Ubuyobozi n’abakozi ba COGEBANQUE bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Abayobozi n’abakozi ba COGEBANQUE, kuri uyu wa Gatandatu, tariki 23 Mata 2016, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bashyize indabo ku mva banunamira imibiri y’inzirakarengane zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Senateri Tito Rutaremara wifatanyije na bo, akanabaha ikiganiro, yabasabye gufata iya mbere, bagakoresha imbaraga bafite mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko hari abakiyihembera.

Abayobozi n'abakozi ba COGEBANQUE bashyize indabo ku mva bunamira imibiri y'inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abayobozi n’abakozi ba COGEBANQUE bashyize indabo ku mva bunamira imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Senateri Tito Rutaremara yavuze ko Abanyarwanda bakwiriye kubana neza mu mahoro, birinda amacakubiri kandi bagafatanyiriza hamwe kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Yavuze ko abagifite iyi ngengabitekerezo baticaye ubusa, bityo ko n’abayirwanya badakwiriye gutuza gusa ahubwo ko bakwiriye kuyirwanya n’imbaraga.

Aha, yatanze urugero ko niba abahembera ingengabitekerezo ya Jenoside bakoze filime imwe, abayirwanya badakwiriye kurebera, ahubwo ko bo bakora nk’eshatu.

Senateri Tito Rutaremara akongereza urumuri rw'icyizere Umuyobozi Mukuru wa COGEBANQUE, Rachid Muremangingo.
Senateri Tito Rutaremara akongereza urumuri rw’icyizere Umuyobozi Mukuru wa COGEBANQUE, Rachid Muremangingo.

Uyu muhango wari witabiriwe n’abakozi ndetse n’abayobozi bakuru ba COGEBANQUE barimo Umuyobozi Mukuru wayo, Rachid Muremangingo ndetse n’abagize inama y’ubutegetsi y’iyi banki.

Bibutse baharanira kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Bibutse baharanira kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka