Umukinnyi wamenyekanye cyane mu mukino wo gusiganwa ku maguru Disi Dieudonné agiye kujyana i Burayi abakinnyi babiri bitwaye neza muri Kigali Peace Marathon
Bamwe mu bakuze bo muri Karongi bavuga ko umuco ugenda ucika w’Abakuru b’imiryango, ukwiye kugaruka kuko wafashaga mu gukemura amakimbirane.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza bwagaye abaganga batatiye indahiro bakica abarwayi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Koperative “Tuvugibyayo” ikorera mu Murenge wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, yiyemeje kongera uruhare rwo guhuza imiryango yari isanzwe irangwamo amakimbirane.
Abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeje kwibuka, kugira ngo bamenye amateka ya Jenoside batazajya bayabarirwa nk’abanyamahanga.
Bamwe mu bafite impamyabumenyi za kaminuza bari abashomeri bakemererwa kwiga guteka muri IPRC - South, batishyura, biteguye kuzahanga umurimo ushingiye ku byo barimo kwigishwa.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Gicurasi 2016, abahanzi 10 bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Superstars Saison 6, biyerekanye imbere y’abafana babo mu Karere ka Karongi ku kibuga kizwi nko kwa Ruganzu.
Mu gihe cy’ukwezi, Abizera b’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda, bamaze gufashisha abatishoboye inkunga isaga miliyoni 262 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda yanyuze mu bikorwa bitandukanye.
Mu mukino wo guhatanira igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Zambia, Misiri itsinze u Rwanda 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke baravuga ko ubufatanye bw’umugabo n’umugore bwarandura ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara mu bana ndetse n’ubukene bwugarije imiryango.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abanyamadini kubaka umuryango nyarwanda wubaha Imana ariko abakwiza impuha bavuga ko bashingiye ku buhanuzi, bakihana.
Gahunda yo kwigisha abanyeshuri indimi hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni zigendandwa yatumwe bashishikarira gukurikira gusoma no kwandika ikorohereza n’abarimu.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Minisitiri w’Umutekano Sheihk Musa Fazili Harerimana, asanga Abanyarwanda bakwiye kwibuka, baharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo banamagana ingengabikerezo ya Jenoside.
Habimana Felix utuye mu Murenge wa Murundi Akarere ka Karongi, ageze ku rwego rwo kweza ibilo 60 by’imyumbati ku giti kimwe.
Ku nshuro ya gatatu, Areruya Joseph yongeye kwegukana irushanwa rizwi nka Kivu Race, isiganwa ryatangiriye Ngororero rigasorezwa mu mujyi wa Rubavu
Impuguke mu by’imirire Dynaparm batangaza ko mu gihe umuntu yateguye neza amafunguro, ibiryo byamurinda indwara kandi bikanamubera umuti.
Musenyeri Habiyambere Alexis umaze imyaka 19 ku bushumba bwa Diyoseze ya Nyundo yashyikirije inkuni y’ubushumba mugenzi we Mwumvaneza Anaclet, ajya mu kiruhuko.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi bavuga ko babangamiwe no gusoreshwa bimwe mu bicuruzwa bitari ngombwa.
Séraphine Mukandanga w’imyaka 80 yongeye kuryama mu nzu yubakiwe ayita iye bwite, nyuma y’imyaka 20 yabaga mu yo yatijwe.
Umukozi wari ushinzwe imibereho myiza mu Murenge wa Masoro muri Rulindo, afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga ya VUP no guha inka abatazigenewe.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kamonyi rwasabwe kwanga inyigisho zuzuyemo ingengabitekerezo bahererwa mu bwihisho n’ababyeyi.
Akarere ka Nyaruguru kagiye kongera gusubira mu ibarura ry’abatuye mu manegeka, nyuma yo kubisabwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (Rwanda Housing Authority).
