Ba veteineri b’imirenge ya Rukozo, Uwiragiye Assiel, n’uw’Umurenge wa Ngoma, Nganimana Appolinaire, bafunzwe bakurikiranyweho kunyereza inka za gahunda ya “Girinka.”
Shyaka Victor umwana w’imyaka 14 ukinira mu ikipe ya Karate yitwa Lion Karate Do, yatangiye guhatana n’abakuze kandi akiri umwana muto.
Ikigo gifasha abahinzi muri Afurika, Karayibe na Pasifika (CTA) cyitabiriye inama ya FARA, kiravuga ko utudege tutagira abapirote ‘drones’ twateza imbere ubuhinzi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yageze mu gihugu cya Tchad kuri uyu wa Mbere, tariki 13 Kamena 2016, kuvuga ku myiteguro y’inama ya 27 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU) izateranira i Kigali mu kwezi kwa Nyakanga.
Reverend Pastor. Jesse Jackson, umupasiteri mu itorero ry’Ababatisita muri Amerika ashimangira ko u Rwanda rufite amahirwe yo kugira umuyobozi ushoboye n’isi yose yubaha.
Abanyarwanda 52 binjiye mu nkambi ya Nyagatare muri Rusizi bimwe ibyangombwa, nyuma yo kuvumburwaho ko yari inshuro ya kabiri batahutse.
Minisitri Uwacu Julienne kuri uyu wa mbere yasobanuriye Abasenateri ba komisiyo y’Imibereho myiza ibikorwa bya siporo mu Rwanda n’icyo Minisiteri ikora muri gahunda yo kuzamura impano
Guteza imbere imibereho myiza y’abaturage byagenewe amafaranga agera kuri miliyari 877,6Frw, mu ngengo y’Imari y’umwaka wa 2016/2017.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 14 Kamena 2016, imodoka (Minibus) yari itwaye abana bajya kwiga ku ishuri "Kigali Parents School" riri mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, ibuze feri ubwo yamanukaga iva Kanombe, iribirandura, abana barakomereka ariko kugeza ubu nta wapfuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko hafashwe ingamba zikarishye kugira ngo hakumirwe ikibazo cy’abana bata ishuri.
Ministiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, yamenyesheje Ihuriro Nyafurika ry’Abashakashatsi mu buhinzi FARA, ko ryitezweho gutanga ubunararibonye bwunganira ibyo u Rwanda rwagezeho.
Abaturage b’i Ruhunda mu Murenge wa Gishari i Rwamagana baravuga ko Ekocenter bubakiwe igiye kubakemurira ibibazo byababuzaga gutera imbere.
Ubushakashatsi bwerekanye ko kwambura ubumuntu abantu runaka ubita amazina abatesha agaciro ari yo ntangiriro ya Jenoside kuko n’ababica bumva ntacyo bishinja.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’umukino wa tombora wiswe “Ikiryabarezi”, kuko abana babo n’urundi rubyiruko bawuhugiramo cyane.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi watangije Inama y’Ihuriro nyafurika y’ubushakashatsi ku buhinzi FARA, yasabye gushakisha uburyo haboneka ibirkbwa bihagije Afurika.
Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Lt. Col. Rugambwa Patrice, yashimiye Abanyamwulire muri Rwamagana ubutwari bwabaranze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kubukomeza kugira ngo batsinde ingaruka zayo.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Busoro umusore w’imyaka 25 yasiramuriwe mu rugo bimuviramo kubyimbirwa ajyanwa kwa muganga arembye.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko ibikorwa remezo bizakomeza kongerwa mu Karere ka Rwamaga kugira ngo abaturage barusheho kugira ubuzima bwiza.
Kuva kuri uyu wa Mbere, tariki 13 Kamena 2016, u Rwanda rwakiriye Icyumweru Nyafurika ku bumenyi mu by’ubuhinzi (Africa Agriculture Science Week - AASW) kibaye ku nshuro ya karindwi, ndetse n’Ihuriro ry’Ubushakashatsi ku Buhinzi muri Afurika (Forum for Agricultural Research in Africa - FARA). Iyi nama irimo kubera i Kigali (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi barishimira ibikorwa bagejejweho na FPR Inkotanyi bikabafasha kwiteza imbere mu buryo butandukanye.
Sergent Munguyiko Innocent na Sergent Nkoreyimana Eduard baretse gutungwa nk’impunzi mu nkambi yajyanywemo abarwanyi ba FDLR Kisangani, bataha mu Rwanda.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly, arahamagarira buri wese kumva ko umwana atari uw’uwamubyaye gusa, ko ahubwo ari u’umuryango mugari n’igihugu.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Burasirazuba barasabwa kwita ku muturage no kumuteza imbere kuko ari we iryo shyaka rishyize imbere.
