Bamwe mu nshike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, babaga mu nzu zangiritse basaniwe amazu n’abakozi b’ibitaro bya Kigeme muri Nyamagabe.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Abantu 18 bo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Rwaza nyuma yo kunywa ikigage, bikekwa ko gihumanye.
Kayisire Jean de Dieu, umwana w’imyaka 16 watanze ubuhamya mu munsi w’Umwana w’Umunyafurika mu rwego rw’Akarere ka Kirehe, tariki 16 Kamena 2016, yavuze ko yatotejwe n’ababyeyi be, agera aho abatoroka ajya kuba mu muhanda.
Mu Kagari ka Nyagahinga, mu Murenge wa Cyanika ho mu Karere ka Burera, hatoraguwe uruhinja rwapfuye, ariko ntabashobora kumenya uwaruhataye.
Umusore w’imyaka 40 y’amavuko witwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi yishwe atemwe ijosi n’abantu bataramenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buraburira abahawe amafaranga y’inguzanyo ya VUP ariko banze kuyagarura, ko hafashwe ingamba zo kubishyuza vuba na bwangu.
Ikipe ya Rwamagana na Musanze zamaze gusezera mu mikino y’igikombe cy’Amahoro igeze muri 1/16, kubera amikoro adahagije kuri ayo makipe
Umuryango w’Abafatanyabikorwa mu by’Ubuzima (Partners In Health) uratangaza ko gukora inkera y’imihigo mu rwego rw’ubuvuzi biruteza imbere kuko habaho kwisuzuma no guhiganwa.
Umugabo witwa Numviyumukiza Emmanuel w’i Kirehe, yatawe muri yombi ashinjwa urupfu rw’umugabo witwa Dukuzumuremyi JMV barwanye agapfa nyuma y’iminsi ibiri.
Imiryango 40 ikennye mu Karere ka Ngoma yorojwe inka ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, kugira ngo abana bayirimo babashe kubaho neza.
Ababyeyi bo mu Karere ka Karongi barasabwa kurinda abana babo imirimo ivunanye bitwaje ko na bo bayikoraga mu gihe cyabo.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Nyanza basabwe gutanga 3.000Frw yiswe aya “Mitiweri y’amatungo” bavuga ko batigeze bazihabwa, ntibanamenya irengero ryazo.
Ubushakashatsi bw’ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusabane bugamije amahoro (IRDP) bugaragaza ko inkomoko y’amakimbirane yo mu miryango kenshi ihera mbere y’urushako.
Umuryango Imbuto Foundation urahamagarira urubyiruko mu Karere ka Ruhango cyane cyane urw’abakobwa kwirinda ibishuko bahura na byo akenshi bibakururira inda z’imburagihe.
Umusore w’umukarani bakunze kwita KGL wo mu Karere ka Ruhango yagurishije isambu amafaranga yose ayajyana mu “kiryabarezi” kiyamumazeho ararakara arakimenagura.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko kugira ngo ugire abaturage beza bafitiye igihugu akamaro ubategura bakiri abana.
Umuryango mpuzamahanga Mastercard Foundation mu nama y’ubuyobozi wakoreye mu Rwanda, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Umuhanzi Saidi braza wamenyekanye mu Rwanda no mu Burundi, yagiye kugororerwa Iwawa, kugira ngo avurwe ibiyobyabwenge byari byaramubase imyaka 12.
Umusore wamenyaniye n’umukobwa wo mu Karere ka Nyagatare kuri telefoni ntiyabonetse ku munsi wo gufata irembo kandi bamwiteguye.
Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Nkosazana Dlamini Zuma yasuzumye aho u Rwanda rugeze rwitegura inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika izabera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Abaturage batuye imirenge ya Musebeya na Buruhukiro muri Nyamagabe batunguwe n’umusaruro wavuye mu materasi y’indinganire, nyamara barayahinze batabishaka.
Ikigo cy’Abanyakoreya y’Epfo cy’Iterambere (KOICA) cyeguriye IPRC Kigali ikigo gikorerwamo ubucuruzi n’amahugurwa kitwa RZ Manna gifite agaciro k’ibihumbi 900$ bingana na miliyoni 702,4Frw.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro ari kimwe mu bizafasha mu gushimangira umuco wo gukoresha ibikorerwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma buravuga ko abashoramari baguze ibibanza ku nkengero z’ibiyaga bya Sake na Mugesera batabyubakaho amahoteli bashobora kubyamburwa.
