Abanyamabanga b’amashyirahamwe y’imikino atandukanye mu Rwanda baratangaza ko nyuma yo guhugurwa n’Ikigega gishinzwe gufasha amashyirahamwe y’imikino kwiyubaka muri Siporo bizabafasha kunoza imikorere yabo.
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry, azagenderera u Rwanda tariki ya 13 na 14 Ukwakira 2016.
Ubuyobozi bw’ Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari ICPAR, buratangaza ko amasomo butanga, yagabanyije amakosa y’ibaruramari yagaragaragara mu bigo bya Leta.
Umugabo witwa Twizeyimana Jean de Dieu wo mu Karere ka Gicumbi yishe umugore we witwa Mukurizehe nyuma yo kumwica nawe ahita yiyahura ahita apfa.
Perezida wa Colombia yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera imbaraga yashyize mu guhagarika intambara yamaze imyaka 52, icyo gihugu cyarwanaga n’inyeshyamba za FARC.
Ababyeshuri mu ishuri rya Sonrise High School, riri muri Musanze, batangaza ko impanuro bahawe na Polisi y’igihugu bazazigenderaho barwanya ibiyobyabwenge.
Nshimyumukiza Richard wo mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, arashimira Kigali Today ubuvugizi yamukoreye, akabona iby’ababyeyi be.
Mu nama yahuje Abayobozi b’ikipe ya Mukura, Umutoza Okoko yasabwe kudakomeza gukoresha amarozi ashaka intsinzi, we akabihakana avuga ko yabajyana mu butabera
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka Rubavu harabera irushanwa ryiswe Vision 2020, ryateguwe n’ikipe nshya yitwa Scandinavia, rikazahuza amakipe ane
Bamwe mu batuye Nyagatare, bavuga ko bamenye ko umuti wica imibu uterwa mu mazu atariwo utera imbaragasa, ziterwa n’umwanda.
Abakora ibijyanye na filime mu Rwanda ngo bazigira byinshi mu iserukiramuco rya filime z’i Burayi rigiye kubera bwa mbere mu Rwanda.
Ikigo gishinzwe umutungo kamere mu Rwanda (RNRA) gitanga ko ibikorwa bya muntu bigira uruhare mu guhumanya amazi agateza ibibazo birimo n’uburwayi.
Minisiteri y’Umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA), ivuga ko ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha, aribwo buryo bwo kubona umusaruro mwiza mu kazi.
Perezida Paul Kagame arasaba abayobozi bashya n’abasanzwe muri guverinoma gukora neza kandi bihutisha ibyo bakora kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere.
Laboratwari y’ubwubatsi IPRC-South yubakiwe igiye gufasha abanyeshuri kongera ubumenyi bajyaga gushakira ahandi, kubera kutayigira, ininjirize iki kigo amafaranga.
Mu mpera z’iki cyumweru muri Handball hateganyijwe isozwa rya Shampiona y’Abagore, mu gihe APR na Police HC nazo zizaba zikina umukino wo kwishyura wa Shampiona
Kabarira Vincent wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Rutonde, mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka nk’igihembo cy’umwarimu wahize abandi.
Umuryango wita ku bababaye witwa Food for Hungry ukorera mu Karere ka Nyagatare, wahaye abafite ubumuga barindwi amagare yo kubafasha mu rugendo.
Taliki ya 15-16/10/2016 mu karere ka Huye na Gisagara hazabera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Memorial Gakwaya, rikazanitabirwa n’amamoto harimo azaturuka Afurika y’epfo
Abatuye Ntyazo mu karere ka Nyanza bavuga ko ibura ry’imbuto y’ibigori ribadindije mu ihinga, ariko ubuyobozi bukabizeza kuyibona vuba.
Polisi y’igihugu yazanye imashini nshya zo kugenzura ubuzima bw’ibinyabiziga (Controle technique) kugira ngo abashaka iyo serivisi batazongera gutinzwa.
