Ikipe ya Police Fc mbere yo gukina umukino wo kwishyura na Atlabara,ikomeje gukora imyitozo ku zuba ryinshi kugira ngo irimenyere
Imvura yasenye ibyumba by’amashuri abanza ya Karambi mu Murenge wa Rushaki mu Karere ka Gicumbi inangiza ibitabo bigishirizagamo.
Bamwe bari biteze ko bashobora kubona akazi mu muryango wiyise “Women Forever” mu Karere ka Nyanza, baravuga ko batunguwe no gusanga bari abatekamutwe.
Hari icyizere ko noneho isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryaba rigiye kubakwa nyuma y’imyaka itatu kubakwa bigenda bisubikwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda Tony Nsanganira arizeza abahinzi ko mu mwaka utaha ikibazo cy’imbuto y’umyumbati kizaba cyakemutse.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane ufite umwana witwa Ndahiro Iranzi Isaac arasaba uwabishobora wese kumufasha kubona itike yo gusubiza umwana we mu Buhinde kugira ngo abagwe bwa kabiri, avurwe, akire neza.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministere y’Umuryango n’Iterambere, Umulisa Henriette yahamagariye ba Mutima w’urugo gukumira Malariya ikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2015, Kundwa Doriane, mu minsi ibiri aratanga ikamba yari amaranye umwaka, ariko ibikorwa yakwukozemo ntibivugwaho rumwe.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Rugarama barataka ikibazo cy’amazi meza kuko bakivoma ibirohwa bakaba ari byo bakoresha.
Abatuye Umudugudu wa Murama mu Karere ka Huye, baratabaza nyuma y’uko umutekamutwe abariganyije miliyoni 3,3Frw ababeshya ko azabazanira amashanyarazi.
Umuhanzi Ruremire Focus uririmba mu njyana gakondo agiye kwerekeza i Dar-Es-Salam gukorerayo indirimbo abifashijwemo n’uwitwa Kabano usanzwe amukorera.
Abahanga mu by’ubukungu bagira inama u Rwanda, yo guhindura imikorere hakoreshejwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukomeza umuvuduko w’iterambere ruriho.
Minisiteri y’Ubuzima ntiyemeranya n’ababuza abaturage kuryama mu nzitiramibu bababwira ko ziri mu bikurura udusimba tw’ibiheri hakaba n’abahisemo kwemera kuribwa n’imibu.
Uwitwa Habanabakize Francois wo mu Karere ka Rulindo yiyahuje umuti w’imbeba ariko apfira kwa muganga, ashinja umugore we kumuca inyuma.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwashyizeho gahunda y’umuganda udasanzwe w’amasaha atatu, ukazajya ukorwa umunsi umwe mu cyumweru hagamijwe kurwanya Malariya.
Abahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, basuye icyicaro cya Banki ya COGEBANQUE ari na yo muterankunga mukuru w’iki gikorwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi(RAB), buvuga ko gutera intanga ingurube bigiye gusakazwa mu gihugu hose kuko birinda ikwirakwizwa ry’indwara.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Huye, Chief Superintendent of Police (CSP) Francis Muheto, yasabye abagize urwego rwunganira uturere mu gucunga umutekano (District Security Support Organ-DASSO) kuba indakemwa mu byo bakora.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurwanya Ruswa "Transparency International (TI)" urashima Polisi y’u Rwanda ku ngamba yafashe mu kurwanya ruswa.
Ikipe ya Mukura yatsinze AS Kigali ihita iyikura ku mwanya wa mbere,mu gihe Rayon Sports nayo yatsinze Kiyovu 2-0 mu mikino yabereye i Nyamirambo
Abantu bataramenyekana baraye batemaguye inka ebyiri z’uwitwa Maniriho Jacques wo mu Karere ka Nyabihu, biviramo imwe muri zo guhita ibagwa.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International), watangaje ko uhangayikishijwe n’imikorere irimo ruswa muri siporo hirya no hino ku isi.
