Abagize Koperative Uburumbuke ikorera i Kirehe basanga kuba babungabunga ibidukikije nta gihembo bihaye umwanya wo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Abahanga bakaba batangaza ko ubusitani n’ubwo bwongera uburanga bw’ahantu, atari umutako gusa kuko bunongerera umwuka mwiza ababuturiye.
Intumwa z’abakozi b’ibigo byigenga mu karere ka Gakenke baratangaza ko bungutse ubumenyi buzabafasha kumvikanisha abakozi n’abakoresha mu bibazo bakunze kugirana.
Bamwe mu bangirijwe imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Gatsibo bavuga ko bamaze igihe kirekire bategereje ubwishyu bw’ibyabo byangijwe.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko cyongereye ibikoresho n’ikoranabuhanga mu iteganyagihe kugira ngo ryizerwe kuko hari abakirikemanga.
Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.
Perezida Paul Kagame yakiriye Julia Gillard, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia, uri mu Rwanda muri gahunda ijyanye n’uburezi.
Abafungiye muri Gereza y’abagore ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bahigira ubumenyi mu myuga itandukanye ibafasha kwirwanaho igihe bazaba barangije ibihano.
Niwemfura Aquiline wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’igihugu (Gender Monitoring Office-GMO) yitabye Imana ku wa 16 Gashyantare 2016 azize uburwayi.
Abaturage bo mu Murenge wa Butaro barataka inzara nyuma yo kubuzwa guhinga ibirayi bizezwa ko hagiye guhingwa Stevia bagategereza bagaheba.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyaruguru bavuga ko biogaz bubakiwe zanze gukora, mu gihe abo zahiriye bavuga ko batandukanye n’imyotsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yatunguwe no gusanga ibyo yabwirwaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi biri munsi cyane y’ibyo yiboneye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Abibumbiye muri za koperative z’abahinzi b’ibigori n’umuceri mu karere ka Gatsibo, barasabwa gukoresha neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari bakanishyura neza.
Abayobozi b’amashuri ya Leta n’afashwa na Leta muri Nyanza, baravuga ko kwigisha hifashishijwe telefoni byongereye ubushobozi bw’abana mu kumenya gusoma.
Abashinzwe kurinda Ikivu batangaza ko bamaze gufata amajerekani agera kuri 25 ya mazutu, ubwo bagenzura uko Ikiyaga gikoreshwa.
Urubyiruko rutandukanye mu Karere ka Karongi, rwabyutse rusubizwa amafaranga rwatanze rwiyandikisha ku muntu wagombaga kurwigisha imyuga kuko afunze akekwaho ubutekamutwe.
Urubyiruko rw’abahungu 28 rwo mu karere ka Gakenke ruvuye i Wawa ruratangaza ko rubabazwa n’umwanya rwataye rukoresha ibiyobyabwenge.
Abatuye umujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi guhagurukira abantu babagira amatungo mu ishyamba basize ibagiro ryemewe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, buremeza ko umugoroba w’ababyeyi wagabanyije ikibazo cy’ubuharike ku rwego rwo kwishimira.
Nyampinga Utamuliza Rusaro Carine yagerageje kuba umunyamideli biranga kuko yaje kwisanga atari ibintu bye nk’uko yabitekerezaga ahitamo amarushanwa y’ubwiza.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru bwemeje ko umupaka uhuza Goma na Gisenyi ufungurwa amasaha 24 nk’uko byahoze mbere ya 2012.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gahini i Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko guhindagurika kw’abaganga bituma amahugurwa bahabwa n’inzobere atagirira abarwayi akamaro.
Ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA) kivuga ko imyubakire iharanira iterambere rirambye izatangira gusuzumirwa ku nyubako ya “Convention Center”.
Abarezi b’ishuri Amizero y’ubuzima ryita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe barasaba ababyeyi babafite kutabahisha, bakabavuza ntibababuze amahirwe y’ahazaza.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Kuvugurura Amategeko RLRC iratangaza ko itegeko rivugururwa hitawe ku nyungu z’uwo rireba aho kumubangamira.
Abakandida umunani bashaka guhagararira Umurenge wa Runda mu Nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, biyamamaza bizeza abaturage gukemura ikibazo cy’imihanda n’icy’imyubakire.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irasaba abashoramari mu biribwa n’ibinyobwa kongera umusaruro kugira ngo bahaze isoko ryo mu gihugu bityo ibitumizwa hanze bigabanuke.
Ikipe ya AS Muhanga ya nyuma ku rutonde rwa Shampiona yanganije na Rayon Sports ubusa ku busa mu mukino wabereye i Nyamirambo
Bamwe mu bajyanama b’imirenge barahiriye kuzubahiriza inshingano zabo bavuze ko biteguye kuzaba ijwi ry’abaturage babatoye no guharanira kutazanengwa imikorere mibi.
Raporo ya Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB/BAD) yashyize u Rwanda mu bihugu 10 bya Afurika bidasaba viza mbere y’uko Abanyafurika babyinjiramo, inagaragaza ko iyi politike yazamuye ubukungu.
Abasore batatu bafunze bashinjwa kwambura ibihumbi 200 Dusingizimana Petero wo mu kagari ka Kamombo umurenge wa Mahama bizeza umwana we ishuri muri Amerika.
Boutros Boutros Ghali, Umunyamisiri wayoboye Umuryango w’Abibumbye kuva mu 1992 kugeza mu 1996, yitabye Imana ku myaka 93 azize uburwayi n’izabukuru.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke bakora akazi ko guhonda amabuye bavuga ko byabahinduriye ubuzima bikanabakura mu bushomeri.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.
Abanyeshuri 600 bize ubudozi bagiye guhabwa akazi binyuze mu bufatanye bw’ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (DWA) n’ikigo C&H Rwanda kidoda kikanacuruza imyenda.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Karongi, Muhire Emmanuel, asaba abayobozi batowe ku myanya itandukanye muri aka karere guharanira inyungu z’abaturage.
Kuri uyu wa kabiri nibwo shampiona y’icyiciro cya mbere iza kuba ikomeza ku munsi wayo wa 11,imikino izakomeza no kuri uyu wa gatatu
Abafite abana bari bararwaje Bwaki mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko gahunda y’Igikoni cy’Umudugudu yafashije kurenegra ubuzima bw’abana.
Abajyanama mu by’ubuhinzi n’abakozi b’imirenge bashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Gakenke, barasabwa guhozaho amatsinda ya "Twigire Muhinzi" kuko bizabafasha kongera umusaruro.
Loni yagize Umunyarwanda Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo Umuyobozi wa Polisi (D2) mu butumwa bwayo muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Abatega imodoka kenshi mu Mujyi wa Kigali bakishyura bifashishije ikarita bavuga ko bibungura ugereranyije n’uburyo busanzwe kuko banagabanyirizwa igiciro.
Umuryango AHF Rwanda utangaza ko buri mwaka mu Rwanda hasigaye hinjizwa udukingirizo tugera kuri Milioni eshanu kandi tugakoreshwa tugashira.
Abagize Koperative KOHUNYA yo mu Karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imbuto bahawe umwaka ushize bazihinga zikanga kumera.
Inzu y’u Rwanda y’Ibiro by’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi yagwiriwe n’ikamyo irangirika ariko ntihagira ukomereka.