Umusore mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi yagwiriwe n’umusarane agiye kwiherera aburirwa irengero.
Abakozi bakora mu mirimo yo kubaka umudugudu wa Gacuriro barinubira kwirukanwa kwa hato na hato ndetse bamwe ngo bakagenda batanahawe ibyo bemererwa n’amategeko.
Abatuye Kigembe mu Karere ka Gisagara bavuga ko kuba barabonye uruganda rutunganya ibigori, bituma batakirya ibigori biseye nabi cyangwa ngo bavunike bajya i Huye.
Nyuma yo kutifashishwa ku mikino ibiri iheruka,Kwizera Pierrot yagarutse muri 18,mu gihe Davis Kasirye we atiyambajwe muri 18 bazakina na Kiyovu kuri uyu wa gatatu
Abdu Mbarushimana wari Team manager wa Rayon Sports yamze kwirukanwa n’iyi kipe nk’uko byatangajwe kuri uyu wa mbere mu kiganiro n’abanyamakuru
Abatuye Umurenge wa Mageragere muri Nyarugenge, bavuga ko biteze iterambere risimbura imirimo y’ubuhinzi k’uzatorerwa kuyobora akarere afatanyije n’abo bazayoborana.
Abaturage barasaba abatorerwa kubahagararira mu nama Njyanama z’uturere kutagarukira ku gutorwa gusa, ahubwo bakajya bamanuka bakumva ibitekerezo byabo
Abaturage bo mu Ntara y’Uburengerazuba bazindukiye mu gikorwa cyo gutora abazabahagararira mu nama njyanama z’uturere nazo zizatorwamo abayobora uturere.
Bamwe mu batuye mu Burasirazuba ngo batoye abakandida batazi bitewe n’uko batigeze bababona biyamamaza, bakaba batoye bagendeye ku mafoto gusa.
Abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru barasaba abayobozi bitoreye kurushaho kubegera, bakabagezaho ibikorwa by’iterambere bityo nabo bakava mu bukene.
Uwitwa Tuyisenge Clementine wo mu Karere ka Nyamasheke afunzwe azira gutwika ikiganza umwana yibyariye amuhoye ko yakoze mu nkono.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kansi bavuga ko gahunda yo guhuza ubutaka imaze kubazamura, bakaba batakiri mu cyiciro cy’abafashwa.
Amatora y’abajyanama rusange bazitoramo abayobozi ku myanya itandukanye harimo n’ab’uturere, yabaye kuri uyu wa mbere tariki 22 Gashyantare 2016, yaranzwe n’udushya dutandukanye.
Abamotari bakorera mu Karere ka Nyamasheke, biyemeje kongera ubufatanye mu gufatanya na Polisi gucunga umutekano no guca ibyaha bihagaragara.
Abafashamyumvire ba FPR Inkotanyi muri za kaminuza zo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa guhindura imibereho y’Abanyarwanda ikarushaho kuba myiza.
Abaturage bahawe imirimo muri gahunda ya VUP mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara barinubira kudahemberwa igihe kuko ngo bibakenesha.
Mu gihe championnat y’umukino w’intoki(Volleyball) yatangiye kuwa 20/02/2016 umukino wagombaga guhuza Rayon sports VC na Kirehe VC i Kirehe wasubitse bitunguranye bitera urujijo.
Kuri iki cyumweru mu karere ka Rwamagana habereye isiganwa ku maguru,isiganwa ryateguwe n’akarere ka Rwamagana ku bufatanye na AVEGA na MSAADA
Abakozi ba Loni bashimiye u Rwanda ko rumaze gukataza mu kwihutisha serivisi zihabwa abaturage, hifashishijwe ikoranabuhanga.
Amagaju yanganije na Poliice fc i Nyamagabe igitego 1-1,maze AS Kigali yari yatsinze Etincelles ibitego 4-2 ku wa Gatanu ikomeza kuyobora urutonde
Polisi irasaba abaturage bo mu karere ka Nyaruguru bacururiza lisansi mu ngo zabo kubireka kuko bitemewe kandi bikaba biteza impanuka.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rusuri batangaza ko uburyo bushya bigishijwe n’abashinwa bwatumye umusaruro wabo w’umuceri wikuba inshuro hafi enye.
Umwarimukazi Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama muri Rutsiro, wagiye kwivuriza mu Buhinde, aratangaza ko ikibazo cy’impyiko yari afite cyakemutse kuko yavuwe.
Kangabe Melena utuye mu Mudugudu wa Rutovu ho mu Kagari ka Shanga i Maraba y’Akarere ka Huye, yize gusoma no kwandika ku myaka 68 y’amavuko.
