Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yasubukuye imyitozo aho yitegura gukina na Uganda,gusa ntirabona umukino wayifasha kuyitegura
Ngarambe Deogratias bakunze kwita Rukanika akaba nyir’ivuriro Lukai Health Center yatawe muri yombi ashinjwa gukuriramo umukobwa inda akitaba Imana.
Uruganda rwa Cimerwa rukora sima ruherereye mu Karere ka Rusizi rwahaye abana b’ipfubyi za Jenoside inzu ya miliyoni mirongo ine.
Shampiona y’abagore mu mukino wa Handball y’umwaka wa 2016 igiye gukinirwa mu mazone bitewe n’ibice by’igihugu amakipe aherereyemo
Ndagijimana Alphonse wari ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Mirama ya mbere mu Karere ka Nyagatare, yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ruswa.
Umushinga wa Clarisse Uwineza wo gutunganya imyanda ibora igakorwamo ifumbire y’imborera (Bio-organic Waste Feltilizer) urahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi yo kuza mu mishinga myiza mirongo itatu ku isi.
Ibihugu byibumbiye mu muryango Smart Africa byiyemeje kugabanya ibiciro by’itumanaho ku bantu bakorera ingendo muri ibyo bihugu, bityo ubuhahirane bworohe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yagaye abafite ubuhinzi mu nshingano mu Karere ka Karongi kudahana amakuru.
Bamwe mu banyeshuri bakerewe kugera kugera ku bigo by’amashuri babujijwe kubyinjiramo nyamara bo bavuga ko ari akarengane kuko bakerewe kubera impamvu ngo zifatika.
Uwitonze Beatrice w’imyaka 16 wo mu Karere ka Rutsiro yagaruriwe mu nzira agiye gukorera amafaranga amafaranga mu Karere ka Muhanga ataye ishuri.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kiyanzi mu Karere ka Kirehe, bavuga ko biteguye gutanga imbabazi ariko babuze uzibasaba.
Ubuyobozi bw’AKarere ka Ngororero bwasabye abahatuye kwirinda ikintu cyose kirimo n’umwanda gishobora kubakururira indwara, kandi bafite ubushobozi bwo kuzirinda.
Senateri Tito Rutaremara arahamagarira urubyiruko kwandika amakuru avuguruza ayo abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakwirakwiza.
Mbere y’uko ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 ingayije na Uganda mu mukino ubanza,umutoza wayo yongeye mo abakinnyi 2 mbere yo gukina umukino wo kwishyura uzabera Uganda kuri uyu wa gatandatu
Imirenge ya Sacco yo mu Karere ka Rusizi ishobora gufunga imiryango bitewe no kutagenzura no kudafata ibyemezo kw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge.
Abasenateri bagize komisiyo ikurikirana ibikorwa by’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), baravuga ko hagikenewe ubukangurambaga bwinshi ngo abaturage bamenye inyungu ziwurimo.
Nyuma y’uko umuryango utuye muri Kansi mu Karere ka Gisagara abyariye rimwe abana batatu b’impanga ugasaba ubufasha bwo kubarera, yahawe inka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutoza abana gusura inzibutso no kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bizagabanya ingengabitekerezo yayo.
Bamwe mu banyeshuri barangije ibiruhuko, bavuze ko baraye mu nzira kubera kubura imodoka zibageza ku bigo bigaho.
Kuri iki Cyumweru, tariki 17 Mata, ahagana saa moya za mugitondo, umugabo witwa Mbyariyehe Olivier wari ufungiye muri kasho ya sitasiyo ya polisi y’u Rwanda ya Kiyumba mu Karere ka Muhanga yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka, bimuviramo gupfa.
Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gutsinda ikipe ya Marines ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki cyumweru,yaje guhita ismbura APR Fc ku mwanya wa mbere
Umuryango Restore Rwanda Ministries (RRM) urasaba abaturage bo mu Karere ka Kirehe guhinga igiti cyitwa JATROPHA (Jaturofa) kibyara mazutu hagamijwe kubungabunga ibidukikije.
