Abahanzi bari muri Primus Guma Guma basuye ishuri rya muzika ku Nyundo (Amafoto)

Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) barahamagarira abiga mu ishuri rya Muzika ku Nyundo kubafasha guhangana n’umuziki mpuzamahanga.

Abahanzi bari muro PGGSS7 basuye ishuri rya Muzika ku Nyundo batangazwa n'impano z'abaryigamo
Abahanzi bari muro PGGSS7 basuye ishuri rya Muzika ku Nyundo batangazwa n’impano z’abaryigamo

Babibabwiye ubwo basuraga iryo shuri kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Mata 2017.

Abo bahanzi ubwo basuraga ishuri rya Muzika riri ku Nyundo mu Karere ka Rubavu, batunguwe n’impano muri muzika abaryigamo bafite.

Platini uririmba mu itsinda rya Dream Boys, wavuze mu mwanya w’abo bahanzi bandi yatangaje ko bishimira uburyo umuziki wo mu Rwanda utera imbere, bateza imbere abawufitemo impano.

Agira ati “Twe mubona bamwe twatangiye umuziki tudafite ubumenyi nkubwo mufite, uretse kugendera ku mpano.

Mwe mwagize amahirwe mwiga byinshi twe tutabonye. Turifuza ko muza tugafatanya guhangana n’umuziki mpuzamahanga wadusize.”

Abiga muzika ku Nyundo bacurangiye abahanzi bari muri PGGSS7
Abiga muzika ku Nyundo bacurangiye abahanzi bari muri PGGSS7

Ishuri ryigisha muzika ryo ku Nyundo rimaze imyaka ine ritangiye, ryibanda guha abaryigamo ubumenyi bwo gukoresha ibikoresho bya muzika, kuririmba, kwandika, gutunganya umuziki no kuwucuruza.

Murenzi Janvier wigisha muri iryo shuri ahamagarira abahanzi bari muri PGGSS7 kugana iryo shuri bagafatanya gutanga ubumenyi muri muzika.

Agira ati “Ndabisabiye mujye muza mudufashe, musuhuze aba bahanzi bakiri bato kandi mubahe ubunararibonye.”

Abanyeshuri biga mu ishuri rya Muzika ryo ku Nyondo bagaragarije abo bahanzi ko hari byinshi bazi muri muzika bararirimbira baranacura.

TMC umwe muri abo bahanzi wakurikiranaga imiririmbire y’abo banyeshuri, abyinisha ikirenge yagize ati “Ndabona ari byiza cyane.”

Abahanzi bari muri PGGSS7 bafashije abaturage kubona mitiweri
Abahanzi bari muri PGGSS7 bafashije abaturage kubona mitiweri

Abo bahanzi bari muri PGGSS7 mbere yo gusura ishuri rya Muzika ryo ku Nyundo, babanje kwitabira igikorwa cyo gushyikiriza sheki ya miliyoni 3RWf zo kwishyurira mitiweri abaturage 1000 bo mu murenge wa Nyamyumba muri Rubavu.

Andi mafoto

Ubwo abahanzi bari bari mu ishuri rya Muzika ku Nyundo

Abahanzi bari muri Primus Guma Guma banasuye abaturage b’i Nyamyumba bagurira mitiweri ababarirwa mu 1000

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nibyo rwose, Abanyarwanda tugomba kurangwa n’umuco WO gufashanya, that good wonderful

pkj yanditse ku itariki ya: 2-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka