Nyuma y’imyaka itatu itangiye kubakwa ariko ikadindira, inyubako y’ibiro by’Akarere ka Nyamagabe ngo ishobora kuzura mu mezi atatu azageza muri Kanama 2016.
Abarundi bashakanye n’Abanyarwanda bamaze igihe batuye mu Rwanda barasaba ko bahabwa ibyangombwa byo gutura maze bagakora imirimo yabo batuje.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yihanangirije Abanyangororero bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’abadashaka kurangiza imanza za Gacaca.
Abaturage b’i Nyabihu baratabariza ibice by’umuhanda Musanze-Rubavu byangirika bikanabateza ingaruka aho batuye n’aho bakorera.
Umushoramari Antonio Souaré Mamadou uturutse muri Guinée Conakry, yageze mu Rwanda aho aje mu bikorwa by’ishoramari azatangirira muri Siporo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko gahunda yo gukemurira mu ruhame ibibazo by’abaturage izagabanya ikibazo cy’ubwinshi bw’ibibazo byakemurwaga n’Umukuru w’Igihugu.
Abadepite bagaragaje amakenga batewe no guhanika umusoro ku myenda ya caguwa n’isukari iva hanze y’akarere, mu gihe nta kibanje gukorwa.
Rwabidadi Aimable washinjwaga kunyereza mazutu yagombaga gucanira sitade ya Huye mu marushanwa ya CHAN, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Huye.
Abatuye Umurenge wa Gitoki muri Gatsibo bizera ko kumenya gutegura indyo yuzuye hari icyo byagabanyije ku ndwara ya bwaki yahagaragaraga.
Mu masoko yo mu Karere Kamonyi haragaragara ifu y’imyumbati abaturage bise “Shira umuteto”, bitewe n’uko butaryoha ariko bukagura macye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanda, Innocent Mbanjimbere na Nyiramahano Chantal w’Akagari ka Bugarura bahagaritswe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka imbere y’imbaga y’abaturage babashinje kubahohotera.
Umuryango Imbuto Foundation ku wa 07 Kamena 2016 watangije gahunda y’amahugurwa agamije kongerera ubushobozi urubyiruko.
Umukozi wakira akanatanga amafaranga muri “SACCO Imarubukene” y’Umurenge wa Ngamba, yemeye kwishyura asaga ibihumbi 600FRW yanyereje, nyuma yo gutahurwa n’abagenzuzi.
Bamwe mu bakobwa babyariye iwabo barasaba ko abahungu babateye inda bahugurwa ku myororokere no gukumira ko batera inda abandi bakobwa.
Nyuma y’imyaka umunani Ikigo nyarwanda gikora ibya Cinema, 94Histudio, gitangiye gukora, cyafunguye ishuri rya filime, rigamije kubaka ubunyamwuga bw’Abanyarwanda bafite inyota muri ubwo buhanzi.
Umujyi wa Kigali urasaba abafundi bibumbiye muri sendika yabo (STECOMA) kuwufasha kubahiriza igishushanyo mbonera cyawo hagamijwe guca akajagari mu myubakire.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo hatangajwe inzira zizakoreshwa muri Tour du Rwanda 2016, aho ishyamba rya Nyungwe riri mu nzira zizifashishwa.
Reverend. Pasteur Ntavuka yakoreye igiterane cy’ivugabutumwa mu Mujyi wa Plymouth mu Bwongereza, kitabirwa mu buryo butari busanzwe bumenyerewe muri iki gihugu.
Intara y’Amajyepfo yagiriye inama Akarere ka Nyamagabe kunoza imyandikire ya raporo z’imihigo, kuko zandikwa mu buryo budasobanura neza ishyirwa mu bikorwa ryayo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abayobozi bo muri iyo ntara bimana amakuru kwisubiraho kuko iyo bayimanye bituma abaturage batamenya ibibakorerwa.
Niyonzima Haruna Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi", yakebuye abafana b’Amavubi, abasaba gufana ikipe aho gufana igitego.
Akarere ka Nyabihu kavuga ko kashoboye kugaruza mu gihe cy’amezi abiri 90% by’amafaranga bari baragujije muri VIUP ariko ntiyishyurirwe igihe.
Kuri uyu wa Gatatu shampiona y’icyiciro irakomeza ku munsi wayo wa 27, aho imikino itegerejwe ari uhuza APR n’Amagaju, ndetse na Espoir na Rwamagana
Abaturage b’i Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’amata rwa Mukamira rwagombaga gutangira bitarenze Werurwe rwatinze gutangira.