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), iravuga ko ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi kugira ngo gikemuka burundu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isanga gutoza urubyiruko iby’imiyoborere bakayikurana, byabafasha kuzavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Abasirikare batangiye koroherezwa akazi ko gukemura ibibazo binyuze mu mahugurwa agenerwa abasivili, kugira ingufu zose zifashishwe mu gukemura amakimbirane.
Umunyeshuri witwa Ishimwe Frolence wiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabare muri Ngoma, yaguye mu kigega cy’amazi yavomagamo ahita apfa.
Bamwe mu bakinnyi bahoze bakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi, biteguye guhura na Perezida Kagame bakamuganiriza ku iterambere ry’umupira w’amaguru
Abatuye Umurenge wa Kilimbi muri Nyamasheke bamaze amezi atandatu bagorwa no kubona serivisi z’irangamimerere kuko nta we ubishinzwe uhari.
Abacungamutungo b’ibigo by’imari biciriritse imirenge Sacco byo mu Karere ka Rusizi baranengwa kudatanga amakuru y’ibibazo biri muri ibi bigo by’imari.
Madame Jeannette Kagame yahawe igihembo n’umuryango Team Heart, kubera uruhare rwe mu bikorwa bya kimuntu.
Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorwe Abatutsi, baratangira kuburanishwa n’Urukiko rw’abaturage rw’i Paris mu Bufaransa.
Imirire mibi mu Rwanda yagabanutse kuva ku kigero cya 51% muri 2005 kugera kuri 38% uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’imibare iheruka.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnattan McKinstry yahamagaye abakinnyi 29 bagomba kwitegura imikino ibiri Amavubi agomba gukina
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kilimbi bahoze mu bukene bukabije, bahaye ingurube bagenzi babo bakiri abakene.
Minisiteri ishinzwe Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yizeje abasenyewe n’ibiza mu Karere ka Ngororero ko bazahabwa ubufasha bwihuse bwo kubakirwa.
Nzayisenga Judith utuye mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, afunzwe akurikiranyweho kwica umwana we kuko uwo bamubyaranye yamwihakanye.
Depite Rose Mukantabana wayoboye Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite muri manda yashize, yabaye umwe mu banyeshuri b’indashyikirwa basoje amasomo mu Ishuri Rikuru ryo guteza imbere Amategeko (ILPD) riri i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Ubuyobozi bwa RDF Command and Staff College buratangaza ko ibiganiro nyunguranabitekerezo n’impuguke ku bijyanye n’umutekano bisigiye abahigira ubumenyi burenze ubwari bwitezwe.
Imwe mu miryango ibana mu makimbirane igaragaza ko kunywa ibisindisha by’inzoga z’inkorano nk’ibikurura ihohoterwa mu muryango kuko bitera gusesagura umutungo w’urugo.
Bamwe mu bamugaye imibereho yabo iradindira kuko batitabwaho, nk’uko bikwiye bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi bagafatwa nk’aho ari ikibazo mu muryango.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Fransis Kaboneka yakoreye urugendo mu karere ka Ngororero, rugamije kubizeza ko nabo Perezida Kagame azabasura vuba.
Ernest Sugira yamaze kugera i kigali aho avuye gusinya umwaka n’igice mu ikipe ya As Vita Club, akazasubirayo akina n’ikipe ya TP Mazembe
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Pan Hejun, aratangaza ko igikorwa cyo kwagura Ibitaro bya Masaka icyo gihugu cyemereye u Rwanda nk’inkunga, kizatangira umwaka utaha wa 2017.
Kuba hari Abarundi babaga mu Rwanda boherejwe iwabo gushaka ibyangombwa, abaturage barasabwa kutabifata nko kubirukana kuko atari ko biri.
APR Fc yongeye guha intera ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiona wabereye i Nyamirambo
Umusirikare wa Congo wiyise Tuyishime Jean Claude yigize umurwanyi wa FDLR kugira ngo azanwe mu Rwanda ariko abajijwe aho avuka arahayoberwa.