#WCQ2026: Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere muri Nigeria (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatatu, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakoreye imyitozo ya mbere muri Nigeria yitegura umukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzayihuza na Nigeria.

Ni imyitozo yabereye ku kibuga cy’imyitozo cya Stade ya Godswill Akpabio International Stadium
Stadium, ihereye Uyo ari nayo izakira uyu mukino tariki 6 Nzeri 2025, ikorwa n’abakinnyi bose uko ari 24 bahamagawe n’umutoza Adel Amrouche.

Mbere yo gukora iyi myitozo, abakinnyi mu gitondo ku isaha ya saa tanu n’igice bari babanje gukora imyitozo ngororangingo.

Amavubi azakirwa na Nigeria, ku wa Gatandatu saa kumi nebyiri z’umugoroba mbere y’uko ku Cyumweru afata indege yerekeza muri Afurika y’Epfo aho azakirirwa na Zimbabwe ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025.

Nyuma y’uko Amavubi asoje imyitozo yayo, ikipe y’igihugu ya Nigeria nayo yahise iza gukora ikoresheje iki kibuga kiri hanze ya Stade Godswill Akpabio International Stadium, aho yatangiye imyitozo saa moya zo mu Rwanda.

U Rwanda kugeza ubu mu itsinda rya gatatu ruherereyemo ruri ku mwanya wa kabiri n’amanota umunani aho rukurikira Afurika y’Epfo ya mbere n’amanota 13 mu gihe Nigeria iri ku mwanya wa kane n’amanota atandatu.

Mutsinzi Ange(Ibumuso) na Kwizera Jojea
Mutsinzi Ange(Ibumuso) na Kwizera Jojea
Ishimwe Anicet(Ibumoso) ari hamwe na.Djihad Bizimana
Ishimwe Anicet(Ibumoso) ari hamwe na.Djihad Bizimana
Myugariro Manzi Thierry
Myugariro Manzi Thierry
Rutahizamu Nshuti Innocent
Rutahizamu Nshuti Innocent
Mugisha Gilbert
Mugisha Gilbert
Niyomugabo Claude
Niyomugabo Claude
Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange ' (Uri imbere) uhamagawe bwa mbere mu Amavubi
Nshimiyimana Emmanuel ’Kabange ’ (Uri imbere) uhamagawe bwa mbere mu Amavubi
Kapiteni Djihad Bizimana
Kapiteni Djihad Bizimana
Mutsinze Ange Jimmy mu myitozo yitegura Nigeria
Mutsinze Ange Jimmy mu myitozo yitegura Nigeria
Umutoza Adel Amrouche
Umutoza Adel Amrouche

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka