyamasheke basanga bidakwiye ko mu gihe abandi bari kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi abaturage bakwigira kubaga inka zabo cyangwa andi matungo bagasanga byaba ari amakosa, kandi ko byaba bihabanye n’umuco nyarwanda.
Urubyiruko rukoresha ikoranabuhanga rurasaba buri wese gutanga ubufasha ku basaza n’abakecuru 859 bari hirya no hino mu Rwanda batagira abana (incike), babigizwe na Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Abo bantu ngo bafite ihungabana rikabije riterwa n’imibereho mibi no kuba inyakamwe mu rugo.
Bamwe mu barokotse bo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke bavuga ko nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda bamaze gutera intambwe mu ngeri zose mu kwiyubaka no kubaka igihugu cyababyaye.
Umusore witwa Kanani uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mukura ariko akaba yari amaze amezi abiri yimukiye mu kagari ka Gitwa murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu icyarimwe abana babiri.
Capolari Semana John yatashye mu Rwanda taliki 27/3/2014 nyuma yo kwitandukanya na FDLR Foca isanzwe ikorera mu duce dutandukanye twa Kivu y’amajyaruguru, nyuma yo kubona ko kuba muri FDLR ari uguta igihe.
Umuhanzi, umunyamakuru akaba n’umunyamideli Dady de Maximo Mwicira Mitali mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 10/04/2014 yapfushije mushiki we umwe yari afite Clarisse Usanase Mwicira Mitali akaba yari arwariye mu bitaro bya Kibagabaga yari amazemo igihe kirenga icyumweru.
Nyampinga Mutesi Aurore afatanyije na bamwe mu bahanzi basanzwe bazwi mu ndirimbo zihimbaza Imana bakoranye indirimbo yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Umusore w’imyaka 20 wari ucumbitse mu mudugudu w’Isangano, akagari ka Binunga mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kigabiro muri aka karere akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 2 n’igice wo mu rugo yari acumbitsemo.
Umurenge wa kiziguro ni umwe mu Mirenge 14 igize Akarere ka Gatsibo, ahahoze ari komini Murambi. Aka karere kazwiho kuba karabereyemo ubwicanyi bukaze mu gihe cya Jenoside, Abatutsi benshi batawe mu rwobo rwa Kizuguro, abenshi biciwe muri Kiliziya yaho.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni i Darfur muri Sudani (UNAMID) bifatanije n’inshuti z’u Rwanda n’abaturage ba Sudani kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ntirenganya Sylvestre warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Murambi, akarere ka Rulindo yanditse igitabo yise “Urumuri rw’amahoro” kiza gukundwa cyane kuko cyanaje gushyirwa mu nzu y’urwibutso ya Nyanza ya Kicukiro.
Georgette Umuringa wahoze ari umwarimu mu gihe cya Jenoside atangaza ko aterwa ipfunwe kubera uburezi bwa mbere ya Jenoside yakozemo, bwavanguraga abanyeshuri bugendeye ku moko yagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubwo yatangaga ikiganiro muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, yasobanuye ko guhagarika Jenoside ari umutima w’ubwitange n’urukundo byo kubohora abaturage atari ubwinshi bw’abasirikare ba RPA.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside mu murenge wa Kabarondo bubakiwe Jenoside ikirangira amazu ya bo yarangiritse bikomeye ku buryo hari n’aho bishobora kuzasaba ko bongera kubakirwa bundi bushya.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuriye mu muryango GAERG (Groupe des Anciens Etudiants Rescapés du Génocide), muri Famille IGIHOZO ibarizwa mu gihugu cy’Ubutaliyani, bakoze umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu mwaka wa 1994.
District Administration Security Support Organ (DASSO) ni urwego rwashizweho n’itegeko ryasohotse mu igazeti ya Leta muri Nyakanga 2013, rukaba rugomba gusimbura urwari rusanzweho ruzwi ku izina rya Local Defence.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 10/4/2014, munsi y’ikiraro ku Kinamba (mu mujyi wa Kigali), hatoraguwe umurambo winitse mu mazi, ku gikuta cy’ikiraro iruhande rwe hari amaraso.
Umugore witwa Kampororo Jeannette w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Karukoranya B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana tariki 09/04/2014 yabwiye mugenzi we witwa Mukahirwa Claudine amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside bimuviramo kugira ihungabana.
Umushumba wa diyoseze EAR Gahini mu karere ka Kayonza, Bishop Alexis Bilindabagabo yanenze bikomeye abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abo ku musozi wa Gahini kuko bamwe bakoresheje amazi y’ikiyaga cya Muhazi bambura ubuzima abahigwaga muri Jenoside, kandi ubusanzwe amazi ubwayo ari ubuzima.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bari kumwe na bagenzi babo bikorera indi mirimo baba mu gihugu cya Sudani y’Epfo bifatanije n’Umuryango mpuzamahanga n’inshuti z’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ambasaderi wa Australia mu Rwanda, Geoff Tooth, kuri uyu wa 9/4/2014 yagiriye uruzindiko mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rutare rwo kureba ibikorwa biterwa inkunga n’igihugu ibinyujije mu mushinga wa World Vision.
Undi musirikare wa Congo wari warafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo butemewe n’amategeko, Captain Lupango Rogacien, yashyikirijwe itsinda ry’ingabo zishinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (EJVM) tariki 09/04/2014 ndetse anashimira uburyo yitaweho ari mu Rwanda.
Muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Depite Mujawamariya Berthe yibukije abatuye mu kagari ka Nasho, umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe ko bakwiye gushyigira gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko igamije guca amacakubiri yatumye habaho Jenoside.
Umushoramari Habimana Gervais yasubijwe uburenganzira bwo kongera gukora imirimo yakoraga mu karere ka Nyamasheke hafi y’ishyamba rya Nyungwe, ahateye icyayi cya Gisakura, nyuma yo gusanga ubutaka yaburanaga n’uruganda rwa Gisakura Tea Company yarabuhawe mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya Mali no mu gace ka Abyei muri Sudani, bunamiye inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 igahitanana abarenga miliyoni.
Muhire Ildephonse wayoboraga umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare mu murenge wa Rwempasha arashinjwa kugurisha incuro ebyiri ikibanza kiri ahantu hagenewe irimbi. Uwahaguze bwa kabiri inzu yubakaga igagasenywa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare arasaba Muhire kumuha amafaranga ibihumbi 665.
Abarundi baturutse muri komine ya Gashikanwa mu ntara ya Ngozi, bari mu karere ka Ruhango aho baje kwigira ku bikorwa remezo cyane cyane ku masoko y’amatungo n’uko asoreshwa, kugirango nabo bibafashe guteza imbere ibikomoka ku matungo yabo.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bwikomye utubari mu kuba tutari kubahiriza amabwiriza arebana n’imyitwarire ihwitse igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe twibukamo ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abagihakana ko habaye Jenoside bakavuga ko habayeho intambara ngo bagomba kwigira ku mateka y’icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu hatigeze haba imirwano y’amasasu hagati y’ingabo zari iza Leta muri 1994 n’iza FPR Inkotanyi ariko Abatutsi bari bahatuye bakicwa urwagashinyaguro.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke barasaba abaturage gufunga utubari two mu ngo twose mu gihe kitararangira ngo kuko bituma hari abarengera bakibagirwa ko bari mu bihe bidasanzwe byo kwibuka.
Hakizimana Barnabe na Uwimana Marie Jeanne bari bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo bazira kutifatanya n’abandi kwibuka ubwo icyunamo cyatangizwaga mu Rwanda hose, bifatwa nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.