Umubyeyi wibarutse abana bane arasaba ubufasha

Nyiraminani Epiphanie wo murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yabyaye impanga z’abana bane bamubaze, abahungu batatu n’umukobwa umwe.

Abana bashyizwe mu byuma bibafasha gukura neza
Abana bashyizwe mu byuma bibafasha gukura neza

Saa sita zibura iminota 10 ku cyumweru tariki ya 30 Mata 2017, nibwo yibarutse abo bana mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB).

Abo bana uko ari bane baje bameze neza ariko bavutse batagejeje igihe kuko bavukiye hafi amezi umunani kandi ubundi umwana agomba kuvukira amezi icyenda.

Bapima hagati y’ikilo 1 n’amagarama 400 n’ikilo 1 n’amagarama 560. Ubu bari mu byuma bashyiramo abana bavutse batagejeje igihe (neonatology). Uwibarutse abo bana nawe ameze neza.

Nyiraminani wibarutse abana bane yari asanzwe afite abandi bana batatu.

Niho ahera asaba ubufasha kuko ngo atabasha kubona amafaranga yo kugura amata yo guha abo bana. Kuri ubu kwa muganga nibo bari kubakurikiranira hafi banabashakira amata.

Yibarutse abana bane basanga abandi batatu yari asanganwe
Yibarutse abana bane basanga abandi batatu yari asanganwe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

impundu shenge niyonkwe kandi imana imurindire urubyaro bazakure rwose.

uwimana yanditse ku itariki ya: 19-01-2018  →  Musubize

nyagasaniwe uwiteka amwiteho wenabobana twamufashute

Iradukunda david yanditse ku itariki ya: 18-05-2017  →  Musubize

Uwo Mubyeyi Wibarutse Abo Bana Mudushyirire Uburyo Twamufashamo Haba Kuri Telephone Muduhe Numero Ye Kuko Akwiye Ubufasha Ark Inama Namugira Ahite Agana Onapo Kuko Abo Barahagij Kabisa

Byukusenge Emmanuel yanditse ku itariki ya: 9-05-2017  →  Musubize

nukuri turi kwishimira service zanyu nziza

claude yanditse ku itariki ya: 9-05-2017  →  Musubize

nasubireyo ntamahwa

sylvie yanditse ku itariki ya: 9-05-2017  →  Musubize

Imana yite kuri abo bana n’uwo mubyeyi disi.

Alphonse MBIGIRENTE yanditse ku itariki ya: 2-05-2017  →  Musubize

Abanyarwanda dusanganwe umuco wo gufashanya(solidarity).Rero nk’uko btubisanganwe turwane kuri uyu mubyeyi n’abana be muri rusange. Burya ntamfashanyo iba umunyagara, kandi n’amasengesho ntitwibagirwe kuyatumikayo.

IKIBAZO:

Imfashanyo yaboneka yamugeraho ite ko muba mutashyizeho n’uburyo bwo kuyimugezaho?

IGITEKEREZO

Iyi nkuru muyivugurure mushyireho n’umwirondoro we ufatika (muke)n’uburyo bwo kumufashirizamo(aho gucisha imfashanyo)
Murakoze.

Alphonse MBIGIRENTE yanditse ku itariki ya: 2-05-2017  →  Musubize

birambabaje kuba utwo twana twitabyimanaweee

Gérard ndabana yanditse ku itariki ya: 1-05-2017  →  Musubize

turabashimira uburyo mukomeje kutugezaho amakuru y indashyikirwa
uwo mubyeyi atabarwe kuko about baziranenge nirwo Rwanda rw ejo

nwonna pu chai venzo yanditse ku itariki ya: 1-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka