Ikipe ya Rayon Sports yashyize ahagaragara abakinnyi 18 bazakina na Gicumbi kuri uyu wa gatanu barimo rutahizamu mushya wavuye muri Mali
Abayobozi n’umutoza ba Rayon Sports bakoranye ikiganiro n’abanyamakuru berekana umukinnyi mushya baguze ndetse banatangaza andi makuru ari mu ikipe
Bamwe mu Banyarwanda bavuye mu mashyamba ya DR Congo bavuga ko ntawe utinyuka guhingutsa ko atashye kubera gutinya ko yagirirwa nabi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryatangaje abakinnyi batandatu bazahagararira u Rwanda mu irushanwa rizatangira ku wa 4-28/03/2016 muri Algeria.
Kamayanja Therese w’imyaka 100 y’amavuko, wo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, arasaba abatowe gukurikiza imiyoborere ya Perezida Kagame.
Ingabo zishinzwe ubuzima mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziravuga ko ziteguye gutabara mu gihe akarere kaba kigabijwe n’ibyorezo by’indwara nka ZIKA.
Serivisi za mbere z’ubuvuzi zifashisha utudege duto (Drones) mu Rwanda ngo zizatangira gutangwa guhera muri Nzeri 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari barasaba ubufasha nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 7 na 8 Gashyantare 2016 ikangiza imyaka y’abaturage, igasenya n’inzu 21.
Perezida Paul Kagame uri mu Mujyi wa Dubai mu nama mpuzamahanga yiswe "World Government Summit", yatanze ikiganiro ku iterambere n’ahazaza h’u Rwanda.
Abiganjemo abagore batuye mu Mudugudu wa Magonde mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye bafite ibibazo mu ngo, ntibishimiye ugutorwa kwa Jacqueline Mukeshimana.
Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, bongeye kugirirwa icyizere n’abaturage bakongera kubatora, barasaba bagenzi babo kwicisha bugufi.
Urwo rutare bivugwa ko rutanga amafaranga ruherereye mu Murenge wa Cyungo, Akagari ka Marembo mu Mudugudu wa Rusayu.
Abayobozi b’inzego z’ibanze batowe mu Murenge wa Ndora, bijeje abaturage kuzabafasha kumva ibyiza bya koperative no kuzigana maze bakiteza imbere.
Kwitonda Youssuf, yatorewe kongera kuyobora Umudugudu wa Nyagacaca nyuma y’uko yari yahakaniye abaturage ariko yabona banze kugira undi batora akabyemera.
Abagore bo mu Karere ka Burera barasaba abagore batorewe kubahagararira kubakorera ubuvugizi bakava mu bukene.
Amatora y’inzego z’ibanze yabaye tariki ya 8/2/2016, mu karere ka Gicumbi abayobozi batowe basabwe gufasha abaturage kurwanya ubujura buciye icyuho.
Ihame ry’uburinganire ryatumye abagore bigirira icyizere cy’uko bakwiyamamaza, kandi bakabasha kuyobora kugira ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke basanga iterambere igihugu kimaze kugeraho rifitanye isano n’amatora kuko bagira uruhare mu kwitorera abayobozi.
Bamwe mu bitabiriye amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze muri Kigari bateguje abayobozi bashya kuzahangana n’ibibazo by’ibiyobwenge, imibereho mibi no gukaza ubukangurambaga.
Amatora y’inzego z’ibanze mu kagali ka Kabeza mu murenge wa Muhima yaranzwe n’umukandida umwe hafi kuri buri myanya wose yatorewe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yahinduye bamwe mu bayobozi muri RDF.
Abaturage bo mu murenge wa Kirehe basanga gutora umuyobozi ushoboye bifitanye isano n’iterambere,bakizera ko abayobozi bihitiyemo bazabageza kuri byinshi kuko babatoye babizeye.
Abaturage barasaba abayobozi b’imidugudu bashya kuvugurura isura y’ubuyobozi bw’umudugudu yari imaze kumungwa na ruswa.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Bugesera barashinjwa gukingira ikibaba abateka Kanyanga bateze indonke.
Abatuye mu mujyi wa Muhanga barifuza ko abayobozi b’inzego z’ibanze ku rwego rw’Umudugudu bakaza umurego mu guhangana n’amabandi ndetse n’umwanda.