Umutoza w’ikipe ya Poice Fc Seninga Innocent aratangaza ko mu gihe gito ayimazemo amaze kubona ishusho nyayo y’iyi kipe ku buryo ngo yizeye kuzatangira shampiyona neza
Imodoka ya Gereza ya Rubavu yaraye igonganye n’ikamyo abakozi batatu ba gereza bitaba Imana naho undi umwe arakomereka bikomeye.
Umuryango wigenga uharanira iterambere ry’ubuhinzi (AGRIFOP), uvuga ko gutumiza imbuto mu mahanga aribyo bituma abahinzi batazibonera igihe bikagira ingaruka ku musaruro.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Musabyimana Jean Claude, wari umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru asimbuye Bosenibamwe Aimé wayoboye iyo ntara imyaka irenga itandatu.
Mu kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe kwita ku baguzi, Banki y’Abaturage (BPR) yiyemeje gukemura ibyo abakiriya bayisaba birimo imirongo miremire y’abayigana.
Bamwe mubanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Bugesera mu murenge wa Mayange baranengwa kutabyaza umusaruro amasambu bahawe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kubakirwa isoko hafi y’aho batuye.
Imvura igwa hirya no hino mu gihugu yatumye uruzi rw’akagera rwuzura, amazi arengera imyaka ihinze mu gishanga cya Gashora.
Studio Ingenzi yatangije gahunda y’ibitaramo ku bahanzi bakorana nayo mu rwego rwo kubafasha kurushaho kumenyekana no kwiyegereza abakunzi babo.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ivuga ko ikimoteri cya Nduba kikiri ikibazo ku bagituriye aho kuba igisubizo.
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize guverinoma ku itariki ya 04 Ukwakira 2016.
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana azize urupfu rutunguranye tariki ya 03 Ukwari 2016.
Umuyoboro ukura amazi mu Mujyi wa Rubavu uyaganisha mu kiyaga cya Kivu wasenywe n’imvura, amazi yirara mu ngo z’abaturage.
Abanyeshuri biga amategeko mu makaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda bagiye gupima ubumenyi bwabo mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga agenga intambara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burizeza abaturage ko bitarenze umwaka wa 2017-2018 gare ya Rwamagana izaba yubatse.
Abakora mu bigo byigenga cyane cyane iby’uburezi, barakangurirwa kugana sindika z’abakozi.
Umutoza wungirije w’ikipe y’igihugu Amavubi akaba n’umutoza wungirije wa tekiniki mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(Ferwafa) aratangaza ko ubumenyi avanye mu budage azabusangiza abandi batoza.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 33, ukekwaho kwica nyirabuja witwa Uwihoreye Gaudence wo mu karere ka Gatsibo, yafatiwe i Karangazi muri Nyagatare.
Nyuma yo kumara umwaka nta mvura igwa bigatera amapfa, muri Kayonza noneho haguye imvura idasanzwe isenya amazu y’abaturage inangiza urutoki.
Polisi y’igihugu ikorera muri Rubavu yatabaye umugore abaturage b’akagari ka Mbugangari bashaka gutera amabuye bamushinja kuba umucuraguzi.
Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo (DRC) yasabye itsinda rya EJVM gukurikirana amakuru y’ibitero by’iterabwoba byaba bitegurirwa ahitwa Semuliki, i Beni.
Nyuma yo gusanga hari ibibura, FERWAFA yatanze itariki ya 8 Ukwakira kuba Kirehe FC yujuje ibisabwa mu byumweru bibiri ngo shampiyona itangire.
Abadepite batunguwe no gusanga mu karere ka Musanze hari imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye hamwe n’abishwe n’abacengezi mu 1998.
Ibigo by’imari iciriritse bya SACCO n’Ikigega cy’ingwate (BDF) ntibavuga rumwe ku itangwa ry’inguzanyo y’ibikoresho, ihabwa urubyiruko rwigishijwe imyuga ngo rwiteze imbere.