Abatuye akarere ka Rulindo, bavuga ko gahunda bazaniwe yo kwibumbira mu matsinda yo kurwanya umwanda, yabafashije kuwusezerera mu ngo zabo.
Perezida wa Sena Bernard Makuza aremeza ko Senateri Mucyo Jean de Dieu asize icyuho gikomeye muri Sena no ku gihugu muri rusange.
Rwanda Revenue, UTB GS Officiel de Butare ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Séminaire Karubanda
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umwana SOS, wasabye abafite aho bahurira no guharanira uburenganzira bw’umwana, guhaguruka bakagaragaza ibikorwa bifasha abana kumenya uburenganzira bwabo.
Abantu 60 bize mu ishuri ryigisha gutunganya imisatsi n’inzara bahawe impamyabushobozi bishimira ko badashobora kuzajya mu bushomeri.
Komisiyo y’igihugu yita ku bana (NCC) ivuga ko ibibazo by’imwe mu miryango nk’amakimbirane, biri mu bituma abana b’imfubyi bayijynwamo, bayivamo.
Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Medard uzwi nka "Meddy" ari mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards (AMA), bihabwa abahanzi bahize abandi muri Afurika.
Senateri Jean de Dieu Mucyo yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2016 .
Abashakashatsi bo mu Bwongereza barizeza ko umuti ukiza SIDA ugiye kuboneka nyuma yo kuvura umurwayi wayo akagaragaza ibimenyetso byo kuyikira.
Ku musozi wa Huye, bakunze kwita kwa Nyagakecuru, abagore n’abakobwa bafite byinshi byo kuhigira bijyanye n’ubutwari bw’abagore ndetse n’imyitwarire ikwiye.
Abaturage barenga ibihumbi 24 bo mu karere ka Kayonza bibasiwe n’amapfa bari gufashwa guhangana nayo bahabwa imbuto yo gutera n’ifumbire.
Senateri Bizimana Evariste anenga abatuye muri Musanze kuba bakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside kandi mu ndamukanyo yabo yerekana ko bagomba kuyirwanya.
Kayitare Innocent utuye Remera, mu Karere ka Ngoma avuga ko guhinga ku materasi byamuvanye mu bukene, akaniyubakira inzu akareka gukodesha.
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Séminaire Karubanda, Rwanda Revenue, UTB na GS Officiel de Butare ni zo zegukanye imyanya ya mbere
Hatangizwa icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yashimiye abatuye Ngororero ko bafite amanota ya mbere mu bumwe n’ubwiyunge.
Butera Knowless yizihije isabukuru ya nyuma y’amavuko, ya mbere y’uko yibaruka imfura ye.
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu anatoza Volleyball muri Petit Seminaire ya Karubanda, abize muri icyo kigo bageze ku mukino wa nyuma uba kuri iki cyumweru
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu anatoza Volleyball muri Petit Seminaire ya Karubanda, abize muri icyo kigo bageze ku mukino wa nyuma uba kuri iki cyumweru
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yumijwe n’ibibazo by’ubuharike biri mu Karere ka Musanze byateje ingaruka mbi muri imwe mu miryango.
Abana batatu bava inda imwe bo mu karere ka Rutsiro bahitanwe n’inkuba yabakubise ubwo hagwaga imvura ku itariki ya 30 Nzeli 2016.
Imvura nyinshi yaguye mu murenge wa Rukomo muri Nyagatare yateje umwuzure mu mazu y’ubucuruzi 17, ibicuruzwa byari birimo birangirika bikomeye.
Impuguke mu by’ubuhinzi zo muri Afurika zigiye kuza mu Rwanda kuhigira uburyo bwo gukoresha ubushobozi buke bugatanga umusaruro mwinshi.
Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, yo mu Karere ka Nyagatare, yashyikirijwe amazu yubakiwe kugira ngo irusheho kubaho neza.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) kivuga ko gihangayikishijwe n’abacuruzi binjiza ibikoresho by’ubwubatsi bitujuje ubuziranenge, bafatwa bagasabwa kubisubizayo ntibabikore.
