Kuri uyu wa gatatu kuri Stade Amahoro, ikipe y’igihugu Amavu yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino wa gicuti uzayihuza na Senegal kuri uyu wa Gatandatu
Abakanishi b’amagare n’abadozi b’inkweto bo mu Rwanza mu Karere ka Gisagara, baravuga ko imyuga yabo ibatunze ikabafasha gutera imbere, bityo ko ntawe ukwiye gusuzugura umurimo.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Anastase Murekezi, kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2016, yemereye ababishaka bose umwanya ungana n’isaha imwe ngo baganire ku rubuga rwa “Twitter” kuri gahunda za guverinoma ayoboye.
Abagize ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare baritabira umunsi wahariwe abanyamaguru uzaba kuri iki cyumweru mu mujyi wa Kigali
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Twitezimbere ikorera mu Murenge wa Kabarore muri Gatsibo, baratunga agatoki abayobozi ba koperative kunyereza umutungo wabo.
Abakorera mu gakiriro ka Gahanga barataka igihombo batezwa na bagenzi babo bagikorera aho bari mbere kandi ibyo bacuruza ari bimwe.
U Rwanda rugiye kurwanya ibikoresho binyuranye bigasohora imyuka ihumanye, bigatera ihindagurika ry’ikirere, kuko ari byo nyirabayazana w’ibiza bikomeza kwiyongera.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) basobanuye impamvu baca 500Frw abayisaba serivisi z’imisoro badafite konti muri iyo banki.
Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasinyanye na Leta y’u Rwanda amasezerano ayemerera gukorera mu Rwanda ibikorwa bifasha abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), cyegereje abakozi bakorera mu bigo bitandukanye byo mu Murenge wa Kimihurura, igikorwa cyo gupimwa indwara zitandura.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) gitangaza ko inkunga kimaze igihe kigenera imiryango itegamiye kuri leta, yayikoresheje mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ababyeyi bo mu Karere ka Gakenke barashinja urubyiruko kwanga gukora imirimo y’ubuhinzi, ahubwo bagahugira mu bindi bavuga ko bidafite akamaro.
Abayobozi b’Ibitaro bya Kibogora ntibabashije kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo kuko umwe muri bo yavuze ko atarabona umwunganira mu mategeko.
Ubuyobozi bwa Banki “AGASEKE” mu Karere ka Rubavu butangaza ko abajura batoboye idishya bica ububiko bw’amafaranga, bagatwara arenga miliyoni 50Frw.
Gasutamo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda igiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera izuzura itwaye miliyari 6 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Intumwa y’u Rwanda mu gihugu cya Uganda, Amb. Frank Mugambage, arasaba urubyiruko gukora cyane kugira ngo rurusheho guteza imbere Umugabane wa Afrika.
Ikipe ya Rayon Sports ntibashije ntibashije kwikura imbere ya Etincelles aho binganyije igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umuryango Nyafurika Ushinzwe Ubuziranenge (ARSO) urasaba abatuye isi kudasuzugura imiti gakondo kuko ngo ivura ikanaba ishingiro ry’iya kizungu.
Nshimyumukiza Richard wo mu Kagari ka Murama, Umurenge Bweramana mu Karere ka Ruhango, ababajwe n’uko imibiri y’ababyeyi be bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi imaze imyaka 22 ishyinguye ahororerwa ingurube.
Itorero ndangamuco ry’u Rwanda, Urukerereza, ryateguye “Inkera y’Abahizi” rizataramira i Kigali no mu Karere ka Rubavu ku matariki 3 na 24 Kamena, mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umuco nyarwanda.
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barasabwa gufata amazi bayarongeramo, kuko yanduza imigezi ashokeramo. Abatabikora ngo bakazahabwa ibihano biteganyirijwe abangiza ibidukikije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwishyurije umuturage wari umaze imyaka itatu ashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare, Uwiringiyimana Bosco, kumwambura ibihumbi 30Frw.
Ikipe ya Etincelles yashyiriwe ho agahimbazamusyi kadasanzwe niramuka yitwaye neza ku mukino uyihuza na Rayon Sports kuri uyu wa gatatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Uburengerazuba dukora kuri Pariki ya Nyungwe bagiye gutangira gukangurira abaturiye iyi pariki kwirinda gutwika mu gihe k’impeshyi.