Habimana Jean Claude w’imyaka 32 wo mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yaciwe umunwa yishyuza mugenzi we 5000FRW.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana yeruye asaba imbabazi abashyitsi b’abanyamahanga bitabiriye inama mpuzamahanga ku buhinzi bukoreshwa ikoranabuhanga yaberaga mu Rwanda kuva ku wa 13 kugeza 16 Kamena 2016, ku byaba bitaragenze neza muri iyo nama.
Ku munsi wa 29 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, APR yatsinze Marines 1-0 i Rubavu, naho Rayon Sports inyagira Amagaju ibitego 6-0
Niyirora Gaudence wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi yabyaye umwana amuta mu musarane bamukuramo akiri muzima.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta, avuga ko kuba haboneka abaturage benshi mu cyumweru cyahariwe ubutaka, bigaragaza ko serivisi z’ubutaka mu mirenge zitanoze.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), irasaba abakora mu by’ubwishingizi kongera umubare w’ababagana kugira ngo ibiciro byabwo bigabanuke n’igihugu kihazamukire.
Muri Shampiyona y’icyiciro cya kabiri, mu mukino wahuje Kirehe FC na Etoile de l’Est ku wa14 Kamena 2016, warangiye Kirehe FC itsinze1-0, ivana Etoile de l’Est ku mwanya wa mbere.
Nkurunziza Athanase wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, aravuga ko yabaye umuhinzi ntangarugero abikesha kwiga guhinga kijyambere.
Umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka 22 wakoraga kuri Motel du Lac, ahazwi nko kw’Alphonse i Nyamasheke, yatawe muri yombi ashinjwa gukuramo inda mu gihe byari bizwi ko atwite.
SHampiona y’u Bwongereza mu mupira w’amaguru ya 2016/2017 izatangira taliki ya 13 Kanama 2016, aho Arsenal izatangirana na Liverpool
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abamotari, COCTAMOKA, bavuga ko bimwe uburenganzira nk’abandi kuko hashyizweho itegeko ry’uko umunyamuryango agomba gutunga moto imwanditseho.
Abafite aho bahurira n’ubucuruzi bw’amata mu Karere ka Nyagatare bifuje ko habaho icyumweru cy’ubukangurambaga ku bukangurambaga ku buziranenge bw’amata.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko ihangayikishijwe n’ubucuruzi bw’abantu cyane cyane abana, bukorerwa kuri mbuga nkoranya mbaga.
Abahuye n’ikibazo cy’inzara mu Murenge wa Rwinkwavu muri Kayonza bagiye kugobokwa n’Ikigega cy’igihugu kigoboka abahuye n’ikibazo cy’izuba kibagenera ibyo kurya.
Abacuruzi baciriritse bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko kunyereza imisoro kwabo guturuka ku bo baranguriraho bo muri Kigali basorera ½ gusa cy’ibyo baranguriweho.
Abaturage bakoreye uwitwa Sayinzoga Emmanuel mu bikorwa byo gusazura ishyamba mu Kagari ka Samiyonga, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru baramushinja kwanga kubahemba.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) gitangaza ko umusaruro mbumbe w’igihugu(GDP) wazamutseho 7.3% mu gihembwe cya mbere cya 2016 biturutse ahanini kuri serivisi.
Abahinzi ba soya mu Karere ka Gatsibo barvuga ko kuba imashini zuhira zikiri nkeya bibateye impunene ko bashobora kuzagwa mu bihombo.
Minisitiri w’ubutgetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, aranenga abayobozi b’inzego z’ibanze batekinika mu marushanwa “Umurenge Kagame Cup” agamije gushimangira amahame y’Imiyoborere myiza.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa I kiri mu Karere ka Burera, batangaza ko ubwato bahawe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwazamuye imibereho yabo ikaba myiza.
Umuhanzi wamenyekanye cyane hambere Byumvuhore Jean Baptiste, avuga ko yahimbiye indirimbo RayonSport nyuma yo gukorwa ku mutima n’ubumwe Abanyarwanda bari bagaragaje.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko igiye gutanga miliyoni esheshatu z’inzitiramibu mu guhangana na malariya idahwema kwiyongera.