Kutamenya Kirabiranya byabaciyeho urutoki

Abaturage bo mu mirenge irwaje kirabiranya mu Karere ka Muhanga baravuga ko kudasobanukirwa n’uburwayi bw’urutoki byatumye iyo ndwara yiyongera.

Abaturage bavuga ko babona insina zabo zuma, ibitoki bigatangira guhisha bitarakomera ariko ntibamenye uko bakwifata ngo barwanye ubwo burwayi kuko bwigaragaza indwara yamaze gukomera.

Ibitoki birwaye Kirabiranya bihisha bitarakomera kandi bikaba ikigina imbere.
Ibitoki birwaye Kirabiranya bihisha bitarakomera kandi bikaba ikigina imbere.

Sindambiwe Jean Marie Vianey, wo mu Mudugudu wa Songa mu Murenge wa Shyogwe, avuga ko yumvaga bavuga Kirabiranya atazi icyo ari cyo kandi iwabo bayirwaje.

Agira ati “Ndi Umujyanama w’ubuhinzi bw’ibishyimbo n’ibigori ariko ntabwo kirabiranya nari nyizi kandi tuyirwaje twari tuzi kabore.”

Ibitoki bitarahisha inyuma bitangira guhinduka ikigina imbere.
Ibitoki bitarahisha inyuma bitangira guhinduka ikigina imbere.

Bamwe mu baturage bavuga kandi ko bajyaga bashaka gutara ibitoki byafashwe na Kirabiranya bakeka ko bizashya bakabiryamo imineke ariko ngo ntibishobora gushya.

Uwitwa Nteziyaremye Hycenthe avuga ko zimwe mu ngaruka zo kutamenya guhangana na Kirabiranya, ari ukurwaza urutoki igihe kirekire, umusaruro ukaba mukeya kandi uburwayi bugakomeza gukwirakwira.

Umutumba w'insina irwaye uzana amashyira nyuma y'iminsi mikeya utemwe.
Umutumba w’insina irwaye uzana amashyira nyuma y’iminsi mikeya utemwe.

Avuga ko burwayi bw’urutoki rwa mugenzi we, agira ati “Nk’uyu muturage yakomeje gutegereza ko indwara izikiza, ariko nta musaruro ateze, n’iyo twabitaze nta mwana ufata umuneke kuko ntibishya iyi ndwara isonzesheje cyane abaturage kandi n’imyumbati twacungiragaho yararwaye turifuza ko twahabwa indi mbuto yo kudufasha”.

Umukozi w’Akarere ka Muhanga ushinzwe Ubuhinzi, Ngumyembarebe Thacien, avuga ko n’ubwo Kirabiranya yandura vuba, iyo irwanyijwe neza ikira vuba.

Nyuma yo gutemagura no kurunda mu cyobo barataba kugira ngo bizabore.
Nyuma yo gutemagura no kurunda mu cyobo barataba kugira ngo bizabore.

Asaba abahinzi kwemera gukurikiza inama zitangwa n’abajyanama b’ubuhinzi kugira ngo bayirwanye babashe kongera guhinga urutoki.

Avuga ko kwirinda iyi ndwara bisaba guca imyanana y’ibitoki igihe bikimara gusohora amabere ya nyuma hakoreshejwe isando, kwirinda gutizanya ibyuma bikomeretsa bikoreshwa mu ntoki kandi igihe indwara yagaragaye insina zose zikarimburwa zigatabwa.

Ibikoresho byakoreshejwe mu kurwanya Kirabiranya binyuzwa ku muriro mbere yo kongera gukoreshwa ahandi.
Ibikoresho byakoreshejwe mu kurwanya Kirabiranya binyuzwa ku muriro mbere yo kongera gukoreshwa ahandi.

Indwara ya Kirabiranya ifata insina zose, ibimenyetso byayo akaba ari ukurabirana kw’amakoma y’insina uhereye ku mwumba, amashyira agaragara igihe utemye umutumba, no kumirana kw’amabere y’ibitoki.

Mu rwgo rwo kuyihashya neza mu Karere ka Muhanga hashjyizweho icyumweru cyiswe “Banana week” ku bufatanye n’abafashamyumvire mu karere kose, yigaragaje cyane mu Mirenge ya Shyogwe, Nyabinoni na Mushishiro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nange pfite urutoki ariko inamazanyu ziradufasha

Erias yanditse ku itariki ya: 4-08-2023  →  Musubize

Murakoze kuri iyi nkuru. Nanjye mfite urutoki mu karere ka Kamonyi. Tuba rero dukeneye kumenya uko byifashe ahandi kugirango natwe tubashe gufata ingamba hakiri kare. Bishobotse rero iyi nkuru mwayitwongereramo uburyo iyi ndwara ifata, ibimenyetso bitandukanye, n’uburo butandukanye bwo kuyirinda no kuyivura igihe yatugezeho. Murakoze.

Mushinzimana yanditse ku itariki ya: 26-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka