Ni amakipe abiri adahuje ibyo arwanira kugeza ubu bitewe n’aho Shampiona igeze, gusa buri kipe ifite intego yifuza kugeraho kandi idatakaje umukino, bigatuma uyu mukino ushobora kuzaba ukomeye ku mpande zombi.

Ibi ni bimwe mu bishobora gukomeza uyu mukino
1. Umutoza wa Musanze wakiniye anatoza Rayon Sports
Habimana Sosthene bakunda kwita Lumumba, ni umwe mu bakinnyi babiciye mu ikipe ya Rayon Sports, aza no kuyibera umutoza wungirije, ndetse rimwe na rimwe akanaba umutoza mukuru, akaba mbere y’uyu mukino yaratangaje ko kuba yarayinyuzemo hari icyo yumva bishobora kumufasha mu gutsinda uyu mukino.

2. Umutoza Maso arifuza kwereka Musanze yahoze atoza ubushobozi bwe
Uyu mutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso wigeze gutoza iyi kipe nk’umutoza wungirije, hagati ya 2012 na 2014, yaje gutandukana n’iyi kipe nyuma yo kutumvikana n’abayobozi be ku musaruro iyi kipe yari iri kubona muri Shampiona ya 2013/2014, aho we yavuze ko avuye mu ikipe kubera amatiku yari mu ikipe ku bijyanye n’umusaruro muke, kuri iyi nshuro arifuza kwigaragariza iyi kipe ko akomeye

3. Abakinnyi bahoze muri Rayon Sports baza kujya muri Musanze
Mu ikipe ya Musanze, hagaragaramo abakinnyi bavuye muri iriya kipe berekeza mu ikipe ya Musanze, barimo Peter Otema ndetse na Moses Kanamugire wasezerewe n’iyi kipe, aba nabo bashobora kugora iyi kipe bahoze bakinira, gusa Rayon Sports nayo ifite Lomami Frank yakuye muri Musanze n’ubwo bitizewe ko azakina.

4. Ibibazo mu ikipe ya Rayon Sports
Iyi kipe ya Rayon Sports yerekeje i Musanze ivugawamo ibibazo bitandukanye, aho iyi kipe iheruka guhagarika umutoza Masudi Juma imushinja kutumvikana n’abatoza bagenzi be, ndetse no kutitwara neza ku mukino wahuje iyi kipe na Rivers United, hakiyongeraho no gutakaza rutahizamu Moussa Camara wagiye Dubai adasabye uruhushya

5. Musanze irashaka gukora agahigo ko kuzuza imikino 15 idatsindwa
Iyi kipe yo mu karere ka Musanze iheruka gutsindwa taliki 07/01/2017 n’Amagaju i Nyamagabe 1-0, nyuma ikaba imaze gukina imikino 12 ya Shampiona n’ibiri y’igikombe cy’Amahoro idatsindwa, ikaba yifuza kuzuza imikino 15 idatsindwa

6. Umutoza Maso nawe ashaka kugaragaza ko ashoboye
Nyuma y’aho Masudi Juma ahagarikiwe imikino ibiri, umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi ku izina rya Maso, agomba nawe kwerekana ko n’ubwo ari umutoza wungirije ariko afite icyo ashobora kwerekana igihe yaba agiriwe icyizere akagirwa umutoza mukuru.
7. Benshi bavuze ko Rayon Sports yitsindishije ngo Musanze idasubira mu cyiciro cya kabiri
Ku ruhande rwa Musanze iki ni igihe cyo kwerekana ko ubwo iyi kipe yarokokaga kujya mu cyiciro cya kabiri itsinze Rayon Sports umwaka ushize, iyi kipe nayo ntiyabura kwerekana ko yatsinze Rayon Sports ibifitiye ubushobozi, gusa ntihabura ko hari n’abafana batekereza ko Rayon Sports yafashije Musanze, ineza yayigiriye ikaba yayisanga imbere ...
8.Rayon Sports irifuza kwiyunga n’abafana
Nyuma yo gusezererwa na Rivers United imbere y’abafana barenga ibihumbi 19, iyi kipe ya Rayon Sports ikeneye kongera guha ibyishimo abafana, cyane ko kugeza ubu hari benshi gusererwa bitarava mu mutwe

9. Musanze yihaye intego zo kutazatsindirwa ku kibuga gishya
Taliki 9 Gashyantare 2017, ni bwo Stade Ubworoherane (Stade y’akarere ka Musanze ) bayitashye ku mugaragaro nyuma y’igihe bayivugurura, kuva icyo gihe iyi kipe nta mukino n’umwe yari yahatsindirwa mu mikino itandatu imaze kuhakinira, ikaba ifite intego zo kutahatsindirwa
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Bavandimwe dukunda Gikundiro,yemwe no kubaba batayikunda dore umugani kdi ugana akariho,NIBA UTANAKUNDA URUKWAVU RWEMERERE KO RUZI KWIRUKA koko mubona Rayon muriki gihe hari gahunda yo gutakaza amanota dufite?oyaoya ntibikabeho turashaka kuzahura na APR FC twaramaze gutwara igikombe kareeee ikazabitwubahira.IMANA ibidifashemo
bavandi mureke mbabwire ndabona musanze nta bushobozi i
fite bwo gutsinda rayon ahubwo twitegire gutsinda mukura naho uyuwo twawatsinze 3nayac ntawe tuyarwani