Nyuma y’aho yari amaze gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-0,Ivan Jacky Minnaert watozaga Rayon Sports yatangaje ko atkiri umutoza wa Rayon Sports
Umuryango Imbuto Foundation watangije gahunda yo kwigisha urubyiruko gukomera ku busugi n’ubumanzi bwabo no kudacana inyuma hagati y’abashakanye.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2016 ari i Kinshasa mu nama igamije guha agaciro ibyagezweho n’abikorera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Abashinzwe ubuhinzi mu mirenge igize Akarere ka Karongi bavuga ko kuba bakoresha kugereranya mu gupima ubuso bw’imirima y’abaturage byica igenamigambi.
Umunyarwanda Valens Ndayisenga yabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 23 muri Shampiona y’Afurika yo gusiganwa ku magare ahabwa umudari wa Zahabu
Abafatabuguzi batabonaga amahirwe yo kureba ama shampiona akomeye i Burayi kubera ifatabuguzi rya make,bongerewe imirongo ibiri izabafasha kureba ayo mashampiona.
Umubyeyi wo mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba arasaba ubufasha nyuma yo kubyara umwana ufite imitwe ibiri.
Umuryango wita ku rusobe rw’ibiribwa mu ku isi (Slow Food) usanga mu Rwanda rubungabunzwe neza, ibiribwa byakwiyongera n’inzara igacika.
Ntawera Alphonse wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kirehe, yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu nyuma yo kwemerera urukiko icyaha cyo kwica umugore we.
Hoteli ya mbere irimo kubakwa mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro ikomeje kudindizwa n’ubwumvikane buke hagati ya rwiyemezamirimo n’akarere.
Kuri uyu wa gatatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo harabera imikino ibiri ya Shampiona ihuza amakipe ahanganye kugeza ubu
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bavuga ko bafite ikibazo cyo kongera igishoro kuko nta banki yemera kubaha inguzanyo.
Muri Shampiona nyafurika iri kubera muri Maroc,Girubuntu Jeanne D’Arc yegukanye umwanya wa kabiri ahabwa umudari wa Silver.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwemeye ko bugiye kwishyuriza abaturage bose bambuwe na ba rwiyemezamirimo batandukanye bahakoreye bagasiga bambuye abaturage.
Abacururiza mu Mujyi wa Byumba basanga kuvugurura inyubako z’ubucuruzi zikongerwaho izindi nzu hejuru bizabafasha kwagura ubucuruzi bwabo no kubateza imbere.
Abatuye mu Murenge wa Kilimbi muri Nyamasheke, amashanyarazi bahawe nta ngufu afite ku buryo bayakoresha mu bindi bitari ugucana gusa.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera baravuga ko bahangayikishijwe no kubura imbuto y’ibirayi ku buryo ngo bashobora kubura ibyo bazatera.
Ishami rya Loni ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi, FAO, muri Afurika y’Iburasirazuba ryemeza ko imiyoborere y’u Rwanda yihutisha gahunda zirwanya ubukene kurusha ibindi bihugu mu karere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ,Dr. Uzziel Ndagijimana, aravuga ko intego z’iterambere rirambye zizarandura burundu ubukene mu Rwanda.
Abaturage bo mu Kagali ka Muzingira mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kutagira amazi meza.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), gitangaza ko cyarengeje miliyari 10,3 ku ntego cyari cyihaye yo kwakira imisoro mu mezi 6 abanza y’umwaka wa 2015 - 2016.
Abaturage ntibakwiye gufata agakingirizo nk’akabakangurira ubusambanyi ahubwo ngo gatabara abananiwe kwifata kandi bashaka gukora imibonano mpuzabitsina.
Uwitwa Mukasibo Philomene wari umukorerabushake kuri site y’itora yo mu Murenge wa Kabacuzi muri Muhanga yafunzwe ashinjwa kwiba amajwi.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda batemberejwe ibice bigize Pariki y’igihugu y’Akagera, basobanurirwa amateka yaho n’ibiyigize. Iki gikorwa kiri muri gahunda yo kubafasha gusobanukirwa byinshi mu bigize igihugu.
Niyonzima Donati wo mu Karere ka Rulindo yatemaguye nyina witwa Mukarwesa Generoza w’imyaka 65, amuziza imitungo y’amasambu akanamushinja kumurogera umuryango.