Abahagarariye abafite ubumuga mu Karere ka Kamonyi, barasabwa gukangurira abo bahagarariye gukora imishinga bakihangira imirimo aho gusabiriza.
Ikigo gihagarariye icuruzwa rya murandasi(internet) yihuta cyane 4G LTE, cyatangaje ko ibiciro by’ifatabuguzi ry’iyi internet byongeye kugabanuka, ndetse ko cyanogeje serivisi.
Abanyeshuri babiri bo muri Leta ya Colorado, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bakoze indege itagira umupilote “Drone” izunganira abacunga umutekano muri Pariki y’Akagera.
Patrick Nyamitari ababazwa n’uko abahanzi Nyarwanda badasoma ngo bongere ubumenyi, kuri we agasanga bituma muzika Nyarwanda itagera ku rwego mpuzamahanga.
Akarere ka Nyamasheke butangaza ko buri gukora igenzura ryimbitse ngo hamenyekane umubare nyakuri w’abana bataye ishuri, kugira ngo bagarurwe mu ishuri.
Bamwe mu bacuruzi baciriritse ntibaramenya iby’ikoreshwa ry’akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kandi muri bo hari abagombaga kuba bagakoresha.
Ikigo kigenga cy’ikoranabuhanga (Rwanda online) kiratangaza ko kugeza ubu, serivisi 30 zakwa n’abaturage mu nzego zitandukanye zishobora guhabwa umuturage atiriwe asiragira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rwiteze ubufatanye n’ubuhahirane bw’Abanyafurika, bazateranira i Kigali mu kwezi gutaha.
Abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi muri RFTC ngo bahangayikishijwe no kuba barimo kwandikirwa ko badafite ibyangombwa (authorization) kandi baramaze kubyishyura ahubwo bakaba batarabigezwaho.
Jeannette Caroline Nduwamariya, umugore wo mu kigero cy’imyaka nka 40 yinjiza amamiliyoni buri kwezi akomora ku gitekerezo yakuwe mu kwigisha abandi kwikura mu bukene.
Abapolisi 45 bagize umutwe wo gutabara aho rukomeye kuri uyu wa 06 Kamena 2016 batangiye amahugurwa mu Ishuri rya Polisi i Gishari muri Rwamagana.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Ntyazo, umukobwa w’imyaka 19 ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho gukuramo inda y’amezi atanu.
Nkundimana Eric afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Nyamata nyuma yo gutemagura Biziyaremye Tharcisse ashiramo umwuka amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Ishyirahamwe mpuzamahanga rishinzwe ingendo z’indege (IATA) ryongeye guha ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, icyemezo cyo kwagura imikorere.
Ibitaro byo mu Murenge wa Mukarange muri Gicumbi byafashije abahatuye no mu nkengero zawo kutakiremebera mu rugo kuko serivisi z’ubuzima zabegerejwe.
Ihuriro ry’abafana b’ikipe ya Arsenal bo mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Mukarange mu Karere ka Kayonza, maze baremera abarokotse Jenoside batishoboye.
Abagize Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF), baravuga ko kongerera ubushobozi abashinzwe ubutabazi bwo mu mazi, bizabafasha mu kurokora ubuzima bw’abarohama.
Imbogo yavuye muri Pariki y’Ibirunga ikomeretsa umuturage wo mu Murenge wa Rugarama, muri Burera, ajyanwa mu bitaro na yo bahita bayica.
Umugore witwa Nzamwitakuze Vestine w’imyaka 40 wari ukurikiranyweho gushaka gukata igitsina cy’umugabo we asinziriye, ku munsi w’ejo yapfuye urupfu rutunguranye.
Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yarohamye mu ikiyaga cya kivu ahita yitaba Imana.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu Potatoes Company rutarongera gukora kuva rufunguwe.
Abaturage baturiye Ibitaro bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba bituzura, bibangamiye ubuzima bwabo kuko badashobora kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.
Mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi,umugabo witwa Sinumvayabo Mathias w’imyaka 46 yaraye yishe umwana we amuhora kutahirira amatungo.
Abatuye ku rugabano rw’imurenge ya Gashari na Rugabano mu Karere ka Karongi bahangayikishijwe n’umuhanda ubahuza ukomeje kwangizwa n’umugezi wa Makambazi uwuca iruhande.