Ruhondo, undi mutungo wihishe mu Majyaruguru

Ikiyaga cya Ruhondo giherereye hagati y’uturere twa Burera na Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ni kimwe mu mitungo kamere y’Intara y’Amajyaruguru itavugwa.

Ikiyaga cya Ruhondo gikikijwe n'udusozi tubereye ijisho
Ikiyaga cya Ruhondo gikikijwe n’udusozi tubereye ijisho

Ikiyaga cya Burera kirohwamo n’umugezi wa Rugezi, Burera ikavamo umugezi wisuka mu kiyaga cya Ruhondo, Muri Ruhondo hagasohokamo umugezi wa Mukungwa utanga amazi yifashishwa mu gutanga umuriro w’amashanyarazi ku rugomero rwa Mukungwa II.

Ukigera kuri icyo kiyaga, uhasanga amafu n’umuyaga uhehereye umanuka hejuru y’ikirunga cya Muhabura. Hari kandi ishusho nziza cyane y’uruhererekane rw’ibirunga bitanu bitandukanya u Rwanda, Uganda na Congo Kinshasa. Ni agace kadasanzwe k’ubukerarugendo.

Icyo kiyaga gifasha abagituriye kuko kibonekamo amafi ndetse n’amazi yacyo akifashishwa n’abahinzi mu gihe buhira imyaka yabo.

Ikirere cyo muri aka gace kiba gisa neza
Ikirere cyo muri aka gace kiba gisa neza
Haba umuyaga uhehereye kandi haratuje ku buryo kuharuhukira bitagira uko bisa
Haba umuyaga uhehereye kandi haratuje ku buryo kuharuhukira bitagira uko bisa
Inkengero z'icyo kiyaga ziriho ubwatsi butoshye
Inkengero z’icyo kiyaga ziriho ubwatsi butoshye
Icyo kiyaga gitanga amafi atuma abagituriye barya iryo yuzuye bakanasagurira amasoko
Icyo kiyaga gitanga amafi atuma abagituriye barya iryo yuzuye bakanasagurira amasoko
Uru rugomero rutanga amashanyarazi ku buryo abaturage benshi bahatuye bamaze kuyahabwa
Uru rugomero rutanga amashanyarazi ku buryo abaturage benshi bahatuye bamaze kuyahabwa
hahora imyaka itoshye kuko idahura n'ikibazo cyo kubura amazi
hahora imyaka itoshye kuko idahura n’ikibazo cyo kubura amazi
Bakungahaye ku buhinzi bw'amasaka, ahora atoshye kubera amazi aturuka muri Ruhondo
Bakungahaye ku buhinzi bw’amasaka, ahora atoshye kubera amazi aturuka muri Ruhondo
Muri ako gace kandi, hera urutoki rwiza
Muri ako gace kandi, hera urutoki rwiza
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka