Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ukwakira 2016, Umwami Muhammed VI uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ritangaza ko ibyasabwaga byose kugira ngo "Tour Du Rwanda 2016" ibe byamaze kuboneka.
Impunzi z’Abanyekongo ziba mu Nkambi ya Nyabiheke muri Gatsibo zivuga ko amafaranga yo kuzitunga zihabwa atajyanye n’ibiciro byo ku isoko.
Impanuka yebereye mu Murenge wa Musambira, muri Kamonyi, ahitwa mu ry’Abasomari, yahitanye abantu 11 abandi 18 barakomereka.
Umuryango w’Umwami Kigeli wa V Ndahindurwa uherutse gutanga azize uburwayi, watangaje ko Nyakwigendera azatabarizwa mu Rwanda.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko itazihanganira abarezi bahanisha abana bakosheje kubirukana kuko ari ukubavutsa uburenganzira bwabo bwo kwiga.
Ku munsi wa Kabiri w’uruzinduko Umwami Muhammed VI wa Maroc agirira mu Rwanda, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame bigamije ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Mu ma saa mbiri n’igice z’umugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 19 Ukwakira 2016, imodoka yo mu bwoko bwa Coster yajyaga i Kigali igonganye n’ikamyo yo muri Uganda, abataramenyekana bahasiga ubuzima.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports buratangaza ko bateganya guhura n’abafana babo baba mu gihugu cy’Ububiligi mu gikorwa bise “Rayon Sports Day”.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye atangaza ko ikiguzi cy’umutekano cyatanzwe kuburyo ntawe ushobora kuwuhungabanya.
Hatangijwe ishuri rya MOPAS Film Academy rigamije gufasha urubyiruko gukarishya ubumenyi no gutunganya amashusho, amafoto n’amajwi.
Banki yo muri Maroc yitwa Attijariwafa yashyize umukono ku masezerano yo kugura banki nyarwanda yitwa COGEBANQUE.
Oda Gasinzigwa yatorewe kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasizuba (EALA) muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 19 Ukwakira 2016.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta yemeza ko abana bajyanwa mu bigo ngororamuco baba bagiye kugororwa aho kubuzwa uburenganzira bwabo.
Umukozi wa Banki y’Abaturage (BPR) ishami rya Rubavu arakekwaho kwiba ibihumbi 115 by’Amadolari y’Amerika (Miliyoni 92 Frws) na Miliyoni 6RWf, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni zirenga 98RWf.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko kuri buri shuri hagiye gushyirwa ibyumba by’ikoranabuhanga bikazafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2020-2030.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2016, Perezida Kagame yakiriye Umwami Mohammed VI wa Maroc ugiriye uruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda.
Umutoni Sandrine usanzwe ari umunyamabanga wungirije wa Madame Jeannette Kagame ushinzwe itumanaho, yagizwe Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation.
Nyuma y’aho Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi (MINICOM) ihagarikiye umukino w’ikiryabarezi, hari uduce tumwe na tumwe uyu mukino ugikinwa mu buryo bwa rwihishwa.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MINENFRA) ivuga ko imiyoboro y’amazi yangiritse mu Ntara y’Iburengerazuba izatwara akayabo ka Miliyari zisaga 3,4 kuyisana.
Umurundi Mohamed Roshanali niwe bemeje ko ari we wabaye uwa mbere, agakurikirwa na Gakwaya Jean Claude, kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2016.
Abajura batatu bagerageje kwiba SACCO yo mu murenge wa Rwaniro muri Huye batahurwa batariba umwe araraswa babiri baracika.
Padiri Nduwayezu Janvier uyobora Ibiro by’Inama y’abepisikopi gatolika mu Rwanda bishinzwe uburezi (SNEC), avuga ko umubyeyi ari ndasimburwa mu burere bw’umwana.
Abayobozi bo mu Karere ka Kamonyi bibukijwe ko gutanga amakuru bireba buri wese kuko hari abari bagitekereza ko ari inshingano z’umuvugizi.
Ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira, yarahanutse bombi barapfa, ubwo bavaga Arusha muri Tanzaniya mu nama ireba uko hashyirwa mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi na RPF- Inkotanyi.
Abaturage bo mu murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bibaza impamvu bagicana agatadowa kandi bamaze imyaka itatu baratanze amafaranga yo kwizanira amashanyarazi.
Mu gishanga cya Gashora ho mu karere ka Bugesera harimo kubakwa uruganda rw’amazi rwa Kanyonyombya, rugamije gukemura ikibazo cy’amazi cyugarije abaturage.
Amasezerano y’ubufatanye bw’ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), avuga ko igisirikare cya buri gihugu kigaragariza abandi ibikorwa byacyo, byakoreshwa mu nyungu rusange z’abasirikare bo mu Karere.
Abakorera n’abagenda muri santere ya Kidaho iri muri Burera babangamiwe nuko iyo santere itagira ubwiherero rusange kandi ihoramo urujya n’uruza rw’abantu.
Mu Murenge wa Save wo mu Karere Ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, ngo nta rugo ruzongera gucikanwa n’isuzuma ry’imihigo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugano n’uw’umurenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe beguye ku mirimo yabo.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi ruvuga ko nubwo mu karere kabo hari amahirwe nta bushobozi rufite bwo kuyabyaza umusaruro.
Abakirisitu ba Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri barishimira ko ntawuzongera kumvira misa hanze kubera uruhare bagize mw’ivugururwa rya Katedarali ya Ruhengeri.
Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF Inkotanyi muri Rubavu rwahigiye kurwanya iterabwoba n’icuruzwa ry’abantu hagamijwe kurinda abatuye igihugu.
Ikipe ya Sunrise FC y’iburasirazuba n’ubwo yangiwe gukinira ku kibuga cyayo ntibyayibujije gutsindira AS Kigali, i Kigali, igitego 1-0.
Mu Murenge wa Ngoma wo mu karere ka Rulindo, hashyinguwe imibiri itanu y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi .
Ibitaro bya Rubavu byungutse serivisi yo kunganira impyiko kuyungurura amaraso izwi ku izina rya Dialysis.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Madame Jeannette Kagame avuga ko guha ubushobozi umugore ari uburyo bworoshye bwo kubaka umuryango ubereye umwana.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.
Umugabo utuye mu murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu akurikiranweho kwiyicira umugore we akiyoberanya avuga ko yishwe n’abagizi ba nabi.