Akarere ka Rulindo n’abafatanyabikorwa bako bishatsemo inka 970 zizorozwa abatishoboye, hagamijwe kwihutisha igenamigambi ryo koroza inka imiryango 15.500 biyemeje kugeraho bitarenze umwaka wa 2017.
Abaturage b’Umurenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke barasabwa guhaguruka, bakamagana umuco wo gutanga “Rusake” ufatwa nk’ihohoterwa kandi ugasenya umuryango.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF), Jackline Kamanzi, arasaba abagore bahagarariye abandi, guhindura imibereho yabo babereka inzira y’iterambere.
Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe ibikorwa byayo, kizibanda ku burenganzira bw’abana, kikazarangira hizihizwa isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyarugenge yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri aka karere, kwifashisha ikoranabuhanga rugahangana n’abapfobya Jenoside bari hanze y’igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abanyeshuri bava mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bakaba bagiye kwiga muri Amerika, kuzirikana iwabo bakahateza imbere.
Muri Nyampinga w’u Rwanda 2017 hazashyirwa imbaraga mu by’i Rwanda kurusha iby’amahanga nk’uko bitangazwa na Dr Jacques Nzabonimpa ushinzwe Umuco mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC).
Ikipe y’abakobwa y’umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, na Cyanika ya Nyamgabe zegukanye umwanya wa gatatu imu mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu.
Abaturage bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi bibasiwe n’indwara zimpiswi zituruka ku kuba bakoresha amazi bavoma mu migezi.
Kuri iki cyumweru mu karere ka Bugesera harabera isiagnwa ku maguru no ku magare ryateguwe na Gasore Foundation
U Rwanda rwungutse ibindi bigega bya sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli SP, bifite ubushobozi bwo kubika litiro miliyoni 22 zafasha igihugu mu mezi atatu.
Inzego z’abagore zahawe ishingano yo guca ihohotera rishingiye ku gitsina, bifashishije zimwe muri gahunda za leta bahuriramo zirimo n’umugoroba w’ababyeyi.
Abari abakozi b’ibitaro bya Kabutare by’Akarere ka Huye batahigwaga, ntibatanga amakuru ku byo bazi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahari.
Bamwe mu batishoboye bo muri Gasabo biruhukije nyuma yo gushyikirizwa inzu 22 bubakiwe, kubera igihe kinini bavuga ko bari babayeho nabi.
Imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore mu karere k’ibiyaga bigari(COCAFEM) ishami ry’u Rwanda, irasaba ibihugu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano arwanya ihohoterwa.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop John Rucyahana, aravuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rutapfushije Abatutsi gusa ahubwo rwanapfushije ubumuntu ariko ko bushobora gushibuka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yasabye abashora ibicuruzwa by’u Rwanda mu mahanga kuvuga ikibazo bafite, nyuma y’uko umusaruro batanga ugenda ugabanuka.
Nyuma y’impanuka ikomeye y’ikamyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Kamena 2016, igahitana abantu barindwi naho icyenda bagakomereka ahitwa Kicukiro Centre mu Mujyi wa Kigali, ubu umuhanda wongeye kuba nyabagendwa kuko Polisi yakoze ibishoboka ivana mu nzira ibinyabiziga byari byangiritse.
Leta igiye gutangira gushishikariza abaturage kwitabira kugura ubwisungane mu buvuzi “mituweli”, ihereye mu madini kugira ngo ayifashe gusakaza ubwo bukangurambaga.
Imodoka y’ikamyo yamanukaga iturutse i Nyanza ya Kicukiro yabuze feri imanuka, ihitana ibyo ihuye na byo byose, itangirwa n’amabisi abiri manini atwara abagenzi.
Abaturage batuye mu Karere ka Nyamasheke basarabwa kwitabira kuzabyaza umusaruro amaguriro mashya agiye gushyirwa kuri Kaburimbo ikikije i Kivu (Kivu Belt).
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko kuva ibigo byamenya agaciro k’abanyamategeko babyo byatanze umusaruro kuko imanza Leta itsinda zazamutseho 7%.
Abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Gakenke barasabwa guhaguruka bagahangana n’ikibazo cy’abana bakoreshwa imirimo itabakwiriye kuko bibaviramo kuba inzererezi.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Didier Reynders yavuze ko yifuza ubufatanye n’u Rwanda mu kongera ishoramari n’ibiganiro by’amahoro mu karere.