Tariki ya 1 Ukwakira 1990, abasore n’inkumi baturutse hirya no hino mu bihugu bahungiyemo, batangiye inzira ndende yo kwigobotora ingoma y’igitugu ya Habyarimana Juvenal.
Abantu 12, biganjemo abanyeshuri, batsinze amarushanwa yo kwandika yateguwe n’umushinga “Andika Rwanda” bahawe ibihembo birimo mudasobwa.
Urubyiruko rwiga ubumenyingiro muri VTC Ntendezi, mu Karere ka Nyamasheke, ruvuga ko kutagira ibikoresho bihagije bituma batanoza ibyo bakora.
Umukinnyi Mwiseneza Djamar ukinira ikipe ya APR atangaza ko ikipe ya APR ifite imyumvire itandukanye n’iy’ikipe ya Rayon Sport.
Ikigo cy’imari iciriritse(atlantis), hamwe n’igitanga ikoranabuhanga mu buhinzi(Agritech), byatangije gahunda yo gutanga inguzanyo y’igihe gito ku bahinzi, izishyurwa hiyongereyeho 2%.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Sierra Leone, Maya Moiwo Kaikai aratangaza ko intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge y’Abanyarwanda ari urugero rwiza rw’ibihugu ku isi.
Amakipe atandukanye y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda akomeje kwitegura Shampiona, aho mu mpera z’iki cyumweru hateganyijwe imikino izwi igera kuri itanu ya gicuti
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko igiye gushora Miliyari 9RWf mu burezi mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko gukunda ubuhinzi.
Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane yahagarariye Perezida w’u Rwanda mu muhango wo gushyingura Shimon Peres.
Mu nteko y’abaturage mu Karere ka Kamonyi bamwe mu baturage bahisemo kwandikira umuyobozi w’ako karere batinya ko bashobora kwimwa ijambo.
Mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco Mpuzamahanga rya Sinema rizahuriramo ibihugu by’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi, rizatangirwamo amahugurwa ku bakinnyi ba Filime Nyarwanda.
Hakizimana Esdore yagaragaye muri batatu begukanye irushanwa Nyafurika ryo gufotora, ryateguwe n’ikigo gitanga serivisi z’ubwikorezi no kubika imizigo cyitwa Agility Africa.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bwahagaritse gukurikirana Dr Mukankomeje Rose, wahoze ari umuyobozi mukuru wa REMA.
Abahinzi bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibishyimbo yahenze, yikuba kabiri, kandi ari igihe cy’ihinga.
Ministeri y’ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko Malaria isigaye ifite ubukana bukabije kuburyo ngo imiti isanzwe iyivura itakibasha guhangana nayo.
Abatuye akarere ka Ngororero baravuga ko bafite ubwoba bwo kutazeza neza, kuko batinze kubona imbuto, bagatinda guhinga.
Abajura bataramenyekana bibye SACCO yo mu murenge wa Burenga muri Rulindo nyuma yo kwica umuzamu wayirindaga undi bakamukomeretsa bikomeye.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, buraburira abakoresha uburiganya ngo bahabwe icyemezo cya “Controle technique”.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri muri Karongi bavuga ko gahunda yo kunywa igikoma ku ishuri yatumye bamwe mu bana bataye ishuri barisubiramo.
Nyuma y’iminsi amarushanwa yo Kwibuka Rutsindura wahoze akina akanatoza Volleyball, kuri uyu wa Gatandatu no ku cyumweru arasubukurwa i Huye
Abaturage 12 bo umudugudu wa Gatavu, mu Karere ka Kamonyi bamaze imyaka itanu bishyuriye kugezwaho amashanyarazi ariko na n’ubu ntarabageraho.
Nyirampeta Tarisisiya avuga ko n’ubwo ari umumotari, abangamiwe no kuba akora akazi ari uko yatiye moto yo gukoresha.
Umuturage witwa Niyitegeka Emmanuel wo mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga arashinja umukuru w’umudugudu kumutwarira televiziyo yahaweho impano.