Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2016, Perezida Kagame yakiriye Umwami Mohammed VI wa Maroc ugiriye uruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda.
Umutoni Sandrine usanzwe ari umunyamabanga wungirije wa Madame Jeannette Kagame ushinzwe itumanaho, yagizwe Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation.
Nyuma y’aho Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi (MINICOM) ihagarikiye umukino w’ikiryabarezi, hari uduce tumwe na tumwe uyu mukino ugikinwa mu buryo bwa rwihishwa.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MINENFRA) ivuga ko imiyoboro y’amazi yangiritse mu Ntara y’Iburengerazuba izatwara akayabo ka Miliyari zisaga 3,4 kuyisana.
Umurundi Mohamed Roshanali niwe bemeje ko ari we wabaye uwa mbere, agakurikirwa na Gakwaya Jean Claude, kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2016.
Abajura batatu bagerageje kwiba SACCO yo mu murenge wa Rwaniro muri Huye batahurwa batariba umwe araraswa babiri baracika.
Padiri Nduwayezu Janvier uyobora Ibiro by’Inama y’abepisikopi gatolika mu Rwanda bishinzwe uburezi (SNEC), avuga ko umubyeyi ari ndasimburwa mu burere bw’umwana.
Abayobozi bo mu Karere ka Kamonyi bibukijwe ko gutanga amakuru bireba buri wese kuko hari abari bagitekereza ko ari inshingano z’umuvugizi.
Ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira, yarahanutse bombi barapfa, ubwo bavaga Arusha muri Tanzaniya mu nama ireba uko hashyirwa mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi na RPF- Inkotanyi.
Abaturage bo mu murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bibaza impamvu bagicana agatadowa kandi bamaze imyaka itatu baratanze amafaranga yo kwizanira amashanyarazi.
Mu gishanga cya Gashora ho mu karere ka Bugesera harimo kubakwa uruganda rw’amazi rwa Kanyonyombya, rugamije gukemura ikibazo cy’amazi cyugarije abaturage.
Amasezerano y’ubufatanye bw’ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), avuga ko igisirikare cya buri gihugu kigaragariza abandi ibikorwa byacyo, byakoreshwa mu nyungu rusange z’abasirikare bo mu Karere.
Abakorera n’abagenda muri santere ya Kidaho iri muri Burera babangamiwe nuko iyo santere itagira ubwiherero rusange kandi ihoramo urujya n’uruza rw’abantu.
Mu Murenge wa Save wo mu Karere Ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, ngo nta rugo ruzongera gucikanwa n’isuzuma ry’imihigo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugano n’uw’umurenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe beguye ku mirimo yabo.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi ruvuga ko nubwo mu karere kabo hari amahirwe nta bushobozi rufite bwo kuyabyaza umusaruro.
Abakirisitu ba Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri barishimira ko ntawuzongera kumvira misa hanze kubera uruhare bagize mw’ivugururwa rya Katedarali ya Ruhengeri.
Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF Inkotanyi muri Rubavu rwahigiye kurwanya iterabwoba n’icuruzwa ry’abantu hagamijwe kurinda abatuye igihugu.
Ikipe ya Sunrise FC y’iburasirazuba n’ubwo yangiwe gukinira ku kibuga cyayo ntibyayibujije gutsindira AS Kigali, i Kigali, igitego 1-0.
Mu Murenge wa Ngoma wo mu karere ka Rulindo, hashyinguwe imibiri itanu y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi .
Ibitaro bya Rubavu byungutse serivisi yo kunganira impyiko kuyungurura amaraso izwi ku izina rya Dialysis.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Madame Jeannette Kagame avuga ko guha ubushobozi umugore ari uburyo bworoshye bwo kubaka umuryango ubereye umwana.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.
Umugabo utuye mu murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu akurikiranweho kwiyicira umugore we akiyoberanya avuga ko yishwe n’abagizi ba nabi.
Ministeri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangiye ubukangurambaga bw’umuryango bukangurira ababyeyi kwita ku burere bw’abana babo.
Mu murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge hari agace kiswe “Norvège” ya Kigali ngo kubera iterambere ryako kandi ari mu cyaro.
Nyuma y’uko Ikipe ya Rayon Sports itsinze Police FC mu mikino itegura Shampiyona yongeye kuyitsinda iyinyagira ibitego 3 - 0 mu mukino ufungura Shampiyona.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ibya Buzinesi bavuga ko biyunguye ubundi bumeni mu kwihangira imirimo iciriritse, nyuma y’amahugurwa y’amezi atatu bashoje.
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika John Kerry, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yunamira imibiri isaga ibihumbi 250,000 irushyinguyemo.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) itangaza ko ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote (Drones) mu Rwanda ritazahagararira mu by’ubuvuzi gusa.
Kuri uyu wa gatunu tariki ya 14 Ukwakira 2016, Abanyamideli b’abanyarwanda barerekana ubwiza bw’ibihangano bya Kinyarwanda bakora.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo gutwara amaraso hifashishijwe utudege duto ( Drones), Perezida Kagame yavuze ko yizeye umusaruro tuzatanga mu duce twa kure twagoraga ubuvuzi.
Depite Jean Marie Vianney Gatabazi atangaza ko urupfu rwa Depite Joseph Désiré Nyandwi ari "icyuho kinini ku Nteko Ishingamategeko kubera ubunararibonye yari afite".
Ambasadeli Arnout Pauwels uhagarariye Ububiligi mu Rwanda, yatangaje ko ntacyahagarika ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri wo gukumira ibiza no gucyura impunzi avuga ko muri 2016 mu Rwanda, ibiza bimaze guhitana abantu 166, binangiza imitungo ifite agaciro ka miliyari 27RWf.
Joseph Desire Nyandwi wari Umudepite mu Nteko ishingamateko, yitabye Imana azize uburwayi mugitondo cyo kuri yu wa gatanu tariki 14 Ukwakira 2016.
Polisi y’igihugu ikorera mu ntara y’Ibirasirazuba yatashye inyubako nshya y’icyicaro cyayo izabafasha guha serivise nziza ababagana.
Nyuma yo kurangiza kwishyura imodoka bari bamaranye imyaka itanu, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’igihugu bagiye guhabwa imodoka nshya.
Roger Patrick Claude Michel na Jean Marc Roger Dimanche, bakomoka mu Bufaransa, boherejwe iwabo nyuma yo gufatwa binjira mu Rwanda batabifitiye ibyangombwa.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ukwakira 2016, nibwo umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry wari utegerejwe mu Rwanda yahageze.
FERWAFA yanzuye ko umukinnyi witwa Iminishimwe Emmanuel aba umukinnyi wa APR FC bidasubirwaho nyuma yo gusuzuma ikirego cyari cyatanzwe na Rayon Sports.