Abatuye mu mujyi wa Rwamagana barasaba abatorewe kuyobora mu nzego z’ibanze kubakorera ubuvugizi bakegerezwa ibikorwa remezo birimo n’imihanda.
Abayobozi mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika(CAF), basuye abana bakina umupira wa karere ku Kimisagara kuri uyu wa gatandatu
Imodoka Perezida yahaye abatuye Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi kugira ngo ibafashe mu kwiteza imbere yarapfuye ntigikora.
Abatuye imidugudu ya Rugarama n’amabumba mu kagali ka Kinyonzo, umurenge wa Kazo, babangamiwe n’imihanda mibi ituma bahendwa ku musaruro wabo.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Gashyantare 2016, Abanyarwanda bazindukiye mu matora y’inzego z’ibanze yahereye ku rwego rw’umudugudu. Aho Kigali Today yabashije kugera, dore uko byari byifashe mu mafoto:
Abashoferi ba Taxi mu Karere ka Nyagatare barashinja RFTC kubateranya n’abakiriya ibabuza guhagarara ahitwa kwa Ngoga nyamara Coaster zo zikabikora.
Abaturage 77 bangirijwe imitungo hakorwa umuhanda Nyamata-Rilima ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera barasaba ingurane z’imitungo yangijwe.
Nyuma yo gutangiza ikoreshwa ry’amakarita mu mwanya w’amafaranga mu muhanda Kanombe-Remera (i Kigali), amaganya ni menshi mu bagenzi n’abakonvayeri.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bahawe inzitiramibu muri gahunda yo kurwanya malariya baravuga ko zidahuye n’uburyamo bafite iwabo.
Polisi mu Karere ka Muhanga iravuga ko imaze kwakira ibibazo umunani by’abantu bibwe n’abanyonzi mu Mujyi wa Muhanga ubwo bari babatwaje ibintu.
Abaturage bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo batinze gutangira amatora kuko umubare wagenwe ngo atangire wari utaruzura.
Mazimpaka Patrick wo mu kagari ka Nasho Umurenge wa Mpanga aremera ko nyuma yo kutumvikana n’umugore we wa kabiri kurera umwana bahisemo kumwica.
Muri gahunda y’Akarere yo kwegera abaturage babigisha ububi bw’ibiyobyabwenge, abaturage bo mu murenge wa Gahara batunze agatoki abayobozi mu babikwirakwiza.
Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama zisanga imibereho ari myiza ariko ngo ikibazo gikomeye ni ukubaho abashakanye batabonana kubera inzu nto.
Bisangwa Nganji Benjamin yamaze gusezerana imbere y’Imana na Ufitinema Yvette bari bamaranye imyaka irenga ibiri bakundana.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Abayapani cy’Ubutwererana Mpuzamahanga(JICA), NAEB yahuguye abatunganya ikawa yo kunywa bo mu bigo binyuranye byiganjemo amahoteri.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ishimira abitabiriye Shampiyona y’Ibihugu ya Afurika (CHAN) uburyo bitwaye kugira ngo irushanwa ryose rigende neza.
Ikipe ya Republika iharanira Demokarasi ya Congo itsinze Mali, ihita inakora amateka ko ari yo kipe itwaye CHAN inshuro ebyiri kuva yatangira muri 2009
Ku ntsinzi y’ibitego 2-1,ikipe ya Côte d’Ivoire ni yo yegukanye umwanya wa gatatu w’irushanwa rya CHAN itsinze Guinea
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko abafite ubumuga butandukanye bashobora kuzagorwa no gutora muri aya matora y’abayobozi b’inzego z’ibanze, baziyambaza inshuti n’abaturanyi.
Abacuruza imigati ku modoka zinyura muri gare ya Kabarondo i Kayonza barinubira uburyo abayobozi babamenera imigati baba bagurisha.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iributsa abahatanira kwinjira mu Nama Njyanama z’uturere ko igihe cyo kwiyamamaza atari umwanya wo guterana amagambo no gusebanya.
Bamwe mu batuye Akarere ka Bugesera baravuga ko umusaruro w’ibigori bafite uzaziba icyuho cy’umusaruro w’imyumbati kuko imbuto yayo bahinze yibasiwe n’indwara.