Abakozi ba I&M Bank baremeye umukecuru w’incike wo mu Karere ka Kamonyi mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri iki cyumweru Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza,aho Rayon Sports na Mukura zitsinze zaca kuri APR Fc iyoboye urutonde rw’agateganyo
Abakora isuku mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) barinubira ko bamaze amezi atatu n’igice badahembwa.
Abatuye Akarere ka Ngororero bavuga ko aka karere gafite umwihariko mu gutegura, kugerageza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo bagasaba ko amateka yaho yandikwa.
Abatuye Akagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore w’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kumenya amateka y’ukuri yaranze igihugu ari byo bizabafasa kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, yashimye ibikorwa bya COOPEK Inkunga mu kuzamura abatuye uturere twa Rutsiro na Karongi ikoreramo.
Ubwo abajyanama b’Akarere ka Nyamasheke bakoraga inama yabo ya mbere, bavuze ko bagiye guhindura imikorere bakajya bagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Polisi ikorera mu Murenge wa Bugeshi muri Rubavu, ahitwa Kabumba, yaraye itewe n’abantu bitweje intwaro bataramenyekana, barasana nayo ariko ishobora kubahashya.
Peresidente w’inteko Mukabarisa Donatilla, arasaba Abanyarwanda kwandika ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo atazibagirana, binabafashe guhangana n’abayihakana.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH), Brig Gen Emmanuel Ndahiro, avuga ko kwibuka ari ingufu zo kurwanya ingengebitekerezo ya Jenoside.
Hagumakubana Jean Bosco w’imyaka 36 na Kwizera Jovens w’imyaka 20, batawe muri yombi bagerageza gukorera abandi ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bikorerwa i Musha muri Rwamagana ngo byatije umurindi abakoze Jenoside kuko abo bishe babajugunyaga mu birombe.
Umuvunyi Mukuru wa Kenya, akaba n’Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Abavunyi muri Afurika, Dr Otiende Amollo yaje mu Rwanda kureba ibijyanye n’itangwa ry’amakuru.
Ku munsi wa mbere w’imikino yo kwishyura,APR Fc yatsinzwe na Etincelles igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Uwayisaba Bernad wo mu Karere ka Burera yatsindiye amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri mu mukino wo gutega ku makipe y’umupira w’amaguru uzwi nka “Betting”.
Nyuma yo guhumuriza abafana ko P Square igiye gusubirana, Peter yagaragaye akora igitaramo cya wenyine i Dubai.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutse mu cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 22.
Inzego zitandukanye ziyobowe na Ministeri y’Ubutabera, MINIJUST, ziyemeje ko icyunamo cy’umwaka utaha kizagera zashyize iherezo ku kibazo cy’imanza za Gacaca zitarangijwe.
Muri tombola ya 1/2 cya Europa league na Champions league yabaye kuri uyu wa gatanu,amakipe yo mu Bwongereza yatomboranye n’ayo muri Espagne
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burahamagarira ibyiciro byose gutegura gahunda zo gukomeza kwibuka muri iyi minsi 100, kuko bizabafasha guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Murenge wa Rurenge, Akarere ka Ngoma bahawe ibiryamirwa mu gusoza icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri uwo murenge.
Uwitije Xavera warokokeye Jenoside mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, yagabiye ihene Gasana Charles wamuhishe akanamutangira amafaranga muri Jenoside akabasha kurokoka.
Uwacungaga umutekano kuri Sitasiyo Black Stars yo ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda yishwe n’umusore ucuruza amagi, bapfa amafaranga yari yanze kumwishyura.
Afaranga y’u Rwanda miliyoni 68 n’ibihumbi 25 na 948 yakusanyijwe muri iki cyunamo mu Karere ka Gicumbi ngo azizifashishwa mu gusana amazu y’abarokotse Jenoside.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket yerekeje muri Afurika y’epfo,yibukijwe n’umunyamabanga uhoraho muri Minispoc ko bahagarariye abanyarwanda bose