Abanyarwanda bavukiye mu mahanga bashima ishyaka ababyeyi babo bagize babatoza kuvuga Ikinyarwanda, bakaba basaba n’ab’ubu gusigasira umuco bakundisha abana ururimi kavukire.
Igishanga cya Gacaca cyo mu Murenge wa Murundi i Kayonza cyitwaga “Singira Umukwe” cyahindutse isoko y’ubukungu kandi mbere cyari imbogamizi ku baturage.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), iratangaza ko udafite ikarita y’itora ariko afite ibindi byangombwa, atazabuzwa gutora kuri uyu wa Mbere, tariki 22 Gashyantare 2016.
Avuga ku bibazo bya politike, imvururu n’ubwicanyi bikomeje kubera mu gihugu cy’u Burundi, Perezida Paul Kagame yeruye avuga ko ababazwa n’uburyo iki kibazo kidakemuka ahubwo bakacyegeka ku Rwanda.
U Rwanda rwakiriye intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo gutsura umubano w’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’Itorero MISPA mu Rwanda Pastor Musabyimana Théoneste aratangaza ko bidakwiye ko amatorero ashyira inda imbere agamije gucuruza abakirisitu bayo.
Icyiciro cya 4 cy’umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda, ushinzwe gutabara aho rukomeye, tariki ya 18 Gashyantare, cyasoje ijyanye no kurwanya iterabwoba, giherereye mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Abakandida biyamamariza mu Murenge wa Kibungo kumyanya ya Njyanama y’Akarere ka Ngoma ari naho hazatorwamo ukayobora, abaturage barasaba gusezeranya ibyo bazakora.
Abadepite 43 b’u Bufaransa batangaje ko bifuza kuza kwifatanya n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.
Abakinnyi 11 bahagarariye u Rwanda mu mukino w’amagare berekeje muri Maroc muri Shampiona nyafurika izatangira tariki ya 21-26/02/2016.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Muhanga, Gasana Celse, aratangaza ko, mu ngengo y’imari itaha bazubaka ikimoteri cy’Umujyi wa Muhanga kizatwara abarirwa muri miliyoni 400FRW.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano wayo zaciye intege ba rushimusi bahigagamo inyamaswa.
Abafungiye muri Gereza yihariye y’Abagore ya Ngoma, bavuga ko kugira amatorero y’ubuhanzi ndetse no kwiga imyuga itandukanye bibafasha kutigunga.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru muri ES Kigoma mu mukino wa Handball harakinirwa irushanwa ryitiriwe Intwari mu bagabo n’abagore
Bamwe mu baturage n’abakozi b’Akarere ka Rutsiro bishimiye ko akarere kabo kagiye guhindura amateka kakava mu nyubako z’icyari komini kakajya mu biro bijyanye n’igihe.
Nyuma y’ivugururwa rya Komite z’Abunzi muri Nyakanga 2015, bamwe mu binjiyemo bashya bagaragaza guhuzagurika mu mikorere, ibyemezo bafata bikinubirwa n’abaturage.
Abarezi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda y’ikoranabuhanga ya EDC izatuma nta mwarimu wongera kwigisha ahushura amasomo.
Akarere ka Rwamagana ku bufatanye na AVEGA na MSAADA,bateguye isiganwa ku maguru mu ngeri zose rizaba kuri iki cyumweru i Rwamagana
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ivuga ko umubare w’abakeneye ibiribwa urushaho kwiyongera kuruta uko abahinzi bitabira kongera umusaruro bakoresheje ifumbire mvaruganda.
Ibigo bitwara abagenzi n’ibicuruza ikoranabuhanga, byatangiye guha internet yihuta ya 4G abagenda muri Kigali, nyuma yo kubisabwa na Leta.
Abacuruzi b’inyama mu Karere ka Rusizi barinubira ko inyama bacuruza bazikura mu Karere ka Nyamasheke, bitewe n’uko ibagiro ryabo ryafunzwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yatangarije mu ruhame ko ibyo Leta y’u Burundi n’Umuryango Mpuzamahanga bishinja u Rwanda ari "ugukwiza ibihuha" kuko ari ibinyoma.
Abanyarwanda batahutse bava muri Congo bavuga ko kurambirwa no gukomeza gutotezwa n’abanyecongo kimwe n’imibereho mibi ngo byabateye gutahuka.
Abagize Koperative Uburumbuke ikorera i Kirehe basanga kuba babungabunga ibidukikije nta gihembo bihaye umwanya wo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.