Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ruravuga ko imurikagurisha ry’iyo ntara ari nk’ishuri abantu barimo kwigiramo ko gahunda ya “Made in Rwanda” ishoboka.
Abashinzwe irangamimerere mu mirenge yose igize Akarere ka Gatsibo, bemeza ko nta muturage uzongera gusiragizwa ku murenge ashaka ibyangombwa akeneye kuko byorohejwe.
Abaturage b’Akarere ka Kirehe bari bamaranye igihe kigera ku mwaka biogaz zidakora batangiye kuzisanirwa binyuze muri “Koperative Ireme ryo kurengera Ibidukikije”.
Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko bimwe mu bihugu bya Afrika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara byugarijwe n’ikibazo cyo gukoresha imiti nabi, bityo igatakaza ubushobozi bwo gukiza indwara.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bateguye igikorwa cyo guha inka Silas Haabiyaremye wabarokoye muri Jenoside.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ivuga ko kuzamura umusoro ku itabi bituma rihenda ku isoko bikaba byagabanya abarinywa bikabarinda indwara.
Polisi y’u Rwanda iraburira abatwara inyama mu buryo butemewe kuko uretse kuba bashobora guhumanya abazirya banatiza umurindi abakora ubujura bw’amatungo.
Abacuruzi bacururiza ku mupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko inyubako yagenewe ubucuruzi bwambukiranya imipaka begerejwe ihenze kuyicururizamo, ari na yo mpamvu batayikoreramo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuhanda uhuza Akarere ka Huye n’aka Nyaruguru ukozwe byatuma Kibeho itera imbere ndetse igasurwa kurushaho.
Bitunguranye, Umutoza Kanyankore Gilbert Yaounde na Eric Nshimiyimana bari bahawe ikipe y’igihugu Amavubi bamaze gukurwa kuri ako kazi bataranagatangira
Abakozi b’Akarere ka Nyamagabe bashinzwe kwegereza abaturage serivisi z’ikoranabuhanga no kuribigisha baravuga ko baterwa impungege n’urubyiruko rutitabira ikoranabuhanga rwegerejwe.
Ngezahayo Cassien wahoze atega inyamaswa mu ishyamba rya Nyungwe avuga ko yicuza imyaka 15 yamaze ahiga inyamaswa yangiza ibidukikije.
Bamwe mu bana bo Mudugudu w’Icyitegererezo mu Murenge wa Rweru mu Bugesera watujwemo abimuwe mu birwa bya Mazane na Sharita ntibarasubira ku ishuri.
Umurambo w’umugabo witwa Seruzamba Jean Pierre wasanzwe mu icumbi rya New Motel Gratia Ltd iherereye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwiyemeje ko, ku bufatanye n’ababyeyi, uyu mwaka wa 2016 uzasiga ikibazo cy’abana bata ishuri cyarabaye amateka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko bugiye gukurikirana ikibazo cy’abaturage bavuga ko bakoze mu mirimo yo kubaka Uruganda rw’Amata rwa Mukamira ntibishyurwe.
Ibitaro bya Shyira mu Karere ka Nyabihu birimo kubaka inyubako nshya zizuzura zitwaye miliyari 4Frw mu rwego rwo gusimbuza izisanzwe, zubatse mu manegeka.
Itorero ry’Igihugu, kuva kuri uyu wa 22-28 Kanama 2016, ririmo guhugura abakozi b’Akarere ka Nyarugenge n’abatowe kuva ku midugudu kugera ku karere, ku kunoza imikorere.
Kpoerative y’ubuhinzi COABANAMU ikorera mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, igiye gushinga uruganda ruzahesha agaciro umusaruro wabo.
Ibitagendaga neza mu buhinzi ku mbuto n’ifumbire bigiye guhinduka kubera ubufatanye bw’ubuyobozi, inkeragutabara, abacuruzi b’inyongeramusaruro n’abahinzi mu Karere ka Nyagatare.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze buratangaza ko ubumenyi mu gukumira no kwurwanya inkongi z’umuriro bizongera umutekano mu gihe cyo kwita izina.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango baravuga ko banejejwe cyane no kuba bungutse abanyamuryango bashya 33.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi basabwe kugira umuco wo guhunika kuko gusarura bakagurisha ari byo bituma abaturage bataka inzara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwatangaje ko ikipe ya Kirehe Fc izatangira Shampiona itira ikibuga cya Rwamagana mu gihe iri mu mirimo yo kubaka icyabo
Umunyarwandakazi utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yagaruwe no gushimira Umukongomanikazi wamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, gitangaza ko ku ntego cyihaye yo kwakira imisoro mu mwaka wa 2015-2016 cyarengejeho miliyari 41FRW.
Guhura nk’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagasasa inzobe banenga ibitagenda ahanini bigirwamo uruhare n’abo bishinzwe ngo ni intambwe mu gutuma habaho impinduka.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Lesotho, Lt Gen Kennedy Tlali Kamoli, yavuze ko yaje gushaka imikoranire n’ingabo z’u Rwanda, ishingiye ku mahugurwa.
Byamaze gutangazwa ko Muneza Christopher umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda yamaze gusezera muri Kina Music.
Abatuye Akagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora muri Gisagara barasaba amazi hafi, kuko ingendo bakora bavoma zidindiza indi mirimo.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko bashimishijwe n’uko ishuri ry’imyuga Perezida Kagame yabemereye rigiye kubakwa.
Mu isiganwa ry’amagare rizenguruka umujyi wa Goma ryabaye kuri iki cyumweru, Hadi Janvier ni we wabaye uwa mbere, n’abandi banyarwanda bitwara neza
Umukozi ushinzwe iterambere mu Kagari ka Kavumu, Umurenge wa Twumba, Akarere ka Karongi, Nsabimana Ildephonse yatemwe mu mutwe n’umuturage bari kumwe mu kabari.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, bishyuriye ubwisungane mu kwivuza abantu 20, barifuza kwishyurira abasaga 160.
Ikibazo cy’ubujura kigaragara mu Kagali ka Rwanza mu Murenge wa Save mu Karereka Gisagara, gihangayikishije abaturage kandi n’akarere nta gisubizo kagifitiye.
Abasaza n’abakecuru bo mu Karere ka Gisagara baributswa ko inkunga y’ingoboka atari umushahara nk’uko bakunze kubyitiranya bayasaba.
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo muri Karongi bavuga ko basanga gahunda yo kuba buri munyeshuri afite mudasobwa itoroheye buri wese.
Muri Festival ya Rugby yateguwe n’ikipe yitwa Thousand Hills yabereye mu Gatenga ahazwi nko kwa Carlos kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Remera Buffaloes ni yo yegukanye iki gikombe itsinze Thousand Hills ku bitego 5-0 ku mukino wa nyuma.
Abatuye mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bibaza impamvu badahabwa w’amashanyarazi, kuko nta n’ipoto ishinze mu murenge wabo.
Mu mikino isoza Shampiona y’icyiciro cya mbere muri Volleyball izwi nka "Carré d’As", Rwanda Revenue na INATEK (UNIK) ni zo zegukanye ibikombe.
Akarere ka Karongi gatangaza ko gasanga uburyo bushya bwo gukorera ku mihigo ku barimu ndetse n’abayobozi babo bizatanga umusaruro mwiza.
Uwiringiyimana Dorcella wo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, aravuga ko kwiga akuze byamufashije gutangira kwiteza imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Karongi barasabwa ubushishozi mu guhitamo abo babona bagaragaye nk’abarinzi b’igihango mu bihe bikomeye bitandukanye igihugu cyanyuzemo.
Buri mwaka miliyoni hafi 400 zitangwaho ingurane ku bantu baba bangirijwe n’inyamaswa zo muri Pariki z’igihugu.
Mu rwego rwo kwitegura umukino uzahuza Amavubi na Ghana, hatangajwe urutonde rutarimo Iranzi Jean Claude na Rwatubyaye Abdul bamaze iminsi bafatiye runini Amavubi
Imibiri 18,382 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rushya rwa Kibungo mu Karere ka Ngoma.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Bugesera rwihangiye imirimo, bavuga ko bagenzi babo babuze akazi babyitera kuko usanga barangwa n’ubunebwe.
Perezida wa Centrafrika Faustin Archange Touandera yashimye ingabo z’u Rwanda ziri muri icyo gihugu uruhare zigira mu iterambere ry’icyo gihugu.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare barakangurirwa kugira isuku umuco haba ku mafunguro bategurira imiryango ndetse n’ahabazengurutse.