Ikigo Nderabuzima cyo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi cyugarjwe n’umwanda wo mu bwiherero budakorerwa isuku bikabangamira abarwayi.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza yatangaje ko ku bushake bw’abazunguzayi, ikibazo cyabo kizakemurwa vuba kandi burundu.
Perezida Kagame atangaza ko biteye isoni kuba muri Afurika nta mashanyarazi ahagije ahari n’ubukungu bw’umutungo kamere ifite bwayigeza ku nganda zikomeye.
Ikipe ya APR Fc yahagaritse abakinnyi bayo bane nyuma yo kuvuga ko bagaragaje imyitwarire itari myiza
Abaturage 13 bo mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza, bajyanwe kwa muganga ari indembe nyuma yo kurya inyama z’ihene yipfushije, bivugwa ko zari zihumanye, nk’uko byemejwe n’Ubuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi rigiye kubaka amashuri n’amavuriro bigezweho mu turere twa Nyanza na Rubavu, hagamijwe gufasha abaturage kubona serivise hafi no kugira imibereho myiza.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga muri Afurika (ID4Afrika) bavuga ko iyi ndangabuntu izafasha ibihugu kumenya no gukurikirana abakora ibyaha bagatoroka.
Abatuye Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kutagira imihanda nyabagendwa, bavuga ko bibazitira kugera ku iterambere.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Michael Ryan, yishimiye umusaruro w’ubuhinzi yasanze mu Karere ka Rubavu, avuga ko ugaragaza iterambere ry’u Rwanda.
Ikipe ya AS Vita Club yamaze gusezererwa mu marushanwa ya CAF Champions league, nyuma yo gukinisha umukinnyi utabyemerewe
Niyigena Marthe ukora ubuvuzi gakondo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Shyorongi muri Rulindo, akurikiranyweho urupfu rw’umugabo yavuriraga iwe.
Urubyiruko rukomeje gukangurirwa kwirinda SIDA no kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare aho urubyiruko rwitabiriye iryo siganwa ku bwinshi.
Amashuri y’inshuke mu Karere ka Kamonyi, akoresha umusanzu w’ababyeyi arasabirwa inkunga ya leta, kuko agaragaza ubushobozi buke bwo kubona ibikenewe byose.
Abashakashatsi n’impuguke z’Abanyarwanda n’Abanyekongo batangiye guhana amakuru ku buryo gaz methan yo mu kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro wiyongera ku mashanyarazi.
Ibimenyetso biranga ubwicanyi ndengakamere bwakorewe inzirakarengane z’Abatutsi i Nyarubuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikomeje kubera isomo abahasura urwibutso.
Mu Rwanda hagiye kuba inama mpuzamahanga yo gukangurira ibihugu bya Afurika kwitabira gukoresha indangamuntu zikoranye ikoranabuhanga, kuko hari byinshi yakemura.
Nyiraneza Cecile, umupfakazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uri kwiteza imbere mu buhinzi n’ubworozi, asaba bagenzi be gukomera no guharanira kwiyubaka.
Umutoza w’ikipe ya Manchester United Luis Van Gaal, yamaze kwirukanwa n’ikipe mu gihe biteganijwe ko Mourihno ari we ugomba kumusimbura.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, baragaya abaganga bijanditse mu bwicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagasaba ab’ubu kurangwa n’urukundo nyarwo.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Abubatse Biogaz mu Murenge wa Rongi muri Muhanga, bamaze imyaka hafi imyaka itatu bishyuza ibirarane bya miliyoni 30 frw bambuwe.
Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB) byatanze inka ku miryango 25 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye b’i Ruhashya mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kubafata mu mugongo.
Umuhanzi Danny Vumbi yahawe ikiraka cyo gukorera umushoramari indirimbo yamamaza ibikorwa bye, abikesha uko yitwaye ku rubyiniro i Karongi.
Abatuye mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, bavuga ko kwegerezwa SACCO byabakijije itike ya 3000Frw bategeshaga bajya kubitsa.