Abatuye umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi, bavuga ko umukino w’urusimbi bakunze kwita “Akazungu Anarara” ukwiye gucika kuko ubahombya.
Umuryango wa Right to play mu Karere ka Rubavu watangije ubukangurambaga bwo kwigisha abanyeshuri kwirinda ihohoterwa bakorerwa, binyuze mu mikino.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), buramagana umusikare w’umuganga wishe umwana w’umuturanyi we. Buvuga ko ari ishyano bwagushije.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe barasaba gukemurirwa ikibazo cy’inda zikomeje kwibasira amashyamba yabo, zigatuma adakura neza ngo atange umusaruro uko bikwiye.
Kaminuza y’Ikoranabuhanga ya Rushmore (RUT Ltd) yo mu Birwa bya Maurice, igiye gushora miliyari 4.8Frw zo kwigisha ubumenyingiro mu Rwanda.
Sergent major Habamenshi Jean Claude wari umuyobozi muri FDLR, abaye undi musirikare witandukanyije nayo akanazana abo yayoboraga.
Perezida Paul Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzaniya, mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 08 Nzeli 2016, aho yitabiriye inama idasanzwe ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Maroc yashimye intambwe u Rwanda rumaze kugeraho, nyuma y’aho yarutsinze ibitego 29-21, mu gikombe cy’Afurika cya Handball kiri kubera muri Mali
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zasuye umuryango w’umwana wishwe akubiswe n’umusilikare, mu rwego rwo kuwufata mu mugongo. Iki gikorwa RDF yagikoze kuri uyu wa gatatu tariki ya 07 Nzeli 2016.
Bazivamo Christophe azarahirira kuba umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wungirije, ushinzwe ubutegetsi n’imari.
Bizimana Abdul bakunze kwita Bekeni, watozaga ikipe y’Amagaju yo mu cyiciro cya mbere, ashobora kwerekeza mu gihugu cya Zambiya .
Perezida Paul Kagame ahamya ko ubuhinzi atari rumwe mu nzego zigize ubukungu, ahubwo ari bwo ubukungu bushingiyeho.
Abarimu bigisha mu mashuri yegereye pariki y’Ibirunga mu Karere ka Nyabibu, bavuga ko kwigisha abana akamaro k’ibidukikije n’ubukerarugendo, byatumye birushaho kwitabwaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge bufatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) bafungiye bamwe mu bucuruzi kugira ngo bishyure imisoro babereyemo akarere.
Bamwe mu batuye umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera, bagisangirira ku muheha umwe, bagaragaza ko nta ngaruka babibonamo.
Abatuye umurenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu bavuga ko umuhanda Nyakinama-Vunga bakorewe, waborohereje ingendo, kuko ibiciro byamanutse.
Ikoranabuhanga mu itangwa ry’impushya zo kubaka rizatuma abantu batandukanye bashaka kubaka babona serivisi zihuse batarinze gusiragira mu nzira.
Mu Karere ka Nyanza hatashywe ikiraro gihuza Umurenge wa Nyagisozi n’uwa Cyabakamyi, kikazoroshya ubuhahirane hagati y’abayituye.
Furaha Denyse utuye mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare, avuga ko kubura amafaranga amugeza kwa muganga, byatumye uburwayi bwe bukomera.
Perezida Kagame ari i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Africa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko imwe mu mpamvu zituma muri ako karere hagaragara ikibazo cy’imirire mibi ari ukubyara indahekana.
Perezida Paul Kagame azitabira umunsi wahariwe umuco Nyarwanda “Rwanda Culture Day”, uzabera muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abayobozi bo mu karere ka Burera, bibukijwe ko guhanahana amakuru ku gihe bizabafasha kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bishobora kuhagaragara.
Mu mikino ya 1/4 cy’irangiza mu gikombe cy’Afurika cya Handball cy’abatarengeje imyaka 18, u Rwanda rwatsinzwe na Algeria ibitego 45-10
Gahunda yiswe “Inka y’ubwiyunge” imaze kugeza ku bwiyunge imiryango 202 y’abacitse ku icumu rya Jenoside n’ababiciye, mu karere ka Muhanga.
Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) itangaza ko ubumenyi bw’ibanze budahagije ku munyamakuru, ngo ahubwo agomba kongeraho umwihariko w’ubumenyi ku kintu runaka.
Abatuye umudugudu wa Kamagiri, mu Karere ka Nyagatare barashinja umukuru w’umudugudu wabo kurya ruswa no gutonesha bamwe nubwo we akabihana.
Mu cyumweru gitaha, kuva tariki 12 kugeza 16 Nzeri 2016, mu Rwanda hazateranira inama y’Ihuriro ry’Ibihugu by’Afurika bikoresha icyogajuru cy’u Burayi.
Abanyamuryango ba Koperative CORIMU ihinga umuceri mu murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, barinubira ibyemezo bifatwa na Komite nyobozi, itabagishije inama.
Abashakashatsi bahangayikishijwe no gucyendera kw’ingagi zo mu misozi, nubwo izo mu Rwanda zikomeje kwiyongera.
Urunyuzuwera Francine wo mu murenge wa Kibungo, akarere ka Ngoma, yakize ihungabana yaterwaga no kutagira aho aba nyuma yo kubakirwa.
Abantu icyenda bo mu murenge wa Rusarabuye mu karere ka Burera bakoze impanuka y’ubwato babiri muri bo barapfa.
Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko Kanyankore Yaounde uherutse gutangazwa nk’umutoza mukuru wa APR FC yahagaritswe kuri iyi mirimo.
Dorcas Dienda, wiyamamariza kuba Miss RD Congo, akomeje kwibasirwa n’Abanyekongo nyuma yo gutangaza ko abazungu barusha ubwenge abirabura.
Umusore ukekwaho kuba mu mutwe w’Abarembetsi bakwirakwiza ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyaruguru, yafatiwe mu karere ka Musanze afite ibiro 13 by’urumogi.
Ihuriro ry’Urubyiruko rukora ubuhinzi bugamije isoko (RYAF), ryashyize ahagaragara urubuga rwa internet rufasha umuhinzi kubarura ibyo yakoresheje no kumenyekanisha umusaruro.
Abari abacuruzi b’inyongeramusaruro n’imbuto mu karere ka Bugesera, bafite impungenge zo guhomba, kuko ubucuruzi bakoraga bwahawe inkeregutabara, bagifite ibicuruzwa.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kamunuza y’u Rwanda (CHUB), buranyomoza amakuru, avuga ko icyuma gipima imbere mu mubiri (CT Scanner) cy’ibi bitaro kitagikora.
Polisi y’igihugu itangaza ko yatangiye guta muri yombi abakekwaho urupfu rw’umuganga witwa Maniriho Christian, warashwe ubwo yavaga ku kazi.
Abarezi bo mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo barahiriye, kugirango uburezi burusheho gutera imbere.
Abaturage b’amikoro make bo muri Gasabo barakangurirwa kwizigamira binyujijwe muri gahunda yiswe “Igiceri Program”, kuko abayitabiriye hari ibyo itangiye kubagezaho.
Mu ukino wo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon umwaka utaha, ikipe ya Mali yaraye inyagiye Benin kuri Stade du 26 Mars y’i Bamako
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko uburwayi bwibasira igihingwa cy’imyumbati bwatumye umusaruro wayo ugabanuka kandi yari ibafatiye runini.
Jimmy Mulisa utoza by’agateganyo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, atangaza ko kugwa miswi n’ikipe ya Ghana, babikesha kwikuramo igihunga.
Abahinzi babaye indashyikirwa mu karere ka Kamonyi, bahawe ibihembo n’akarere, kugirango bitere ishyaka n’abandi, bitabire gukora ubuhinzi bw’umwuga.
Ingoto ni igice cy’umubiri kigirwa n’abagabo, ariko kuba cyariswe Adam’s apple cyangwa Pomme d’Adam bishobora kugira aho bihurira n’ibyanditswe muri bibiliya.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera, batoraguye umwana w’umukobwa w’amezi abiri ku nzira babura uwamubyaye akamuhata.
Kaminuza 12 zo mu Birwa bya Maurice, zizaza gukangurira abanyeshuri bo mu Rwanda kuzigana.