Umuyobozi wa Transparancy International Rwanda (TI), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko abaka ruswa akenshi baba bahagarariye Leta, bigatuma bayangisha abaturage.
Imani Bora urangije ku Kigo cy’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology, yakoze konteri z’amazi zizakuriraho WASAC igihombo gisaga miliyari 10Frw.
Abayobozi b’imirenge ibiri yo muri Burera bahagaritswe ku mirimo yabo bazira imikorere mibi irimo n’uburiganya muri Girinka.
Ku i Saa Saba z’amanywa ni bwo ikipe y’igihugu ya Mozambique yari igeze mu Rwanda aho ije gukina umukino n’u Rwanda uzaba kuri uyu wa Gatandatu
Umuryango utuye mu Kagari ka Gasarabwayi mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe uratabaza abagiraneza kuwuha ubufasha bwo kuvuza umwana wabo umaranye imyaka 16 uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi baravuga ko irari ry’amafaranga riri ku isonga mu rituma abana guta amashuri.
Kuri uyu wa Gatandatu isiganwa ry’amagare rizwi nka "Tour de Gisagara" riraza kuba rikinwa ku nshuro yaryo ya kabiri, aho rizasorezwa mu karere ka Huye
Abanyeshuri bo mu Ishuri rya GS Rugoma basaba ko habaho uburyo bwo kurwanya ingengabitekerezo batozwa n’ababyeyi ku ishyiga.
Umuyobozi wa Kigali Today Ltd Kanamugire Charles, yasabye abahuguwe na Kigali Today Ltd mu gufotora, kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe, bagaragaza isura nziza y’igihugu.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Petit Stade Amahoro harakomeza imikino yo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho muri Basketball izwi nka Memorial Gisembe
Musabyimana Ferdinand wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 15Frw ahimba ibintu bitandukanye.
Radio Mpuzamahanga y’Ubudage “Deutsche Welle” yigeze gukomera cyane mu Karere ka Afurika, yafunze ibikorwa byayo mu Rwanda ndetse isubiza u Rwanda ubutaka yari imazemo imyaka 53.
Akarere ka Rubavu kasabye abafite imitungo bambuwe ku maherere kuyisaba bakayihabwa, nyuma yo gusubiza imitungo y’umwe mu miryango yari yarariganyijwe.
U Rwanda na Turkey byongeye umubano hagati yabyo bishyira umukono ku masezerano y’imikoranire no koroshya imigenderanire hagati y’ibihugu byombi.
Bamwe baturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko babangamiwe n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze babakumira kubaza ibibazo igihe abayobozi bakuru babagendereye.
Abatuye Intara y’Amajyepfo biganjemo igitsina gore batararushinga, bahangayikishijwe n’ibyo bakwa mu gihe bagiye gushaka byitwa “Amajyambere”, birimo moto cyangwa igare.
Abanyura mu muhanda wa Ruyenzi - Bishenyi, mu Murenge wa Runda, barataka ikibazo cy’abajura bitwikira umwijima uterwa no kutaka kw’amatara yo ku muhanda.
Daniel Ngarukiye ari mu gahinda ko kubura imfura ye Inyamibwa witabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 30 Gicurasi 2016.
Ibitaro by’ingabo z’u Rwanda muri Centre Africa byakoze igikorwa cyo kwegereza ubuvuzi abaturage badaturiye amavuriro, bibavurira ubuntu mu gihe cy’icyumweru.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, maze bunamira inzirakarengane zihashyinguye
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko udukiriro tuzafasha Leta kugera ku ntego yiyemeje yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka kuko duha akazi benshi.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo bavuga ko Perezida Kagame yabahaye bumaze imyaka igera kuri ine bukora nyamara nibabone umusaruro ubuturukaho.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) kirasaba abayobozi b’uturere turimo imijyi izunganira Kigali, kwihutisha inyigo zayo kuko abazakerererwa, bazahabwa amafaranga make mu yo kuyitunganya.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare banenzwe kutimenyereza indimi z’amahanga zirimo Icyongereza, babwirwa ko byazabagiraho ingaruka mu gushaka akazi.
Abatuye imirenge ya Sake na Rukumberi muri Ngoma, basanga ubusinzi bwadutse mu bagore burimo gutera ubwiyongere bw’abana bavuka nta bushobozi.
Umwaka urashize abakozi b’Ibitaro bya Kirehe batanze inkunga y’imifuka 58 ya sima yo kubakira imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside batishoboye, ariko iracyabitse mu bitaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga butangaza ko bwizeye ko amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” azafasha mu kuvugurura ikipe y’akarere ya AS Muhanga.
Bamwe mu bivuriza ku kigo Nderabuzima cy’Umurenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko abaforomo babarangarana muri serivisi bifuza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iri mu gikorwa cyo kubyaza nyiramugengeri yo mu gishanga cy’Akanyaru, ingufu z’amashanyarazi zingana na megawati 80.
Abana bagera kuri 800 mu Karere ka Nyanza bugarijwe n’imirire mibi, kubera ubumenyi bucye bw’ababyeyi ku gutegura indyo yuzuye.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Rubavu basabwe gufasha abayobozi babo kuzuza inshingano aho gutegereza ko beguzwa cyangwa bagafungwa.
Abayobozi bo mu Karere ka Nyamasheke barasabwa gufasha abo bayobora kwamagana urugomo kugira ngo bazubake amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.
Uruganda Inyange Industries rwahize izindi zo mu Rwanda mu gukora amavuta y’inka (Butter) naho urwa Gishwati Farms rushimirwa gukora neza umutsima uva mu mata (Fromage/Cheese), mu imurikabikorwa ryaberaga i Kigali.
Imvura yaguye mu Karere ka Musanze mu ijoro rishyira iki Cyumweru, tariki 29 Gicurasi 2016, yateje isuri ikomeye yamanutse mu misozi y’ibirunga isenyera bamwe mu baturage b’Umurenge wa Busogo.
Ikipe y’igihugu ya Senegal yatsinze Amavubi ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abaturage kurushaho gutera amashyamba ahantu hose bikwiriye kugira ngo azabafashe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, irimo irimo ibiza byibasira abaturage n’imitungo yabo.
Mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe y’igihugu ya Senegal yatsinze u Rwanda ibitego 2-0
Abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko ubushakashashatsi bwari bukwiye kwitabwaho n’abafata ibyemezo cyangwa baherekeza Abaturarwanda mu iterambere.
Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Ruhango, irasaba abacukura bakanacuruza umucanga, ko bagomba kubikora ariko babungabunga ibidukikije.
Mu gitaramo “Industry Night” cyateguwe na Miss Teta Sandra na Miss Vanessa, mu begukanye ibihembo byari biteganyijwe nta n’umwe wahagaragaye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 28 Gicurasi 2016, abaturarwanda bose bazindukiye mu gikorwa cy’Umuganda ngarukakwezi, cyakorewe mu gihugu hose.
Abakoze amatsinda adakora mu Karere ka Ngororero bagiye bakingirwa ikibaba n’abayobozi batari inyangamugayo, bituma inguzanyo zatanzwe muri VIUP zitishyurwa neza.
Abanyarwanda batahutse bava mu mashyamba ya Congo, bavuga ko bagenzi babo basizeyo ari benshi kubera ko bakiboshwe n’umutwe wa FDLR.
Mu Karere ka Ngororero harabarurwa imanza za gacaca zigera mu 1.016 zifite agaciro ka miliyoni 770Frw ntizirarangizwa.
Uwineza Esperance warashwe na FDLR ahorwa umugabo we Majoro Ntagisanimana watashye mu Rwanda, yatashye acyuye abandi basirikare bakuru ba FDLR.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba mu Karere ka Gatsibo barasabwa kongera ingufu mu mikoreshereze y’ifumbire kandi bakirinda kuvangavanga imyaka, kugira ngo umusaruro wiyongere.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rwezamenyo rwavuye Iwawa rwashinze koperative y’ububaji bahurizamo ibitekerezo n’ubumenyi batahukanye, bakabasha gukora imirimo ibabeshaho